Impungenge ku bana b’Abanyarwanda badasobanukirwa ibyo basoma nubwo bazi gusoma neza
Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwagaragaje ikibazo gikomeye mu burezi bw’u Rwanda, aho abana benshi bashobora gusoma amagambo n’interuro ariko bakagira ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basoma. Ni ikibazo impuguke zigaragaza ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku myigire y’abana, kuko gusoma bidahagije iyo umunyeshuri adashoboye kumva no gusobanura ubutumwa buri mu…
