Abasura Akagera baributswa kuticara hejuru y’imodoka kubera umutekano wabo n’uw’inyamaswa

Abasura Pariki y’Igihugu y’Akagera barasabwa gukurikiza amabwiriza y’umutekano, cyane cyane kwirinda guhaguruka cyangwa kwicara hejuru y’imodoka mu gihe bari mu rugendo rwo kureba inyamaswa. Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera busobanura ko kurenga kuri iri tegeko bishobora gushyira ubuzima bw’umushyitsi mu kaga ndetse bikabangamira inyamaswa. Kwicara hejuru y’imodoka bishobora gukanga inyamaswa Abasura pariki bagirwa inama yo kuguma…

Soma inkuru yose

Kwita Izina 2026: Abantu barenga ibihumbi 10 biteganyijwe mu birori byo kwita amazina abana 22 b’Ingagi

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko u Rwanda rwitegura kwakira ibirori ngarukamwaka byo Kwita Izina abana b’Ingagi, aho uyu mwaka hazatangwa amazina ku bana 22 b’Ingagi. Uyu muhango uteganyijwe ku wa 4 Nzeri 2026, ukaba uzitabirwa n’abashyitsi baturutse mu Rwanda no mu bindi bihugu, barimo ba mukerarugendo ndetse n’inshuti z’u Rwanda.RDB ivuga ko hategerejwe abantu…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwongereye Imbaraga mu Kwamamaza Ubukerarugendo Binyuze muri Aston Villa FC

U Rwanda rwongeye gukora indi ntambwe ikomeye mu kwamamaza isura yarwo ku rwego mpuzamahanga, nyuma y’uko gahunda ya Visit Rwanda isinyanye amasezerano y’ubufatanye na Aston Villa FC, imwe mu makipe akomeye akina muri Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League). Ni ubufatanye butegerejweho kongera kumenyekanisha igihugu, gukurura ba mukerarugendo, abashoramari ndetse n’abashaka amahirwe y’ubucuruzi. Aya masezerano yatangajwe…

Soma inkuru yose

Kibeho irimo kwagura amacumbi mashya ategerejweho gukemura ikibazo cy’abakerarugendo baburaga aho barara

Mu gihe ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana bukomeje kwiyongera mu Karere ka Nyaruguru, by’umwihariko ku Butaka Butagatifu bwa Kibeho, ubuyobozi bw’akarere ku bufatanye n’abikorera n’inzego z’amadini bukomeje gushora imari mu bikorwa by’amacumbi hagamijwe gukemura ikibazo cy’abashyitsi bajyaga babura aho bacumbika. Kibeho izwi ku rwego mpuzamahanga kubera amabonekerwa ya Bikira Mariya yemejwe na Kiliziya Gatolika, ikomeje kwakira…

Soma inkuru yose

Harimo Imijyi ine yo muri Afrika! Urutonde rw’imijyi 50 myiza ku Isi yo gusura muri 2026-2050.

Urutonde rw’imijyi 50 myiza yo gusura ku Isi mu mwaka wa 2026 rwatangajwe, u Bwongereza bukaba bwagaragaje ko bufite imijyi ihagaze neza muri uru rutonde, mu gihe umugane wa Afrika uhagarariwe n’imijyi ine gusa. Uru rutonde rwakozwe n’ikinyamakuru Time Out gifatanyije na sosiyete ikora ibijyanye n’ingendo yitwa Intrepid Travel, mu bushakashatsi bwiswe “Best Cities of…

Soma inkuru yose
ubusitani

Nyagatare: Huzuye ubusitani bugezweho bwa miliyoni 465 Frw burimo internet y’ubuntu

I Nyagatare huzuye ubusitani bugezweho bwatwaye miliyoni 465 Frw, buzafasha abagenda uyu mujyi kubona ahantu heza ho kuruhukira. Ubu busitani bwiswe Nyagatare Urban Eco Park, bwujujwe hafi y’ibitaro bya Nyagatare mu gishanga gihari. Bwubatswe ku buso bungana na hegitari eshatu, aho bwatwaye miliyoni 465 Frw. Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, yabwiye IGIHE ko…

Soma inkuru yose