Gate of Wise

HE Kagame Paul na Madamu we

Amateka ya HE KAGAME Paul kuva avutse

Hari ku wa Gatatu, tariki ya 23 Ukwakira 1957, ubwo KAGAME Paul yabonaga izuba. Wari umunsi udasanzwe mu muryango wa BISINDA Asteria Rutagambwa na Rutagambwa Deogratias wari wibarutse umwana uzacungura u Rwanda n’abarutuye. Itariki ye y’amavuko yahuriranye n’uwa Gatatu yavukiyeho inshuro zitandukanye nko mu 2019 yizihiza imyaka 62 no mu 2013 ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka…

Soma inkuru yose

Israel VS Iran: Ni inde ufite indege z’intambara zikomeye?

Ushobora kugira abasirikare benshi, batojwe neza kandi bafite ubushake, ariko iyo udafite intwaro zigezweho, biragora cyane gutsinda urugamba hashingiwe ku miterere y’intambara zigezweho. Iran na Israel biri mu ntambara karundura, ndetse ibikoresho birimo indege za gisirikare ziri mu za mbere ku Isi, biri kwifashishwa muri iyi ntambara. Duhereye nko ku bijyanye n’indege z’intambara, Israel ni…

Soma inkuru yose

Impumuro mbi yo mu kanwa iterwa ni ki ku bantu bakuze

Iyo umuntu akuze, umubiri we utangira guhindura impumuro cyane cyane iyo mu kanwa, uretse impumuro mbi yo mu kanwa usanga n’umubiri wose wibasirwa niyo mpumuro mbi. Abenshi bayita impumuro y’abantu bakuze. Dore impamvu 2 zishobora gutera iyo mpumuro mbi. 1. Ibi biterwa n’ikinyabutabire kitwa 2‑nonenal, giterwa n’uko amavuta ari ku ruhu atangira kwangirika bitewe nuko…

Soma inkuru yose

Iran yateguje ibyago by’ibihe byose nyuma y’igitero yagabweho na Amerika

Iran yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishoye mu ntambara bahanganyemo na Isiraheli ikagaba ibitero; bizagira ingaruka z’igihe kirekire. Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yavuze ko ibyo bitero ari iby’ubugome kandi bigiye kubyara akaga gakomeye. Yagize ati: “Ibi bitero ni amahano kandi bizagira ingaruka z’ibihe byose.” Nubwo kugeza ubu ntacyo Umuyobozi…

Soma inkuru yose

Amerika yagabye ibitero kuri Iran

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yagabye ibitero kuri Iran, igamije kuburizamo umugambi w’iki gihugu wo gukora intwaro za nucléaire. Ni ibitero byagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 22 Kamena 2025. Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ibi bitero byagabwe ahantu hatatu (Natanz, Esfahan na Fordow) hakorerwaga intwaro za nucléaire. Yashimangiye…

Soma inkuru yose

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Sinzohagera Emmanuel yagiriye uruzinduko mu Rwanda, yakirwa na mugenzi we Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda banagirana ibiganiro ku ruhare rw’izi nzego bayobora mu gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi. Amakuru dukesha Sena y’u Burundi, avuga ko Perezida wayo, yakirwe na mugenzi we w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

Nyanza: Umugabo yatwitse umwana we kubera gukora mu nkono

Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho gutwika umwana we w’imyaka itanu akoresheje umuhoro yabanje gushyushya, yemera icyaha, akavuga ko yamuhoye gukora mu nkono y’ibishyimbo bari batetse. Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, akekwaho gukora iki cyaha tariki 05 Kamena 2025 agikoreye iwe mu…

Soma inkuru yose

Umuryango FPR wasinyanye amasezerano n’Ishyaka Communist Party of China

Umuryango FPR Inkotanyi wasinyanye amasezerano mashya n’Ishyaka Communist Party of China riri ku butegetsi mu Bushinwa, agamije kongera imbaraga mu mikoranire nyuma y’imyaka 20 impande zombi zifitanye umubano mwiza. Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025, impande zombi zemeranyije gufatanya no gusangira ubumenyi mu byo kubungabunga ingoro ndangamuco n’amateka n’andi…

Soma inkuru yose

Ubwenge buhangano AI, bugiye kwigishwa mu mashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI). Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana, yabitangarije mu kiganiro kigamije gusobanura uko uburezi bw’amashuri yisumbuye mu byiciro byombi buhagaze, n’icyakorwa ngo burusheho gutezwa imbere, aho yagaragaje ko ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose

