Donald Trump yeretse amashusho ateye ubwoba Perezida wa Africa y’epfo

Donald Trump yeretse amashusho ateye ubwoba Perezida wa Africa y’epfo

Perezida wa Amerika Donald Trump yatamaje mugenzi we Cyril Ramaphosa wari waje mu ruzinduko i Washington maze imbere y’abanyamakuru ati “abantu bahunga Afurika y’Epfo kubera umutekano wabo … ubutaka bwabo burafatwa kandi akenshi baricwa”. Ariko Cyril Ramaphosa ntiyemeranya niyi mvugo ya Donald Trump nubwo yeretswe Videwo igaragaza ibimenyetso simusiga. Donald Trump ntaguca kuruhande yashyize hanze…

Soma inkuru yose
Mu Minembwe abaturage bakomeje guhunga ku bwinshi kubera imirwano

Mu Minembwe abaturage bakomeje guhunga ku bwinshi kubera imirwano

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Gicurasi, urugamba rwambikanye mu gace ka Rugezi gaherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imirwano yari ikaze cyane kandi iremereye aho yari ihanganishije ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umutwe wa Twirwaneho ufatanyije n’uwa M23. Iyo mirwano…

Soma inkuru yose
Tanzania: Polisi ya Tanzania yabitse Perezida Samia Suluhu Hassan

Tanzania: Polisi ya Tanzania yabitse Perezida Samia Suluhu Hassan

Imbuga nkoranyambaga zitandukanye za Leta ya Tanzania, tariki ya 20 Gicurasi zagabweho ibitero by’ikoranabuhanga, zitambutswaho ubutumwa burimo ububika Perezida Samia Suluhu Hassan. Ubu butumwa bwatambukijwe ku mbuga zirimo urwa X rwahoze rwitwa Twitter rukoreshwa na Polisi ya Tanzania, umuyoboro wa YouTube w’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi ndetse no ku rubuga rwa X…

Soma inkuru yose
Abanyeshuri 16 birukanywe mu kigo burundu

Abanyeshuri 16 birukanywe mu kigo burundu

Abanyeshuri 16 bigaga mu mwaka wa Gatandatu ku ishuri rya Sainte Trinite Nyanza TSS, birukanwe burundu umunsi umwe bashinjwa imyitwarire mibi. Iri shuri riri mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo. Ubuyobozi bw’Ikigo burega aba banyeshuri gusohoka ikigo banyuze ahatemewe, kunywa inzoga bagasinda no kuba batambara imyambaro yishuri. Abirukanywe burundu ni…

Soma inkuru yose
Uwiyitaga umuhanuzi yatawe muri yombi

Uwiyitaga umuhanuzi yatawe muri yombi

NIBISHAKA Théogène wiyita umuhanuzi yongeye gutabwa muri yombi, akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha n’icyo gukoresha ibikangisho. Nibishaka yari aherutse gutabwa muri yombi mu 2023 akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, icyakora mu 2024 Urukiko rwategetse ko akurikiranwa ari hanze. Mu gihe yagombaga kuburana mu mizi…

Soma inkuru yose
Dore uko imbunda zimizinga zikorerwa mu Rwanda

Dore uko imbunda zimizinga zikorerwa mu Rwanda

Mu Rwanda hari uruganda rukora intwaro rumaze igihe rukora ndetse mu bikoresho bya gisirikare byifashishwa mu bikorwa by’umutekano byamuritswe mu Nama Mpuzamahanga y’Umutekano muri Afurika (ISCA), harimo imbunda nini n’into zikorerwa i Kigali. Uruganda rukora intwaro mu Rwanda rwitwa Rwanda Engineering and Manufacturing Corporation (REMCO), rukorera ibikoresho bya gisirikare Ingabo z’u Rwanda, RDF. Mu zindi…

Soma inkuru yose
Abasenateri 40 ni bo bari gusuzuma niba Joseph Kabila yakwamburwa ubudahangarwa

Abasenateri 40 ni bo bari gusuzuma niba Joseph Kabila yakwamburwa ubudahangarwa

Abasenateri 40 ni bo bagize Komisiyo yihariye ya Sena ishinzwe gusuzuma niba Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019 yakwamburwa ubudahangarwa kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera. Ubushinjacyaha bw’Igisirikare cya RDC bwasabye Sena kubanza gukuriraho Kabila ubudahangarwa nka Senateri uhoraho, kugira ngo bumukurikiraneho icyaha cyo kugambanira igihugu, kuba…

Soma inkuru yose
Perezida Kagame yagaragaje icyatuma umutekano wa Afurika ugerwaho utavangiwe n’amahanga

Perezida Kagame yagaragaje icyatuma umutekano wa Afurika ugerwaho utavangiwe n’amahanga

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Afurika ikwiye kwita ku nkingi yo kwishakamo ibisubizo biyifasha kwirindira umutekano, yirinda ko ukomeza kujya mu maboko y’amahanga kuko mu myaka myinshi yashize bikorwa n’abandi, nta musaruro byatanze ku mugabane no ku Isi muri rusange. Yabigarutseho ku wa 19 Gicurasi 2025 ubwo yafunguraga Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika yabereye…

Soma inkuru yose
Abandi Banyarwanda 796 bari barafashwe bugwate na FDLR bageze mu Rwanda

Abandi Banyarwanda 796 bari barafashwe bugwate na FDLR bageze mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye kuri uyu wa 19 Gicurasi 2025 abandi Banyarwanda 796 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakozi b’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) bakuye aba Banyarwanda mu nkambi iherereye mu Mujyi wa Goma mu gitondo, baberekeza ku mupaka munini wa RDC n’u Rwanda….

