Urubyiruko rw’u Rwanda mu nzira itoroshye yo kwiyubakira ubuzima

Mu Rwanda, urubyiruko rwinshi rwinjira mu buzima bw’ubukure rufite inzozi, amashuri, ubumenyi n’ikoranabuhanga birenze ibyo ibisekuruza byarwo byarubanjirije byari bifite. Ariko kuri benshi, kugera ku bwigenge bw’ubukungu no kwiyubakira ubuzima bwigenga bigakomeza kuba urugendo rutoroshye. Umusore cyangwa umukobwa ashobora kuba afite impamyabumenyi, telefoni igezweho n’ubushobozi bwo kubona amakuru menshi mu kanya gato, ariko ibyo ntibimubuze…

Soma inkuru yose

Ese angine itera ubugumba ku bahungu? Sobanukirwa ibyo muganga yagaragaje ukuri ku ngaruka zayo

Kuva kera hakunze kumvikana imvugo ivuga ko umwana w’umuhungu urwaye ‘angine’ kandi ntavurwe neza ashobora kuzagira ubugumba cyangwa uburemba mu gihe azaba amaze gukura. Icyakora, inzobere mu ndwara zo mu muhogo, mu mazuru, mu matwi no mu ijosi, Dr. Kamaliza Marie Aimée ukora mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), yasobanuye ko iyi myumvire atari…

Soma inkuru yose

Kuki urukundo rwa mbere rutibagirana? Ubushakashatsi bugaragaza ibanga ryarwo

  Hari abantu benshi bavuga ko igihe gihita kigatuma umuntu yibagirwa byinshi byamubayeho. Ariko ku bijyanye n’urukundo rwa mbere, si ko bigenda kuri bose. Hari abamara imyaka myinshi batandukanye n’uwo bakundanye bwa mbere, ariko bakomeza kwibuka ibihe bagiranye nk’aho byabaye ejo. Ubushakashatsi bw’umushakashatsi Catherine Lovey bugaragaza ko urukundo rwa mbere rushobora kugira umwanya wihariye mu…

Soma inkuru yose

Huye: Abakorera mu isoko rya Rango bahuguwe ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yahuguye abarema n’abakorera mu isoko rya kijyambere rya Rango mu Karere ka Huye, ibereka uburyo bwo kwirinda, gukumira no guhangana n’inkongi z’umuriro kuri uyu wa 8 Kanama 2026. Aya mahugurwa yari agamije kongerera abitabiriye ubumenyi bw’ibanze ku nkongi z’umuriro, kugira ngo igihe habaye impanuka bashobore gufata ingamba zihuse…

Soma inkuru yose

Ese wari uzi ko gukorakoranaho kw’abashakanye bishobora gukomeza umubano wabo ?

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gukorakora buhoro kandi mu buryo bwuje urugwiro ku kuboko k’uwo mwashakanye bishobora gufasha kongera ibyishimo no kugabanya umunabi, ndetse bikaba byagira uruhare mu gukomeza umubano hagati y’abashakanye. Nk’uko Igihe yabitangaje, ubu bushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Károli Gáspár muri Hongrie, bugamije kureba uko gukorwaho n’umuntu umuntu afitanye na we…

Soma inkuru yose

Waruzi ko mu ndimu habamo Vitamin C ishobora kugira uruhare mu kurwanya kanseri ?

Abashakashatsi bakomeje gukora ubushakashatsi ku buryo Vitamin C ishobora kugira uruhare mu kuvura cyangwa gufasha mu kuvura kanseri, ariko kandi bakemeza ko iyi vitamine idakwiye gufatwa nk’umuti ushobora gukiza kanseri mu buryo bworoshye. Vitamin C, izwi kandi nka ascorbic acid, ni intungamubiri umubiri ukenera kugira ngo ukore neza. Ifasha mu bikorwa bitandukanye birimo kurinda uturemangingo…

Soma inkuru yose

Polisi y’u Rwanda yihanangirije abitwikira Utubari n’ibindi bitaramo bagakora ibiteye isoni

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abantu ko kwidagadura bitagomba kuba urwitwazo rwo gukora ibikorwa binyuranyije n’indangagaciro z’umuryango Nyarwanda, cyane cyane mu tubari, mu tubyiniro, mu bitaramo no mu bindi bikorwa by’imyidagaduro. Iri tangazo ryatanzwe mu gihe inzego z’umutekano zikomeje gukangurira abaturage kwirinda imyitwarire ishobora guhungabanya umutekano, umuco n’imibanire myiza mu gihe cyo kwidagadura. Abakora imyidagaduro…

