Nyanza: Umugabo yatwitse umwana we kubera gukora mu nkono

Nyanza: Umugabo yatwitse umwana we kubera gukora mu nkono

Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho gutwika umwana we w’imyaka itanu akoresheje umuhoro yabanje gushyushya, yemera icyaha, akavuga ko yamuhoye gukora mu nkono y’ibishyimbo bari batetse. Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, akekwaho gukora iki cyaha tariki 05 Kamena 2025 agikoreye iwe mu…

Soma inkuru yose
Umuryango FPR wasinyanye amasezerano n’Ishyaka Communist Party of China

Umuryango FPR wasinyanye amasezerano n’Ishyaka Communist Party of China

Umuryango FPR Inkotanyi wasinyanye amasezerano mashya n’Ishyaka Communist Party of China riri ku butegetsi mu Bushinwa, agamije kongera imbaraga mu mikoranire nyuma y’imyaka 20 impande zombi zifitanye umubano mwiza. Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025, impande zombi zemeranyije gufatanya no gusangira ubumenyi mu byo kubungabunga ingoro ndangamuco n’amateka n’andi…

Soma inkuru yose
Ubwenge buhangano AI, bugiye kwigishwa mu mashuri yisumbuye

Ubwenge buhangano AI, bugiye kwigishwa mu mashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI). Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana, yabitangarije mu kiganiro kigamije gusobanura uko uburezi bw’amashuri yisumbuye mu byiciro byombi buhagaze, n’icyakorwa ngo burusheho gutezwa imbere, aho yagaragaje ko ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose
Isuzuma rya MINEDUC ryashimangiye ko abanyeshuri batsindwa Icyongereza

Isuzuma rya MINEDUC ryashimangiye ko abanyeshuri batsindwa Icyongereza

Ishusho rusange y’Uburezi mu mashuri yisumbuye yagaragajwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yerekanye ko ku rwego rw’Igihugu mu Cyiciro Rusange (O’Level), mu masomo atatu y’ingenzi bareberaho imitsindire y’abanyeshuri; abatsinda Icyongereza bari ku kigero cya 47%, Imibare bari kuri 64% mu gihe Siyansi bari kuri 66%. Ishusho yamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025,…

Soma inkuru yose
Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya Leta akurikiranyweho, yavuze ko kujyanwa mu bucamanza kwe ari umugambi wacuriwe i Kigali mu Rwanda. Constant Mutamba watanze ubwegure bwe hirya y’ejo hashize tariki 17 Kamena 2025, nyuma yuko atangiye gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rusesa Imanza…

Soma inkuru yose
Musanze: Umumotari utwara moto anahetse umwana ashobora gukurikiranwa na polisi

Musanze: Umumotari utwara moto anahetse umwana ashobora gukurikiranwa na polisi

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo yakoze ibitemewe, ndetse ko uru rwego rwatangiye kubimubazaho. Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umumotari utwaye moto mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, anahetse umwana mu mpetso mu mugongo. Ni amashusho yazamuye impaka nyinshi, bamwe bibaza kuri uyu…

Soma inkuru yose
Uko Ikoranabuhanga Riri Guhindura Ubuhinzi mu Rwanda

Uko Ikoranabuhanga Riri Guhindura Ubuhinzi mu Rwanda

Ubuhinzi n’ ingenzi mu bukungu bw’u Rwanda, kuko rutunze benshi mu baturage, cyane cyane abatuye mu byaro. Mu myaka ishize, ikoranabuhanga ryatangiye kugera mu buhinzi, rikaba rifasha mu gukemura ibibazo byabaye karande no guteza imbere umusaruro. Ikoranabuhanga ryahinduye uburyo bwo gukora ubuhinzi mu buryo butandukanye, ryongereye umusaruro, rigabanya ibihombo, kandi rinafasha abahinzi kubona amasoko. Tugiye…

Soma inkuru yose
U Rwanda na RDC byemeranyije ku ngingo zigize amasezerano y’amahoro

U Rwanda na RDC byemeranyije ku ngingo zigize amasezerano y’amahoro

Itsinda rya tekiniki ry’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ku ngingo ngari zigize amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’iminsi hari ibiganiro byaberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa 18 Kamena ni bwo Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Amerika byatangaje ko impande zombi zemeranyije ibikubiye mu masezerano agomba kuzashyirwaho umukono…

Soma inkuru yose
Gakenke: Ikamyo ikoze impanuka ikomeye

Gakenke: Ikamyo ikoze impanuka ikomeye

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda uva Kigali werekeza mu Gakenke utakiri nyabagendwa kubera impanuka yabereye ahitwa Buranga. Ubuyobozi bwa Polisi bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga za Polisi, bwasabye abakoresha uwo muhanda kwihangana mu gihe imirimo yo gukuramo ikamyo yaguye mu muhanda ikomeje. Polisi yagize iti: “Turabamenyesha ko kubera impanuka y’ikamyo yabereye ahitwa Buranga, mu kagari…

Soma inkuru yose
Elon Musk yaba akoresha ibiyobyabwenge?

Elon Musk yaba akoresha ibiyobyabwenge?

Umuherwe Elon Musk yifatishije ibizamini byo muri Laboratwari agamije guhinyuza abavuze ko akoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa cocaine, ketamine n’ibindi. Donald Trump ni we wabanje kuzamura ingingo y’uko Musk yaba anywa ibiyobyabwenge, anasaba ko niba bakeka ko akoresha ibiyobyabwenge hakorwa igenzura ryimbitse. Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyasohoye inkuru ihamya ko Elon Musk…

Soma inkuru yose

Kwitegura neza ikizamini cy’akazi ni intambwe y’ingenzi ku rubyiruko rushaka gutangira urugendo rwo gukora mu buryo bw’umwuga. Mu gihe witeguye neza bishobora kugufasha kurusha abandi bakandida. Dore inama ngufi zagufasha kuba umunyamwuga uhatanira akazi kandi wizeye neza ibyo ukora: 1. Menya Akazi Wifuza Gusaba Shakisha amakuru ahagije ku kigo cyangwa urwego ushaka gukoramo: Soma ibijyanye…

Soma inkuru yose
Agashya: Mu Rwanda hageze imodoka ikorapa ikanakubura imihanda

Agashya: Mu Rwanda hageze imodoka ikorapa ikanakubura imihanda

Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka idasanzwe ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda ya kaburimbo. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, yavuze ko iyo modoka yifashisha ibiroso n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu gusukura, kandi ikaba idateza ivumbi cyangwa indi myanda mu gihe iri mu kazi. Ati: “Iyi modoka ifite ikigega gikusanyirizwamo umwanda, ikawujyana aho…

Soma inkuru yose
Babiri batambutsa ibiganiro kuri YouTube bafunzwe

Babiri batambutsa ibiganiro kuri YouTube bafunzwe

Abagabo babiri batambutsa ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’, usanzwe unyuzwaho inyigisho zitandukanye z’idini ya Islam, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). RIB yatangaje ko bakurikiranyweho ibyaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha, bakoresheje imvugo zigamije gukurura amacakubiri no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry,…

Soma inkuru yose
Izajya ihabwa n’impinja- Ibyo wamenya ku ndangamuntu nshya

Izajya ihabwa n’impinja- Ibyo wamenya ku ndangamuntu nshya

Nk’uko byatangajwe n’ikigo k’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), mu minsi iri imbere izi ndangamuntu dufite zizasimburwa n’indangamuntu y’ikoranabuhanga. Biragaragara ko iki ari cyo gihe kugira ngo uwo mushinga ushyirwe mu bikorwa, inkuru dukesha Umuryango.rw iravuga ko NIDA yamaze kwemeza ko igeragezwa ryo gushyira mu bikorwa uyu mushinga rizatangira muri Nyakanga uyu mwaka wa 2025. Ni irihe…

Soma inkuru yose
Imirimo igeze kuri 60%: Ibyo wamenya ku nyubako ya Equity Bank igiye guhindura isura ya Kigali

Imirimo igeze kuri 60%: Ibyo wamenya ku nyubako ya Equity Bank igiye guhindura isura ya Kigali

U Rwanda rufite intego yo guhinduka igicumbi cy’imari, nka rumwe mu nzego z’ingenzi zizagira uruhare mu kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ibikuye mu ntego z’u Rwanda kugera mu 2050. Icyakora kuba igicumbi cy’imari ntabwo ari ibintu byikora kuko bikenera ibintu byinshi birimo ibikorwaremezo, ubumenyi n’ibindi. Mu cyiciro cy’ibikorwaremezo, inyubako zigezweho ni ingenzi cyane ko u…

Soma inkuru yose
U Rwanda rwiyemeje kongera ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare

U Rwanda rwiyemeje kongera ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare

Guverinoma yiyemejeje kongera ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuyobozi rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuko rifite umumaro mu gutyaza ubumenyi bw’abayobozi mu nzego z’umutekano z’u Rwanda ndetse n’ibihugu by’inshuti. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Kamena, muri iri shuri riherereye mu…

Soma inkuru yose
Abofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 barangirije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama

Abofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 barangirije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yasabye abasirikare bakuru 108 bo mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi barangije amasomo ajyanye n’imiyoborere mu bya gisirikare (Senior Command and staff Course) mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, gukomeza gushyira imbaraga mu kurinda ubusugire bw’ibihugu byabo no kurangwa n’indangagaciro nzima. Abo basirikare bari bamaze umwaka…

Soma inkuru yose