Jean Baptiste Tuyisenge

U Rwanda rwihaye intego yo kugabanya 50% by’impanuka zo mu muhanda bitarenze imyaka ine.

U Rwanda rwatangaje ko rwiyemeje kugabanya ku kigero cya 50% impanuka zo mu muhanda mu myaka ine iri imbere, binyuze mu gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zigamije kunoza umutekano wo mu muhanda no kurinda ubuzima bw’abawukoresha. Ibi byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, mu nama mpuzamahanga yiga ku mutekano wo mu…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Afurika biracyafite urugendo mu gutanga ubuvuzi bugabanya ububabare.

U Rwanda rumaze igihe rushyira imbaraga mu kubaka urwego rw’ubuzima rufasha abaturage bose kubona serivisi zibafitiye akamaro. Binyuze muri gahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima, imikorere y’abajyanama b’ubuzima n’ikwirakwizwa rya serivisi z’ingenzi mu gihugu hose, rwabaye urugero rwiza rw’ibishoboka ku bindi bihugu byinshi bya Afurika. Nubwo bimeze bityo, ubuvuzi bwo kugabanya ububabare (palliative care) buracyafite urugendo rurerure kugira…

Soma inkuru yose

Uruzinduko rw’umudipolomate wa Koreya ya Ruguru mu Burusiya rwateje impaka.

Uruzinduko rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Koreya ya Ruguru, Choe Son Hui, mu Burusiya rwakuruye amatsiko menshi mu ruhando mpuzamahanga, aho bamwe mu basesenguzi n’abayobozi muri Koreya y’Epfo bakeka ko rushobora kuba rufitanye isano n’indi migambi ya dipolomasi iri gutegurwa hagati y’ibihugu byombi. Nubwo uru ruzinduko rwabaye ku butumire bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya,…

Soma inkuru yose

Hamenyekanye icyateye indwara y’impiswi zikabije yibasiye Abanyamerika.

Ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya indwara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CDC) cyatangaje ko cyamaze kumenya icyateye icyorezo cy’indwara y’impiswi cyibasiye abaturage benshi muri iki gihugu. Iperereza ryakozwe ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe umutekano w’ibiribwa n’imiti (FDA) ryagaragaje ko iyi ndwara yatewe n’agakoko kitwa Cyclospora, kabonetse muri salade zatangirwaga muri restaurant za Taco Bell. Abashinzwe…

Soma inkuru yose

Aba-Rayons bitanze hafi miliyoni 200 Frw, Muvunyi atanga arenga miliyoni 147 Frw.

Abakunzi ba Rayon Sports n’abahoze bayiyobora bakusanyije inkunga igera hafi kuri miliyoni 200 Frw yo gushyigikira iyi kipe mu mwaka w’imikino wa 2026/27, barimo Paul Muvunyi wongeye kwiyemeza gutanga ibihumbi 100 by’Amadolari ya Amerika, arenga miliyoni 147 Frw. Iki gikorwa cyabaye kuwa 17 Nyakanga 2026 nyuma y’umuhango wo gusinyana amasezerano hagati ya Rayon Sports na…

Soma inkuru yose

Ebola nta gahenge itanga muri RDC, abanduye barenga 2.180.

Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira ku muvuduko uteye impungenge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara ya Ituri ifatwa nk’izingiro ryacyo. Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yatangaje ko kugeza kuwa 17 Nyakanga 2026, abantu 2.181 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola, barimo 864 bamaze guhitanwa na yo, mu gihe…

Soma inkuru yose

Peteroli yongeye guhenda ku isoko mpuzamahanga.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga byakomeje kuzamuka, bitewe n’ubushyamirane bukomeje gukaza umurego hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran. Imibare yo kuwa 17 Nyakanga 2026 igaragaza ko igiciro cy’agagunguru ka peteroli cyiyongereyeho amadolari 0,7, kigera kuri 84,3$, nyuma y’izamuka rikomeje kugaragara ku masoko mpuzamahanga. Mu cyumweru kimwe gusa, ibiciro bya peteroli…

Soma inkuru yose

RDC iracyahanganye n’icyorezo cya Ebola kimaze kwica abarenga 820.