Soma inkuru yose

Minisitiri Uwimana yakebuye urubyiruko rwishora mu biyobyabwenge bikarwangiriza ahazaza harwo

Mu nama y’Igihugu y’Abana ya 18 yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, ubusinzi n’izindi ngeso mbi zibangamira ejo hazaza habo. Izi mpanuro yazihaye abana 567 bitabiriye iyi nama, abasaba gukomeza kugira inzozi no gukora cyane kugira ngo bazazigereho. Minisitiri Uwimana yavuze ko abana ari…

Soma inkuru yose

Umugore wo mu Buhinde yanditse amateka mashya kubera umusatsi we w’uburebure budasanzwe

Renu Dhariyal, umugore wo mu Buhinde, yagaragaye mu nkuru zidasanzwe ku isi nyuma yo kwemezwa na Guinness World Records nk’umugore ufite umusatsi muremure kurusha abandi bantu b’abagore bakiriho. Umusatsi wa Renu wapimwe ufite santimetero 271.50, ni ukuvuga metero 2.715 hafi ya metero eshatu. Iki gipimo cyafashwe ku wa 15 Mata 2026, i Haldwani muri leta…

Soma inkuru yose

Ku Munsi Mpuzamahanga w’Amavangingo: Ubushakashatsi bwagaragaje ko 47% by’abakozi bo muri Amerika bakora imibonano mpuzabitsina mu masaha y’akazi

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko hafi kimwe cya kabiri cy’abakozi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuga ko bigeze gukora imibonano mpuzabitsina mu masaha y’akazi. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byatangajwe ku wa 31 Nyakanga 2026, ku Munsi Mpuzamahanga w’Amavangingo, bigaragaza ko 47% by’abakozi bakora kuva mu gitondo kugeza nimugoroba bemeye ko bigeze gukora imibonano mpuzabitsina…

Soma inkuru yose

Burya uburyo ababyeyi bashimiramo abana babo bushobora kubagiraho ingaruka!

Ababyeyi benshi bifuza ko abana babo bakura bafite icyizere, ubushobozi bwo kwigirira ikizere ndetse no kumva bakunzwe. Ni yo mpamvu akenshi babashimira iyo bakoze neza, babonye amanota meza ku ishuri, batsinze umukino, bakoze igishushanyo cyiza cyangwa bakoze ikintu gishimisha umuryango. Ariko ubushakashatsi mu by’imitekerereze ya muntu bugaragaza ko atari amashimwe yose agira akamaro kangana. Uburyo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rugiye gutangiza urubuga rushya ruzafasha guhanga udushya mu rwego rw’ibiribwa

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye gutangiza uburyo bushya buzahuza inzego zitandukanye hagamijwe guteza imbere udushya mu rwego rw’ubuhinzi n’ibiribwa, mu rwego rwo kongera umusaruro, kugabanya ibihombo no gukomeza urugendo rwo kwihaza mu biribwa. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Solange Uwituze, wavuze ko uru rubuga ruzitwa Rwanda Food Innovation Partnership…

Soma inkuru yose

Kwikinisha kenshi: Ibintu 5 bishobora kubaho ku mubiri no ku mitekerereze yawe 

Kwikinisha ni kimwe mu bikorwa bijyanye n’imyororokere bikunze kuganirwaho cyane, ariko abantu benshi bakabikora cyangwa bakabitekerezaho batabasha kubiganiraho mu bwisanzure kubera ipfunwe cyangwa imyumvire itandukanye igihari. Abahanga mu buzima bavuga ko kwikinisha ubwabyo atari indwara, ariko iyo bihindutse ingeso ikabije cyangwa bigatuma umuntu atakaza ubushobozi bwo kugenzura imyitwarire ye, bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe…

Soma inkuru yose

Kubura ubushake cyangwa kurangiza vuba: Ikibazo gishobora kugira ingaruka ku mibanire y’abashakanye

Mu buzima bw’abashakanye, ibiganiro byinshi bikunze kwibanda ku rukundo, kubahana no gufashanya mu buzima bwa buri munsi. Ariko hari n’ibindi bibazo bigira uruhare runini mu mikorere y’urugo, nubwo akenshi bitavugwa cyane kubera ipfunwe cyangwa gutinya gucibwa urubanza. Muri ibyo harimo ibibazo bijyanye no kubura ubushake cyangwa kurangiza vuba mu gihe cy’amabanga y’abashakanye, ikibazo bamwe mu…

