“Miliyari 9$ zigenewe urubyiruko” u Rwanda muri gahunda yo kurwanya ubushomeri.

“Miliyari 9$ zigenewe urubyiruko” u Rwanda muri gahunda yo kurwanya ubushomeri.

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo Mpuzamahanga mu gihugu cya Korea y’Epfo (KOICA) batangije umushinga w’agaciro k’asaga miliyari 9 z’amafaranga (miliyoni 6.5 z’amadolari ya Amerika) wo gufasha urubyiko kugira ubumenyi bw’ikoranabuhanga hagamijwe guteza imbere umurimo no guhanga udushya. Ni umushinga watangirijwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mata 2025, aho inzego za Leta…

Soma inkuru yose
“Aho kubana n’umugabo cyangwa umugore wabana n’imbwa” Ibyavuye mu bushakashatsi.

“Aho kubana n’umugabo cyangwa umugore wabana n’imbwa” Ibyavuye mu bushakashatsi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 717 bwagaragaje imbwa nk’inyamaswa irenze uko tuyibona ahubwo ni umufatanyabikorwa wizewe wa muntu. “Imbwa ntabwo ari inyamaswa cyangwa se inshuti yawe gusa ahubwo ni byose” Ibi ni Ibyavuye mu bushakashatsi” Abitabiriye ubu bushakashatsi bagaragaza ko kubana n’imbwa bishobora kunezeza kurusha kubana n’ikiremwamuntu. Nubwo bwose ubu bushakashakatsi butagaragaje ko isano y’umuntu n’imbwa…

Soma inkuru yose
Amerika n’u Rwanda mu biganiro by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Amerika n’u Rwanda mu biganiro by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Amarika n’u Rwanda barikuganira ku mikoreshereze nimitunganyirize y’ibirombe bicukurwamo “Worflum” yifashishwa mu gukora imodoka. Ubwo aherutse mu Rwanda, umuvugizi wa Amerika muri Africa Massad Boulos yagiranye ikiganiro na HE Paul KAGAME anatemberezwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu Rwanda. Mu byo yasuye harimo ikirombe cya Nyakabingo gicukurwamo “Wolfram” iki kirombe nicyo cyonyine rukumbi gicukurwamo “Wolflum”…

Soma inkuru yose
M23 na DRC batangaje ko bagiye guhagarika Imirwano.

M23 na DRC batangaje ko bagiye guhagarika Imirwano.

Nyuma yo guhurira i Doha muri Quatar, ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 na Congo (DRC) bwatangaje ko bwemeranyije guhagarika Imirwano bishobora no gutuma bagera ku musozo w’intambara imaze iminsi ibera muri Congo. Itangazo rihuriweho n’impande zombi rivuga ko ubuyobozi bwa M23 na DRC bwemeranyije guhagarika imirwano aka kanya Kandi bagahaharika n’imvugo z’ubushotoranyi , imvugo z’urwango cyangwa…

Soma inkuru yose
Abamotari barasubijwe! “Kubera iki hashyizweho Drone mu muhanda? Ngo Parikingi zirabangamye.

Abamotari barasubijwe! “Kubera iki hashyizweho Drone mu muhanda? Ngo Parikingi zirabangamye.

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Mama Urwagasabo Tv, ACP Rutikanga Boniface umuvugizi wa polisi y’u Rwanda yasubije ibibazo byibazwaga n’abamotari bakorera akazi kabo muri Kigali. Abamotari bakunze kumvikana bavuga ko batishimiye imikoreshereze y’indege za drone zikoreshwa mugucunga umutekano. Impamvu batanga ngo ni uko izi drone zibahanira amakosa batakoze, bavuga ko Kandi batishimiye na Parikingi (Parking) bashyiriweho. ACP…

Soma inkuru yose
Burera: Umunyeshuri wari uri muri sitaje yarohamye mu kiyaga ahita ahasiga ubuzima.

Burera: Umunyeshuri wari uri muri sitaje yarohamye mu kiyaga ahita ahasiga ubuzima.

Nyakwigendera Kwizera Samuel wari ufite imyaka 19 yarohamye mu kiyaga kiri mu karere ka Burera ahasiga ubuzima. Kwizera Samuel yigaga mu kigo cya Lycee de Nyanza akaba yakoreraga imenyererezamwuga (Sitaje) mu karere ka Musanze muri resitora yitwa “Two chef’s Coffee Business Co Ltd” Bivugwa ko yajyanye n’abagenzi be 36 bagiye mu rugendoshuri, i Burera muri…

Soma inkuru yose
Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira America, ishobora kugera ahabitse ibisasu kirimbuzi, abasaga ibihumbi 3 bamaze kugirwaho ingaruka niyi nkongi.

Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira America, ishobora kugera ahabitse ibisasu kirimbuzi, abasaga ibihumbi 3 bamaze kugirwaho ingaruka niyi nkongi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo amakuru y’inkongi y’umuriro wongeye kwibasira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya New Jersey yamenyekanye, uyu muriro ushobora guteza ibibazo kubera ko uri gusatira ahabitse ibisasu kirimbuzi bitunzwe n’Amerika. Inkongi y’umuriro irigukwirakwira ku buryo budasanzwe imaze kugera kuri hegitare zirenga ibihumbi 3 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa New…

Soma inkuru yose
Nyagatare: RBC irabasaba gukaza ingamba z’ubwirinzi.

Nyagatare: RBC irabasaba gukaza ingamba z’ubwirinzi.

Minisiteri y’Ubuzima yibukije abaturage bo mu Karere ka Nyagatare ko kwirinda Malaria bitangirira ku ruhare rw’umuntu. Ni ubutumwa bwatanzwe nyuma y’aho imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko Akarere ka Nyagatare kari muri dutanu twa mbere mu Gihugu mu kugira abarwayi ba Malaria benshi kuko iheruka yerekana ko gafite abagera ku 4,810. Umurenge wa Karangazi…

Soma inkuru yose
Museveni wa Uganda yashimangiye ko adashyigikiye ubutinganyi habe namba.