Soma inkuru yose
U Rwanda rushobora kwakira amashami amwe ya Loni

U Rwanda rushobora kwakira amashami amwe ya Loni

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byagaragaje inyota yo kuba byaba icyicaro cy’amashami amwe n’amwe ya Loni, bigendanye n’amavugurura ari gukorwa n’uyu muryango ajyanye no kwimura amashami mu guhangana n’ibibazo by’ubukungu. Ibaruwa Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni ku wa 15 Gicurasi, igaragaza ko u Rwanda rwiteguye kuba rwakwakira…

Soma inkuru yose
Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza Parike

Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza Parike

Nkusi Viateur w’imyaka 35, utuye mu Mudugudu wa Rwamisave, Akagari ka Nyamuzi, Umurenge wa Bweyeye, Akarere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibilo 20 by’imbuto z’igiti cy’umukore yari avuye gusoroma muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.  Ubu Nkusi afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Bweyeye, akaba akekwaho icyaha cyonkwangiza Pariki y’Igihugu. Uwo…

Soma inkuru yose
U Rwanda rwiteguye kwakira amashami ya Loni

U Rwanda rwiteguye kwakira amashami ya Loni

Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Loni, ko u Rwanda rwiteguye kwakira amashami, porogaramu, inzego n’ibikorwa bimwe bya Loni. Nyuma y’amavugurura arimo gukorwa na Loni ashingiye ku kwimura amashami yayo mu guhangana n’ibibazo by’ubukungu, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni ku itariki 15 Gicurasi 2025, amubwira ko u Rwanda…

Soma inkuru yose
Dore impamvu ikomeye yatumye ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuhwe hafungwa

Dore impamvu ikomeye yatumye ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuhwe hafungwa

Kuwa 17 Gicurasi 2025, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere, RGB mu ibaruwa rwandikiye, Mgr Dr. NTIVUGURUZWA Balthazar Umwepisikopi wa Diocese Gatolika ya Kabgayi Akarere ka Muhanga. Impamvu ni uguhagarika by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Karere ka Ruhango. Muri iyi baruwa RGB yagaragaje ko ibi yabikoze ibishingiye ku itegeko No 56/2016 ryo ku…

Soma inkuru yose
RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho yo Kwa Yezu Nyirimpuhwe

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho yo Kwa Yezu Nyirimpuhwe

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwahagaritse amasengesho abera mu Karere ka Ruhango ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuhwe. RGB yavuze ko aho ayo masengesho abera hatujuje ibisabwa bijyanye no kubungabunga umutekano n’ituze by’abahagana. Umuyobozi Mukuru wa RGB Dr. Uwicyeza Doris Picard, yavuze ko ayo masengesho ahuza imbaga nini y’abaturutse mu gihugu hose no hanze yacyo yahagaritswe nyuma…

Soma inkuru yose
Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye yashyikirije Umwami wa Brunei Darussalam, Haji Hassanal Bolkiah Mu’izzaddin Waddaulah, impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri icyo gihugu. Izo nyandiko Amb. Uwhihanganye akaba yazitanze ku mugaragaro ku wa Gatandatu tariki 17 Gicurasi 2025. Brunei Darussalam ni igihugu gito giherereye mu Majyepfo y’Iburasirazuba bw’Umugabane wa Aziya mu majyaruguru y’inkengero z’ikirwa cya…

Soma inkuru yose
Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports bwagize icyo buvuga ku mvururu zabaye ubwo Rayon Sport yakinaga na Bugesera FC

Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports bwagize icyo buvuga ku mvururu zabaye ubwo Rayon Sport yakinaga na Bugesera FC

Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports buramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru ko bwababajwe bikomeye n’ibyabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025, mu mukino wahuzaga Bugesera FC na Rayon Sports FC, utabashije kurangira. Ibyabaye bihabanye n’indangagaciro z’umupira w’amaguru, gukina mu mucyo no kubahana. Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports burashimangira ubushake bwo gukorana…

Soma inkuru yose
Nyamasheke: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe atemwe ijosi

Nyamasheke: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe atemwe ijosi

Nyirangirinshuti Thérèsie w’imyaka 63 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yishwe n’utaramenyekana amutemaguje umupanga ku ijosi n’umusaya w’ibumoso. Byabereye mu Mudugudu wa Ngoboka, Akagari ka Shangi, Umurenge wa Shangi, Akarere ka Nyamasheke mu ijoro rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 17 Gicurasi, bikaba bikekwa ko byakozwe n’uwasabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Nyurangirinshuti ni umupfakazi wiciwe umugabo…

Soma inkuru yose