Abaturage bo mu gace ka Rakai muri Uganda basabwe gukomeza kuba maso nyuma y’indwara itaramenyekana neza imaze guhitana abantu bane mu bice bya Muddala, Kyakabikwa na Kyabigondo, mu Murenge wa Lwamagwa.
Nk’uko Taarifa Rwanda ibitangaza, iyi ndwara iteye impungenge kubera uburyo yibasira uyirwaye ndetse n’umuvuduko ifite bityo ikaba ishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima bw’abaturage.
Abagaragaza ibimenyetso bavuga ko babanza kugaragaza ibisebe ku maboko, hagakurikiraho kubyimba igituza, mbere y’uko umurwayi ashobora gupfa mu gihe gito.
Abamaze gutangazwa ko bahitanywe n’iyi ndwara barimo Bangirana Charles, Ntegyeriize Jenifa na Behakanira Christmas, mu gihe undi muntu umwe utaramenyekana amazina na we bivugwa ko yapfuye.
Kugeza ubu, inzego bireba zatangiye iperereza rigamije kumenya inkomoko y’iyi ndwara, uko ikwirakwira ndetse n’uburyo bwo kuyirinda no kuvura abayanduye hakiri kare.
Umuvugizi wa Polisi muri Greater Masaka, Superintendent of Police Twaha Kasirye, yavuze ko ibimenyetso byagaragaye ku barwayi birimo ibisebe bifata amaboko ndetse no kubyimba igituza, aho bamwe mu barwaye bashobora gupfa mu gihe cy’iminsi ibiri.
Mu gihe iperereza rigikomeje, inzego z’ubuyobozi n’umutekano zasabye abaturage kudakuka umutima, ahubwo bagatanga amakuru vuba igihe babonye umuntu ufite ibimenyetso by’iyi ndwara.
Abaturage kandi barasabwa kwirinda kwivura ku giti cyabo, ahubwo umuntu ugaragaje ibimenyetso agahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo akorerwe isuzuma kandi ahabwe ubufasha bukwiye.
Kugeza ubu, ntiharamenyekana ku mugaragaro icyaba gitera iyi ndwara cyangwa niba yaba ifite aho ihuriye n’indwara izwi. Ibisubizo by’iperereza n’isuzuma ry’inzego z’ubuzima ni byo bizatanga amakuru arambuye ku miterere yayo n’ingamba zikwiye gufatwa.

Iyi nkuru yakozwe hifashishijwe amakuru yatangajwe na Taarifa Rwanda.