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza kuwa 15 Nyakanga 2026, abantu 2.124 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu gihe 828 muri bo bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Intara ya Ituri ni yo ikomeje kugaragaramo umubare munini w’abanduye kurusha izindi ntara enye iki cyorezo cyagezemo, nubwo ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Iran yatanze umuburo: Amerika niyongera ibitero, Inyanja Itukura ishobora gufungwa.

Iran yasabye umutwe w’Aba-Houthi wo muri Yemen kwitegura gufunga inzira ya Bab el-Mandeb, ihuza Inyanja Itukura n’Inyanja ya Aden, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakomeza ibikorwa byayo bya gisirikare cyangwa ikagaba ibitero ku bikorwaremezo by’ingufu bya Iran. Aya makuru yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru Reuters, bivuga ko byayahawe n’abantu batatu bafite amakuru kuri iki kibazo….

Soma inkuru yose

“Sindagura, ariko Umunyamerika nashaka kurwana azatsindwa” – Tito Rutaremara.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora guhura n’imbogamizi zikomeye ziramutse zifashe icyemezo cyo kohereza ingabo ku butaka bwa Iran, avuga ko abasirikare ba Iran bafite impamvu ikomeye yo kurwanira igihugu cyabo. Mu butumwa yashyize hanze kuwa 16 Nyakanga 2026, Rutaremara yasesenguye intambara imaze amezi hafi…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwahize ibindi bihugu bya Afurika mu kurwanya ruswa.

Raporo y’ibanze ya Ibrahim Index of African Governance (IIAG) 2026, yakozwe na Mo Ibrahim Foundation ikanashyirwa ahagaragara muri Nyakanga 2026, yagaragaje ko u Rwanda na Seychelles ari byo bihugu bya Afurika biyoboye mu kurwanya ruswa, buri kimwe gifite amanota 76,6%. Iyi raporo isuzuma uko ibihugu bihagaze mu kurwanya ruswa hifashishijwe ibipimo bitandatu birimo ingamba zo…

Soma inkuru yose

Rulindo: Umuturage akurikiranyweho gukoresha amapingu mu guhana abaturage.

Abaturage bo mu Murenge wa Cyinzuzi, Akarere ka Rulindo, batangaza ko bafite impungenge z’umutekano wabo bitewe n’umuturage uzwi ku izina rya Gafunu, bavuga ko atunze amapingu kandi akayakoresha mu buryo butemewe n’amategeko. Nk’uko babivuga, uwo mugabo batazi amazina ye nyakuri ngo yigeze gufungirwa ahitwa i Tare, ariko aza gutorokana amapingu. Nyuma yaho ngo yatangiye kuyakoresha…

Soma inkuru yose

Ururimi rw’Ikirusiya rugiye gutangira kwigishwa mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye gutangizwa amasomo y’ururimi rw’Ikirusiya, gahunda izatangira ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, tariki ya 16 Nyakanga 2026. Aya masomo azatangwa na Russkiy Mir Foundation ibinyujije mu muryango Soma Foundation Rwanda, mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda bifuza kumenya no kuvuga Ikirusiya, cyane cyane abafite gahunda zo kujya kwiga cyangwa…

Soma inkuru yose

Abadepite b’u Bufaransa batoye bashyigikira uburenganzira bwo guhuhura abarwayi barembye.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yemeje kuwa Gatatu umushinga w’itegeko uzemerera abantu bakuru bafite indwara zidakira kandi zitavurwa gusaba ubufasha bwo kurangiza ubuzima bwabo mu buryo bwemewe n’amategeko. Iri tegeko rifatwa nk’intambwe ikomeye mu mpaka n’ibiganiro bimaze imyaka myinshi bibera mu Bufaransa ku burenganzira bw’abarwayi bafite uburwayi bukomeye bwo kwifatira icyemezo ku iherezo ry’ubuzima bwabo….

Soma inkuru yose

Kwimukira mu mijyi bikomeje kwiyongera, aho abatuye mu mijyi bazarenga miliyoni 16 mu 2040.

