Apôtre Dr Paul Gitwaza Yaburiye Abasore Kutazongera Guterera Abakobwa Ivi

Umushumba Mukuru w’Itorero Zion Temple Celebration Center ku Isi, Apôtre Dr Paul Gitwaza, yasabye abasore bose bitegura kurushinga kutazongera guterera abakobwa ivi mu gihe babambika impeta y’ubusabe, avuga ko uwo muco uturuka ku bayoboke ba satani kandi ko udakwiye kuranga abakirisitu. Yabitangaje ku wa 22 Nyakanga 2026, mu cyigisho cyagarukaga ku “Ingeso nziza no Gukiranuka”,…

Soma inkuru yose

Muri Tokyo: Abagabo batangiye kwemererwa kujya ku kazi bambaye amakabutura kubera ubushyuhe bukabije

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Tokyo mu Buyapani bwatangije gahunda nshya yiswe “Tokyo Cool Biz”, igamije gufasha abakozi guhangana n’ubushyuhe bukabije bwibasiye iki gihugu muri uyu mwaka. Muri iyi gahunda, abagabo bemerewe kujya ku kazi bambaye amakabutura n’indi myenda yoroheje, mu rwego rwo kubafasha gukora neza no kugabanya ingaruka ziterwa n’ubushyuhe bwinshi. Iyi gahunda yatangijwe muri Mata…

Soma inkuru yose

“Sindagura, ariko Umunyamerika nashaka kurwana azatsindwa” – Tito Rutaremara.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora guhura n’imbogamizi zikomeye ziramutse zifashe icyemezo cyo kohereza ingabo ku butaka bwa Iran, avuga ko abasirikare ba Iran bafite impamvu ikomeye yo kurwanira igihugu cyabo. Mu butumwa yashyize hanze kuwa 16 Nyakanga 2026, Rutaremara yasesenguye intambara imaze amezi hafi…

Soma inkuru yose

Muri Mali: Hafunguwe Ikigo Mpuzamahanga cy’Abakora Imigenzo Gakondo

Mu Murwa Mukuru wa Mali, Bamako, hafunguwe ikigo cyiswe Centre de Sorcellerie de Bamako, cyatangajwe nk’ikigo mpuzamahanga kigamije guhuza abantu bavuga ko bafite ubumenyi bwa gakondo burimo ubupfumu n’ibindi bikorwa bifitanye isano n’imigenzo gakondo. Amakuru yatangajwe na televiziyo yo muri Mali agaragaza ko iki kigo cyafunguwe mu nyubako y’igorofa nyinshi, kikazajya cyakira abantu bo mu…

Soma inkuru yose

Impamvu Gusubiramo Ikintu Ari Inzira Iganisha ku Ntsinzi

Ubusesenguzi bushingiye ku ngingo zasohowe na Psychology Today Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bifuza gutsinda vuba. Hari ushaka kwiga ururimi rushya mu mezi make, undi akaba yifuza kuba umuhanga mu muziki, siporo cyangwa ubucuruzi adaciye mu rugendo rurerure rw’imyitozo. Nyamara ubushakashatsi mu mitekerereze ya muntu (psychology) bugaragaza ko hari ihame rimwe ridahinduka: gusubiramo…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwitegura Kwakira Toni Ibihumbi 40 z’Ibikomoka kuri Peteroli

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu mpera za Nyakanga 2026 hateganyijwe kugera ku cyambu cya Tanga muri Tanzania ubwato bwa mbere butwaye toni ibihumbi 40 z’ibikomoka kuri peteroli. Ni intambwe iri muri gahunda nshya igamije koroshya itumizwa ry’ibikomoka kuri peteroli, kugabanya ibiciro no kongera umutekano w’itangwa ryabyo mu gihugu. Gahunda Nshya Yo Gutumiza Peteroli Ibi…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Inzego z’Ubuyobozi n’Umutekano Zasabye Abaturage Gufatanya Mu Kurwanya Ibyaha

