Lance Mickels ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere muri UEFA Champions League

Rutahizamu mpuzamahanga w’Umunyarwanda, Joy-Lance Mickels, ntiyahiriwe n’umukino we wa mbere muri UEFA Champions League, nyuma y’uko ikipe ye ya Sabah FC itsinzwe na Manchester United ibitego 4-0. Nk’uko IGIHE ibitangaza, mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 10 Nzeri 2026, ni bwo Joy-Lance Mickels yageze ku nzozi ze zo gukina muri UEFA Champions League…

Soma inkuru yose

Julián Álvarez yanze kujya ahandi, ategereje Barcelona

Rutahizamu wa Atlético Madrid, Julián Álvarez, yafashe icyemezo cyo gukomeza kuguma muri iyi kipe, nyuma y’uko gahunda yo kujya muri FC Barcelona idakunze. Amakuru avuga ko Álvarez yari yiteguye kuva muri Atlético Madrid, ariko akaba yarafunze imiryango ku makipe yose yashakaga kumusinyisha muri iyi mpeshyi, arimo Arsenal. Uyu Munya-Argentina ngo yari yemeye gusa amahirwe yo…

Soma inkuru yose

Rutahizamu w’umunyarwanda Noam Emeran yatandukanye na FC Gorningen.

Amakuru dukesha Isimbi TV avuga ko rutahizamu w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya FC Groningen mu cyiciro cya mbere mu Buholandi, Emeran Noam yamaze gutandukana n’iyi kipe yari amazemo imyaka itatu. Noam Emeran uheruka kwemera gukinira u Rwanda, yageze muri iyi kipe 2023 avuye muri Manchester United aho yakiniraga abato bayo.Ntabwo yahiriwe muri iyi kipe kuko yaranzwe…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yanenze imyemerere y’amarozi muri ruhago y’u Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko imyemerere ijyanye n’amarozi, kuraguza n’indi myitwarire idakwiye biri mu bibazo bikibangamira iterambere rya ruhago y’u Rwanda. Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa 24 Kanama 2026, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, ubwo yasubizaga ku bibazo bikibangamiye iterambere rya siporo mu Rwanda. Nk’uko Umuseke wabigaragaje, Perezida Kagame yavuze ko…

Soma inkuru yose

Manzi Thierry yatandukanye na Al Ahli Tripoli nyuma y’imyaka itatu

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Manzi Thierry, yatandukanye na Al Ahli Tripoli yo muri Libya nyuma y’uko impande zombi zumvikanye ku iseswa ry’amasezerano. Nk’uko UkweliTime yabitangaje, Al Ahli Tripoli ku wa Gatatu, tariki ya 19 Kanama 2026, yatangaje ko urugendo rwa Manzi muri iyi kipe rurangiye, nyuma y’imyaka irenga itatu yari amaze ayikinira. Uyu myugariro w’imyaka…

Soma inkuru yose

Partrick Vieira yagizwe Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Senegal.

Patrick Vieira yagizwe umutoza mushya wa Sénégal, asabwa kugarura icyizere no guhangana n’ibibazo bishya. Patrick Vieira ni umwe mu bakinnyi bakomeye bigeze gukinira Arsenal n’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, yagizwe umutoza mukuru wa Sénégal, asimbura Pape Thiaw wavanywe ku mirimo nyuma yo gusezererwa muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026.  Vieira yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki…

Soma inkuru yose

FERWAFA Yemeje Amakipe Ane Azahatana muri Super Cup 2026

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje amakipe ane azitabira irushanwa rya Super Cup 2026, rizahuza amakipe akomeye yitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2025/2026. Nk’uko byatangajwe na FERWAFA, amakipe yemerewe kwitabira iri rushanwa ni APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu Sports. Icyakora, APR FC yasabye kutaryitabira, bityo umwanya wayo uhabwa Mukura Victory…