U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere imijyi, aho ruteganya ko mu mwaka wa 2050 abaturage 70% bazaba batuye mu mijyi, mu gihe 30% gusa ari bo bazaba bagituye mu byaro. Impuguke zemeza ko iyi gahunda izafasha kubungabunga no kwagura ubutaka bw’ubuhinzi, bityo umusaruro ukarushaho kwiyongera. Imibare igaragaza ko umuvuduko w’imiturire yo mu mijyi…

Soma inkuru yose

U Burusiya bwahagaritse drones nyinshi zari zoherejwe kugaba igitero i Moscow.

U Burusiya bwatangaje ko bwaburijemo igitero gikomeye cya drones cyari kigamije Umujyi wa Moscow, aho ingabo zabwo zarashe indege zitagira abapilote nyinshi zoherejwe na Ukraine mbere y’uko zigera ku ntego zazo. Aya makuru yatangajwe n’Umuyobozi wa Moscow, Sergey Sobyanin, wavuze ko ku Cyumweru ubwirinzi bwo mu kirere bw’u Burusiya bwashenye drones nyinshi zari zerekeje ku…

Soma inkuru yose

Guverinoma yerekanye ko ibura ry’amazi ari ikibazo gikomeye gikwiye kwitabwaho.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yatangaje ko Guverinoma ihangayikishijwe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi gikomeje kugaragara hirya no hino mu gihugu, cyane cyane muri iki gihe cy’impeshyi, kikaba gifite ingaruka ku mibereho y’abaturage. Mu bice bitandukanye by’igihugu, abaturage bakomeje kugaragaza ikibazo cy’amazi make, aho hari n’aho igiciro cy’ijerekani imwe cyazamutse kigera hagati ya 700 Frw na 1000…

Soma inkuru yose

Iran yagabye ibitero mu bihugu bitandatu inemeza ko umuhora wa Hormuz wafunzwe.

Iran yakajije ibikorwa bya gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, igaba ibitero ku bihugu bitandatu birimo Qatar, Oman, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Jordan, Bahrain na Kuwait, mu gihe amakimbirane hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje gufata indi ntera. Ibi bitero byakurikiye guhererekanya misile na drones hagati ya Iran na Amerika. Ibihugu byibasiwe…

Soma inkuru yose

Menya amakuru y’ingenzi ku bihangano bitatu biteganyijwe gushyirwa mu Karere ka Karongi.

Akarere ka Karongi kagiye gushyira ibihangano nyabugeni bitatu ahantu h’ingenzi ku mihanda yinjira mu mujyi, hagamijwe kugaragaza umwihariko wako no guteza imbere ubukerarugendo. Ibi bihangano bizubakwa mu isantere ya Rubengera, ku bwinjiriro bw’Umujyi wa Karongi uturutse i Rubengera, ndetse no muri rond-point iri imbere y’Ibitaro bya Kibuye. Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald, yavuze ko…

Soma inkuru yose

Nyabarongo II igiye kongererwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba angana na megawatt 200.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu mishinga y’ingufu zigamije kongera amashanyarazi no kugabanya kwishingikiriza ku aturuka mu bihugu by’amahanga. Yabivugiye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko kuwa 9 Nyakanga 2026, ubwo yagezaga ku Badepite n’Abasenateri ibikorwa bya Guverinoma bijyanye no gukomeza kubungabunga ubukungu no kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Dr. Nsengiyumva…

Soma inkuru yose

Mu masaha 24, Ebola yishe 74 muri RDC, abarenga 140 bayandura.

Ubwiyongere bw’abanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo bwatumye umubare w’abamaze kuyandura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugera ku 1708, mu gihe abamaze guhitanwa na yo bageze kuri 580 kuva iki cyorezo cyatangazwa muri Gicurasi 2026. Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki cyorezo, aho uturere twa Mongbwalu, Rwampara, Bunia, Mambasa na…

Soma inkuru yose

Dangote yahisemo gushora imari muri Kenya aho kubaka uruganda rw’ibikomoka kuri peteroli muri Tanzania.