Soma inkuru yose

Impamvu ubwonko bwibuka cyane abantu baguteye ibibazo kurusha abagukoreye ibyiza

Ese wigeze wibaza impamvu ushobora kwibagirwa vuba umuntu wakugiriye neza, ariko nyamara imyaka myinshi igashira ugitekereza umuntu wigeze kugukorera ikintu kibi cyangwa mukagirana amakimbirane? Ubushakashatsi buheruka bwagaragaje ko atari nk’impanuka gutyo gusa, ahubwo ko ari uburyo busanzwe ubwonko bw’umuntu bukoramo. Nk’uko Psychology Today ibitangaza, ubwonko bw’umuntu bwubaka “ikarita y’imibanire” ihora ivugururwa, igafasha gutandukanya inshuti, abo…

Soma inkuru yose

Beterave: Ikiribwa gifasha umwijima, umutima n’ikorwa ry’amaraso mu mubiri

Beterave iri mu biribwa bikomeje kwitabwaho n’abahanga mu by’imirire kubera intungamubiri nyinshi iyifashamo kurinda indwara zitandukanye. Uretse kuba ikoreshwa mu mitobe n’amasalade, beterave ifasha umubiri kugumana ubuzima bwiza bw’umutima, umwijima ndetse ikagira uruhare mu ikorwa ry’amaraso. Beterave ni uruboga rukungahaye ku ntungamubiri zitandukanye zirimo potassium, fer, vitamin A, vitamin B-6 ndetse n’ibinyabutabire bizwi nka antioxydants….

Soma inkuru yose

Impamvu 10 zikwiye gutuma mu mafunguro yawe hadakwiye kuburamo inyanya!

Inyanya ni kimwe mu biribwa bikoreshwa cyane mu gutegura amafunguro mu Rwanda no hirya no hino ku Isi. Uzisanga mu masosi, salade, isupu n’andi mafunguro menshi, ariko akenshi abantu bazifata nk’ibirungo gusa, ntibamenye ko ari isoko ikomeye y’intungamubiri zifasha umubiri gukora neza. Abahanga mu by’imirire bagaragaza ko inyanya zikungahaye kuri vitamine A, vitamine C, vitamine…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi: Kurota Inzozi Mbi Buri Cyumweru Bishobora Kongera Ibyago byo Gupfa Imburagihe

Kurota inzozi ziteye ubwoba ni ibintu bisanzwe bibaho ku bantu benshi, ariko ubushakashatsi bushya bugaragaza ko iyo bibaye kenshi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima. Abashakashatsi bavuga ko abantu bakuru bakunda kurota inzozi mbi nibura buri cyumweru bashobora kugira ibyago byinshi byo gupfa imburagihe ugereranyije n’abazirota gake. Ibi byagaragajwe n’ubushakashatsi bune bwakorewe muri Leta Zunze…

Soma inkuru yose

Kayonza: Abakora uburaya bavuga ko baburambiwe, basaba ubufasha bwo gutangira ubuzima bushya.

Bamwe mu bakora uburaya mu Karere ka Kayonza bavuga ko bamaze kurambirwa ubu buzima kubera ingaruka nyinshi bubakururira zirimo ihohoterwa, indwara, gutwara inda zitateganyijwe n’ubukene bukomeje kubabera imbogamizi yo kubuvamo. Mu buhamya bwabo, bavuga ko nubwo hari abinjiye muri ubu buzima kubera impamvu zitandukanye, bose bahuriza ku kuba butakibaha umusaruro kandi bubashyira mu kaga. Umwe…

Soma inkuru yose

Abaganga bakoze amateka babaga umwana akiri mu nda ya nyina

Mu ntambwe nshya yatewe mu buvuzi bw’abana bataravuka, abaganga bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika babaze umwana akiri mu nda ya nyina kugira ngo bakosore ikibazo gikomeye cyari cyugarije ubuzima bwe mbere y’uko avuka. Uyu mwana witwa Theo, ubu ufite amezi atanu y’amavuko, ameze neza nyuma y’iki gikorwa cy’ubuvuzi cyakozwe nyina, Maisie Savage, ukomoka…

Soma inkuru yose

WHO Yaburiye Abanywa Inzoga: Ethanol Ishobora Guteza Indwara Zirenga 200

Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) bugaragaza ko ethanol, ikinyabutabire gisindisha kiboneka mu nzoga, ari kimwe mu bitera indwara nyinshi zidakira ndetse kigira uruhare mu rupfu rw’abantu barenga miliyoni 2.6 buri mwaka. Ibi bituma inzoga zikomeza kuba ikibazo gikomeye ku buzima rusange ku Isi. Nubwo inzoga zinyobwa n’abantu benshi mu rwego rw’imyidagaduro cyangwa…

Soma inkuru yose

Inkangu zibasiye u Bushinwa zisiga abantu 25 bahasize ubuzima.

