RCS yahakanye indwara y’Iseru mu Igororero rya Nyarugenge

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda RCS rwanyomoje amakuru yavugaga ko mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere haba haragaragaye indwara y’Iseru. RCS ivuga ko ayo makuru atari yo, igasaba abantu kutagira impungenge, kuko nta murwayi w’iseru ubarizwa muri iryo gororero ndetse no mu bindi bigo by’igorora hirya no hino mu gihugu. Ubuyobozi bwa RCS bwagize…

Soma inkuru yose

Hantavirus: Indwara yandurira ku mbeba ikomeje guteza impungenge ku Isi

Indwara ya Hantavirus ikomeje kuvugisha benshi nyuma y’aho igaragariye mu bwato bwari buri mu rugendo mu Nyanja ya Atlantic, abantu bamwe bakayandura ndetse bamwe muri bo bakahasiga ubuzima. Nubwo kugeza ubu mu Rwanda nta muntu urayigaragaraho, inzego z’ubuzima zatangiye gukaza ingamba zo kuyikumira no gukurikirana uko ihagaze ku rwego mpuzamahanga. Hantavirus ni iki? Hantavirus ni…

Soma inkuru yose

Pome: Urubuto rufasha umubiri guhangana n’indwara

Muri iki gihe isi yugarijwe n’indwara zitandukanye zirimo iz’umutima, diyabete n’umubyibuho ukabije, abahanga mu by’ubuzima bakomeje gushishikariza abantu kurya imbuto n’imboga kugira ngo babungabunge ubuzima bwabo. Mu mbuto zifite akamaro kanini harimo pome, urubuto rukungahaye kuri vitamini C, fibres na antioxidants bifasha umubiri gukora neza. Ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko kurya pome buri gihe bishobora gufasha…

Soma inkuru yose

OMS Yatangaje ko Icyorezo cya Ebola muri RDC Giteye Impungenge ku Isi

Ebola yongeye gukaza umurego muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (OMS/WHO), ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyibasiye intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Democratic Republic of the Congo ari ikibazo gikomeye cy’ubuzima ku rwego mpuzamahanga. OMS yavuze ko kugeza ubu habaruwe abantu bagera kuri 246 bakekwaho…

Soma inkuru yose

Musanze: hari kubakwa ikimoteri kigezweho kizatunganya imyanda ikabyazwa ifumbire n’ibicanwa

Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC Group), ku bufatanye n’Akarere ka Musanze, bari kubaka ikimoteri kigezweho kizajya gitunganya imyanda itandukanye ikomoka mu ngo n’ikorwa n’abaturage, ikabyazwa ifumbire n’ibicanwa bya Briquet. Iki kimoteri kiri kubakwa mu Murenge wa Gacaca ku buso bwa hegitari 6,8, kikazuzura gitwaye miliyari 4,5 Frw. Imirimo yo kucyubaka yatangiye mu 2024, ikaba…

Soma inkuru yose

Imyemerere nayo igena igihe umuntu azamara ku isi

Mu gihe hari abatekereza ko ubuzima bwiza bushingira gusa ku biribwa byiza, imiti cyangwa amafaranga. Nyamara, ubushakashatsi butandukanye bukomeje kwerekana ko uburyo umuntu yitekerezamo ndetse n’imyemerere agira ku buzima bwe bishobora kugira uruhare runini ku mibereho ye no ku gihe ashobora kumara ku isi. Iyo umuntu ahora yibwira ko adashoboye cyangwa ko nta cyiza cyamubaho,…

Soma inkuru yose

Ibintu by’ingenzi wakora igihe wumva ufite umunaniro ukabije

Umunaniro ni ibintu bisanzwe ku muntu wakoze cyane, yaba mu kazi k’umubiri cyangwa mu bitekerezo. Gusa hari igihe umunaniro urenga urugero, ukagira ingaruka ku buzima bwa buri munsi ndetse umuntu akabura uko awutandukanya n’indwara. Nubwo kuruhuka ari cyo gisubizo cya mbere, hari n’izindi ngamba zafasha umubiri kongera imbaraga no guhangana n’iki kibazo. Kuruhuka bihagije ni…

