Inzuki

Ibintu 10 Bitangaje Utari Uzi Ku Nzuki

Nubwo inzuki ari udukoko duto, zifite uruhare runini cyane mu buzima bwacu bwa buri munsi. Zifasha indabyo gukura, zigatanga ubuki buryoshye, kandi ni kimwe mu binyabuzima bifite akamaro gakomeye ku Isi. Iyo inzuki zitabaho, ibimera byinshi ndetse n’ibiribwa dukunda kurya uyu munsi ntituba tubibona. Dore ibintu bitangaje kandi bishimishije ku nzuki bizatuma uzishimira kurushaho kubera…

Soma inkuru yose

Nyanza: Hafashwe umugabo ukekwaho gucuruza inyama z’imbwa mu baturage

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwo mu Karere ka Nyanza zata muri yombi umugabo ukekwaho kubaga no gucuruza inyama z’imbwa mu baturage. Uyu mugabo witwa Banguwiha uzwi ku izina rya Mugoyi, afite imyaka 44 y’amavuko. Yafatiwe mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, mu Mudugudu wa Kavumu. Amakuru yatangajwe n’abaturage avuga ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

Imirwano ishingiye ku birombe yahitanye abantu i Lomami muri RDC

Imirwano ikomeye yabereye mu Ntara ya Lomami Province muri Democratic Republic of the Congo yahitanye abantu batanu, abandi benshi barakomereka ndetse inzu ziratwikwa. Aya makimbirane yabaye ku wa 15 Gicurasi 2026 hagati y’abaturage bo mu midugudu ya Bena Mukendi na Bena Mutaamba, iherereye muri Teritwari ya Ngandajika Territory. Aya makuru yatangajwe na Radio Okapi, yavuze…

Soma inkuru yose

Umutekano Muke Muri Cabo Delgado Ukomeje Guhungabanya Ubuzima bw’Abaturage

Mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu majyaruguru ya Mozambique, umutekano ukomeje kuzamba bitewe n’ibitero by’inyeshyamba ziyitirira idini ya Islamu, ibintu bikomeje gushyira abaturage mu bwoba no gutuma benshi bahunga ingo zabo. Umwepiskopi wa Quelimane Agaragaza Uburemere bw’Ibibazo Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Quelimane, Osório Citora Afonso, yatangaje ko ubuzima bw’abaturage bo muri Cabo Delgado…

Soma inkuru yose

Polisi ya Uganda yahaye umupolisi inkweto zidasanzwe kubera ikirenge kinini cyamubuzaga gukora neza

Umupolisi wari umaze igihe abura inkweto zimukwira yahawe izifite ibice 52 ku bipimo byo mu Burayi Polisi ya Uganda yahaye umupolisi wayo, PPC Olepus Jovian, inkweto zihariye nyuma y’igihe kinini ahura n’ikibazo cyo kubura inkweto zimukwira kubera ubunini bw’ikirenge cye. Kumunsi wo kuwa Kane, ubuyobozi bushinzwe ibikoresho muri Polisi ya Uganda bwamushyikirije inkweto z’akazi zifite…

Soma inkuru yose

U Rwanda ruri mu mushinga mugari wo kuvugurura uburyo bwo gutunganya amazi yanduye

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Jimmy Gasore, yatangaje ko umushinga wo kubaka uruganda rutunganya amazi yanduye ava mu bwiherero bwo mu Mujyi wa Kigali wadindiye nyuma y’uko rwiyemezamirimo wari warawutsindiye ananiwe kuwushyira mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe. Uyu mushinga wari ugamije kubaka uruganda runini ku Giticyinyoni ndetse n’imiyoboro ireshya na kilometero 92 izajya inyuzwa munsi y’ubutaka mu bice…

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya kongera amashanyarazi akomoka kuri Gaz méthane yo mu Kivu akagera kuri Megawatt 100

U Rwanda rukomeje gushora imbaraga mu kongera ingano y’amashanyarazi kugira ngo rubashe guhaza abaturage n’ibikorwa by’iterambere bikomeje kwiyongera. Mu rwego rwo gushaka ibisubizo birambye, igihugu cyahisemo gukomeza kubyaza umusaruro Gaz méthane iboneka mu Kiyaga cya Kivu, aho biteganyijwe ko amashanyarazi akomoka kuri iyo gaz azagera kuri megawatt 100 mu myaka iri imbere. Ibi byatangajwe n’…

Soma inkuru yose

Leta ihangayikishijwe n’akazi, urubyiruko rwo ruhugiye mu buzima bwo kwinezeza mu mibonano mpuzabitsina

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guhanga imirimo mishya no kugabanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, gusa haracyari impungenge z’uko bamwe mu rubyiruko bo basa n’abamaze kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ahubwo bakaba bari mu buzima bwo kwishora mu ngeso zibangiriza ubuzima n’iterambere. SnapChat yahindutse ahantu ho gusangiza ibibazo by’urukundo n’imibonano Raporo y’Ikigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

ESE KUBANA N’UMUNTU BIPIMIRWA MURI SEX Gusa😱? KUKI ABASORE N’INKUMI BATINYA KUBAKA URUGO 🧐?

Muri iyi episode , Sandra Ishimwe na Clement Mutabazi baganira ku buryo urubyiruko rw’iki gihe rureba urukundo, imibanire n’ishingwa ry’urugo. Ese koko urukundo rushingira ku mubano w’umubiri gusa? Cyangwa hari ibirenzeho nko kwizera, inshingano, n’imyumvire ihamye? Turasesengura: ✨ Impamvu benshi batinya gushaka ✨ Imitekerereze mishya ku rukundo n’imibanire ✨ Ibitera gutandukana no gutinya gufata inshingano…

Soma inkuru yose