Gate of Wise

Ubukwe bwa Vestine ISHIMWE

Ubukwe bwa ISHIMWE Vestine na  Idrissa Ouédraogo bwatashywe

Mu minsi ishize ni bwo amakuru y’ubukwe bw’umuhanzi ISHIMWE Vestine usanzwe uririmba indirimbo zo guhimbaza imana yagiye hanze. Binyuze mu mashusho yasakajwe ku mbugankoranyambaga uyu ISHIMWE Vestine yagaragaye asezerana na Ouedraogo Idrissa, ibi ni ibirori byabereye mu murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Gasabo, umujyi wa Kigali, ku wa 15 Mutarama 2025. Nyuma y’aya makuru,…

Soma inkuru yose
KAGAME

Wamvana he? Perezida Kagame abwira abumva bamutera ubwoba

Umukuru w’igihugu Paul Kagame yakomoje ku bihugu by’ibihanganye mu iterambere byumva ko byatanga amasomo cyangwa bigafatira ibihano abantu, ko ibyo ari ugutera ubwoba. Perezida Kagame yavuze ko abarega u Rwanda gukoresha ibyo rukora mu kwirinda, kurinda Abanyarwanda, kurinda igihugu cyabo bituruka ku mabuye y’agaciro ahubwo ko ari bo biba amabuye y’agaciro muri Congo. Yabivuzeho mu…

Soma inkuru yose
Kabila na Tschisekedi

Perezida Kagame yavuze ku buryo Tshisekedi yahawe ubutegetsi mu manyanga Kenyatta na Ramaphosa bareba

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko uburyo Félix Antoine Tshisekedi yabaye Perezida burimo ikibazo, kuko yahamagawe mu biro ahabwa ubutegetsi, kubera inyungu yari yitezweho. Ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Kagame yabigarutseho mu Kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu. Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ibyagezweho mu myaka 31 nyuma yo…

Soma inkuru yose
Sandrine Isheja wa RBA

Ninde wavuzeko Abanyamakuru batajya bubaka ngo rukomere?

Ni kenshi bajya baserereza Abanyamakuru bino mu Rwanda ko batajya babasha kurwubaka ngo rukomere, ariko burya umunyarwanda yaravuze ngo “aba umwe agatukisha bose”. Hari Abanyamakuru bafite amazina azwi hano mu Rwanda babashije kurwubaka rurakomera ndetse uyu munsi abakibyiruka bashaka kuzubaka uruzira kuryana hari amasomo arenze rimwe bakura kuri izi ngo zaba banyamakuru. Mur iyi nkuru…

Soma inkuru yose
APR FC

APR FC ntiyatangiye yambara umweru n’umukara: Amavu n’amavuko ya APR FC iri kwizihiza imyaka 32

APR FC ni ikipe y’ubukombe mu Rwanda, aho mu myaka 32 imaze ishinzwe yegukanye Igikombe cya Shampiyona inshuro 23. Mu gihe iri kwizihiza imyaka imaze, IGIHE yaganiriye na Byusa Wilson wamenyekanye nka Rudifu uri mu batangiranye nayo ubwo yashingirwaga ku Mulindi mu Karere ka Gicumbi. Rudifu yavuze ko iyi kipe yashinzwe biturutse ku gitekerezo cya…

Soma inkuru yose

U Rwanda rugiye gufungura ibitaro 10 bya Kaminuza mu Ntara

Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje intambwe yatewe mu rwego rw’ubuvuzi, ubu mu Rwanda hakaba habarurwa Ibigo Nderabuzima birenga 500 n’ibitaro birenga 50. Kuri ubu, ngo mu Rwanda hagiye gufungura ibitaro 10 bya Kaminuza hirya no hino mu Ntara. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yabigarutseho mu kiganiro yahaye RBA. Yasobanuye ko amateka y’amavuriro mu Rwanda, agaragaza ko yatangiye…

Soma inkuru yose

Trump yatumiye Perezida Kagame na Tshisekedi mu nama i Washington

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Donald J. Trump yandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, abatumira mu nama izabahuriza i Washington DC. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yemeje ko ayo mabaruwa yohererejwe Abakuru b’Ibihugu bombi nyuma yo gushyira…

Soma inkuru yose

Miliyoni 14 z’abana bashobora gupfa mu myaka itanu kubera umwanzuro wa Trump

Impinduka Donald Trump yakoze zo kugabanya hafi yose inkunga Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaga ku bikorwa by’ubutabazi mpuzamahanga, zishobora gutuma abantu barenga miliyoni 14 bapfa mbere y’umwaka wa 2030, nk’uko ubushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru cy’ubuvuzi cya The Lancet bubigaragaza. Ubushakashatsi buvuga ko kimwe cya gatatu cy’abari mu kaga ko gupfa imburagihe ari abana. Mu…