Soma inkuru yose

Abarenga 3,500 basoje ikiciro cya Kaminuza muri RP

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira ko guteza imbere amashuri ya tekiniki n’ay’imyuga bikomeje gushyirwa imbere, mu rwego rwo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi n’ubumenyingiro. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri barangije muri Rwanda Polytechnic, wabaye ku nshuro ya cyenda ku wa 14 Gicurasi 2026. Abanyeahuri basabwe gukoresha…

Soma inkuru yose

Akamaro ko Kunywa Amazi Mu Buzima bwa Buri Munsi.

Amazi: Inkingi y’Ubuzima bwa Muntu. Amazi ni kimwe mu bintu by’ingenzi umubiri w’umuntu ukenera kugira ngo ukore neza buri munsi. Abahanga mu buzima bagaragaza ko umubiri w’umuntu ugizwe n’amazi ku kigero kiri hagati ya 50% na 70%, bitewe n’imyaka, igitsina ndetse n’imiterere y’umubiri. Ibi bivuze ko amazi afite uruhare runini mu mikorere y’ingingo zose z’umubiri…

Soma inkuru yose

Impamvu Abaganga Bashishikariza Abantu Gukora Imyitozo Ngororamubiri .

Ubuzima bwa benshi buri guhinduka bitewe nakazi dukora umunsi ku munsi. Muri iki gihe isi iragenda ihinduka cyane, aho abantu benshi bamara amasaha menshi bicaye ku kazi, imbere ya mudasobwa cyangwa telefone, ibintu abahanga bavuga ko biri mu bituma indwara zitandura ziyongera umunsi ku wundi. Abaganga n’inzobere mu buzima bagaragaza ko gukora imyitozo ngororamubiri ari…

Soma inkuru yose

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha byatumye Ubushinjacyaha bumusabira gufungwa imyaka itanu

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha aregwa birimo gutangaza amakuru y’ibihuha no gutukana mu ruhame, nyuma y’uko Ubushinjacyaha bumusabiye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw. Uru rubanza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 14 Gicurasi 2026, aho areganwa n’umushoramari Ndayisenga Materne umushinja kumwangiriza izina binyuze mu nkuru yatambutse kuri BTN TV mu…

Soma inkuru yose

Aegis Trust yahuguye abarenga 6000 ku burezi bwimakaza amahoro mu Rwanda

Umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya Jenoside no kubaka amahoro ku Isi, Aegis Trust, watangaje ko mu myaka ine ishize wahuguye abarenga 6000 barimo abarimu, urubyiruko, abarezi, abashakashatsi n’abafata ibyemezo ku buryo bwo gutanga uburezi n’uburere bwimakaza amahoro n’ubumwe mu Rwanda. Ibi byatangajwe ku wa 13 Gicurasi 2026, mu muhango wabereye ku Kigali Genocide Memorial, aho hasozwaga…

Soma inkuru yose

Umunyarwenya Nyaxo yaguriye ibikorwa bye mu bucuruzi

Kanyabugande Olivier uzwi nka Nyaxo mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda, yatangiye ibikorwa by’ubucuruzi nyuma y’igihe kinini akora umwuga wo gusetsa no gukina filime. Uyu munyarwenya ukunzwe cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, yinjiye mu rwego rw’ubucuruzi bwo kwakira abantu aho yatangije serivisi zirimo akabari, restaurant, amacumbi, sauna ndetse na massage mu Mujyi wa Kigali. Avuga ko sinema…

Soma inkuru yose

Ise: Indwara y’uruhu ifata benshi ariko ikaba ivurwa igakira

Indwara y’ise ni imwe mu ndwara z’uruhu zikunze kwibasira abantu benshi, cyane cyane ahantu hashyuha cyangwa ku bantu bakunda kubira ibyuya byinshi. Nubwo bamwe bayitiranya n’izindi ndwara z’uruhu, ise iterwa n’agakoko ko mu bwoko bw’imiyege (fungi) gashobora kwiyongera ku ruhu kakarutera guhindura ibara. Ise ni iki? Ise ni indwara y’uruhu iterwa n’udukoko duto twitwa Malassezia…

Soma inkuru yose

Impamvu Isi Ikomeje Gushyuha Buri Munsi.

