Marie Jeanne Musabyemungu

Umwana wawe yamaze kubatwa na telefone? Dore uburyo 5 bwafasha umwana wawe kugabanya igihe amara kuri telefone

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gutera imbere ku muvuduko mwinshi, abana benshi batangiye gukoresha telefone zigezweho, mudasobwa na tablets kuva bakiri bato. Nubwo ibi bikoresho bibafasha kwiga, kuvugana n’abandi no kwidagadura, bishobora no kubagiraho ingaruka iyo bidakoreshejwe neza. Abahanga mu mitekerereze y’abana no mu ikoranabuhanga bavuga ko igisubizo atari ukwambura abana ibyo bikoresho, ahubwo ari ukubigisha…

Soma inkuru yose

Ubugenzuzi bwa MIFOTRA bwafashe ibigo 71 bitubahiriza amategeko y’umurimo

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena, yakoze ubugenzuzi mu bigo 2.290 bikorera hirya no hino mu Rwanda hagamijwe kureba niba byubahiriza amategeko agenga umurimo no kurengera uburenganzira bw’abakozi. Raporo yashyizwe ahagaragara na MIFOTRA igaragaza ko muri ibyo bigo byose byagenzuwe,…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Visi Meya yatawe muri yombi mu iperereza ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Imibereho Myiza, Uwamariya Agnes, akekwaho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome nyuma y’uko bivuzwe ko yamenyeshejwe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko ntagirire uwahohotezwaga ubutabazi. Ifungwa rye ryabaye ku gicamunsi cyo ku wa 29 Nyakanga 2026, rikaba rifitanye isano n’iperereza ryatangiye rikurikiranye dosiye y’Umunyamabanga…

Soma inkuru yose

Ntukabure gukora ibi bintu 5 niba ushaka ko umwana wawe akura neza

Mu gihe isi ikomeje guhinduka ku muvuduko munini, kurera umwana ufite indangagaciro, icyizere n’ubushobozi bwo guhangana n’ubuzima byabaye inshingano ikomeye ku babyeyi. Nubwo buri muryango ugira uburyo bwawo bwo kurera, abahanga bagaragaza ko hari amahame y’ibanze ashobora gufasha umwana gukura neza no kuzavamo umuntu ugirira umumaro umuryango n’igihugu. Urubuga Inc.com, rushingiye ku bitekerezo bikubiye mu…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwakiriye miliyari 2,9 Frw zo kongera ubushobozi bwo kwitegura guhangana na Ebola

U Rwanda rwashyikirijwe inkunga ya miliyoni 2 z’Amadolari ya Amerika, angana na miliyari 2,9 Frw, yatanzwe n’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rwo gufasha igihugu gukomeza kwitegura no gukumira icyorezo cya Ebola gishobora kwambuka imipaka giturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho iki cyorezo gikomeje kwiyongera. Iyi nkunga yatanzwe binyuze mu Kigega cya Loni gishinzwe…

Soma inkuru yose

Kuki abashakanye batandukana? Dore impamvu zikunze gutuma urushako rusenyuka

Mu myaka ishize, ikibazo cy’ukwahukana kw’abashakanye gikomeje kuvugwaho cyane hirya no hino ku Isi. Nubwo hari ibihugu bikigaragaramo umubare muto w’abahukana, impuguke mu by’imibanire zigaragaza ko impamvu zitera gutandukana zisa ahantu henshi, kandi ko impinduka z’imibereho zatumye abantu bafata ibyemezo bitandukanye n’ibyari bisanzwe. Ubushakashatsi butandukanye bwerekana ko umubare w’ingo zisenyuka uterwa n’ibintu byinshi birimo ibibazo…

Soma inkuru yose

Ibintu bitanu ukwiye gukora kugira ngo ukomeze kubungabunga ubuzima bwiza bw’umwijima wawe

Ku wa 28 Nyakanga hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya Hepatite, hagamijwe gukangurira abantu kumenya iyi ndwara no gufata ingamba zo kuyirinda. Hepatite ni indwara yibasira umwijima, ishobora kuwangiza bikomeye ndetse ikaba yanatera kanseri y’umwijima iyo itavuwe kare. Uyu munsi wahariwe kandi kuzirikana uruhare rwa Dr. Baruch Blumberg, umuhanga wavumbuye virusi ya Hepatite B,…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho kwigishwa mu nzego z’umutekano