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bufatanyije n’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego, bwakanguriye abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe kurushaho kugira uruhare mu gukumira ibyaha, kubungabunga ibidukikije no gukomeza gufatanya n’inzego z’umutekano mu rwego rwo kubungabunga amahoro n’iterambere. Ubu bukangurambaga bwari buyobowe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, wari kumwe n’abayobozi b’Ingabo na Polisi,…

Soma inkuru yose

Mu Ntara y’Amajyepfo Hatashywe Ibikorwa by’Iterambere Byakozwe n’Ingabo na Polisi Mu Kwizihiza Kwibohora32

Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Polisi y’u Rwanda byo gufasha abaturage no kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora, mu Ntara y’Amajyepfo hafunguwe ku mugaragaro ibikorwa bitandukanye by’iterambere byubatswe mu bufatanye n’abaturage. Ibi bikorwa byabereye mu turere dutandukanye tw’Intara y’Amajyepfo, aho abayobozi bakuru mu nzego za Leta, iz’umutekano n’abaturage…

Soma inkuru yose

ARJ yahakanye ibaruwa yavugwaga ko itabariza abanyamakuru, ivuga ko yari impimbano

Umuryango Nyarwanda w’Abanyamakuru (ARJ) watangaje ko ibaruwa yari imaze iminsi ikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, ivugwa ko yanditswe n’uyu muryango isaba Leta guhagurukira ihohoterwa rikorerwa abanyamakuru, atari inyandiko yawo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 3 Nyakanga 2026, ARJ yavuze ko iyo baruwa yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ari impimbano, isaba abaturage n’ibitangazamakuru kutayiha agaciro kuko…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa Impamvu Umuntu adashobora Kurohama mu Nyanja ya “Dead Sea”

Mu bice bitandukanye by’Isi bikurura ba mukerarugendo, Dead Sea iri mu hantu hihariye kubera ikintu gitangaza benshi: umuntu uyinjiyemo ntarohama nk’uko biba mu zindi nyanja. Abenshi babibona mu mafoto agaragaza abantu baryamye hejuru y’amazi basoma ibinyamakuru cyangwa bakoresha telefone, bakibaza niba biterwa n’ubuhanga bwo koga. Nyamara, impuguke zisobanura ko ibi bifite ishingiro rya siyansi. Dead…

Soma inkuru yose

MINICOM yisubije ibibanza 5 mu Cyanya cy’Inganda cya Rwamagana kubera abashoramari bananiwe kwishyura

MINICOM yisubije ibibanza bitanu mu Cyanya cy’Inganda cya Rwamagana kubera ko abashoramari bananiwe kubyishyura nk’uko byari biteganyijwe mu masezerano, ibintu byagarutsweho mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo PAC yasuzumaga raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta. Ubuyobozi bwa MINICOM busobanura ko abashoramari bahabwa ubutaka bakishyura 30% bakemererwa gutangira imirimo, ibindi bisigaye bikishyurwa mu gihe k’imyaka itanu. Gusa…

Soma inkuru yose

Ubusabe bw’Umunyamerika uhangayikishijwe n’igitsina gito ku Isi bukomeje kuvugisha benshi

Umugabo wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye ubufasha bw’amafaranga kugira ngo akorerwe ubuvuzi bwo kongera ingano y’igitsina cye, nyuma yo kuvuga ko ikibazo amaranye imyaka myinshi cyamugizeho ingaruka zikomeye mu buzima bwa buri munsi, mu buzima bwo mu mutwe ndetse no mu mibanire n’abandi. Uyu mugabo witwa Michael Philips, ufite imyaka 38, yashyize…

Soma inkuru yose

I Burayi: Abantu bashyiriweho uburenganzira bwo kwidagadura bambaye ubusa

Mu gihe ibihugu byinshi byo ku Mugabane w’u Burayi bikomeje kwibasirwa n’ubushyuhe bukabije muri iki gihe cy’impeshyi, agace ka Bredene Nudist Beach gaherereye mu Bubiligi karimo kwakira umubare munini w’abakerarugendo, cyane cyane abifuza kwiruhukira ku mucanga batambaye imyenda. Nk’uko 7sur7 yabitangaje, ubushyuhe buri kwibasira ibice byinshi by’u Burayi bwatumye abantu benshi bashaka ahantu hatuje kandi…