Isi iri gushyuha kurusha uko byari bisanzwe. Mu myaka ishize, isi yakomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’ihindagurika ry’ikirere. Ubushyuhe bukomeje kwiyongera, amapfa akaza kenshi, imyuzure ikangiza ibikorwa remezo ndetse n’inkubi z’umuyaga zikaba nyinshi kurusha mbere. Abashakashatsi bavuga ko ibi atari ibintu bisanzwe, ahubwo ko bifitanye isano n’ibikorwa by’ikiremwamuntu. Icyo ubushakashatsi bwerekana. Raporo zitandukanye zakozwe n’itsinda mpuzamahanga…

Soma inkuru yose

Menya indwara zitandukanye zifata ‘Prostate’ n’uburyo wakwirinda

Iyo havuzwe ijambo “Prostate”, abantu benshi bahita batekereza kanseri, nyamara abaganga bavuga ko kanseri ari imwe gusa mu ndwara nyinshi zishobora gufata uru rugingo rw’umubiri w’umugabo. Prostate ni urugingo rujyanye n’imyororokere y’abagabo, ruherereye munsi y’uruhago rw’inkari. Rukora amatembabuzi afasha intangangabo kubaho no gukora neza. Abahanga mu buvuzi bavuga ko uko umugabo agenda akura, ari na…

Soma inkuru yose

Menya Impamvu Ushobora Kumva Ushaka Kuruma Cyangwa Gukanda Umuntu Ukunda

Hari igihe umuntu areba uwo akunda cyane, yaba umukunzi, umwana cyangwa inshuti ye, akumva ashaka kumuhobera cyane, kumuruma buhoro cyangwa kumukanda amatama. Nubwo bamwe babyibazaho, abahanga bavuga ko ibi ari ibintu bisanzwe biterwa n’imikorere y’ubwonko. Iyi myitwarire izwi muri siyansi nka “cute aggression” cyangwa “dimorphous expression.” Abashakashatsi bavuga ko ibaho igihe umuntu afite ibyishimo cyangwa…

Soma inkuru yose

Impamvu zituma umuntu ahorana stress atazi impamvu yazo

Hari abantu benshi bavuga ko bahorana guhangayika cyangwa stress, nyamara iyo ubabajije ikibazo kibibatera bakabura icyo bavuga. Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko stress itava gusa ku bibazo bikomeye umuntu aba ahanganye na byo, ahubwo ishobora guterwa n’imibereho ya buri munsi, uburyo umuntu atekereza, ndetse n’imihindagurikire y’ubuzima. Guhora utekereza cyane Imwe mu mpamvu zikunze…

Soma inkuru yose

Ibitabo byinshi birimo kuborera mu bubiko mu gihe amashuri amwe akibura ibyo kwigishirizamo

Raporo nshya y’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ibibazo bikomeje kugaragara mu micungire y’ibitabo by’amasomo mu mashuri yo mu Rwanda, aho ibitabo byinshi biguma mu bubiko igihe kirekire mu gihe hari amashuri avuga ko adafite ibikoresho bihagije byo kwifashisha mu myigishirize. Iyi raporo igaragaza ko nubwo Leta yashoye amafaranga menshi mu kugura ibitabo byagenewe…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwakajije ingamba zo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima

Mu gihe isi yose ikomeje guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’iyangirika ry’ibidukikije, u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu bikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije. Buri mwaka ku wa 05 Kamena, isi yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, aho u Rwanda na rwo rwifatanya n’ibindi bihugu mu bikorwa byo gukangurira abaturage kurushaho kwita ku bidukikije. Uruhare…

