Abazatangira muri TTC baziga imyaka itanu basohoke bafite A1
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko guhera mu mwaka w’amashuri wa 2026/2027, hazatangira gushyirwa mu bikorwa impinduka mu mashuri atoza abarimu bigisha mu mashuri abanza (TTC), aho abanyeshuri bazajya bamara imyaka itanu biga, barangize bahabwe impamyabumenyi ya A1. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Gatandatu cyagarutse ku ishusho…
