Jean Baptiste Tuyisenge

Kanyanga yishe abantu batatu barimo abakecuru mu Karere ka Rwamagana.

Abantu batatu bo mu Murenge wa Muhazi, Akarere ka Rwamagana, barimo abakecuru babiri bafitanye isano ya hafi, bitabye Imana nyuma yo kunywa kanyanga bavuga ko bari bayifashe nk’umuti wo kubavura uburwayi bwo mu nda. Abo bakecuru, umwe w’imyaka 71 undi w’imyaka 68, batuye mu Mudugudu wa Ngendo, Akagari ka Murambi. Mu mpera z’icyumweru gishize, bahuye…

Soma inkuru yose

Kubera ikirere, gahunda y’amasaha ya Kigali International Peace Marathon yarahinduwe.

Abategura Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon batangaje ko abazasiganwa mu cyiciro cya Full Marathon (km 42) bazahaguruka saa 06:30 za mu gitondo, mu rwego rwo kwirinda ubushyuhe n’izuba rikabije rikunze kuranga ikirere cy’i Kigali muri iki gihe cy’impeshyi. Irushanwa Mpuzamahanga rya Kigali ryitiriwe amahoro, Kigali International Peace Marathon, rigiye…

Soma inkuru yose

RDC yasubije i wabo abarenga 50% by’abimukira bo muri Amerika y’Epfo birukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje kuri uyu wa 5 Kamena 2026 ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abimukira 15 bakomoka muri Amerika y’Epfo, bari barirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoherezwa i Kinshasa muri Mata, bamaze gusubira mu bihugu byabo by’amavuko. Kuwa 17 Mata 2026, abagabo n’abagore 15 bakomoka muri Colombia,…

Soma inkuru yose

AVEGA Agahozo yishimiye kwakira ivuriro rigendanwa ryatanzwe na Imbuto Foundation.

Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami, yashyikirije Umuryango AVEGA Agahozo impano y’ivuriro rigendanwa (mobile clinic), mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ibikorwa by’ubuzima no kwegera abagenerwabikorwa b’uyu muryango. Iri vuriro rigendanwa ryashyikirijwe AVEGA Agahozo binyuze mu bufatanye hagati ya Imbuto Foundation n’Ikigo cya Leta ya Turukiya gishinzwe ubutwererane n’iterambere kizwi nka TIKA (Turkish Cooperation and…

Soma inkuru yose

Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamumanika mu mugozi.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba yatangaje ko iri gushakisha umugabo w’imyaka 25 ukekwaho kwica umugore babanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma akamumanika mu mugozi ahetse umwana wari ukiri muzima. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kaboneye, Akagari ka Rurara, Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, saa moya za mu gitondo (07:00) zo kuri…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Pakistan bigiye gushimangira ubufatanye mu by’ingufu za nikeleyeri.

Amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Pakistan mu rwego rw’ingufu za nikeleyeri yashyizweho umukono n’Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA), rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije, Claude Nkusi, hamwe na Zia Hussain Shah, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura ingufu za nikeleyeri (PNRA). Uyu muhango wabereye muri Pakistan witabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu,…

Soma inkuru yose

Umwarimu SACCO ugiye koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo ku banyamuryango bayo.

Mu rwego rwo gukumira ibihombo no kurinda inyungu z’abanyamuryango, Umwarimu SACCO yashyizeho uburyo bushya bw’igenagaciro rikorerwa abasaba inguzanyo mbere yo kuzihabwa. Koperative Umwarimu SACCO yatangaje uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo, bugamije kurinda abanyamuryango igihombo no kurushaho kunoza serivisi zitangwa mu rwego rw’inguzanyo. Mu itangazo yashyize ahagaragara mu mpera z’icyumweru gishize, Umwarimu SACCO…

Soma inkuru yose

Goma: Hatangajwe ko umurwayi wa Ebola yakize.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko umuntu umwe wari waranduye icyorezo cya Ebola mu Mujyi wa Goma yakize neza, asezererwa mu bitaro nyuma yo guhabwa ubuvuzi. Iri huriro ryavuze ko uwo murwayi yakurikiranwe n’inzego z’ubuzima kugeza igihe yemejwe ko yakize burundu, mbere yo gusezererwa. Aya makuru aje nyuma…

Soma inkuru yose

Ubushinwa buri hafi gusimbura RDC ku mwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda.

Ubushinwa buri hafi kwambura RDC umwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda, mu gihe imibare mishya igaragaza impinduka zikomeye mu bucuruzi mpuzamahanga bw’iki gihugu. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko Ubushinwa buri hafi gufata umwanya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) nk’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga biturutse mu Rwanda. Muri Mata…

Soma inkuru yose

Rubio yavuze ko intambara ya Ukraine yabereye u Burusiya ‘ibyago bikomeye’, mu gihe inama ya Putin yatangizwaga nyuma y’ibitero byateje inkongi i St. Petersburg.