Soma inkuru yose

Abahanga baraburira ababyeyi ku ngaruka z’isukari nyinshi ku bana

Mu gihe abana benshi bakomeje gukunda ibiryo n’ibinyobwa birimo isukari nyinshi, inzobere mu by’imirire n’ubuzima ziravuga ko gukabiriza isukari bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwabo, zirimo indwara z’umwijima, diyabete, umubyibuho ukabije ndetse n’ibibazo by’imikorere y’ubwonko. Abahanga bavuga ko nubwo isukari ikenerwa n’umubiri mu rugero runaka, kuyikoresha bikabije cyane cyane ku bana bishobora guteza ibibazo…

Soma inkuru yose

Amateka n’ukuri ku muhango wo guterekera mu muco nyarwanda

Mu Rwanda rwo hambere, umuhango wo guterekera wari umwe mu mihango gakondo yifashishwaga mu kuzirikana abakurambere no kwibuka ibikorwa by’indashyikirwa bakoze bakiriho. Nubwo uko imyaka yagiye ishira indi igataha hari abantu batangiye kuwufata nk’igikorwa gifitanye isano no gusenga ibigirwamana, bamwe mu bashakashatsi b’umuco bavuga ko guterekera atari ukwiyambaza abazimu, ahubwo ko byari uburyo bwo guha…

Soma inkuru yose

Abasore batihutira kujya mu rukundo bakiri bato baba bafite amahirwe yo kuzashaka neza

Mu gihe urubyiruko rw’iki gihe rukunze gushyirwa ku gitutu cyo gushaka abakunzi hakiri kare, hari ibitekerezo biri gukwirakwira mu biganiro by’imibereho n’imbuga nkoranyambaga bivuga ko abasore bamara igihe kinini badafite abakunzi bakiri bato baba bashobora kuzagira amahirwe menshi yo kuzubaka urukundo rufite icyerekezo igihe bakuze. Icyo ubusesenguzi buvuga Abasesenguzi bamwe mu bijyanye n’imibanire bavuga ko…

Soma inkuru yose

OMS yashyize hanze imibare igaragaza uko kanseri yica abana benshi mu bihugu bikennye.

Mu rwego rw’inshingano zayo zo gukurikirana uko kanseri y’abana ihagaze ku Isi, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryakoze ku nshuro ya mbere imibare igaragaza amahirwe yo kurokoka ku bana bafite kanseri. Iyo mibare igereranya ibihugu byose igaragaza ijanisha ry’abana bafite imyaka 0 kugeza kuri 14 n’ingimbi n’abangavu bafite imyaka 15 kugeza kuri 19…

Soma inkuru yose

RAB yatangiye gukurikirana abaveterineri bakingira ikibaba abarya amatungo yipfushije

Rwanda Agriculture and Animal Resources Development Board (RAB) yatangaje ko igiye gufatira ibihano bikomeye abaveterineri bagira uruhare mu gushuka abaturage cyangwa kubakingira ikibaba bakarya amatungo yipfushije, ibintu bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Ibi byagarutsweho ku wa 8 Gicurasi 2026, ubwo i Kigali hasozwaga amahugurwa y’iminsi itatu yahuje abaveterineri 98 baturutse mu turere twose tw’u…

Soma inkuru yose

Viagra Ishobora Kugabanya Ibyago bya Glaucoma Itera Ubuhumyi

Ubushakashatsi bushya bwakozwe na University of Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko imiti yifashishwa mu kongera akanyabugabo, nka Viagra, ishobora kugira uruhare mu kurinda abagabo indwara ya glaucoma ishobora gutera ubuhumyi. Abashakashatsi bakurikiranye abagabo ibihumbi 74 bafite imyaka irenga 40 mu gihe cy’imyaka itatu. Muri bo, abarenga ibihumbi 41 bakoreshaga iyi miti…

Soma inkuru yose

Kuki kunywa amazi bihabwa agaciro gake kandi ari yo nkingi y’ubuzima?