Soma inkuru yose

Rayon Sports yaguze Elie Mokono, umukinnyi mushya w’Umurundi

Rayon Sports yatangaje ko yungutse umukinnyi mushya, Elie “Eldihno” Mokono, ukina hagati mu kibuga kandi akaba ari umwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Burundi. Iyi kipe y’i Nyarugenge yatangaje aya makuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kanama 2026, mu gihe ikomeje kwitegura umwaka mushya w’imikino wa 2026/27, aho izitabira imikino…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi bugaragaza ko kugira amatako manini birinda ibyago byo gupfa.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu barenga miliyoni 2.5, bwagaragaje ko uko umuzenguruko w’ibibero wiyongera, ari na ko ibyago byo gupfa ku mpamvu zitandukanye bigabanuka. Abashakashatsi basanze kongera umuzenguruko w’ibibero ho santimetero 5 bifitanye isano no kugabanuka kwa 18% kw’ibyago byo gupfa. Ku bijyanye n’amatako, kongera umuzenguruko ho santimetero 10 byari bifitanye isano no kugabanuka kwa 10% kw’ibyago byo gupfa. Ibi byagaragajwe…

Soma inkuru yose

Amagaju FC yongeye gukaza izamu, isinyisha Sebwato

Nicholas Sebwato yamaze kwerekeza mu Amagaju FC nyuma yo gusinya amasezerano y’umwaka umwe, asoza urugendo rw’imyaka itanu yari amaze akinira Mukura Victory Sports. Uyu munyezamu wari umwe mu bakinnyi b’inararibonye ba Mukura VS, yasinye aya masezerano mu rwego rwo kongerera imbaraga Amagaju FC mu kwitegura umwaka w’imikino wa 2026/2027. Biteganyijwe ko azazana ubunararibonye bwe mu…

Soma inkuru yose

Umusifuzi wahize abandi muri Afurika azasifura umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA) yatangaje ko umusifuzi mpuzamahanga wo muri Somalia, Omar Abdulkadir Artan, ari we uzayobora umukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 riri kubera i Kigali. Artan ni umwe mu basifuzi bafite izina rikomeye ku Mugabane wa Afurika, aho mu 2025 yahawe igihembo cy’umusifuzi mwiza wa…

Soma inkuru yose

Taleb wa APR FC yavuze ko batsinzwe ariko batazacika intege, ashimangira ko bagiye gukosora amakosa

Nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia ibitego 5-0 mu mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup 2026, umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yatangaje ko iryo tsindwa rikomeye ritagomba gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko ikipe ye ari intege nke, ahubwo ko ryaturutse ku makosa agomba gukosorwa mbere y’imikino ikurikira. APR FC iri mu rugendo rwo gushaka kwisubiza…

Soma inkuru yose

Iminota 120 isize Espagne yanditse amateka mashya ku Isi

Ikipe y’Igihugu ya Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico, nyuma yo gutsinda Argentine igitego 1-0 cyatsinzwe na Ferran Torres mu minota y’inyongera, ku mukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru. Uyu mukino waranzwe n’ihangana rikomeye, kuko iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Gusa…

Soma inkuru yose

FIFA Yemeje ko Ikiruhuko cy’Umukino wa Nyuma w’Igikombe cy’Isi Kitazarenza Iminota 17

FIFA yemeje ko ikiruhuko cy’igice cya mbere cy’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 uzahuza Argentina na Espagne kizamara iminota 17 gusa, inyomoza amakuru yari amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko cyari kuzagera ku minota 30. Uyu mukino utegerejwe n’abakunzi ba ruhago ku Isi yose uzabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ukaba…

Soma inkuru yose

Police yo muri Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku rupfu rwa Jayden Adams.

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangaje ko yatangiye iperereza ku rupfu rw’umukinnyi w’umupira w’amaguru Jayden Adams, wapfuye afite imyaka 25, nyuma y’igihe gito avuye mu Gikombe cy’Isi cya 2026 yakiniye ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo, Bafana Bafana. Umurambo wa Adams wabonetse mu rugo ruherereye mu gace ka Schotsche Kloof mu mujyi wa Cape Town. Polisi…

Soma inkuru yose

Argentina yasezereye u Bwongereza igera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu ya Argentina yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 mu mukino wa ½ wabaye ku wa 15 Nyakanga 2026. Uyu mukino wari utegerejwe na benshi kubera amateka akomeye ari hagati y’ibi bihugu byombi mu marushanwa mpuzamahanga. U Bwongereza bwatangiye neza, bubona igitego cya mbere…