Perezida Paul Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho guhabwa umwanya mu mahugurwa ahabwa abasirikare n’abapolisi, agaragaza ko gukoresha neza ururimi rw’Igihugu ari imwe mu nkingi zo kubungabunga umuco n’indangagaciro z’Abanyarwanda. Yabitangaje kuri uyu wa 28 Nyakanga 2026 ubwo yaganiraga n’Intore 769 zigize icyiciro cya 16 cy’Indangamirwa, ziri gutozwa mu Kigo cy’Imyitozo cya Gabiro giherereye mu Karere…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Abagabo babiri bakurikiranyweho guheza mugenzi wabo mu bwiherero

Abagabo babiri bo mu Karere ka Gatsibo batawe muri yombi nyuma y’uko umuturage wahawe akazi ko kuvidura ubwiherero bwari bumaze igihe budakoreshwa agwirwe n’itaka agahita apfa. Iyi mpanuka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 27 Nyakanga 2026, mu Kagari ka Marimba, Umurenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaragavu Jean…

Soma inkuru yose

Kuki abagore bari guhindura uburyo bakunda bitewe n’impinduka ziri mu rukundo rwo kuri internet? Sobanukirwa

Mu myaka ishize, uburyo abantu bahura bakubaka urukundo bwahindutse cyane bitewe n’iterambere ry’ikoranabuhanga. Imbuga nkoranyambaga n’izindi porogaramu zifasha abantu gushaka abakunzi byatumye benshi babona urukundo bitabagoye, ariko na none bizana ibibazo birimo kubeshywa, guhemukirwa no kubura icyizere. Muri urwo rwego, hagaragaye umugendo mushya witwa “Fémosphère”, uri gukurura abagore benshi cyane cyane mu Burayi no muri…

Soma inkuru yose

Ese gukoresha AI cyane biri kugabanya ubushobozi bwo gutekereza? Dore icyo Ubushakashatsi bugaragaza

Mu gihe ubwenge buhangano (Artificial Intelligence-AI) bukomeje guhindura uburyo abantu bakora, biga ndetse banakemura ibibazo bya buri munsi, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko kubwishingikirizaho cyane bushobora kugira ingaruka ku bushobozi bwo gutekereza, kwibuka no gushaka ibisubizo umuntu yishingikirijeho. Nubwo AI yatumye akazi koroha kandi kakihuta mu nzego zitandukanye, abahanga bavuga ko hakenewe kuyikoresha mu buryo buringaniye…

Soma inkuru yose

MINALOC yasabye abazategura ibirori kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yasabye abaturage bose bifuza gutegura ibirori mu ngo zabo kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo bubafashe kugenzura ko amafunguro n’ibinyobwa bizatangwa byujuje ubuziranenge, bityo hirindwe ibibazo bishobora gushyira ubuzima bw’ababyitabira mu kaga. Yabitangaje ku wa 25 Nyakanga 2026 ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Kamonyi mu Muganda…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Gitifu w’Umurenge wa Musebeya yatawe muri yombi akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba ihamagazwa ry’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa cyatanzwe n’umwe mu bayobozi b’utugari tugize uwo murenge. Amakuru avuga ko Nkurikiyimana yatawe muri yombi ku wa 24 Nyakanga 2026, nyuma yo kwitaba ihamagazwa rya kabiri rya RIB, ishami…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abajura batemye umucuruzi w’ingurube banamwambura amafaranga arenga miliyoni 1 Frw

Abagabo babiri bo mu Karere ka Nyamasheke batawe muri yombi bakekwaho gutema umucuruzi w’amatungo witwa Barutusanumwe Zacharie no kumwambura amafaranga arenga miliyoni 1 Frw yari avanye mu bucuruzi bw’ingurube. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Gasovu, Umurenge wa Karambi, mu ijoro ryo ku wa 24 Nyakanga 2026, ahagana saa munani z’ijoro. Amakuru avuga…