Soma inkuru yose

Abasore n’Inkumi bashyiriweho Urubuga rubahuza n’Abo bifuza Gukundana na bo

Muri iki kinyejana cy’ikoranabuhanga rikomeje guhindura imibereho y’abatuye Isi, mu Rwanda hadutse uburyo bushya bwo gushaka umukunzi hifashishijwe urubuga rwo kuri internet. Inyuma y’uko hari uburyo busa nk’ubusanzwe abantu bahuzwaga n’imbugankoranyambaga bakubaka ubushuti, wenda byaba bitabaye umwaku urukundo rugakomera bakaba banemeranya kubana, kuri ubu noneho abasore n’inkumi bifuza gukundana bashyiriweho urubuga rugenewe iyo gahunda gusa….

Soma inkuru yose

Igiciro cy’Ibikomoka kuri Peteroli cyongeye Guhananurwa Nyuma y’Intambara ya Iran na Amerika

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga byongeye kugabanuka, bisubira hafi ku rwego byari biriho mbere y’uko haduka umwuka mubi w’intambara hagati ya Iran na Amerika, wari watumye habaho impungenge ku itangwa ry’ingufu ku rwego rw’Isi. Nk’uko IGIHE yabitangaje, mu byumweru bishize ibiciro bya peteroli byari byazamutse ku rwego rushimishije kubera ubwoba bw’uko amakimbirane hagati…

Soma inkuru yose

Byari ibyishimo bidasanzwe ubwo impanga zashyingiranwaga n’impanga mu bukwe bumwe.

Taiwo Oguntoye na Kehinde Oguntoye, impanga z’abasore zikomoka muri Nigeria, zashyingiranywe n’impanga z’abakobwa zitwa Taiwo Adediran na Kehinde Adediran, mu bukwe budasanzwe bwabereye icyarimwe mu Mujyi wa Ibadan, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria. Nubwo mu bwoko bw’Aba-Yoruba kubyara impanga ari ibintu bisanzwe kandi bifatwa nk’umugisha, ni gake cyane usanga impanga zishyingiranwa n’izindi mpanga. Ibi…

Soma inkuru yose

Umukecuru w’imyaka 65 yatunguye benshi kubera ubuhanga bwe mu kubuguza.

Mukandekezi Rozarie w’imyaka 65 ni umwe mu bakinnyi bamaze kubaka izina mu mukino w’igisoro, aho amaze inshuro enye zikurikiranya ahagararira Intara y’Amajyepfo mu mikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup. Nubwo atabashije kugera ku musaruro yifuzaga mu mikino ya nyuma yabereye mu Karere ka Bugesera kuwa 22 Kamena 2026, yavuze ko urukundo afitiye igisoro rwatangiye akiri…

Soma inkuru yose

“RYAF” yatoye ubuyobozi bushya, Sakina Usengimana yongera kugirirwa icyizere

I Kigali, kuri uyu wa 20 Kamena 2026, Ihuriro ry’Urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi n’ibibushamikiyeho kinyamwuga (RYAF) ryatoye inzego nshya z’ubuyobozi zizariyobora mu gihe kiri imbere, mu matora yabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali. Aya matora yasize Usengimana Sakina yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora RYAF nka Perezida w’Inama y’Ubuyobozi, nyuma yo…

Soma inkuru yose

Ese Kwambikana Impeta Byonyine Birahagije Gushimangira Umubano w’Abakundana?

Mu mibanire y’abakundana, kwambikana impeta bifatwa nk’intambwe ikomeye igaragaza urukundo, ukwizerana n’ubwiyemezi bwo kubaka ejo hazaza hamwe. Kuri bamwe, ni ikimenyetso cyerekana ko umubano wageze ku rwego rwo hejuru, mu gihe abandi babibona nk’isezerano ryo kuzabana ubuzima bwose. Icyakora, ikibazo gikomeje kwibazwa ni ukumenya niba impeta yonyine ihagije kugira ngo umubano ukomere kandi urambe. Abahanga…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umugabo yafatiwe mu cyuho ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe

