RGB yafunze itorero rya KABANDA Julliene uherutse kwibasirwa kuri X

Mu munsi ishize KABANDA Julliene yibasiwe n’uwitwa Bakame kuri X. Aho yamureze kwigisha ibinyoma ndetse n’ububeshyi, akimara gushyira ubu butumwa bwe kuri X yahise yandika ubundi buvuguruza ubu yanditse mbere, ndetse anasaba imbabazi kubera gutangaza ibinyoma. Kuri ubu, inkuru dukesha Igihe ivuga ko idini KABANDA Julliene yashinze rya Grace room ryamaze gufungwa n’ikigo cya RGB….

Soma inkuru yose

Indege yari ikongowe n’umuriro kubera uburangare bw’umupilote

Abagenzi basaga 334 n’abandi bakozi b’indege 13 bari bateze indege ya Boeing 777 jet ni bo bari bahiriye mu ndege yarifashwe n’inkongi y’umuriro. Iyi ndege yari igiye guhagurukira mu Bwongereza ku kibuga cya Gatwick. Iyi mpanuka yari itewe n’amakosa y’umupilot, aho uyu mupilot yananiwe gutandukanya ibuto y’ubumoso n’uburyo. Raporo yatanzwe na Air accident Investigation Branch…

Soma inkuru yose

Ibrahim Traore yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 80, Uburusiya butsinze intambara ya 2 y’isi

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2025, mu mbuga nini yo mu mujyi wa Moscow mu Burusiya hari kuba ibirori byo kwizihiza umunsi ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zatsinze iz’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi. Mu iyi mbuga, hari kuba akarasisi karyoheye ijisho kagizwe n’abasirikare, ibifaru na misile. Amabendera ndetse n’amafoto y’abasirikare barwanye uru rugamba…

Soma inkuru yose

Musanze: Umuyobozi w’umurenge yibasiwe n’abaturage

Abaturage bo mu murenge wa Shingiro ho mu karere ka Musanze, kuri uyu wa Kane bahutaje umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge. Byabaye ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi, ubwo Gitifu Hanyurwabake Théoneste n’abandi bayobozi bo mu nzego z’ibanze bashakaga gusenya inzu umwe mu baturage yubatse muri Site igenewe ubuhinzi. Amakuru y’uko uriya muyobozi yahutajwe yemejwe…

Soma inkuru yose

Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa, ahabwa izina Leon wa XIV

Ku wa 8 Gicurasi 2025, Vatican yabaye ahantu h’amateka ubwo Abakardinali 133 bateraniye muri Chapelle ya Sistine batangazaga ko batoye Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika. Uwatoranyijwe ni Cardinal Robert Francis Prevost ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wahise afata izina rya Leon wa XIV. Ibyo byatangajwe ku mugaragaro binyuze mu kimenyetso kizwi ku isi…

Soma inkuru yose

Rwamagana: Irondo ry’abagore riri gutanga umusaruro ugaragara

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo, abagore batuye mu karere ka Rwamagana, mu murenge wa Mwulire batangiye kurara irondo. Iri ni irondo ryitwa “Mutimawurugo” riba ritagamije gukesha ijoro, ahubwo ryashyizweho kugira ngo rikangurire Bamutima w’urugo (abagore) bo mu karere ka Rwamagana gutaha kare bakajya kwita ku bana babo. Dore uko rikorwa. Iri ni irondo riba rigizwe…

Soma inkuru yose

Intumwa yihariye ya Denmark yakiriwe na Amb NDUHUNGIREHE.

Kuri uyu wa 08 Gicurasi 2025, Amb NDUHUNGIREHE yakiriye mugenzi we wa Denmark Bwana Amb Brigitte Nygaard Markussen wa Denmark. Ubusanzwe u Rwanda na Denmark bifitanye umubano wihariye, dore ko abayobozi b’ibihugu byombi badasiba gusangira ibitekerezo. Urugero ni mu 2024, aho Gen (Rtd) James KABAREBE yakiriye Amb wa Denmark mu Rwanda Madamu Signe. Sibyo gusa,…

Soma inkuru yose

Bugesera: Imirimo yo kubaka ikibuga k’indege izarangira 2027

Imirimo yo kubaka Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera irarimbanyije aho igeze ku kigero kiri hagati ya 25% na 30%, ndetse nta gihindutse igomba kuzarangira mu 2027 ihaye akazi abantu barenga 6000. Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera cyatangiye kubakwa na Leta y’u Rwanda mu 2017, nyuma hiyongeramo ubufatanye na Qatar Airways bituma hanozwa inyigo yo kucyagura….

Soma inkuru yose

Umwotsi w’umukara wongeye kugaragara mu itorwa Papa

Mugitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gicurasi 2025 i Vatican hongeye kugaragara umwotsi w’umukara bivuze ko Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi ataraboneka. Uwo mwotsi wongeye kugaragara nyuma y’uko amatora y’Abakaridinali bose bari muri uwo muhango ibisubizo byabo bigaragaje ko Papa ataraboneka. Umwotsi w’umukara ugaragaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

APR FC Yatsinze Marines FC 3-0, Igaruka ku Isonga rya ShampiyonaKu wa 7 Gicurasi 2025, Kigali

Mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, APR FC yanyagiye Marines FC ibitego 3-0, itsinda ryayihesheje kugaruka ku mwanya wa mbere by’agateganyo Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025. APR FC yari ikeneye amanota atatu kugira ngo isubire ku isonga, mu…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwasinyanye amasezerano yo gucapa n’isosiyete yo muri UAE

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’isosiyete ‘E7 Group’ izobereye mu bucuruzi bujyanye no gutanga serivisi z’icapiro ritekanye ndetse no gufunika. E7 Group ni ishami ry’Ikigo cy’iterambere cya Leta zunze ubumwe za Abarabu ikorera mu Mujyi w’i Abu Dhabi. Amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, ashingiye k’ubufatanye buzajyamo serivisi zitandukanye. Urwego…

Soma inkuru yose

Isi igiye kubona Papa mushya, abanyarwanda bariyumva bate?