Museveni wa Uganda yashimangiye ko adashyigikiye ubutinganyi habe namba.

Perezida wa Uganda Yoweri MUSEVENI yagaragaje ko ibihano ibihugu byo mu Burengerazuba byashyizeho bitabujije igihugu cya Uganda gutera imbere. Museveni yanditse kuri X yahoze yitwa Twitter ati: “Twashyizeho itegeko rikumira ubutinganyi, Mr Biden yadukuye mu muryango we wa AGOA, banki y’Isi ihagarika inguzanyo, none ubukungu bwacu bwiyongereyeho 6%”. Mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziherutse…

Soma inkuru yose
Gen Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria.

Gen Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria, aho yakiriwe na General Saïd Chanegriha, Umugaba w’Ingabo z’iki gihugu. Baganiriye ku guteza imbere ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi. U Rwanda na Algeria bimaze kubaka umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu nzego zitandukanye. Mu bihe bitandukanye, abayobozi bakuru mu…

Soma inkuru yose
National Bank of Rwanda(BNR) itanze miliyari icumi kubantu bose bifuza kugura impapuro mpeshamwenda zizamara imyaka 10..

National Bank of Rwanda(BNR) itanze miliyari icumi kubantu bose bifuza kugura impapuro mpeshamwenda zizamara imyaka 10..

Kuri uyu wa Kabiri, BNR yashyize hanze impapurompeshamwenda zihwanye na miliyali icumi . Guhera uyu munsi taliki 22 Mata 2025 kugeza taliki 24 Mata 2025 wemerewe kugura izi mpapuro zizamara imyaka icumi. Ishyirwa hanze kw’izi mpapuro byakozwe kugira ngo hatezwe imbere isoko ry’imigabane ndetse n’ibikorwaremezo. Impapuro mpeshamwenda ni iki? Izi ni impapuro zikorwa na leta…

Soma inkuru yose
Antoine Karidanari Kambanda agiye kwerekeza i Vatican gushyingura Papa.

Antoine Karidanari Kambanda agiye kwerekeza i Vatican gushyingura Papa.

Umushumba mukuru wa Kiliziya Gaturika mu Rwanda Karidanali KAMBANDA yatangaje ko abakaridinari bose baturutse imihanda yose bagiye kwerekeza i Vatican. Uyu Karidanali KAMBANDA yabanje kuvuga ko abakirisitu bazibukura Papa ku rukundo rwe ndetse n’impuhwe ze. Papa Francis azashyingurwa ku wa Gatandatu ku taliki ya 26 Mata 2025, saa 100:00 za mugitondo zo mu Rwanda. Ku…

Soma inkuru yose
HE Paul KAGAME yababajwe n’urupfu rwa Papa Francis.

HE Paul KAGAME yababajwe n’urupfu rwa Papa Francis.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yababajwe n’urupfu rwa Papa Fransisco,avuga ko yaranzwe no kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose. Perezida Kagame kuri X , yavuze ko ku buyobozi bwa Papa Fransisco, bwaranzwe “no kwemera Amateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, biganisha mu gihe gishya cy’imibanire myiza hagati ya Kiliziya Gatolika n’Igihugu cyacu, ’ukuri,…

Soma inkuru yose
Ese Papa witabye Imana ni muntu ki?

Ese Papa witabye Imana ni muntu ki?

Ku isaha ya tatu n’iminota 45 kuri uyu wa Mbere wa Pasika, tariki 21 Mata 2025, ni bwo inkuru y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasomwe na Karidinali Kevin Farrell, yemeza ko yaguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani. asigaranye igice gito cy’ibihaha kubera kubagwa,…

Soma inkuru yose
Mu Bwongereza: Abajura bibye umusarani (Toilet ) wa  Million bafashwe.

Mu Bwongereza: Abajura bibye umusarani (Toilet ) wa $6 Million bafashwe.

Umusarani ukozwe muri zahabu wakozwe 2016 ukozwe n’umunyabugeni witwa Mauzurizio Cattelan ufite inkomoko mu Butaliyani (Italy) wagaragajwe ku nshuro ya mbere mu nzu ndangamurage ya New York, nyuma ujyanwa mu ngoro y’ubwami bw’ubwongereza, mu 2019 abajura bateye iyi ngoro biba uyu musarani (Toilet). Urukiko rwo mu Bwongereza rwatangaje ko rwatangiye kuburanisha Abajura 2 bakekwaho ubu…

Soma inkuru yose
HE Paul KAGAME yakiriye Faurre Essozima Perizida waTogo.

HE Paul KAGAME yakiriye Faurre Essozima Perizida waTogo.

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Mata 2025, aho biteganyijwe ko azagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame. Ni ibiganiro biri mu murongo w’inshingano aherutse guhabwa n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) nk’umuhuza w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byatangajwe…

Soma inkuru yose
Ni nde uri guhabwa amahirwe menshi yo gusimbura Papa Francis?

Ni nde uri guhabwa amahirwe menshi yo gusimbura Papa Francis?

Ikigiye gukurikira urupfu rwa Papa Francis ni ugutorwa k’undi mu Papa uzamusimbura. Muri iyi nkuru naguteguriye abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Pope Francis. Mu gihe abakaridinari barigushyashyana bashaka uzasimbura Papa Francis, Twebwe Gate of wise twagerageje gukusanya amakuru agaragaza abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Papa Francis. Iyi nama iraterana nyuma y’urupfu rwa Papa Francis. Mu…

Soma inkuru yose