Umunyemari Aliko Dangote, uzwi nk’umuntu ukize kurusha abandi muri Afurika, yatangaje ko uruganda runini rutunganya peteroli ateganya kubaka muri Afurika y’Iburasirazuba ruzubakwa muri Kenya aho kuba muri Tanzania, ashyira iherezo ku minsi yari ishize havugwa igihugu kizakira uyu mushinga. Iki cyemezo cyatangajwe na Visi Perezida wa Dangote Industries Limited mu kiganiro yagiranye na AFP kuwa…

Soma inkuru yose

FIFA iri mu majwi nyuma y’uko u Bwongereza n’u Bufaransa bikurikiye icyemezo cyafashwe na Amerika.

Icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Folarin Balogun gukina umukino wa 1/8 wahuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bubiligi cyakomeje guteza impaka mu ruhando rw’umupira w’amaguru, aho ibihugu bimwe byatangiye gusaba ko ibihano byahawe abakinnyi babyo na byo byasubirwamo. Balogun yari yahawe ikarita itukura mu mukino Amerika yakinnye na Bosnie & Herzégovine, bituma byari biteganyijwe…

Soma inkuru yose

Umwenda munini wa miliyoni 121 Frw uteye impungenge Ibitaro bya Ruhango kubera kutamenya abo byishyuza.

Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mwenda wa miliyoni 121 Frw Ibitaro by’Intara bya Ruhango biberewemo n’abarwayi, nyuma y’uko raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaje ko nta rutonde rw’abawufitiye ibitaro rwari ruhari mu gihe cy’igenzura. Raporo y’ubugenzuzi yakozwe muri Kamena 2025 yerekanye ko ibitaro byari biberewemo amafaranga agera…

Soma inkuru yose

Ikizamini cy’Imibare ni cyo cyabimburiye ibindi mu bizamini bya Leta by’amashuri abanza.

Guhera saa tatu za mu gitondo, abayobozi bo muri Minisiteri y’Uburezi n’izindi nzego z’uburezi batangije ku mugaragaro ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, bavugiriza inzogera ku bigo byose bibyakiriraho. Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye ku mugaragaro kuri uyu wa 7 Nyakanga 2026, aho abanyeshuri 277.452 bo hirya no hino mu gihugu, barimo abo…

Soma inkuru yose

Rwanda Polytechnic yananiwe gusobanura impamvu miliyoni 250 Frw z’ingwate z’abanyeshuri zitarasubizwa.

Iki kibazo cyongeye kugarukwaho kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, ubwo ubuyobozi bwa Rwanda Polytechnic bwitabaga Komisiyo y’Abadepite Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) kugira ngo busobanure amakosa yagaragajwe muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2024/2025. Abagize PAC bagaragaje impungenge z’uko ikibazo cy’amafaranga y’ingwate y’abanyeshuri arenga miliyoni 250…

Soma inkuru yose

Iminsi 20 yo gusogongera ku muco w’Ubushinwa.

Hari ibintu byinshi umuntu atamenyera mu mashuri gusa, ahubwo abisobanukirwa neza binyuze mu rugendo no guhura n’isi nyakuri. Urugendo rw’iminsi 20 nagiriye mu Bushinwa rwambereye ishuri ryihariye, runsigira ubumenyi n’ubunararibonye birenze ibyo umuntu yavoma mu bitabo cyangwa mu masomo asanzwe. Iyi gahunda yahuje abitabiriye baturutse mu bihugu bitandukanye, bafite intego imwe yo kurushaho gusobanukirwa n’iterambere…

Soma inkuru yose

Ababyeyi batawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’impanga rwatewe n’uburangare.

Urukiko rwo mu Bufaransa rwafunze ababyeyi b’impanga z’abakobwa bari bafite amezi 15 nyuma yo gushinjwa uburangare bwatumye abana babo bapfa bazize inyota n’umwuma ukabije. Ababyeyi b’impanga z’abakobwa zapfiriye mu rugo rwabo rwo mu mujyi wa Beuvrages mu majyaruguru y’u Bufaransa bakurikiranyweho icyaha cyo kutita ku bana babo, nyuma y’uko iperereza rigaragaje ko urupfu rwabo rwatewe…

Soma inkuru yose

Mu Budage hafatiwe Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwatangaje ko bwataye muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho akurikiranyweho ibyaha birimo kuba icyitso muri Jenoside n’ubwicanyi. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuwa 1 Nyakanga 2026, Ubushinjacyaha bwasobanuye ko uyu mugabo uzwi nka Innocent S. yahoze ari umwungirije wa Burugumesitiri wa Komini Kayove, kandi ko yafatiwe muri…

Soma inkuru yose

Kenya yatahukanye abaturage bayo 86 bari baragizweho ingaruka n’ibikorwa bya xenophobia muri Afurika y’Epfo.

