Nyamagabe: Gitifu w’Umurenge wa Musebeya yatawe muri yombi akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba ihamagazwa ry’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa cyatanzwe n’umwe mu bayobozi b’utugari tugize uwo murenge. Amakuru avuga ko Nkurikiyimana yatawe muri yombi ku wa 24 Nyakanga 2026, nyuma yo kwitaba ihamagazwa rya kabiri rya RIB, ishami…

Soma inkuru yose

Abakekwaho Jenoside babiri bafatiwe mu Budage no muri Canada

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda (NPPA) bwatangaje ko Innocent Sebagoyi na Laurent Nduwayezu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batawe muri yombi nyuma y’imyaka bihishahisha mu Budage no muri Canada. Sebagoyi yafashwe ku wa 1 Nyakanga 2026, mu gihe Nduwayezu yafashwe ku wa 22 Kamena 2026. NPPA yavuze ko Sebagoyi yafashwe hashingiwe ku…

Soma inkuru yose

ARJ Yasabye Leta Guhagurukira Ihohoterwa Rikomeje Kwibasira Abanyamakuru Ku Mbuga Nkoranyambaga

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) ryagaragaje impungenge zikomeye ku bwiyongere bw’ihohoterwa rikorerwa abanyamakuru ku mbuga nkoranyambaga, risaba inzego za Leta gufata ingamba zihamye zo kurinda umutekano n’ubwisanzure bw’abakora uyu mwuga. Aya makuru akubiye mu ibaruwa ARJ yandikiye inzego zitandukanye zirimo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Sena, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda…

Soma inkuru yose

Mu Budage hafatiwe Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwatangaje ko bwataye muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho akurikiranyweho ibyaha birimo kuba icyitso muri Jenoside n’ubwicanyi. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuwa 1 Nyakanga 2026, Ubushinjacyaha bwasobanuye ko uyu mugabo uzwi nka Innocent S. yahoze ari umwungirije wa Burugumesitiri wa Komini Kayove, kandi ko yafatiwe muri…

Soma inkuru yose

U Buholandi bwasabiye Eugène Ntambara igifungo cya burundu ku byaha bya Jenoside

Ubushinjacyaha bw’u Buholandi bwasabye Urukiko rwa La Haye gukatira Umunyarwanda Eugène Ntambara igifungo cya burundu, bumushinja uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko IGIHE yabitangaje, Ntambara w’imyaka 66 yaburanishijwe nyuma y’iperereza ryamaze imyaka myinshi rikozwe n’inzego z’u Buholandi zishinzwe gukurikirana ibyaha mpuzamahanga. Amakuru yatangajwe na IGIHE agaragaza ko Ntambara yahoze atuye muri Komini Mbazi…

Soma inkuru yose

Abakozi ba Trinity Metals biyemeje guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Abakozi b’isosiyete Trinity Metals icukura amabuye y’agaciro mu kirombe cya Rutongo, kuwa 19 Kamena 2026 bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banaha icyubahiro abahoze ari abakozi b’iki kirombe bakoreraga REDEMI bazize Jenoside. Muri iki gikorwa, abitabiriye bibukijwe amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’uruhare rwo kuyasigasira no kurwanya abayagoreka. Biyemeje gukomeza…

Soma inkuru yose

I Ngoma: Abantu bane bakatiwe burundu nyuma yo kwica umubyeyi w’umwe muri bo

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwakatiye igifungo cya burundu abantu bane nyuma yo kubahamya icyaha cy’ubwicanyi bwakorewe Mukaremezo Xaverine, bwateguwe kandi bugakoranwa ubushake. Muri abo harimo umuhungu wa nyakwigendera, Hakizimana Jean Luc uzwi nka Shehe, ushinjwa kuba yaragize uruhare rukomeye mu mugambi wo kwica nyina. Icyemezo cyasomwe ku wa Kabiri tariki ya 9 Kamena 2026 mu…

Soma inkuru yose

DJ Toxxyk yakatiwe gufungwa umwaka n’amezi atandatu nyuma yo guhamywa ibyaha bine

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse rumuca ihazabu ya 1.050.000 Frw nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’impanuka yahitanye umupolisi. Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026 nyuma y’uko Ubushinjacyaha bujuririye icyemezo cyari cyafashwe mbere n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro. DJ Toxxyk…

Soma inkuru yose

Sky2 dosiye ye yagejejwe mu Bushinjacyaha nyuma yo gutabwa muri yombi

Dosiye ya Hahirwabasenga Thimotee uzwi ku izina rya Sky2 yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Gicurasi 2026, nyuma y’uko yari yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitandukanye. Umuvugizi wa Rwanda Investigation Bureau, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko dosiye y’uyu mugabo yashyikirijwe Ubushinjacyaha nyuma y’iperereza. Sky2 akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse no…

Soma inkuru yose

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha byatumye Ubushinjacyaha bumusabira gufungwa imyaka itanu

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha aregwa birimo gutangaza amakuru y’ibihuha no gutukana mu ruhame, nyuma y’uko Ubushinjacyaha bumusabiye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw. Uru rubanza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 14 Gicurasi 2026, aho areganwa n’umushoramari Ndayisenga Materne umushinja kumwangiriza izina binyuze mu nkuru yatambutse kuri BTN TV mu…

Soma inkuru yose
inama

Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800

Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje ko abantu 1874 bari bafunzwe bazafungurwa by’agateganyo. Mu itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama,rigaragaza imyanzuro y’iyo nama, havugwamo ko hashyizweho iteka rya Minisitiri riteganya ifungurwa ry’agateganyo ry’abantu 1874 bari barakatiwe n’inkiko. Gusa kugeza ubu, ntiharashyirwa ahagaragara urutonde rw’abazarekurwa kandi n’impamvu z’iki cyemezo ntizatangajwe. Iki cyemezo…

Soma inkuru yose