Ibiro Ntaramakuru by’u Bushinwa, Xinhua, byatangaje kuri iki Cyumweru ko umubare w’abahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi mu Ntara ya Gansu ugeze ku bantu 25. Uyu mubare urenze kure uwari watangajwe mbere, aho amakuru ya mbere yavugaga ko abantu 10 ari bo bari bamaze gupfa nyuma y’imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Weiyuan, mu Mujyi wa…

Soma inkuru yose

Abazatangira muri TTC baziga imyaka itanu basohoke bafite A1

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko guhera mu mwaka w’amashuri wa 2026/2027, hazatangira gushyirwa mu bikorwa impinduka mu mashuri atoza abarimu bigisha mu mashuri abanza (TTC), aho abanyeshuri bazajya bamara imyaka itanu biga, barangize bahabwe impamyabumenyi ya A1. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Gatandatu cyagarutse ku ishusho…

Soma inkuru yose

Umwana wawe yamaze kubatwa na telefone? Dore uburyo 5 bwafasha umwana wawe kugabanya igihe amara kuri telefone

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gutera imbere ku muvuduko mwinshi, abana benshi batangiye gukoresha telefone zigezweho, mudasobwa na tablets kuva bakiri bato. Nubwo ibi bikoresho bibafasha kwiga, kuvugana n’abandi no kwidagadura, bishobora no kubagiraho ingaruka iyo bidakoreshejwe neza. Abahanga mu mitekerereze y’abana no mu ikoranabuhanga bavuga ko igisubizo atari ukwambura abana ibyo bikoresho, ahubwo ari ukubigisha…

Soma inkuru yose

Ese koko ubusirimu bukwiye kubuza umubyeyi konsa umwana we? Sobanukirwa!

Mu gihe isi ikomeje gushora imbaraga mu guteza imbere ubuzima bw’abana, haracyari bamwe mu babyeyi batonsa abana babo uko bikwiye kubera imyumvire itandukanye. Muri yo harimo abumva ko konsa bishobora kwangiza isura nziza y’amabere cyangwa bikabatesha ubwiza, bityo bagahitamo kutonsa cyangwa bakonsa igihe gito cyane. Abahanga mu buzima bavuga ko iyo myumvire idafite ishingiro, kuko…

Soma inkuru yose

Abanyarwanda basuzumisha ubuzima biyongereye bava kuri 45% bagera kuri 73,9%

Kuwa 30 Nyakanga 2026, Banki ya Kigali (BK) yatangije gahunda yiswe BK Wellness Festival 2026, igamije guteza imbere ubuzima bwiza bw’abakozi bayo n’Abanyarwanda muri rusange. Iyi gahunda igamije gushyigikira ingamba za Leta zo guteza imbere ubuzima no gukumira indwara, by’umwihariko indwara zitandura zikomeje kwiyongera mu Rwanda no ku Isi. Mu muhango wo kuyitangiza, Umuyobozi w’Ishami…

Soma inkuru yose

Kuki abashakanye batandukana? Dore impamvu zikunze gutuma urushako rusenyuka

Mu myaka ishize, ikibazo cy’ukwahukana kw’abashakanye gikomeje kuvugwaho cyane hirya no hino ku Isi. Nubwo hari ibihugu bikigaragaramo umubare muto w’abahukana, impuguke mu by’imibanire zigaragaza ko impamvu zitera gutandukana zisa ahantu henshi, kandi ko impinduka z’imibereho zatumye abantu bafata ibyemezo bitandukanye n’ibyari bisanzwe. Ubushakashatsi butandukanye bwerekana ko umubare w’ingo zisenyuka uterwa n’ibintu byinshi birimo ibibazo…

Soma inkuru yose

Ibintu bitanu ukwiye gukora kugira ngo ukomeze kubungabunga ubuzima bwiza bw’umwijima wawe