Soma inkuru yose

Dosiye ya Ingabire Victoire yaregewe urukiko

Ubushinjacyaha Bukuru bwaregeye dosiye ya Ingabire Victoire Umuhoza Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburanishwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ingabire washinze ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yatawe muri yombi tariki ya 19 Kamena 2025, hashingiwe ku cyemezo cy’Urukiko Rukuru rwa Kigali. Urukiko Rukuru rwafashe iki cyemezo nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma Ingabire akekwaho…

Soma inkuru yose

Ikirego cyatumye Chris Brown afungirwa mu Bwongereza gishobora gukurwaho

Chris Brown yumvikanye n’umugabo witwa Abraham Diaw, wamushinjaga icyaha cyo kumukomeretsa bikomeye akoresheje icupa. Abraham cyangwa se Abe Diaw yareze Chris Brown mu 2023, avuga ko uyu muhanzi yamukubise icupa rya tequila ubwo bari mu birori byabereye muri TAPE nightclub i Londres mu Bwongereza, ariko ku wa 27 Kamena 2025, Abe yashyikirije urukiko inyandiko zisaba…

Soma inkuru yose

Uko byari bimeze tariki ya 1 Nyakanga 1962, umunsi wahaye Abanyarwanda icyizere nyuma kikaraza amasinde

“Ibyo twari twizeye si byo twabonye, nakugereranyiriza nk’umugore waba utwite yizeye ko azabyara akana kazima, hanyuma agakuramo inda, ukabona ibintu wari wizeye si byo bibaye.” Ayo ni amagambo ya Mugesera Antoine, umwe mu bagize Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, mu kiganiro cyihariye na IGIHE, asobanura ko ibyo Abanyarwanda bari biteze nyuma y’uko igihugu kibonye Ubwigenge…

Soma inkuru yose

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi mu Karere ka Muhanga ubwo yari kumwe na bagenzi be mu bwato bwakoze impanuka bukarohama. Uyu musore witwa Niyonshuti Michel yarohamye ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, umurambo we uboneka kuri iki Cyumweru tariki 29…

Soma inkuru yose

Chriss Easy agiye gukorera indirimbo nyina witabye Imana

Umuhanzi Chriss Easy urimo guca mu bihe bitoroshye byo kubura umubyeyi we (nyina) hamwe na nyirakuru yateguje indirimbo yahimbiye nyina. Yifashishije urubuga rwe rwa Instagram, Chriss Easy yateguje indirimbo yise Naumia, avuga ko yayihimbiye nyina bari inshuti. Yanditse ati: “Sweetheart Mama, sinakuzanira indabo, sinabasha kugufata mu kiganza, ariko nagukoreye iyi ndirimbo ni yo mpano yonyine…

Soma inkuru yose
Rayon sport

Rayon Sports yasinyishije abakinnyi babiri bashya, yongera amasezerano Serumogo

Myugariro Rushema Chris wakiniraga Mukura VS na Tambwe Gregoire uvuye muri Musongati FC y’iwabo i Burundi, basinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri. Ibi byatangajwe n’iyi kipe, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kamena 2025 ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Rushema Chris yari amaze imyaka ibiri muri Mukura VS yagezemo mu 2023 avuye muri Marines…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Habonetse andi mahirwe y’akazi

ITANGAZO RY’AKAZI  Ibitaro bya King Faisal, Rwanda –Ikigo cy’indashyikirwa mu gutanga serivisi z’ubuzima, uburezi mu by’ubuvuzi, no mu bushakashatsi.”Ibi ni ibihe bishimishije kuri King Faisal Hospital, Rwanda, kuko turi kwinjira mu cyerekezo gishya cy’iterambere. Ibitaro bikomeje kwaguka kubera kwamamara mu gutanga serivisi z’ubuvuzi zifite ireme Ukongeraho n’abaganga b’inzobere cyane, cyane cyane mu buvuzi n’ibikorwa byo…

Soma inkuru yose

Ingamba z’ubwirinzi zijyanye n’ikibazo kizwi – Amb Ngoga abwira Akanama ka Loni

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yagaragaje ko rwiteze impinduka mu mikorere y’ubutumwa bw’amahoro bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) nyuma y’aho impande zombi zigiranye amasezerano y’amahoro ku wa 27 Kamena 2025. Nk’uko bigaragara muri aya masezerano yasinyiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda na RDC byemeranyije gufasha MONUSCO…

Soma inkuru yose

Amasezerano y’amateka hagati y’u Rwanda na Congo yasinywe

Isi yose yakurikiye umuhango wo gusinya amasezerano agamije amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibi bihugu bayasinyiye imbere y’Umunyamabanga wa leta ya America, Marco Rubio. Ni inkuru yari yabaye kimomo mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, muri Congo Kinshasa no ku isi. Impande zirebwa ntizatengushye abafite amatsiko yo…

