Nyamagabe: Abantu 5 bakekwaho ubujura bw’amatungo, imyaka no gutega abaturage batawe muri yombi
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yafashe abagabo batanu bakekwaho ibikorwa bitandukanye by’ubujura byari bimaze igihe biteza umutekano muke mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyamagabe. Aba bagabo bafashwe ku wa 16 Kamena 2026 mu Murenge wa Kibirizi, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bafatanyije n’inzego z’umutekano mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha. Bakekwaho…