Ku wa 28 Nyakanga hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya Hepatite, hagamijwe gukangurira abantu kumenya iyi ndwara no gufata ingamba zo kuyirinda. Hepatite ni indwara yibasira umwijima, ishobora kuwangiza bikomeye ndetse ikaba yanatera kanseri y’umwijima iyo itavuwe kare. Uyu munsi wahariwe kandi kuzirikana uruhare rwa Dr. Baruch Blumberg, umuhanga wavumbuye virusi ya Hepatite B,…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho kwigishwa mu nzego z’umutekano

Perezida Paul Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho guhabwa umwanya mu mahugurwa ahabwa abasirikare n’abapolisi, agaragaza ko gukoresha neza ururimi rw’Igihugu ari imwe mu nkingi zo kubungabunga umuco n’indangagaciro z’Abanyarwanda. Yabitangaje kuri uyu wa 28 Nyakanga 2026 ubwo yaganiraga n’Intore 769 zigize icyiciro cya 16 cy’Indangamirwa, ziri gutozwa mu Kigo cy’Imyitozo cya Gabiro giherereye mu Karere…

Soma inkuru yose

Leta n’abikorera barimo guhuza imbaraga mu guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kubaka uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera burimo gufatwa nk’inkingi y’ingenzi izafasha kuzamura ireme ry’uburezi. Inzobere zivuga ko ikoranabuhanga rikwiye kuba igikoresho gifasha abarimu n’abanyeshuri, aho kuba ikibasimbura, kandi rigashyirwa mu mashuri nyuma yo gusuzumwa neza. Ibi byagarutsweho mu kiganiro Ed Tech Mondays gitambuka…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Umugabo afunzwe akekwaho kwica umugore bapfuye 2,000 Frw byo kunywera inzoga

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we bari bafitanye abana batatu, nyuma y’amakimbirane bivugwa ko yaturutse ku mafaranga 2,000 Frw yari yasabye umugore ngo ajye kunywera inzoga akayamwima.Ibi byabereye mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026, mu Mudugudu wa Mucaca, Akagari ka Kageyo, Umurenge wa Mukura, mu Karere…

Soma inkuru yose

Kuki abagore bari guhindura uburyo bakunda bitewe n’impinduka ziri mu rukundo rwo kuri internet? Sobanukirwa

Mu myaka ishize, uburyo abantu bahura bakubaka urukundo bwahindutse cyane bitewe n’iterambere ry’ikoranabuhanga. Imbuga nkoranyambaga n’izindi porogaramu zifasha abantu gushaka abakunzi byatumye benshi babona urukundo bitabagoye, ariko na none bizana ibibazo birimo kubeshywa, guhemukirwa no kubura icyizere. Muri urwo rwego, hagaragaye umugendo mushya witwa “Fémosphère”, uri gukurura abagore benshi cyane cyane mu Burayi no muri…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Tanzania mu biganiro byo kurushaho gushimangira umubano.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagiriye uruzinduko rw’akazi i Dar es Salaam muri Tanzania, aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we, Amb. Mahmoud Thabit Kombo, hagamijwe gukomeza guteza imbere umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi. Ibi biganiro byabaye ku Cyumweru, tariki ya 26 Nyakanga 2026, byitabirwa kandi n’Umuyobozi ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi…

Soma inkuru yose

Inkongi z’Imiriro Muri Espagne Zasize Abaturage Ibihumbi Bimuwe Mu Byabo

Madrid, Espagne – Abaturage ibihumbi bakomeje guhunga inkongi z’imiriro zikomeje kwibasira uduce twinshi twa Espagne, aho inzego z’ubutabazi zatangaje ko abantu 2,468 bamaze kwakirwa mu bigo 15 by’agateganyo byashyiriweho gufasha abimuwe mu ngo zabo. Ibi bigo byakira abaturage byubatswe cyane cyane mu nyubako z’imikino, aho bahabwa ibikenewe by’ibanze birimo amafunguro, ibikoresho by’isuku n’uburiri bwo kuraramo….