Soma inkuru yose

Kenya: Abigaragambya barashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi

Muri Kenya, abari mu myigaragambyo mu rwego rwo kwibuka bagenzi babo bapfuye baguye mu myigaragambyo yakozwe umwaka ushize wa 2024, bafashwe nk’abashaka guhirika ubutegetsi. Abo bibukwa muri iyo myigaragambyo yatangiye ku itariki 25 Kamena 2025, ni abaguye mu myigaragambyo yakozwe ahanini n’urubyiruko rwiswe ‘Gen-Z’, rwamaganaga izamuka rikabije ry’imisoro ndetse n’ubuzima buhenze cyane muri icyo gihugu….

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Amahirwe y’akazi ku bantu mufite A0 na A2

Intego y’Akazi Gucunga imikorere, isuku n’umutekano w’amacumbi y’ibitaro (Lync-House), hagamijwe gutanga ahantu hatuje, hasukuye kandi hatekanye ku bakozi b’ibitaro, abanyeshuri bari muri sitage (internship ) n’abashyitsi. Inshingano Nyamukuru 1. Gucunga Imikorere y’Amacumbi Gukurikirana ibikorwa bya buri munsi bya Lync-House no kwemeza ko ibikorwaremezo byose bikora neza.  Guhuza gahunda zo gutanga ibyumba, kwakira (check-in) no kohereza…

Soma inkuru yose

Isi turimo irarwaye – Tito Rutaremara

Iyi nyandiko ni ibitekerezo bya Tito Rutaremara. Ni Inararibonye muri Politiki akaba ari n’Umuyobozi w’Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda. Isi turimo irarwaye, indwara yayo ni Judeo-Christian civilization Philosophy ( intekerezo) na ideology (ingengabitekerezo) by’iri terambere rishingiye ku binyoma. Duhere ku biriho muri iki gihe: Muri Gaza abantu, inyamanswa, ibintu, amazu, imihanda byose Israel irabishwanyaguza. Wabaza…

Soma inkuru yose

Kenya: Abaturage biraye mu mihanda mu kwibuka bagenzi babo biciwe mu myigaragambyo

Abaturage b’i Nairobi, mu Murwa Mukuru wa Kenya, bongeye kwirara mu mihanda mu myigaragambyo yitabiriwe ku rwego rwo hejuru, aho bari kwibuka bagenzi babo bishwe mu myigaragambyo yabaye mu mwaka ushize ndetse batishimiye uburyo ubuzima bukomeje guhenda, ari nako amahirwe y’iterambere ku rubyiruko arushaho kuyoyoka. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abaturage ibihumbi babyukiye…

Soma inkuru yose
Umugabo yaheze mu bwiherero

Umugabo yaheze mu bwiherero agiye gutabara Imbwa

Abashinzwe kuzimya inkongi barokoye umugabo wari wafatiwe mu bwiherero bw’ikibuga rusange  giherereye muri Leta ya Connecticut,  uyu mugabo yisanze muri ubu bwiherero ubwo yageragezaga gukuramo imbwa ye yari yisanze mu bwiherero ubwo imiryango yafungwaga ku buryo bwikora n’ijoro [Automatic]. Polisi yahampagajwe mu gitondo cyo ku cyumweru n’abakozi b’ahitwa Rockwell Park Ziherereye i Bristol kubera ko uyu…

Soma inkuru yose
Kubeting muri betting

Kelly yatsindiye miliyoni 100 Frw muri Betting

Umugabo wo muri Leta ya North Carolina yavuze ko inama yahawe na murumuna we yamufashije gutsindira amafaranga ibihumbi 100 by’amadolari (100,000 $) mu mukino wa tombola w’amakarita aho ugura ikarika ugasabwa gukuraho akayunguruzo ni umukino uzwi nka shishura. Patrick Kelly, utuye mu mujyi wa Hickory, yabwiye abakozi ba North Carolina Education Lottery ko atari asanzwe agura…

Soma inkuru yose
Ubukwe

Kenya: Umugabo yasariye mu bukwe ata umugore we

Umugabo wari wakoreye ubukwe mu gace ka Nyambunde muri Kenya, yasize umugeni we aho bari bicaranye, amagura ayabangira ingata ariruka, bisigira urujijo abari batashye ubukwe. Ubu bukwe bwari bwabereye muri aka gace ka Nyambunde muri Bobasi mu gace ka Kisii ko mu majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Kenya, ntibwarangiye neza, kuko umukwe [umugabo] yabonye imihango irimbanyije,…