Leta ya Kenya yatangaje ko yatangiye ibikorwa byo gucyura abaturage bayo bari muri Afurika y’Epfo nyuma y’imyigaragambyo yibasira abimukira yakajije umurego, igateza ubwoba n’umutekano muke ku banyamahanga bahatuye. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, aho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ishinzwe Diaspora, Roseline Njogu, yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe nyuma yo kwakira raporo zigaragaza ko Abanyakenya…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwongeye gusaba u Burundi kudakomeza kugira uruhare mu ntambara iri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda rwasabye u Burundi guhagarika uruhare rwabwo rutaziguye mu makimbirane akomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), runarusaba kongera imbaraga mu kubahiriza no guteza imbere uburenganzira bwa muntu. Ibi byagarutsweho mu biganiro byahuje ibihugu bitandukanye n’Intumwa Yihariye ishinzwe gukurikirana uko uburenganzira bwa muntu bwifashe mu Burundi. U Rwanda rwashishikarije u Burundi gukora…

Soma inkuru yose

Urubyiruko rwigishijwe uko rwakoresha imbuga nkoranyambaga mu kurwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urubyiruko rw’u Rwanda rukoresha imbuga nkoranyambaga rugaragaza ko rwiteguye neza guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma yo guhabwa ubumenyi n’inzira byakwifashisha muri urwo rugamba. Urubyiruko rwatangaje ko rwungutse ubumenyi bwimbitse ku mateka y’u Rwanda, kuva mbere y’igihe cy’Ubukoloni, mu gihe cyabwo, kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu bihe byakurikiyeho. Ruvuga ko aya mateka rwize…

Soma inkuru yose

Abantu barenga 1.000 bamaze kwitaba Imana bazize ubushyuhe bukabije bwibasiye u Bufaransa.

Imibare igaragaza ko mu Bufaransa abantu basaga 1.000 bamaze guhitanwa n’ubushyuhe bukabije buri kwibasira u Burayi muri rusange. Mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa kuva ubushyuhe bukabije butangiye kwibasira u Bufaransa, abantu barenga 1.000 bamaze gupfa. Mu duce twinshi tw’icyo gihugu, ubushyuhe bwarenze dogere Celsius 40, ibintu bitari byarigeze bigaragara ku rugero nk’urwo kuva mu mwaka…

Soma inkuru yose

LONI yagaragaje ko yishimiye intambwe u Rwanda rukomeje gutera mu guhangana n’ubukene.

U Rwanda rwatangaje ko rumaze kugera ku musaruro ugaragara mu rugamba rwo kurwanya ubukene, binyuze mu ngamba na gahunda zitandukanye zigamije kuzamura imibereho y’abaturage no guteza imbere ubukungu bwabo. Mu nama ya 62 y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu (HRC62), u Rwanda rwagaragaje intambwe rumaze gutera mu kurwanya ubukene no kuzamura imibereho y’abaturage mu…

Soma inkuru yose

Charles III yabaye Umwami wa mbere w’u Bwongereza watangaje ku mugaragaro imisoro yishyura.

Umwami Charles III w’u Bwongereza yashyize ahagaragara amakuru yerekeye imisoro yishyura, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umucyo mu micungire y’umutungo w’ubwami n’uburyo abagize umuryango w’ibwami binjiza amafaranga. Raporo y’imari y’ubwami igaragaza ko Charles III yishyuye imisoro ingana na miliyoni 12,9 z’amapawundi mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025, ibintu byatumye aza mu bantu 100 ba…

Soma inkuru yose

Mu Bufaransa hagaragaye umurwayi wa mbere wanduye Ebola.