Soma inkuru yose

MINALOC yasabye abazategura ibirori kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yasabye abaturage bose bifuza gutegura ibirori mu ngo zabo kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo bubafashe kugenzura ko amafunguro n’ibinyobwa bizatangwa byujuje ubuziranenge, bityo hirindwe ibibazo bishobora gushyira ubuzima bw’ababyitabira mu kaga. Yabitangaje ku wa 25 Nyakanga 2026 ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Kamonyi mu Muganda…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Gitifu w’Umurenge wa Musebeya yatawe muri yombi akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba ihamagazwa ry’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa cyatanzwe n’umwe mu bayobozi b’utugari tugize uwo murenge. Amakuru avuga ko Nkurikiyimana yatawe muri yombi ku wa 24 Nyakanga 2026, nyuma yo kwitaba ihamagazwa rya kabiri rya RIB, ishami…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abajura batemye umucuruzi w’ingurube banamwambura amafaranga arenga miliyoni 1 Frw

Abagabo babiri bo mu Karere ka Nyamasheke batawe muri yombi bakekwaho gutema umucuruzi w’amatungo witwa Barutusanumwe Zacharie no kumwambura amafaranga arenga miliyoni 1 Frw yari avanye mu bucuruzi bw’ingurube. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Gasovu, Umurenge wa Karambi, mu ijoro ryo ku wa 24 Nyakanga 2026, ahagana saa munani z’ijoro. Amakuru avuga…

Soma inkuru yose

Inkongi z’Umuriro Zikomeje Guteza Icyoba mu Bufaransa na Espagne, Abaturage Ibihumbi Bimurwa

Abantu ibihumbi n’ibihumbi bamaze kwimurwa mu Bufaransa no muri Espagne nyuma y’aho inkongi z’umuriro zikomeye zikomeje gukwira mu buryo budasanzwe, zigatwika amashyamba, inzu n’ibikorwaremezo. Ubuyobozi bw’ibihugu byombi bwatangaje ko buri gukora ibishoboka byose kugira ngo burokore ubuzima bw’abaturage mu gihe ubushyuhe bukabije n’umuyaga bikomeje gukaza ikibazo. Mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bufaransa, ubuyobozi bwategetse ko abaturage…

Soma inkuru yose

Igwingira mu Ntara y’Iburengerazuba riracyari hejuru, Guverineri Ntibitura arasaba ubufatanye mu kurirwanya

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko ikibazo cy’igwingira gikomeje kwibasira abana bo muri iyi Ntara giterwa ahanini n’imirire mibi, ubukene, isuku n’isukura bidahagije ndetse n’ubumenyi buke ku mirire iboneye. Yasabye inzego zose n’abaturage guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo iki kibazo gihashywe burundu. Yabitangaje ku wa 23 Nyakanga 2026 i Karongi, mu nama nyunguranabitekerezo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwatangije ikoranabuhanga mu gutera intanga inka n’ingurube

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubworozi bukoresha ikoranabuhanga, Sosiyete KT Hub yamuritse uburyo bushya bwo gutera inka n’ingurube intanga hifashishijwe camera zifasha abaganga b’amatungo gusuzuma mbere y’uko intanga ziterwa, hagamijwe kugabanya ikibazo cy’intanga zidafata no kongera umusaruro mu bworozi. Iri koranabuhanga ryamuritswe ku wa 23 Nyakanga 2026, mu imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi ritegurwa na Minisiteri…

Soma inkuru yose

Vitiligo si uburozi cyangwa SIDA: Dore ukuri ku ndwara y’amabara ku ruhu n’uko ivurwa

Indwara y’amabara ku ruhu izwi nka Vitiligo ni imwe mu ndwara zikunze gutera impinduka ku ruhu, ariko igakomeza kwibasirwa n’imyumvire itari yo. Hari abayihuza no kunywa inzoga zikomeye, abandi bakavuga ko ari ikimenyetso cya SIDA cyangwa uburozi, nyamara abaganga bavuga ko ibyo byose nta shingiro bifite. Nubwo Vitiligo idashyira ubuzima bw’umuntu mu kaga nk’izindi ndwara…

Soma inkuru yose

Umumaro wo Guhoberana: Isomo Twigiye ku Nkende

Abashakashatsi bagaragaje ko gukabakabana ku mibiri no guhoberana mu nkende bishobora kuba bifasha mu kubaka umubano mwiza, ukwizerana no gukorera hamwe mu matsinda. Mu bushakashatsi bwakozwe, abashakashatsi bakurikiranye imyitwarire y’inkende mu gihe cy’iminota itanu mbere y’uko zihabwa ibiryo. Izo nkende zari zisanzwe zizi ko ibiryo bigiye kubageraho. Abashakashatsi barebye inshuro inkende zagaragazaga imyitwarire yo guhumurizanya…

Soma inkuru yose