Mu Mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe mu Murenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, haravugwa umugabo wafatiwe mu cyuho asambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe, nyuma y’uko abaturage bumvise uwakorewe ayo mahano ataka bagatabaza. Ibi byabaye ahagana saa munani z’amanywa ku wa 8 Kamena 2026, mu gashyamba kari hafi y’Urwunge rw’Amashuri rwa…

Soma inkuru yose

Gisagara: Umusore wakekwagaho kwica se yasanzwe yapfuye nyuma y’iminsi ashakishwa

Mu Karere ka Gisagara haravugwa inkuru y’incamugongo nyuma y’uko umusore w’imyaka 22 y’amavuko wakekwagaho kwica se amuteye icyuma, na we aza gusangwa yapfuye amanitse mu mugozi nyuma y’iminsi ashakishwa n’inzego z’umutekano. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Nkunamo, Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi, aho abaturage bavuga ko uyu muryango wahuye n’akaga gakomeye ko kubura abantu…

Soma inkuru yose

Nyanza: Hari gukorwa iperereza ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu muhanda, abantu batanu bafashwe

Inzego z’umutekano n’iz’ubugenzacyaha mu Karere ka Nyanza zatangiye iperereza ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu muhanda wa Kigali-Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026, nyuma y’uko abaturage batanze amakuru ku makimbirane yabaye mu ijoro ryabanjirije uwo munsi. Ibi byabereye mu Murenge wa Mukingo, Akagari ka Gatagara, aho abaturage bavuga ko…

Soma inkuru yose

Introvert, Extrovert na Ambivert: Ese wowe uzi ikiciro uherereyemo? Sobanukirwa!

Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bakunze kwibaza impamvu hari abandi bantu bakunda kuba ahantu hari abantu benshi, bakagira inshuti nyinshi kandi bakagirana umubano usesuye n’abandi bakisanzura mu buryo bwuzuye, nyamara hakaba n’abandi bakunda kwibera mu buzima bw’umutuzo cyane, bagashimishwa no kumara igihe kinini ari bonyine cyangwa mu matsinda mato bitandukanye cyane n’abandi. Mu…

Soma inkuru yose

Nyaruguru na Huye: Abagabo bane bafatiwe mu bujura bw’inka zirindwi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha, aho amakuru atangwa n’abaturage akomeje kugira uruhare rukomeye mu gufata abakekwaho ibikorwa by’ubujura. Muri urwo rwego, abantu bane bakekwaho ubujura bw’amatungo bafatiwe mu bikorwa byo kwiba inka zirindwi mu Turere twa Nyaruguru na Huye. Amakuru…

Soma inkuru yose

Anguilla: Igihugu kimwe rukumbi cyakijijwe na AI

Tekereza ikirwa gito gituwe n’abantu bagera ku 16,000 gusa, ariko kikaba cyinjiza buri mwaka miliyoni nyinshi z’amadolari kubera indanga rubuga izwi nka (domain name) igizwe n’inyuguti ebyiri gusa (.ai). Ibi bisa nk’ibidashoboka ariko ni byo byabaye muri Anguilla, akarwa gato kayoborwa n’u Bwongereza kari mu nyanja ya Karayibe (Caribbean). Domain ya .AI ni iki? .ai…

Soma inkuru yose

Menya impamvu zituma umuntu yavugira hejuru undi akavugira hasi?

Uburyo abantu bavuga ntibuba bumwe. Hari abavuga ijwi riranguruye ku buryo bumvikanira kure, mu gihe abandi bavuga buhoro bigasaba ko ubegera cyangwa ukabatega amatwi cyane kugira ngo wumve ibyo bavuga. Abahanga bavuga ko ibi biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo imiterere y’umuntu, ubuzima bwe ndetse n’aho yakuriye. Imiterere n’imico by’umuntu Hari abantu bavukana cyangwa bakakura bafite imiterere…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umusore yafashwe amaze kwiba ihene eshatu z’umuturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira no kurwanya ubujura bw’amatungo hagamijwe kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Ngoma, hafatiwe mu cyuho umusore wari umaze kwiba ihene eshatu…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abaturage batewe impungenge n’umusanzu wa “EjoHeza” bavuga ko batabona muri sisitemu

Mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Karambi, hari abaturage bavuga ko batewe impungenge n’imikorere ya gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya “EjoHeza”, nyuma yo gutanga amafaranga y’umusanzu ariko ntibabone ubutumwa bubemeza ko amafaranga yabo yashyizwe muri sisitemu nk’uko bisanzwe bigenda ku banyamuryango b’iyi gahunda. Iki kibazo cyatumye bamwe mu baturage batangira kugira amakenga ku mikorere y’ikusanywa…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi: Abagabo benshi bahangayikishwa n’ingano y’ibitsina byabo

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’abahanga ku ndwara z’abagabo bwagaragaje ko umubare munini w’abagabo ku Isi bahura n’ikibazo cy’ihungabana n’ipfunwe bitewe n’ingano y’ibitsina byabo, nubwo benshi mu bagore babo baba banyuzwe n’imibonano mpuzabitsina bagirana. Ubwo bushakashatsi bwashyizwe hanze binyuze mu kinyamakuru mpuzamahanga cya Sexual Medicine, bwagaragaje ko hagati ya 45% na 68% by’abagabo bagira impungenge z’uko ibitsina…

Soma inkuru yose

Inteko Ishinga Amategeko yatangiye ingendo zo kugenzura umusaruro w’ubuhinzi

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yatangaje ko igiye kohereza Abadepite mu ngendo z’akazi mu gihugu hose hagamijwe gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo guteza imbere ubuhinzi, by’umwihariko kongera umusaruro w’ibiribwa n’ibihingwa ngengabukungu. Izi ngendo zizatangira ku itariki ya 28 Gicurasi 2026 kugeza ku ya 4 Kamena 2026 mu turere twose tw’igihugu, hanyuma zikomereze…

Soma inkuru yose

U Bushinwa bwakomeje kwagura ubushobozi mu by’isanzure nyuma yo kohereza Shenzhou-23

U Bushinwa bwongeye kwerekana ubushake bwo gukomeza kuba kimwe mu bihugu bikomeye mu bushakashatsi bwo mu isanzure, nyuma yo kohereza icyogajuru cya Shenzhou-23 gitwaye aba astronaut batatu bafite inshingano zikomeye zirimo gukora ubushakashatsi bwihariye no gutegura ingendo zizagera ku Kwezi. Iki cyogajuru cyahagurutse mu ijoro ryo ku wa 24 Gicurasi 2026 kivuye muri Jiuquan Satellite…

Soma inkuru yose
Inzuki

Ibintu 10 Bitangaje Utari Uzi Ku Nzuki

Nubwo inzuki ari udukoko duto, zifite uruhare runini cyane mu buzima bwacu bwa buri munsi. Zifasha indabyo gukura, zigatanga ubuki buryoshye, kandi ni kimwe mu binyabuzima bifite akamaro gakomeye ku Isi. Iyo inzuki zitabaho, ibimera byinshi ndetse n’ibiribwa dukunda kurya uyu munsi ntituba tubibona. Dore ibintu bitangaje kandi bishimishije ku nzuki bizatuma uzishimira kurushaho kubera…

Soma inkuru yose

Nyanza: Hafashwe umugabo ukekwaho gucuruza inyama z’imbwa mu baturage

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwo mu Karere ka Nyanza zata muri yombi umugabo ukekwaho kubaga no gucuruza inyama z’imbwa mu baturage. Uyu mugabo witwa Banguwiha uzwi ku izina rya Mugoyi, afite imyaka 44 y’amavuko. Yafatiwe mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, mu Mudugudu wa Kavumu. Amakuru yatangajwe n’abaturage avuga ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

Imirwano ishingiye ku birombe yahitanye abantu i Lomami muri RDC

Imirwano ikomeye yabereye mu Ntara ya Lomami Province muri Democratic Republic of the Congo yahitanye abantu batanu, abandi benshi barakomereka ndetse inzu ziratwikwa. Aya makimbirane yabaye ku wa 15 Gicurasi 2026 hagati y’abaturage bo mu midugudu ya Bena Mukendi na Bena Mutaamba, iherereye muri Teritwari ya Ngandajika Territory. Aya makuru yatangajwe na Radio Okapi, yavuze…