Soma inkuru yose

Argentina isezereye u Bwongereza igera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ikipe y’igihugu ya Argentina yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 mu mukino wa 1/2 wabereye muri Atlanta, ikomeza urugendo rwo gushaka kwisubiza igikombe. Uyu mukino watangiye amakipe yombi atangirana imbaraga asatira, ariko igice cya mbere kirangira ari ubusa ku busa. Mu gice cya kabiri, u…

Soma inkuru yose

Minisitiri Mukazayire yavuze icyihutirwa mu kubaka Amavubi akomeye

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko imwe mu ntego z’ibanze Minisiteri ayoboye yihaye ari ukubaka ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, ishobora guhatana ku rwego mpuzamahanga no kongera kwitabira amarushanwa akomeye. Yabigarutseho ku wa Kabiri mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, cyagarutse ku isesengura ry’umwaka w’imikino ushize, ibyagezweho ndetse n’ibiteganyijwe mu bihe biri imbere. Mukazayire yavuze ko…

Soma inkuru yose

Ikipe ya Aston Villa igiye Kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri “Visit Rwanda”.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2026 , Ikipe ya Aston Villa yo mu Bwongereza ikina muri Premier League yatangaje ubufatanye bushya n’u Rwanda, muri gahunda ya “Visit Rwanda” igiye kuba umwe mu baterankunga bayo hagamijwe kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda. Muri ubu bufatanye, ikirango cya Visit Rwanda kizajya kigaragara mu gatuza k’imyambaro Aston Villa…

Soma inkuru yose

Visit Rwanda yatangiye ubufatanye bushya na Aston Villa nyuma yo gusoza amasezerano na Arsenal

Visit Rwanda yinjiye mu masezerano mashya y’ubufatanye n’ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza (Premier League), aho ikirango cyayo kizajya kigaragara ku gituza cy’umwambaro w’iyi kipe. Aya masezerano aje nyuma y’uko ubufatanye Visit Rwanda yari imaze imyaka umunani ifitanye na Arsenal burangiye hasozwa umwaka w’imikino wa 2025-2026. Mu rwego rwo gukomeza…

Soma inkuru yose

RURAGERETSE HAGATI YA MBAPPÉ N’UMUSENATERI WO MURI PARAGUAY NYUMA Y’AMAGAMBO Y’IVANGURA.

Amakimbirane hagati ya rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, na senateri wa Paraguay Celeste Amarilla bwafashe indi ntera. Ni nyuma y’uko uwo munyapolitiki atangaje amagambo yafashwe nk’irondaruhu akurikiye isezererwa rya Paraguay n’u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi cya 2026.  Nyuma y’umukino warangiye u Bufaransa butsinze Paraguay igitego 1-0, kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026, Amarilla yanditse…

Soma inkuru yose

FIFA iri mu majwi nyuma y’uko u Bwongereza n’u Bufaransa bikurikiye icyemezo cyafashwe na Amerika.

Icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Folarin Balogun gukina umukino wa 1/8 wahuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bubiligi cyakomeje guteza impaka mu ruhando rw’umupira w’amaguru, aho ibihugu bimwe byatangiye gusaba ko ibihano byahawe abakinnyi babyo na byo byasubirwamo. Balogun yari yahawe ikarita itukura mu mukino Amerika yakinnye na Bosnie & Herzégovine, bituma byari biteganyijwe…

Soma inkuru yose

Neymar Jr yasezeye umupira w’amaguru, nyuma yo gutsindwa na Norway 2-1.

Nyuma y’imyaka isaga 15 ari umwe mu bakinnyi b’ikirangirire ku isi, Neymar Jr yatangaje ko asezeye ku mupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, ashyira akadomo ku rugendo rwaranzwe n’ubuhanga budasanzwe, ibikombe byinshi ndetse n’ibihe byamugoye birimo imvune zakurikiranye. Neymar da Silva Santos Júnior, uzwi cyane nka Neymar Jr, yavukiye muri Brazil maze atangira kumenyekana akiri muto akinira…

Soma inkuru yose

Rwanda Premier League Yasinyanye na Skol Amasezerano ya Miliyari Arenga Imwe Azafasha Guteza Imbere Shampiyona

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uruganda rwa Skol Brewery Ltd, azamara imyaka itatu kandi afite agaciro karenga miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, akaba agamije kongera ubushobozi bw’imari muri shampiyona, kuzamura ubunararibonye bw’abafana no…

Soma inkuru yose

Udushya kuri Sitade umunani zo muri Quatar zakiriye igikombe cy’isi cya 2022.