Soma inkuru yose
Yago

Yago yaciye amarenga yo gutandukana n’umukobwa baherutse kubyarana

Umuhanzi Yago Pon Dat yagaragaje ko we n’uwari umukunzi we, Teta Christa, baherutse kubyarana umwana w’umuhungu, bashobora kuba baramaze gutandukanya, buri umwe agatangira ubuzima bwe. Yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Instagram, ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24. Aho yanditse ati “Urukundo rw’ikinyoma ruragatsindwa.” Ni amagambo yakurikije utumenyetso two kurira n’umutima ushengutse, n’indirimbo ye yise…

Soma inkuru yose
Neymar

Neymar yongereye amasezerano muri Santos FC

Neymar Junior yongereye amasezerano y’amezi atandatu muri Santos FC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Brésil. Uyu mukinnyi w’imyaka 33 yasubiye muri iyi kipe muri Mutarama 2025 nyuma yo gutandukana na Al-Hilal yo muri Arabie Saoudite. Byavugwaga ko Neymar ashobora kuzasubira ku Mugabane w’i Burayi ariko yahisemo kumvira umutima we aguma muri Santos FC. Yagize…

Soma inkuru yose
Umusirikare wishe abandi

Walikale: Umusirikare wasinze yishe bagenzi be batatu, akomeretsa benshi

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishe arashe bagenzi be batatu muri gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, abandi umunani barakomereka. Mu gitondo cyo ku wa 24 Kamena 2025 ni bwo uyu musirikare yakoze aya mahano. Abashinzwe umutekano basobanuye ko iyi myitwarire yayitewe n’ubusinzi kuko yari yanyoye inzoga. Abaturage bo batekerezaga ko ari…

Soma inkuru yose
Abakozi ba UR

Harumvikana uruhererekane mu kibazo cy’abarenga 150 bakoze imirimo muri Kaminuza y’u Rwanda bakamburwa

Abaturage 150 bavuga ko bamaze imyaka ibiri bambuwe na Kompanyi yabahaye akazi mu kubaka muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, mu gihe nyiri iyi kompanyi avuga ko na we yambuwe n’indi yari yamuhaye akazi. Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi bakoreye yitwa METCO Ltd, ihagarariwe n’uwitwa Kanyandekwe Fils batahwemye kwishyuza, ariko imyaka ikaba ibaye…

Soma inkuru yose

Brown Joel yaje i Kigali; Fayzo afata igice cy’indirimbo ya Bruce Melodie na Diamond

Indirimbo Pom Pom ya Bruce Melodie na Diamond Platnumz ni umwe mu mishinga y’umuziki yitezwe cyane mu mpeshyi ya 2025, kubera uburyo yahurijwemo ibyamamare bitandukanye, amafaranga yagiye ku ikorwa ryayo ndetse n’uburyo izaba isohotse mu mashusho yihariye. InyaRwanda yamenye ko mu mezi ashize, umuhanzi Brown Joel wo muri Nigeria yageze i Kigali, mu rugendo rwihariye…

Soma inkuru yose

Ibintu 10 wakora umukobwa akakwirukanka inyuma

Iyo uri Umusore hari igihe uba ubona Ko umukobwa ushobora kugukunda Ari Mama wawe, abagore bakuze , Abo mu muryango wawe ndetse N’abana bato! Ese wibaza impamvu inkumi wifuza ko Mwakundana zitakureba n’irihumye? Rimwe na rimwe utekereza ko ari wowe Kibazo, kubera ko ugerageza gutereta ariko bikarangira nabi. Dore impamvu bishobora kurangira nabi: Birasekeje guhura…

Soma inkuru yose

Musanze: Gashaki umugabo yatoraguwe ku muhanda yapfuye, hakekwa ubusinzi

Mu Karere Musanze, Umurenge wa Gashaki, Akagari ka Kigabiro, Umudugudu wa Buzoza mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rutunguranye rw’umugabo witwa Rumbiya Eric, watoraguwe ku muhanda yapfuye, bikekwa ko yishwe n’inzoga cyangwa indi mpanuka yaba yabayeho nyuma yo kunywa. Rumbiya Eric, w’imyaka 40, yasanzwe munsi y’umukingo ku muhanda, aho abamubonye bwa mbere bavuze ko yari…

Soma inkuru yose

Vestine Ishimwe yakorewe ‘Bridal Shower’ yitegura kurushinga n’Umunya-Burkina Faso

Umuhanzikazi Ishimwe Vestine uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana aririmbana na murumuna we Kamikazi Dorcas, yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi (Bridal Shower) mu rwego rwo kwitegura kurushinga n’umukunzi we ukomoka muri Burkina Faso. Ni ibirori byabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki 22 Kamena 2025, byitabirwa n’abagore n’abakobwa b’inshuti ze za hafi….

Soma inkuru yose