Amakuru dukesha ikigo k’igihugu k’itangazamakuru (RBA) avuga ko  avuga ko ‎Abakirisitu Gatorika bo mu Rwanda bavuga ko kuba guhera tariki ya 7 z’ uku kwezi kwa Gicurasi, aba Cardinal bazinjira mu mwiherero wo gutora Papa mushya, ari inkuru nziza kuri bo kuko bafite amatsiko yo kumenya Papa uzasimbura Papa Francis uherutse kwitaba Imana. Aba bakristu…

Soma inkuru yose

Imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za M23/AFC na Wazalendo.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, biravugwa ko inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo ba CMC / FDP bagiye bashyamirana mu duce twinshi, nka Lubwe Sud, Businene, Kabizo na Mutanga.   Mu gihe hari amakuru yatangajwe mu mpera z’iki cyumweru gishize ko Abawazalendo bashoboye gusubiza inyuma inyeshyamba za M23, ibintu byahindutse mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIRA MURI POLISI Y’U RWANDA (RNP).

Nkuko isanzwe ibigenza, Rwanda National Police (RNP) yatangaje ko guhera tariki 07/07 kugeza tariki 17/05/2025 izatangira kwandika abifuza kwinjira muri Police ku rwego rw’aba ofisiye bato (Cardet course), kwiyandikisha bizabera ku karere uwiyandikisha atuyemo. Iyi serivisi izajya itangwa kuva saa 8:00 z’amanywa kugeza saa 05:00 z’ijoro. Dore ibyangombwa ugomba kuba ufite wowe wifuza kwinjira muri…

Soma inkuru yose

Donald Trump yatangaje ko amahoro agiye kuboneka muri Congo.

Kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025, leta y’u Rwanda na leta ya Congo zashyikirije leta ya Amerika umushinga w’amahoro uhuriweho n’ibi bihugu byombi. Ni amasezerano asinywe nyuma y’ibiganiro byabereye n’ubundi muri America. Umunjyanama wa America muri Africa Massad yemeje aya makuru anaboneraho gutangaza ko yishimiye intambwe yatewe n’ibi bihugu byombi. Aho yagize ati: “Nakiriye neza inyandiko y’umushinga…

Soma inkuru yose

M23/AFC yongeye kuganira n’abahagarariye Congo (DRC).

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, n’itsinda ayoboye bageze muri Qatar mu mpera z’icyumweru gishize, basangayo abahagarariye Leta ya RDC bari bamazeyo iminsi ibiri. Abahagarariye AFC/M23 baherukaga guhura n’aba RDC tariki ya 23 Mata 2025 ubwo basinyaga amasezerano yo guhagarika imirwano, babifashijwemo na Qatar, kugira ngo ibiganiro bikomeze mu mwuka mwiza. Bivugwa ko abahagarariye impande…

Soma inkuru yose

Kigali: Abakekwaho kwiba amabuye y’agaciro batawe muri yombi.

Abiyita Imparata baherereye mu karere ka Nyarugenge, batawe muri yombi na Polisi yako karere bakekwaho kwiba amabuye y’agaciro mu birombe. Inkuru dukesha ikinyamakuru Umuryango ivuga ko aba bakekwaho ubu bujura bafashwe kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025. CIP Wellars yatangaje ko hashize iminsi abafite ibirombe by’amabuye barigutaka kwibwa. Bavugaga ko aba bajura bitwaza ibyuma, bityo bakaba bashobora…

Soma inkuru yose

Karongi: Imodoka yakoze impanuka umushoferi wari uyitwaye ahita apfa

Imodoka yari itwaye abanyeshuri biga ku ishuri rya ES Kirinda riherereye mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Karongi bakoze impanuka ubwo bari batashye bavuye gukinira i Rubavu shoferi ahasiga ubuzima. Ni impanuka yabereye mu Murenge wa Rugabano. Iyo mpanuka yabaye mu ma saa yine z’ijoro kugeza ubu abakomeretse bakaba barimo kuvurirwa ku kigo nderabuzima cya Kirinda mu…

Soma inkuru yose

“Harifunzwa Leta y’inzibacyuho muri Congo (DRC)” Iki ni ikifuzo cy’umuhuza washyizeho na SADEC na EAC.

Obasanjo wayoboye Nigeria aherutse guhura n’umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, banoza umushinga uzafasha Abanye-Congo kugera ku mahoro arambye. Ni umushinga uzahuza abanyapolitiki bo muri RDC, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro, abahagarariye za sosiyete sivile, kandi nibiba ngombwa abanyapolitiki bahunze RDC na bo bashobora kubyitabira. Uyu mushinga ufite…

Soma inkuru yose