Soma inkuru yose

Umutekano Muke Muri Cabo Delgado Ukomeje Guhungabanya Ubuzima bw’Abaturage

Mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu majyaruguru ya Mozambique, umutekano ukomeje kuzamba bitewe n’ibitero by’inyeshyamba ziyitirira idini ya Islamu, ibintu bikomeje gushyira abaturage mu bwoba no gutuma benshi bahunga ingo zabo. Umwepiskopi wa Quelimane Agaragaza Uburemere bw’Ibibazo Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Quelimane, Osório Citora Afonso, yatangaje ko ubuzima bw’abaturage bo muri Cabo Delgado…

Soma inkuru yose

Polisi ya Uganda yahaye umupolisi inkweto zidasanzwe kubera ikirenge kinini cyamubuzaga gukora neza

Umupolisi wari umaze igihe abura inkweto zimukwira yahawe izifite ibice 52 ku bipimo byo mu Burayi Polisi ya Uganda yahaye umupolisi wayo, PPC Olepus Jovian, inkweto zihariye nyuma y’igihe kinini ahura n’ikibazo cyo kubura inkweto zimukwira kubera ubunini bw’ikirenge cye. Kumunsi wo kuwa Kane, ubuyobozi bushinzwe ibikoresho muri Polisi ya Uganda bwamushyikirije inkweto z’akazi zifite…

Soma inkuru yose

U Rwanda ruri mu mushinga mugari wo kuvugurura uburyo bwo gutunganya amazi yanduye

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Jimmy Gasore, yatangaje ko umushinga wo kubaka uruganda rutunganya amazi yanduye ava mu bwiherero bwo mu Mujyi wa Kigali wadindiye nyuma y’uko rwiyemezamirimo wari warawutsindiye ananiwe kuwushyira mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe. Uyu mushinga wari ugamije kubaka uruganda runini ku Giticyinyoni ndetse n’imiyoboro ireshya na kilometero 92 izajya inyuzwa munsi y’ubutaka mu bice…

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya kongera amashanyarazi akomoka kuri Gaz méthane yo mu Kivu akagera kuri Megawatt 100

U Rwanda rukomeje gushora imbaraga mu kongera ingano y’amashanyarazi kugira ngo rubashe guhaza abaturage n’ibikorwa by’iterambere bikomeje kwiyongera. Mu rwego rwo gushaka ibisubizo birambye, igihugu cyahisemo gukomeza kubyaza umusaruro Gaz méthane iboneka mu Kiyaga cya Kivu, aho biteganyijwe ko amashanyarazi akomoka kuri iyo gaz azagera kuri megawatt 100 mu myaka iri imbere. Ibi byatangajwe n’…

Soma inkuru yose

Leta ihangayikishijwe n’akazi, urubyiruko rwo ruhugiye mu buzima bwo kwinezeza mu mibonano mpuzabitsina

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guhanga imirimo mishya no kugabanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, gusa haracyari impungenge z’uko bamwe mu rubyiruko bo basa n’abamaze kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ahubwo bakaba bari mu buzima bwo kwishora mu ngeso zibangiriza ubuzima n’iterambere. SnapChat yahindutse ahantu ho gusangiza ibibazo by’urukundo n’imibonano Raporo y’Ikigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

ESE KUBANA N’UMUNTU BIPIMIRWA MURI SEX Gusa😱? KUKI ABASORE N’INKUMI BATINYA KUBAKA URUGO 🧐?

Muri iyi episode , Sandra Ishimwe na Clement Mutabazi baganira ku buryo urubyiruko rw’iki gihe rureba urukundo, imibanire n’ishingwa ry’urugo. Ese koko urukundo rushingira ku mubano w’umubiri gusa? Cyangwa hari ibirenzeho nko kwizera, inshingano, n’imyumvire ihamye? Turasesengura: ✨ Impamvu benshi batinya gushaka ✨ Imitekerereze mishya ku rukundo n’imibanire ✨ Ibitera gutandukana no gutinya gufata inshingano…

Soma inkuru yose