Minisiteri y’Ubuzima y’u Bufaransa yatangaje ko umuganga wanduye Ebola yahise ajyanwa mu kigo cyihariye cyita ku ndwara zandura zikomeye, kandi ko kugeza ubu ubuzima bwe buhagaze neza. Uyu muganga bivugwa ko yari aherutse kugaruka mu Bufaransa nyuma y’igihe yari amaze mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho icyorezo cya Ebola cyongeye…

Soma inkuru yose

U Rwanda rukomeje kwiyubaka nk’ahantu hizewe ho gushora imari mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Bernadette Arakwiye, yashimangiye ubushake bw’u Rwanda bwo kuba igicumbi cy’ishoramari rirengera ibidukikije ubwo yitabiraga Ihuriro ryiga ku buryo bwo gutera inkunga ibikorwa by’iterambere no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere (Climate and Development Finance Forum), ryahuje abayobozi n’abafatanyabikorwa batandukanye ku rwego mpuzamahanga. Muri iri huriro, ryitabiriwe kandi n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, Minisitiri Arakwiye…

Soma inkuru yose

Nyuma yo gutsindwa, Ingabo za Leta ya RDC zagaragayemo ibirego byo kwibasira abaturage b’abasivili.

Ihuriro rya AFC/M23, rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashinje Ingabo za Leta ya RDC kwirara mu basivili nyuma yo gutsindwa urugamba mu gace ka Minembwe. Mu cyumweru gishize, habaye imirwano ikomeye mu nkengero za Minembwe, aho ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Armed Forces of the Democratic Republic of the Congo),…

Soma inkuru yose

Mu gihe cy’icyumweru kimwe, abarwayi basaga 100 bahawe impyiko nshya mu Rwanda.

U Rwanda rukomeje kwandika amateka mu rwego rw’ubuzima, aho ibikorwa byo gusimbuza impyiko byarengeje 100 kuva gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program yatangizwa muri Gicurasi 2023. Iyi ntambwe ntabwo isobanurwa gusa n’umubare w’abarwayi basimburiwe impyiko, ahubwo ni ikimenyetso cy’iterambere ry’u Rwanda mu kubaka ubushobozi bw’abaganga b’inzobere no gushimangira ubufatanye n’ibigo mpuzamahanga mu rwego rw’ubuzima….

Soma inkuru yose

Byari ibyishimo bidasanzwe ubwo impanga zashyingiranwaga n’impanga mu bukwe bumwe.

Taiwo Oguntoye na Kehinde Oguntoye, impanga z’abasore zikomoka muri Nigeria, zashyingiranywe n’impanga z’abakobwa zitwa Taiwo Adediran na Kehinde Adediran, mu bukwe budasanzwe bwabereye icyarimwe mu Mujyi wa Ibadan, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria. Nubwo mu bwoko bw’Aba-Yoruba kubyara impanga ari ibintu bisanzwe kandi bifatwa nk’umugisha, ni gake cyane usanga impanga zishyingiranwa n’izindi mpanga. Ibi…

Soma inkuru yose

Umukecuru w’imyaka 65 yatunguye benshi kubera ubuhanga bwe mu kubuguza.

Mukandekezi Rozarie w’imyaka 65 ni umwe mu bakinnyi bamaze kubaka izina mu mukino w’igisoro, aho amaze inshuro enye zikurikiranya ahagararira Intara y’Amajyepfo mu mikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup. Nubwo atabashije kugera ku musaruro yifuzaga mu mikino ya nyuma yabereye mu Karere ka Bugesera kuwa 22 Kamena 2026, yavuze ko urukundo afitiye igisoro rwatangiye akiri…

Soma inkuru yose

Amasaha asigaye ya Keir Starmer ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza arabarirwa ku ntoki.

Ibintu bikomeje guhinduka mu Bwongereza, aho igitutu gikomeje kwiyongera kuri Minisitiri w’Intebe Keir Starmer. Hari abari muri Guverinoma ndetse no mu Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) batangiye kuvuga ko ashobora gutangaza icyemezo cyo kwegura mu gihe gito cyane kiri imbere, hashobora kuba mu masaha cyangwa iminsi iri hafi. Nubwo kugeza ubu Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ataratangaza…

Soma inkuru yose