AC Millan yatangaje Roben Amorim nk’umutoza wayo mushya.

Ikipe ya AC Milan yatangaje ku mugaragaro ko yagize Ruben Amorim umutoza wayo mushya, asimbura Massimiliano Allegri wirukanwe nyuma y’umusaruro mubi yagize mu mwaka w’imikino ushize 2025-2026.

Amorim w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka muri Portugal, yahawe inshingano zo kongera kubaka AC Milan nyuma y’uko iyi kipe isoje ku mwanya wa gatanu muri Shampiyona y’u Butaliyani (Serie A), bityo ikabura itike yo gukina irushanwa rya UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. 

Uyu mutoza yari aherutse gutandukana na Manchester United muri Mutarama 2026, ariko akomeje kugirirwa ikizere kubera ibyo yagezeho muri Sporting CP, aho yayihesheje ibikombe bibiri bya shampiyona ya Portugal muri 2021 na 2024. 

Mu butumwa bwe bwa mbere nyuma yo gutangazwa, Amorim yagize ati:”

Gutoza AC Milan ni inzozi nari maranye igihe kinini, niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo ngarure iyi kipe ku rwego rwo hejuru rw’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi”. 

Abafana ba AC Milan bafite icyizere ko uyu mutoza mushya azafasha ikipe yabo kongera gusubira mu marushanwa akomeye y’i Burayi mu mwaka utaha. AC Millan yasoreje Shampiyona y’Ubutariyani ku mwanya wa gatanu n’amanota 70 inyuma ya Como FC ya Kane yagize amanota 71.

Roben Amorim yagizwe umutoza mukuru wa AC Millan.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *