Ibitero by’u Burusiya muri Ukraine byahitanye abantu umunani.

Nibura abantu umunani bishwe, abandi barenga 20 barakomereka nyuma y’uko u Burusiya bugabye ibitero by’indege n’ibisasu bya misile mu bice bitandukanye bya Ukraine mu ijoro ryo kuwa 29 rishyira kuwa 30 Nyakanga 2026, nk’uko abayobozi ba Ukraine babitangaje.

Iki gitero cyakurikiye umuburo wa Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, wari waburiye abaturage n’ibihugu bifatanya na Ukraine ko u Burusiya bushobora kugaba ibitero bikomeye. Yanongeye gusaba abafatanyabikorwa kongera ubufasha mu rwego rwo gushimangira uburyo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere.

Zelensky yavuze ko u Burusiya bwakoresheje misile zirenga 70 hamwe na drones zigera kuri 280 muri ibyo bitero byabaye mu ijoro rimwe.

Mu mujyi wa Kryvyi Rih rwagati muri Ukraine, misile yaguye ku nyubako y’abaturage ihitana abantu batandatu, barimo abantu bane bakuru n’abana babiri b’abakobwa bafite imyaka itanu na 12. Abandi bantu umunani barakomereka, mu gihe ubuyobozi bw’ako gace bwavuze ko umubare w’abahitanywe n’igitero ushobora kwiyongera.

Mu karere ka Poltava mu burasirazuba bw’igihugu, umuntu umwe yapfuye nyuma y’uko drone yibasiye ububiko bw’ibicuruzwa. Mu mujyi wa Lviv, uherereye mu burengerazuba bwa Ukraine, abantu nibura 15 bakomerekeye mu bitero byagabwe muri ako gace.

Mu murwa mukuru Kyiv, umuntu umwe yishwe abandi babiri barakomereka. Umuyobozi w’uyu mujyi, Vitali Klitschko, yavuze ko u Burusiya bwakoresheje misile ziremereye mu kwibasira umurwa mukuru, asaba abaturage kuguma ahantu hizewe. Yanatangaje ko ibisasu byateje inkongi z’umuriro mu bice bitandukanye by’umujyi.

Perezida Zelensky yavuze ko ibyo bitero byari byarateguwe kuva kera, asaba abaturage bo hirya no hino muri Ukraine gukomeza gukurikiza amabwiriza y’umutekano no kwirinda ahashobora kwibasirwa.

Ibitero by’u Burusiya bikomeje kwiyongera mu gihe intambara ihanganishije ibihugu byombi imaze imyaka irenga ine. Umuryango w’Abibumbye (Loni) uherutse gutangaza ko ukwezi kwa Kamena kwaranzwe n’umubare munini w’abasivili bishwe kurusha andi mezi yose kuva muri Mata 2022, bitewe n’ubukana bw’ibitero bya misile byagabwe ku mijyi itandukanye ya Ukraine.

Muri icyo gihe kandi, Ukraine yakomeje kugaba ibitero byo kwihorera ku Burusiya, igamije gushyira igitutu kuri Moscow kugira ngo yemere gusubukura ibiganiro bigamije guhagarika intambara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *