Ikibazo Kimwe Abashakanye Bakwiriye Kwibaza

Abashakanye benshi bagera igihe bakumva hari ibitagenda neza mu mubano wabo ariko bakabura uburyo bwo kubisobanura cyangwa aho bahera bashaka ibisubizo. Hari abumva urukundo rwagabanutse, abandi bakumva amakimbirane yiyongereye, mu gihe hari n’abibaza niba umubano wabo ukiri ku murongo mwiza. Nk’uko umuhanga mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye Assael Romanelli abigaragaza, hari ikibazo kimwe cyoroshye ariko gikomeye…

Soma inkuru yose

Urukundo Ruramba Rwubakwa Rute? Ibyo Abahanga Basaba Abakundana Gukora Kugira ngo Barinde Umubano Wabo

Mu gihe urukundo rukomeje kuba kimwe mu bintu biha abantu benshi ibyishimo n’icyizere cy’ejo hazaza, hari imibanire myinshi igenda isenyuka bitewe n’ibibazo birimo kutizerana, kubura itumanaho, kutubahana ndetse no kudashyira imbere inyungu z’umubano. Abahanga mu by’imibanire n’urukundo bavuga ko urukundo nyarwo rutubakwa n’amagambo gusa, ahubwo ko rushingira ku bikorwa bya buri munsi bigaragaza urukundo, icyizere…

Soma inkuru yose

Dore Impamvu Umukunzi Wawe Atuma Uba Umuntu Mwiza Kurushaho

Gukunda umuntu ukwiriye bishobora gufasha ubuzima bwawe kujya mu cyerekezo cyiza no kugera ku ntego wihaye. Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bahora bashaka uburyo bwo kwiteza imbere. Hari abashaka kongera ubumenyi, abandi bagashaka kugira imyitwarire myiza, gukomera ku nshingano cyangwa kubaka icyizere cyo kwihesha agaciro. Akenshi, abantu bashakira ibisubizo muri gahunda z’amahugurwa, ibitabo…

Soma inkuru yose

Imvo n’imvano ku kwahukana cyangwa gutana kw’abashakanye mu Rwanda

Muri iki gihe, ikibazo cyo kwahukana cyangwa gutana kw’abashakanye gikomeje kugaragara cyane mu miryango itandukanye yo mu Rwanda. Nubwo urugo rushingwa hagamijwe kubaka ubuzima bwiza no kurera abana mu rukundo, hari impamvu nyinshi zituma bamwe mu bashakanye batabasha gukomeza kubana, bikarangira bahisemo gutandukana. 1. Kutumvikana mu rugo Imwe mu mpamvu zikunze kuvugwa cyane ni ukutumvikana…

Soma inkuru yose

Impamvu abagore bashobora gukora ibintu byinshi icyarimwe kurusha abagabo

Mu myaka myinshi ishize, hirya no hino ku Isi hakunze kuvugwa ibitekerezo bitandukanye ku bushobozi bw’abagore n’abagabo. Hari igihe abantu bamwe bumvaga ko abagore bafite ubushobozi buri hasi ugereranyije n’ubw’abagabo, cyane cyane mu kazi, mu miyoborere cyangwa mu gufata ibyemezo bikomeye. Ariko uko ubushakashatsi bwa siyansi bwagiye bukorwa, byinshi muri ibyo bitekerezo byagiye bihinduka. Ubu…

Soma inkuru yose

Menya Impamvu Ushobora Kumva Ushaka Kuruma Cyangwa Gukanda Umuntu Ukunda

Hari igihe umuntu areba uwo akunda cyane, yaba umukunzi, umwana cyangwa inshuti ye, akumva ashaka kumuhobera cyane, kumuruma buhoro cyangwa kumukanda amatama. Nubwo bamwe babyibazaho, abahanga bavuga ko ibi ari ibintu bisanzwe biterwa n’imikorere y’ubwonko. Iyi myitwarire izwi muri siyansi nka “cute aggression” cyangwa “dimorphous expression.” Abashakashatsi bavuga ko ibaho igihe umuntu afite ibyishimo cyangwa…

Soma inkuru yose

Abashakanye baba bafite ibyago byinshi byo kurwara ‘Dementia’ kurusha ingaragu

Mu gihe abantu benshi bafata gushaka nk’intambwe ifasha umuntu kugira ubuzima bwiza no kubaho igihe kirekire, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko hari aho gushyingiranwa bishobora no kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, cyane cyane ku ndwara yo kwibagirwa izwi nka Dementia. Ubwo bushakashatsi bwakozwe na Florida State University College of Medicine, bwagaragaje ko abantu bashakanye…

Soma inkuru yose

Senateri Dr Uwamariya yasabye urubyiruko kwitondera icyemezo cyo gushaka

Senateri Dr Uwamariya yasabye urubyiruko kwitondera icyemezo cyo gushakaValentine Uwamariya yavuze ko urubyiruko rugiye gushinga ingo rukwiye kubanza gufata umwanya uhagije wo kumenyana no kuganira ku buzima ruzabamo, aho kwinjira mu rushako rwihuse rudafite imitegurire ihamye. Yabigarutseho mu kiganiro cyatambutse kuri Rwanda Broadcasting Agency ku wa 4 Gicurasi 2026, aho yagaragazaga ko ikibazo cy’itandukana ry’abashakanye…

Soma inkuru yose
Imirimo idahemberwa

Abagabo basabwe gufatanya n’abagore mu gukora imirimo idahemberwa

Abagabo basabwe gutinyuka bagafatanya n’abagore mu gukora imirimo idahemberwa abashakanye bakora mu ngo z’abo kuko bigira uruhare mu iterambere ry’umuryango n’igihugu muri rusange. Mu biganiro byahuje UN Women mu Rwanda n’abayobozi bashinzwe imibereho myiza mu nzego z’ubuyobozi bw’ibanze, hagaragajwe ko imirimo idahemberwa igira uruhare mu iterambere ry’umuryango nubwo hari abo usanga batabiha agaciro. Itegeko rigenga…

Soma inkuru yose