ARJ yahakanye ibaruwa yavugwaga ko itabariza abanyamakuru, ivuga ko yari impimbano

Umuryango Nyarwanda w’Abanyamakuru (ARJ) watangaje ko ibaruwa yari imaze iminsi ikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, ivugwa ko yanditswe n’uyu muryango isaba Leta guhagurukira ihohoterwa rikorerwa abanyamakuru, atari inyandiko yawo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 3 Nyakanga 2026, ARJ yavuze ko iyo baruwa yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ari impimbano, isaba abaturage n’ibitangazamakuru kutayiha agaciro kuko…

Soma inkuru yose

Gloria Mukamabano yongeye kwinjira mu itangazamakuru, agiye gukorana na Jean Pierre Kagabo

Nyuma y’igihe kitari gito atagaragara mu bikorwa by’itangazamakuru, umunyamakuru Gloria Mukamabano yatangaje ko yiteguye kongera kugaruka muri uyu mwuga wamumenyekanishije, aho azajya akorana ibiganiro na mugenzi we Jean Pierre Kagabo. Mu kiganiro cyanyuze ku rubuga rwa KP Media24, Gloria yavuze ko kuva yimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo abe hafi y’umuryango we,…

Soma inkuru yose

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yasohoye indirimbo nshya yise ‘Abanzi’

Umunyamakuru ndetse n’umuhanzi nyarwanda Ndahiro Valens Papy yashyize hanze indirimbo nshya yise “Abanzi”, igaruka ku rugamba abantu bafite impano banyuramo, cyane cyane igihe bahura n’ababaca intege cyangwa abafite inyungu zo kubazimya. Iyi ndirimbo yasohotse ku wa 23 Gicurasi 2026, ikaba iri mu zigaragaza amarangamutima ndetse n’ubuzima bwite bw’uyu munyamakuru umaze igihe azwi mu itangazamakuru nyarwanda,…

Soma inkuru yose