Mu gihe abakinnyi bakomeje kwinubira sitade zo muri Amerika zitagenewe umupira w’amaguru, abakunzi bawo bakomeje kwibuka udushya twa sitade umunani zo muri Quatar. Igikombe cy’Isi cya FIFA 2022 cyabereye muri Qatar cyasize amateka akomeye, kuko ari cyo cya mbere cyabereye mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse kikabera mu gihugu gito cyakoresheje stade umunani gusa zakiniwemo imikino…

Soma inkuru yose

Papa Leo XIV yavuze ko siporo uretse kubaka umuntu, ihuza amahanga ikanateza imbere ubuzima

Papa Leo XIV yashimangiye ko siporo idakwiye gufatwa nk’uburyo bwo guhatanira ibikombe cyangwa intsinzi gusa, ahubwo ko ari ishuri ryigisha indangagaciro zubaka umuntu, rikamufasha kugira ubuzima bwiza haba ku mubiri, mu mitekerereze no mu mibereho ye, ndetse rikagira uruhare mu guhuza abantu n’amahanga. Ibi yabitangaje mu butumwa yagejeje ku bagize Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu…

Soma inkuru yose

Messi yafashije Argentine kubona itike ya 1/16 cy’Igikombe cy’Isi

Lionel Messi yafashije Ikipe y’Igihugu ya Argentine gutsinda Autriche ibitego 2-0 mu mukino w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Messi yagize uruhare rukomeye muri uyu mukino, aho yafashije ikipe ye kubona intsinzi y’ingenzi yayihesheje gukomeza mu kindi cyiciro cy’irushanwa. Iyi ntsinzi yahesheje Argentine amanota atandatu mu Itsinda J, bituma ikomeza kuyobora iri tsinda ndetse ihita ibona itike…

Soma inkuru yose

FERWABA Yahagaritse Ntore Habimana na Axel Mpoyo Nyuma yo Kwanga Kwitaba Ikipe y’Igihugu

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo abakinnyi Ntore Habimana na Axel Mpoyo nyuma yo kutitaba ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu yiteguraga imikino y’amajonjora y’Igikombe cy’Isi cya FIBA 2027. Nk’uko FERWABA yabitangaje, aba bakinnyi bari barahamagawe ngo bifatanye na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura iri rushanwa, ndetse amakipe bakinira yari yamaze…

Soma inkuru yose

Rayon Sports ishobora kubuzwa gukina CAF Confederation Cup kubera amadeni ya Daffé na Lotfi

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko iyi kipe yamenyeshejwe n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) ko itemerewe gukina irushanwa rya CAF Confederation Cup mu gihe itarishyura amafaranga ibereyemo uwahoze ari umukinnyi wayo Souleymane Daffé ndetse n’uwahoze ari umutoza wayo Afahmia Lotfi. Kuva muri Werurwe 2026, Rayon Sports iri ku rutonde rw’amakipe yabujijwe kwandikisha…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga ry’Abashinwa ryigaruriye Igikombe cy’Isi.

