Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byagabye ibitero ku mpande zombi nyuma y’uko ingabo za Amerika zigabye igitero ku byuma bibiri bitera za roketi ku kirwa cya Larak, mu muhora wa Hormuz.
Iki ni cyo gitero cya mbere kizwi Amerika igabye kuri Iran kuva mu mpera za Nyakanga. Ingabo z’Abarinzi ba Revolution ya Iran (IRGC) zavuze ko icyo gitero cyahitanye abantu babiri, abandi babiri bagakomereka, ndetse zisezeranya ko hazabaho “igisubizo n’igihano.”
US Central Command (Centcom) yavuze ko yakoze igikorwa “gito kandi kigamije ahantu hazwi neza” mu kurwanya ingabo za Iran zari zitegura gushyira za mine mu Nyanja ya Hormuz, aho zavugaga ko zari zitera “akaga kihutirwa” ku bwato bwanyuraga muri iyo nzira.
Iran yavuze ko mu gusubiza icyo gitero yagabye ibitero ku birindiro by’ingabo za Amerika muri Jordan. Ingabo za Jordan zatangaje ko mu gitondo cyo ku wa Mbere zahanuye misile umunani zari zerekejwe ku butaka bw’icyo gihugu.
Televiziyo ya Leta ya Iran na yo yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zagabye igitero hakoreshejwe drones ku kigo cy’indege kiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Ariko Minisiteri y’Ingabo ya UAE yahakanye ayo makuru, ivuga ko nta gitero cyagabwe ku Al-Minhad Air Base, kandi ko ayo makuru “adashingiye ku kuri.” Icyakora, UAE yemeje ko yahanuye drone imwe.
Igitero cya Amerika ni cyo cya mbere kizwi cyagabwe kuri Iran kuva Perezida Donald Trump ahagaritse by’agateganyo ibikorwa bishya bya gisirikare mu mpera za Nyakanga.

Larak Island iri hafi y’icyambu gikomeye cya Bandar Abbas, kandi iri ku muryango w’Inyanja ya Hormuz, inzira y’amazi ifite akamaro gakomeye ku bwikorezi mpuzamahanga.
Mbere y’uko intambara itangira, hafi 20% bya peteroli na gaze karemano itunganyijwe mu buryo bw’amazi (LNG) byanyuraga muri iyo nzira.
Kuva intambara yatangira muri Gashyantare, Inyanja ya Hormuz hafi ya yose yafunzwe ku bwikorezi bw’amato, bituma ibiciro bya peteroli ku masoko mpuzamahanga bihindagurika cyane.
Kugeza ubu, Iran isaba ko amato atwara peteroli anyura hafi ya Larak Island kugira ngo asuzumwe. Hari kandi amakuru avuga ko Iran iri gusaba amato kwishyura hafi miliyoni 2 z’amadolari kugira ngo yemererwe kunyura muri iyo nzira.
Ikigo cy’amakuru cya Iran Tasnim, gifitanye isano na IRGC, cyari cyatangaje ko igitero kuri Larak cyagabwe hakoreshejwe drones. Nyuma y’amasaha make, ibitangazamakuru byo muri Iran byatangaje itangazo rya IRGC rivuga ko Iran yagabye ibitero bya misile za ballistique ku birindiro by’ingabo za Amerika bya King Hussein na al-Azraq muri Jordan, mu rwego rwo kwihorera ku gitero cyabereye kuri Larak Island.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yavuze ko “yamaganaga cyane igitero cya gisirikare Amerika yagabye kuri Larak”, ivuga ko ibitero byagabwe ku birindiro bya Amerika muri Jordan ari “kwirwanaho byemewe.”
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, na we yavuze ko Iran idashaka intambara, ariko ko “izatanga igisubizo simusiga ku bateye igihugu.”
Nyuma y’amasaha make Amerika igabye igitero, Trump yashyize kuri Truth Social amashusho agaragara nk’ayakozwe hakoreshejwe ikoranabuhanga rya AI, agaragaza ibikorwa remezo bya peteroli biturika.
Imwe muri ayo mashusho yari iriho amagambo agira ati: “Kharg Island irimo gusenywa burundu!” Yerekezaga ku kigo gikomeye cya peteroli kiri ku kirwa cya Kharg, ku nkombe za Iran, Trump yari yarigeze gutera ubwoba ko Amerika ishobora kugaba igitero kuri cyo.
Amerika na Israel byatangije ibitero byinshi kuri Iran ku wa 28 Gashyantare, Iran na yo isubiza igaba ibitero kuri Israel, ibirindiro by’ingabo za Amerika ndetse n’ibihugu biyishyigikiye biri mu karere k’Ikigobe.
Ibi byatumye Inyanja ya Hormuz ifungwa ku bwikorezi bw’amato. Inyanja ya Hormuz ni inzira y’amazi ifunganye iri hagati ya Iran, UAE na Oman, kandi ahantu hagufi cyane ifite ubugari bwa kilometero hafi 33.
Amategeko y’Umuryango w’Abibumbye yemera ko ibihugu bishobora kugenzura amazi y’inyanja agera kuri 12 nautical miles uvuye ku nkombe zabyo. Ku gice kigufi cyane cya Hormuz, iyo nzira n’imihanda ikoreshwa n’amato biri mu mazi y’ubutaka bwa Iran na Oman. Iran kandi yararashe ku mato yavuze ko yashatse kunyura muri iyo nzira atabiherewe uburenganzira.
Mu cyumweru gishize, Trump yavuze ko mine zose Iran yari yarashyize muri Strait of Hormuz mu rwego rwo gufunga iyo nzira zamaze guturika cyangwa gukurwamo.
Yavuze ko Iran yari yaraburiwe ko ubwato cyangwa inyanja ntoya izagerageza gushyiramo izindi mine izashwanyaguzwa. Ariko Visi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Kazem Gharibabadi, yavuze ko amagambo ya Trump ari “ubushukanyi bw’ubukangurambaga bwa politiki.”
Iran kandi iri kongera guhura n’igitutu gikomeye mu bukungu, nyuma y’uko Washington ku wa 24 Kanama itangaje ibihano bishya bigamije kurushaho gutandukanya Iran n’ubukungu mpuzamahanga no kongera ibihano ku bafatanyabikorwa bayo.
Abayobozi ba Iran n’ibitangazamakuru bya Leta muri icyo gihugu ahanini basuzuguye ibyo bihano bishya, bavuga ko ari ugukomeza ingamba z’ubukungu Amerika yari yarasanzwe yarafatiye Iran, kandi ko ngo zije nyuma y’uko ibikorwa bya gisirikare bya Washington bidakemuye ikibazo.
Amerika kandi ikomeje gufunga inzira zo mu nyanja zikoreshwa na Iran, ibintu byagize ingaruka ku bushobozi bw’icyo gihugu bwo kohereza peteroli ku masoko mpuzamahanga.
Ku wa Gatandatu, Centcom yatangaje ko muri ibyo bikorwa yahagaritse amato atatu, igenzura andi abiri ndetse ihindura inzira y’amato 82 mu rwego rwo gukomeza iryo gikorwa cyo kugenzura ubwikorezi bwo mu nyanja.