Amazi ni cyo kinyobwa cya mbere gifasha ubuzima bw’umuntu gukomeza gukora neza, ariko abantu benshi bayafata nk’ikintu gisanzwe. Hari abamara amasaha menshi cyangwa umunsi wose batanywa amazi ahagije, bamwe bakavuga basetsa ko bazayanywa “barohamye gusa”, nyamara umubiri w’umuntu ubaho kubera amazi. Abahanga mu buzima bavuga ko hagati ya 55% na 60% by’umubiri w’umuntu mukuru bigizwe…

Soma inkuru yose

Menya amateka y’Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umubyeyi

Buri mwaka mu cyumweru cya kabiri cya Gicurasi, ibihugu byinshi ku Isi byizihiza Mother’s Day, umunsi wahariwe gushimira no guha icyubahiro ababyeyi kubera uruhare rukomeye bagira mu buzima bw’imiryango n’iterambere ry’umuryango mugari. Uyu munsi wizihizwa cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bihugu byinshi byo ku Isi, aho abantu bafata umwanya…

Soma inkuru yose

Batatu bamaze guhitanwa na Hantavirus yagaragaye mu bwato bw’ubukerarugendo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (WHO), ryakajije ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Hantavirus cyagaragaye ku bwato bunini butwara ba mukerarugendo bwa MV Hondius, nyuma y’uko abantu umunani bakekwaho kwandura, batatu muri bo bakaba bamaze kwitaba Imana. Iki cyorezo cyateje impungenge kubera ko cyatewe n’ubwoko bwa virusi bwa Andes virus, buzwiho kuba…

Soma inkuru yose

Ibyafasha igitsina gore kongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina

Ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bigira uruhare mu mubano mwiza hagati y’abashakanye. Bityo iyo ubu bushake bugabanutse, bishobora gutera impungenge cyangwa kutumvikana hagati y’abakundana. Abahanga mu buzima bagaragaza ko kugabanuka k’ubushake ku bagore akenshi bidaterwa gusa n’impamvu z’umubiri, ahubwo ko bishobora guterwa n’ubuzima bwa buri munsi, imitekerereze cyangwa ibibazo byo mu muryango….

Soma inkuru yose

Uko wagabanya n’uko wakirinda ikirungurira mu buryo bworoshye

Indwara y’ikirungurira ni ikibazo gikunze kubangamira abantu benshi, cyane cyane nyuma yo kurya cyangwa igihe baryamye. Akenshi umuntu yumva ibintu bishyushye cyangwa bisharira bizamuka mu muhogo, rimwe na rimwe bikamurya mu gatuza cyangwa bikamutera kutamererwa neza. Abaganga bavuga ko ikirungurira giterwa n’uko aside yo mu gifu izamuka ikagera mu muhogo, ibintu bizwi nka acid reflux….

Soma inkuru yose

Urukingo rwa Malaria rwagabanyije impfu z’abana muri Afurika – Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya kandi bwizewe bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi cya The Lancet, bwemeje ko urukingo rwa Malaria rwa RTS,S rwagize uruhare rukomeye mu kugabanya impfu z’abana mu bihugu bya mbere byatangiye kurutanga muri Afurika. Mu gihe cy’imyaka ine, ubushakashatsi bwagaragaje ko nibura umwana umwe mu bana umunani bapfaga bazize Malaria yarokowe mu bana bari…

Soma inkuru yose

Uburyo bwo kwipima inda ukoresheje ibikoresho byo mu rugo: Ese birizewe?

Hari abantu benshi bakoresha uburyo bwabo bwihariye mu rugo bashaka kumenya niba batwite mbere yo kujya kwa muganga cyangwa gukoresha ‘test de grossesse’. Aho bamwe bifashisha ibikoresho bisanzwe birimo umuti w’amenyo, isukari, isabune cyangwa vinaigre, bavuga ko bishobora kubereka niba batwite. Gusa abaganga n’inzobere mu buzima bagaragaza ko ubu buryo budafite gihamya ya siyansi ibwemeza,…