Inama Mpuzamahanga y’Ubukungu ya St. Petersburg, ifatwa nk’iy’ingenzi kurusha izindi mu Burusiya, yafunguwe kuri uyu wa Gatatu mu gihe umujyi wari ukiriho umwotsi mwinshi nyuma y’ibitero bya Ukraine byibasiye ibikorwa by’ingufu n’ibya gisirikare, ibintu byahungabanyije isura i Kremlin yashakaga kugaragaza y’ubukungu bwihagazeho nubwo igihugu gifatiwe ibihano. Ibi byabaye mu gihe Umunyamabanga wa Leta wa Amerika…

Soma inkuru yose

Ukraine yibasiye ibikorwa bya peteroli n’ibya gisirikare i St. Petersburg mu gihe hafungurwaga inama mpuzamahanga iyobowe na Putin.

Perezida Volodymyr Zelensky yemeje ko ingabo za Ukraine zagabye ibitero ahantu h’ingezi mu Burusiya mu ijoro ryakeye, harimo ububiko bwa peteroli bwa St. Petersburg, ibikorwa bya gisirikare biri ku birindiro by’amato bya Kronstadt ndetse n’uruganda rukora ibikoresho bya gisirikare mu karere ka Tambov. Ibi bitero byateje inkongi ikomeye hafi ya St. Petersburg, mu gihe uwo…

Soma inkuru yose

Abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi basabwe kuzigeza ku isoko.

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahaye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli igihe cy’iminsi 30 kugira ngo basohore mu bubiko lisansi na mazutu bimazemo amezi arenga atandatu, bingana na litiro 1.993.750. RRA yasabye abo bacuruzi kwishyura imisoro ikwiye kuri ibyo bicuruzwa mbere yo kubishyira ku isoko, kugira ngo bitangire kugurishwa nk’ibisanzwe. Iki cyemezo kigamije gutuma ibikomoka kuri peteroli…

Soma inkuru yose

Kuri uyu wa Gatatu hazatangira ibizamini bya Leta hirya no hino mu gihugu.

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irafungura ku mugaragaro ibikorwa by’ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena. Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena 2026, mu muhango uteganyijwe gutangira saa mbiri n’igice za mu gitondo. Ibi bizamini bizakomeza…

Soma inkuru yose

Ibitero bya misile na drones by’u Burusiya byahitanye 18, bikomeretsa abarenga 100 muri Ukraine.

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwagabye ibitero bikomeye bya misile na drones mu bice bitandukanye bya Ukraine, bihitana nibura abantu 18 mu gihe abarenga 100 bakomerekeye muri ibyo bitero. Mu murwa mukuru Kyiv, abayobozi batangaje ko abantu batandatu bishwe naho 79 barakomereka, barimo abana batatu. Mu mujyi wa…

Soma inkuru yose

Dore ibihano bitegereje abahenda abavomyi bitwaje ibura ry’amazi.

WASAC Group yasobanuye ko ibura ry’umuriro ryiyongereye ku kibazo gisanzwe cyo kugabanuka kw’ingano y’amazi mu bihe by’izuba, bituma serivisi yo kugeza amazi ku bafatabuguzi ihungabana. Umuvugizi wa WASAC, Bimenyimana, yavuze ko kugeza ubu ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amazi kizwi kiri mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro no mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka…

Soma inkuru yose

AFC/M23 yavuze ko yiteguye gusubiza yivuye inyuma ibikorwa bya gisirikare bishya bya FARDC.

AFC/M23 yatangaje ko izatanga igisubizo gikomeye kandi gihwanye n’uburemere bw’ibitero byose bishya byagabwa ku bice igenzura mu Burasirazuba bwa RDC. Mu itangazo AFC/M23 yasohoye mu ijoro ryo ku wa 1 Kamena 2026, uyu mutwe watangaje ko mu kwezi kwa Gicurasi 2026 Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abo zifatanyije ibikorwa bya gisirikare byakajijwe,…

Soma inkuru yose

Umuti mushya wongera igihe cyo kubaho k’umurwayi wa kanseri y’urwagashya (Pancreas).

Uyu muti witwa daraxonrasib ugaragara nk’intambwe ikomeye mu guhangana na kanseri y’urwagashya, imwe mu kanseri zica abantu benshi kurusha izindi. Uyu muti ukora uhagarika ikwirakwira rya kanseri binyuze mu gufunga no guhagarika gene ya KRAS yahindutse (mutated KRAS), iboneka mu bibyimba bya kanseri y’urwagashya birenga 90%, kandi ikaba ari yo ituma kanseri ikura vuba. Ubushakashatsi…

Soma inkuru yose

Igipfunsi kivuza ubuhuha mu mikino ya UBC cyasize Abanyarwanda batsinze Abanya-Uganda

Abakinnyi b’Abanyarwanda bitwaye neza mu mikino y’iteramakofe ya Universe Boxing Championship (UBC), batsinda Abanya-Uganda mu mikino y’ababigize umwuga. Ni imikino yakinwe mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026, ibera muri Kigali Universe yitabirwa n’abakinnyi bo mu makipe yo mu Rwanda ndetse n’abo muri Uganda. Imikino y’abatarabigize umwuga…

Soma inkuru yose