Ikipe y’u Bushinwa ishobora kuba itabonetse mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ariko igihugu cyayo kiri kugaragara cyane binyuze mu bigo by’ikoranabuhanga byabaye abafatanyabikorwa b’ingenzi b’iri rushanwa, bikomeje kwerekana imbaraga zabyo ku rwego mpuzamahanga. Nubwo Ikipe y’Igihugu y’u Bushinwa itari mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ikoranabuhanga n’ibicuruzwa by’icyo gihugu byo biri mu bikomeje kugaragara cyane muri…

Soma inkuru yose

Impaka ku kudahanwa kwa Messi zakomeje kuvugisha benshi

Abafana benshi b’umupira w’amaguru ku isi bakomeje kuganira ku cyemezo cya FIFA n’abasifuzi nyuma y’uko kapiteni Lionel Messi adahanwe ku ikosa ryavuzwe ko yakoreye myugariro wa Algeria, Aïssa Mandi, mu mukino Argentina yatsinzemo ibitego 3-0. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Messi akandagira Mandi inyuma ku kaguru mu gihe cy’umukino. Nubwo icyo gikorwa cyateje impaka,…

Soma inkuru yose

AC Millan yatangaje Roben Amorim nk’umutoza wayo mushya.

Ikipe ya AC Milan yatangaje ku mugaragaro ko yagize Ruben Amorim umutoza wayo mushya, asimbura Massimiliano Allegri wirukanwe nyuma y’umusaruro mubi yagize mu mwaka w’imikino ushize 2025-2026. Amorim w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka muri Portugal, yahawe inshingano zo kongera kubaka AC Milan nyuma y’uko iyi kipe isoje ku mwanya wa gatanu muri Shampiyona y’u Butaliyani (Serie A), bityo ikabura itike yo gukina…

Soma inkuru yose

Yari afite abamukurikira ibihumbi 50 gusa! Uko amarira ya Vozinha yahise amuhindura icyamamare ku isi mu ijoro rimwe

Umuzamu wa Cape Verde wabaye intwari y’umukino wahuje igihugu cye na Espagne Mu ijoro ryabaye amateka kuri Cape Verde, umunyezamu wayo w’inararibonye, Vozinha, yigaruriye imitima y’abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi yose nyuma yo gufasha ikipe ye kunganya ubusa ku busa (0-0) na Spain mu mukino wa mbere wa Cape Verde mu Gikombe cy’Isi cya 2026….

Soma inkuru yose
Andoni Iraola

Andoni Iraola Yagizwe Umutoza Mushya wa Liverpool Asimbuye Arne Slot

Ikipe ya Liverpool FC yatangaje ku mugaragaro ko Umunya-Espagne Andoni Iraola ari we wahawe inshingano zo kuyibera umutoza mukuru, asimbuye Arne Slot baherutse gutandukana. Urugendo rwa Arne Slot n’Ibibazo Ikipe Yagize Nubwo Arne Slot yari yayihesheje icyubahiro ahesha Liverpool igikombe cya Premier League mu mwaka we wa mbere asimbuye Jürgen Klopp, umwaka w’imikino wa 2025-2026…

Soma inkuru yose

Abakinnyi bavukana bazahurira mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexico na Canada, kizatangira tariki 11, Kamena kugeza 19 Nyakanga 2026, hari abakinnyi bavukana bose bazahagararira ibihugu byabo ari na ko bahurira muri iri rushanwa rikomeye nk’abavandimwe. Uretse kuba ari intwari z’amakipe yabo, bazaba banahagarariye imiryango yabo ku rwego rw’Isi.  Muri abo harimo…

Soma inkuru yose

Amavubi akomereje imyiteguro muri Misiri nyuma y’ihagarikwa ry’imikino ya gicuti yari kubera muri Maroc

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yakomereje umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga yari iteganyijwe kubera muri Maroc ihagaritswe ku mpamvu z’umutekano n’iz’ubuzima. Amavubi yari yateganyijwe gukina n’Ikipe y’Igihugu ya Comores ku wa 6 Kamena 2026 ndetse na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026, mu mikino yari kubera mu…

Soma inkuru yose

Andoni Iraola mu biganiro bya nyuma na Liverpool.

Ikipe ya Liverpool FC yatangiye ibiganiro n’umunya- Espagne Andoni Iraola wahoze atoza Bournemouth, mu rugendo rwo gushaka umusimbura wa Arne Slot uherutse gutandukana n’iyi kipe ikinira kuri sitade ya Anfield road.  Aya makuru yatangiye gukwirakwira kuri uyu wa Kabiri agaragaza ko Iraola ari mu bahabwa amahirwe menshi yo guhabwa aka kazi agasimbure Arne Slot watwsye…

Soma inkuru yose