Soma inkuru yose

Facebook igiye guhinduka nka TikTok? Dore impinduka nshya ziteganyijwe

Mu gihe TikTok ikomeje kwigarurira imitima ya miliyoni z’abayikoresha ku Isi binyuze mu mashusho magufi, Facebook nayo iri gutegura impinduka zikomeye zishobora guhindura uburyo abantu bayikoresha buri munsi. Amakuru mashya agaragaza ko Facebook iri kugerageza uburyo bushya buzatuma umuntu ufunguye porogaramu yayo kuri telefoni atazabanza kubona amakuru y’inshuti, amafoto cyangwa inyandiko nk’uko bisanzwe. Ahubwo azajya…

Soma inkuru yose

Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye

Umukinnyi wa sinema nyarwanda Nyambo Jesca yateye indi ntambwe mu rugendo rw’urukundo nyuma yo kwambikwa impeta n’umukunzi we usanzwe atuye muri Australie, mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, watunguye benshi barimo na Nyambo ubwe. Amakuru y’uko Nyambo yambitswe impeta yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ku wa 23 Nyakanga 2026, nyuma y’uko bamwe mu bari bitabiriye…

Soma inkuru yose

Igwingira mu Ntara y’Iburengerazuba riracyari hejuru, Guverineri Ntibitura arasaba ubufatanye mu kurirwanya

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko ikibazo cy’igwingira gikomeje kwibasira abana bo muri iyi Ntara giterwa ahanini n’imirire mibi, ubukene, isuku n’isukura bidahagije ndetse n’ubumenyi buke ku mirire iboneye. Yasabye inzego zose n’abaturage guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo iki kibazo gihashywe burundu. Yabitangaje ku wa 23 Nyakanga 2026 i Karongi, mu nama nyunguranabitekerezo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwatangije ikoranabuhanga mu gutera intanga inka n’ingurube

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubworozi bukoresha ikoranabuhanga, Sosiyete KT Hub yamuritse uburyo bushya bwo gutera inka n’ingurube intanga hifashishijwe camera zifasha abaganga b’amatungo gusuzuma mbere y’uko intanga ziterwa, hagamijwe kugabanya ikibazo cy’intanga zidafata no kongera umusaruro mu bworozi. Iri koranabuhanga ryamuritswe ku wa 23 Nyakanga 2026, mu imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi ritegurwa na Minisiteri…

Soma inkuru yose

Umumaro wo Guhoberana: Isomo Twigiye ku Nkende

Abashakashatsi bagaragaje ko gukabakabana ku mibiri no guhoberana mu nkende bishobora kuba bifasha mu kubaka umubano mwiza, ukwizerana no gukorera hamwe mu matsinda. Mu bushakashatsi bwakozwe, abashakashatsi bakurikiranye imyitwarire y’inkende mu gihe cy’iminota itanu mbere y’uko zihabwa ibiryo. Izo nkende zari zisanzwe zizi ko ibiryo bigiye kubageraho. Abashakashatsi barebye inshuro inkende zagaragazaga imyitwarire yo guhumurizanya…

Soma inkuru yose

Apôtre Dr Paul Gitwaza Yaburiye Abasore Kutazongera Guterera Abakobwa Ivi

Umushumba Mukuru w’Itorero Zion Temple Celebration Center ku Isi, Apôtre Dr Paul Gitwaza, yasabye abasore bose bitegura kurushinga kutazongera guterera abakobwa ivi mu gihe babambika impeta y’ubusabe, avuga ko uwo muco uturuka ku bayoboke ba satani kandi ko udakwiye kuranga abakirisitu. Yabitangaje ku wa 22 Nyakanga 2026, mu cyigisho cyagarukaga ku “Ingeso nziza no Gukiranuka”,…

Soma inkuru yose

MINISANTE Yifashishije AI na Telemedicine Mu Kuzamura Ireme rya Serivisi z’Ubuvuzi

Urwego rwo kubungabunga ubuzima mu Rwanda rwongeye gutera intambwe ikomeye mu gukoresha ubuhanga n’ikoranabuhanga mu kurokora ubuzima bw’abarwayi. Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya ‘Telemedicine’ ryongerewe ubushobozi n’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI), gahunda igamije kugabanya mu buryo bwimbitse imfu z’ababyeyi n’abana bapfa bavuka, no kuzamura ireme rya serivisi z’ubuvuzi haba mu…

Soma inkuru yose

Muri Tokyo: Abagabo batangiye kwemererwa kujya ku kazi bambaye amakabutura kubera ubushyuhe bukabije