Soma inkuru yose

Ikihishe Inyuma y’Ubwiyongere bw’Abiyahura

Kwamamaza kw’ikoranabuhanga, ubuzima buhenze, kwigunga, ibibazo by’ubukungu n’ihungabana ryo mu mutwe biri mu bikomeje gushyira benshi mu mwijima wo kwiheba. Mu gihe abantu benshi bakomeza guceceka ku bibazo bibaremereye, imibare mishya yerekana ko ikibazo cyo kwiyahura gikomeje gufata indi ntera ku Isi yose, cyane cyane mu rubyiruko. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health…

Soma inkuru yose

Kaminuza zo muri Afurika zikomeje kuyoboka AI, iza Leta ziri imbere mu kuyikoresha

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (AI) muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko kaminuza za Leta ari zo zikomeje gukoresha iri koranabuhanga ku rwego rwo hejuru kurusha iza private, cyane cyane mu bikorwa byo kwigisha no kuyobora ibigo. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byatangajwe mu nama ya ELITE Africa Workshop, yahuje ibigo bitandukanye by’amashuri makuru…

Soma inkuru yose

Harimo Imijyi ine yo muri Afrika! Urutonde rw’imijyi 50 myiza ku Isi yo gusura muri 2026-2050.

Urutonde rw’imijyi 50 myiza yo gusura ku Isi mu mwaka wa 2026 rwatangajwe, u Bwongereza bukaba bwagaragaje ko bufite imijyi ihagaze neza muri uru rutonde, mu gihe umugane wa Afrika uhagarariwe n’imijyi ine gusa. Uru rutonde rwakozwe n’ikinyamakuru Time Out gifatanyije na sosiyete ikora ibijyanye n’ingendo yitwa Intrepid Travel, mu bushakashatsi bwiswe “Best Cities of…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa ibimenyetso simusiga byakwereka ko uri kugira isukari nyinshi mu mubiri

Isukari ni kimwe mu bintu umubiri ukenera kugira ngo ubashe kubona imbaraga no gukora neza. Iboneka mu biribwa byinshi birimo imbuto, ibinyampeke, imitobe ndetse n’ibindi biribwa bitunganyirizwa mu nganda. Nubwo isukari ari ingenzi, kuyirya mu buryo bukabije bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu. Mu myaka yashize, abahanga mu by’imirire n’ubuzima bakomeje kugaragaza ko abantu…

Soma inkuru yose

Abashakanye baba bafite ibyago byinshi byo kurwara ‘Dementia’ kurusha ingaragu

Mu gihe abantu benshi bafata gushaka nk’intambwe ifasha umuntu kugira ubuzima bwiza no kubaho igihe kirekire, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko hari aho gushyingiranwa bishobora no kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, cyane cyane ku ndwara yo kwibagirwa izwi nka Dementia. Ubwo bushakashatsi bwakozwe na Florida State University College of Medicine, bwagaragaje ko abantu bashakanye…

Soma inkuru yose

Dore ingaruka ushobora guhura na zo mu gihe wirengagije gusinzira bihagije

Gusinzira ni kimwe mu bintu abantu benshi badaha agaciro cyane, nyamara ni ingenzi nk’uko kurya no kunywa amazi ari ingenzi ku mubiri. Hari abantu bakunda kuvuga bati “kuryama si akazi”, abandi bakajya bamara amajoro bareba filimi, bakora akazi cyangwa bari ku mbuga nkoranyambaga, bibwira ko gusinzira atari ikibazo gikomeye. Ariko se byagenda bite uramutse uretse…

Soma inkuru yose

Sex toys” mu nzira zo gusimbura abantu mu buriri?

Isi irimo kwinjira mu gihe cy’impinduramatwara mu myumvire ku mibIsionano mpuzabitsina, aho ibikoresho byifashishwa mu gushimisha mu buryo bw’ibanga bizwi nka ‘sex toys’ biri kugenda byifashishwa na benshi, by’umwihariko urubyiruko, abagore n’abagabo batandukanye. Ntabwo naje gukangurira abantu kubikoresha munyumve neza, ahubwo ni uko akariho kavugwa! Ubusanzwe, ibi bikoresho byari bimenyerewe cyane mu bihugu byateye imbere…

Soma inkuru yose