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Tokyo mu Buyapani bwatangije gahunda nshya yiswe “Tokyo Cool Biz”, igamije gufasha abakozi guhangana n’ubushyuhe bukabije bwibasiye iki gihugu muri uyu mwaka. Muri iyi gahunda, abagabo bemerewe kujya ku kazi bambaye amakabutura n’indi myenda yoroheje, mu rwego rwo kubafasha gukora neza no kugabanya ingaruka ziterwa n’ubushyuhe bwinshi. Iyi gahunda yatangijwe muri Mata…

Soma inkuru yose

Abahanga Batangaje Amasaha Nyayo Ukwiye Gusinzira Buri Joro Bitewe n’Imyaka Ufite

Gusinzira ni kimwe mu bintu by’ingenzi bigira uruhare rukomeye mu mibereho n’ubuzima bwiza bw’umuntu. Nubwo abantu benshi bafata ibitotsi nk’igihe cyo kuruhuka gusa, mu by’ukuri ni igihe umubiri n’ubwonko bikora imirimo ikomeye yo kwisana, kubika amakuru mashya no kongera imbaraga zikoreshwa umunsi ku wundi. Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko kubura ibitotsi bihagije bishobora kugira ingaruka…

Soma inkuru yose

Uko wakemura ibibazo byo kurangiza vuba n’ubushake buke mu mibonano mpuzabitsina

Abagabo benshi bahura n’ibibazo byo kurangiza vuba, kugabanuka k’ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa izindi mbogamizi zifitanye isano n’ubuzima bw’imyororokere. Nubwo bishobora gutera ipfunwe no kugira ingaruka ku mubano w’abashakanye, abaganga bagaragaza ko byinshi muri ibi bibazo bishobora kuvurwa cyangwa kugabanywa iyo umuntu yisuzumishije hakiri kare. Kurangiza vuba, kugabanuka k’ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ndetse…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Abantu 9 muri 21 bapfiriye mu mpanuka

Abantu icyenda bitabye Imana, abandi 12 barakomereka bikomeye mu mpanuka yabereye mu Murenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi, kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2026, ubwo minibisi itwara abagenzi izwi nka Twegerane yagonganaga n’ikamyo yo mu bwoko bwa CHACMAN. Aya makuru yemejwe n’inzego z’ubuyobozi, nk’uko Imvaho Nshya yabitangaje. Nk’uko Imvaho Nshya ibitangaza, impanuka yabaye…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso 8 by’indwara z’umutima ku bana ababyeyi badakwiye kwirengagiza

Indwara z’umutima zikunze gufatwa nk’izibasira abantu bakuru, nyamara n’abana na bo zishobora kubibasira, ndetse hari abazivukana. Abaganga bagaragaza ko iyo zimenyekanye hakiri kare, abana benshi bashobora kuvurwa bagakira, bityo bagakura neza nk’abandi. Ibi byagarutsweho na Dr. Rusingiza Emmanuel, inzobere mu kuvura indwara z’umutima zifata abana mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), mu kiganiro cyatambutse…

Soma inkuru yose

Wigeze Wibaza Impamvu Imibu Iruma Abantu Bamwe Kurusha Abandi? Dore Ibisobanuro Bitangwa na Siyansi

Abantu benshi bajya bibaza impamvu hari abo imibu ihora iruma cyane, mu gihe abandi baba bicaye iruhande rwabo ntihagire n’umwe uyibakoraho. Hari n’abavuga ko bafite “amaraso aryoshye”, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko si amaraso aba akurura imibu, ahubwo ari uburyo umubiri w’umuntu usohora ibimenyetso bitandukanye. Imibu y’ingore ni yo iruma abantu kuko iba ikeneye poroteyine ziboneka…

Soma inkuru yose

Kugona Bishobora Kuba Ikimenyetso cy’Indwara Ikomeye Ishobora Kuguhitana Utabizi

Abantu benshi bafata kugona nk’ikibazo gisanzwe kibangamira abo basangira uburiri kubera urusaku. Hari n’abatekereza ko ari ikimenyetso cy’uko umuntu asinziriye cyane. Icyakora, abaganga bagaragaza ko hari igihe kugona biba ari ikimenyetso cy’indwara ikomeye ishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, cyane cyane iyo itavuwe hakiri kare. Inzobere mu kuvura indwara zo mu buhumekero mu Bitaro…

Soma inkuru yose

Imihango Myinshi Ishobora Kuba Ikimenyetso cy’Indwara Ikomeye Abagore Batinda Gutahura

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko hari abagore bashobora kumara imyaka igera kuri 16 batamenye ko bafite indwara zifitanye isano no kuva amaraso, bitewe n’uko ibimenyetso byazo bikunze kwitirirwa kugira imihango myinshi isanzwe. Ibi bituma bamwe batinda kubona ubuvuzi bukwiye kandi bakabaho bafite ikibazo gishobora kubashyira mu kaga iyo kitamenyekanye hakiri kare. Indwara zo kuva amaraso mu…

Soma inkuru yose

Ese Kwemerera Umwana Kureba TV Amasaha Abiri Nyuma y’Ishuri Bishobora Kuba Ari Uburere Bwiza? Sobanukirwa

Mu gihe hari inama nyinshi zigirwa ababyeyi zibasaba kugabanya igihe abana bamara imbere ya televiziyo cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, abahanga mu mitekerereze y’abana bavuga ko uburere bwiza butagomba gushingira ku mategeko amwe akurikizwa kuri buri muryango. Ahubwo bugomba kuzirikana imiterere yihariye y’umwana n’ibyo akeneye. Ibi ni byo byagarutsweho mu nyandiko yasohotse ku wa 15 Nyakanga…

Soma inkuru yose

Rwamagana: Umugabo Yafashwe Agiye Gutoroka Nyuma yo Gukekwaho Kwica Umugore we Amukubise Ikibando

Mu Karere ka Rwamagana haravugwa inkuru y’incamugongo nyuma y’uko umugabo akekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe, nyuma y’amakimbirane yari asanzwe avugwa muri uru rugo. Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2026, mu Mudugudu w’Akabare, Akagari k’Akabare, Umurenge wa Musha, aho abaturage babyutse basanga umugore yishwe mu…

Soma inkuru yose

Si Viagra Gusa: Menya Indi Miti n’Ibicuruzwa Bikoreshwa mu Kongera Akanyabugabo n’Ibyitonderwa

Viagra ni izina rimaze imyaka myinshi rimenyerewe ku isi hose kubera uruhare rwayo mu gufasha abagabo bafite ikibazo cyo kudafata umurego cyangwa kubura ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina neza. Ariko nubwo ari yo izwi cyane, ntabwo ari yo miti yonyine ikoreshwa muri uru rwego. Abahanga mu buvuzi bagaragaza ko hari indi miti yemewe n’inzego z’ubuzima…

Soma inkuru yose

Wari Uzi ko Umugore Ashobora Kwihagarika Ahagaze? Menya Agakoresho Kabimufasha

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gutanga ibisubizo ku bibazo bitandukanye abantu bahura na byo mu buzima bwa buri munsi, hari ibikoresho bishya bikomeje guhindura uburyo ibikorwa bisanzwe bikorwa. Kimwe muri byo ni Female Urination Device (FUD), agakoresho kagenewe gufasha abagore n’abakobwa kwihagarika bahagaze aho kwicara. Nubwo aka gakoresho kataramenyekana cyane mu Rwanda, mu bihugu byinshi kamaze…

Soma inkuru yose

Ikibazo cy’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge gikomeje guhangayikisha Leta y’u Rwanda

Ikibazo cy’ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye bitujuje ubuziranenge gikomeje kuba kimwe mu bibazo bihangayikishije inzego z’ubuyobozi mu Rwanda, nyuma y’uko hagaragaye abantu benshi bagize ibibazo by’ubuzima ndetse n’abapfuye bazize kubinywa. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko bitangaje kubona bamwe mu baturage bagikomeza kunywa inzoga zizwiho kuba zishobora guteza ibibazo, harimo n’izifite amazina ateye ubwoba nka “Dundubwonko”….

Soma inkuru yose

Impamvu Zitera Bamwe Kwemera ko Umugabo Yakubita Umugore Zashyizwe Ahagaragara, Sobanukirwa

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kwimakaza ihame ry’uburinganire, ubushakashatsi buherutse gusohoka bwagaragaje ko hakiri abaturage benshi bemera ko hari impamvu zatuma umugabo akubita umugore we. Iyi myumvire igaragara cyane mu bantu batize, abafite amashuri make ndetse no mu bakobwa bakiri bato. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byerekana…

Soma inkuru yose

Ese umutima ushobora gukunda abantu barenze umwe? Dore icyo ubushakashatsi bugaragaza

Hari imyemerere imaze igihe ivuga ko urukundo rumeze nk’umugati cyangwa keke ugabanywa: iyo umuntu umwe abonye igice kinini, undi asigaranwa gito. Iyi myumvire ni yo ituma abantu benshi bagira ishyari, bagatinya ko umukunzi wabo naramuka agaragarije undi rukundo, urwo babahaga ruzahita rugabanuka. Ariko ubushakashatsi n’isesengura ryatanzwe na Aaron Ben-Ze’ev, impuguke mu mitekerereze ya muntu, bugaragaza…

Soma inkuru yose

Ese ujya wibaza impamvu amaherena atakiri ayo ku matwi gusa ? Sobanukirwa byose!

Mu myaka nka 20 ishize, kubona umugabo wambaye iherena cyangwa umukobwa wifashishije imitako idasanzwe ku mubiri byashoboraga gutuma abantu bamureba nk’udasanzwe cyangwa uciye ku muco. Icyo gihe amaherena yari azwi nk’umurimbo ugenewe cyane abagore n’abakobwa, kandi akambarwa ku matwi gusa. Gusa uko isi yagiye ihinduka, n’imyumvire y’abantu ku bijyanye n’imideri, uburanga no kwigaragaza yarahindutse ku…

Soma inkuru yose

Abagore n’abagabo ntibasaza kimwe mu bwonko, dore icyo abahanga babonye

Abahanga mu by’imikorere y’ubwonko bagaragaje ko uko ubwonko busaza bitandukana hagati y’abagore n’abagabo. Ubushakashatsi bushya bwerekana ko hari igice cy’ingenzi cy’ubwonko gifasha kwibuka no kwiga gitangira guhinduka hakiri kare ku bagore kurusha abagabo, ibintu bishobora gusobanura impamvu indwara zimwe na zimwe zifata ubwonko, zirimo na Alzheimer, zikunda kugaragara cyane ku bagore. Ubu bushakashatsi bwakozwe n’itsinda…

Soma inkuru yose

Abaryamana bahuje ibitsina bakomeje guhura n’imbogamizi, nyuma ya Turikiya hatahiwe Misiri

Ubwato bw’abagenzi bwari butwaye abantu benshi bo mu muryango wa LGBTQ n’ababashyigikiye bwabujijwe kwinjira mu Misiri, nyuma y’uko na mbere yaho bwari bwamaze kwangirwa guhagarara ku byambu byo muri Turikiya. Ibi byabaye mu rugendo rwari ruteganyijwe kumara iminsi 10, ibintu byakuruye impaka n’ukutishimira icyemezo cyafashwe n’ibihugu byombi. Ubwo bwato bwitwa Scarlet Lady, bukaba bugenzurwa na…

Soma inkuru yose

Agahinda i Nyamasheke: Umwana w’Imyaka 13 Yarohamye mu Kivu, Harakekwa ko Yasunitswemo na Mugenzi we

Umwana witwa Habumugisha Toni, wari ufite imyaka 13 y’amavuko wo mu Karere ka Nyamasheke, yapfiriye mu Kiyaga cya Kivu nyuma yo kurohama, mu gihe hakekwa ko yaba yarasunitswemo na mugenzi we w’imyaka 12. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Bwerankori, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Gihombo ku wa 9 Nyakanga 2026, mu masaha y’igicamunsi, aho amakuru…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso 5 byerekana ko umubano wawe ushobora kurangira utabiteguye

Hari abantu benshi baba bari mu rukundo cyangwa mu rushako bumva ibintu byose bimeze neza, bakibwira ko umubano wabo uhagaze neza, ariko bagatungurwa no kubona umunsi umwe uwo bakundana ababwiye ko ashaka kubivamo. Kuri bamwe, ibyo bibabera nk’inkuba ikubise ahantu hatunguranye: nta makimbirane akomeye bari babona, nta nduru, nta gutongana gukabije, ahubwo bakumva ko bari…

Soma inkuru yose