Samuel Eto’o yongeye gujya mu mazi abira

Umuyobozi w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Cameroon, Samuel Eto’o, ashobora guhagarikwa imyaka itanu mu mupira w’amaguru kubera gukoresha umutungo nabi wa FECAFOOT, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ayoboye. Uyu mugabo muwo yari yafatiwe ibihano n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ashinjwa ibyaha bijyanye no gutega ndetse na ruswa yakoze mu bihe bitandukanye. Samuel Eto’o yaje kujurira mu rukiko…

Soma inkuru yose

Isuzuma rya MINEDUC ryashimangiye ko abanyeshuri batsindwa Icyongereza

Ishusho rusange y’Uburezi mu mashuri yisumbuye yagaragajwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yerekanye ko ku rwego rw’Igihugu mu Cyiciro Rusange (O’Level), mu masomo atatu y’ingenzi bareberaho imitsindire y’abanyeshuri; abatsinda Icyongereza bari ku kigero cya 47%, Imibare bari kuri 64% mu gihe Siyansi bari kuri 66%. Ishusho yamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025,…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Yago ntameranye neza n’umugore we nyuma yo kwibaruka imfura yabo

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru, Yago Pon Dat n’umugore we Teta Christa batumye benshi bibaza ku mubano wabo nyuma y’ibyo bakoze bigaragaza ko ushobora kuba wajemo agatotsi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, nibwo hatangiye gukwirakwira inkuru ku mbuga nkoranyambaga aho byavugwaga ko Yago Pon Dat n’umugore we basanzwe babana muri Uganda baba batameranye neza. Ni…

Soma inkuru yose

Rayon Sport igiye kugarura Bakame nk’umunyezamu

Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ wabaye umunyezamu ukomeye muri Rayon Sports, yongeye kuyisubiramo nk’umutoza w’abanyezamu mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26. Rayon Sports FC ikomeje kwiyubaka igerageza kureba uko izitwara neza mu mwaka utaha mu marushanwa y’imbere mu gihugu ndetse na CAF Confederation Cup. Muri iyi myiteguro harimo no gusinyisha abatoza bashya, aho nyuma ya Afahmia Lotfi…

Soma inkuru yose

“Umwana akina n’ibere rya Nyina ntakina akora mu bwanwa bwa se” Umugore wa TomClose yarakaye

Niyonshuti Ange Tricia, yagaragaje ko yababajwe bikomeye n’umunyamakuru Ngabo Roben wavuze ko Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close ari we muhanzi wakabirijwe kurusha abandi mu mateka y’umuziki nyarwanda, kuva mu myaka 30 ishize. Tricia yanditse ubu butumwa kuri uyu wa Kane tariki 19 Kamena 2025, nyuma y’ikiganiro cyakozwe na Chitta agaragaza ko ntawe ukwiye guhakana…

Soma inkuru yose

Whatsapp igiye gukora impinduka zikomeye

Umuyobozi w’ikigo Meta, Mark Zuckerberg yatangaje ko iki kigo cya Whatsapp kigiye gushyiraho uburyo bwo kwinjiriza amafaranga abakoresha uru rubuga rwa Whatsapp. Ibi yabitangaje ku wa 16-06-2025. Abinyujije mu butumwa yashyize kuri Whatsapp channel ye, ikurukiranwa n’abasaga billion, yagize ati: “Turimwigerageza ryo gutangira gahunda nshya, iyi gahunda izafasha abafite Whatsapp channel kubona amafaranga binyuze mu…

Soma inkuru yose

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya Leta akurikiranyweho, yavuze ko kujyanwa mu bucamanza kwe ari umugambi wacuriwe i Kigali mu Rwanda. Constant Mutamba watanze ubwegure bwe hirya y’ejo hashize tariki 17 Kamena 2025, nyuma yuko atangiye gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rusesa Imanza…

Soma inkuru yose

Amateka ya Fireman na Tuff Gang

Ni ikimenyabose mu njyana ya Rap mu Rwanda! Mama we yitabye Imana arimo kumubyara! Yakinnye Karate kugera mu ikipe y’igihugu ya batarengeje imyaka 15. Reka turebere hamwe amateka y’umuraperi Fireman. Mu busanzwe amazina yiswe na babyeyi ni Uwimana Francis Yvan Rashid Ronald, yabonye izuba ku wa Gatatu Tariki ya 4/1/1989. Fireman yavukiye I Kigali mu…

Soma inkuru yose

Musanze: Umumotari utwara moto anahetse umwana ashobora gukurikiranwa na polisi

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo yakoze ibitemewe, ndetse ko uru rwego rwatangiye kubimubazaho. Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umumotari utwaye moto mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, anahetse umwana mu mpetso mu mugongo. Ni amashusho yazamuye impaka nyinshi, bamwe bibaza kuri uyu…

Soma inkuru yose

Uko Ikoranabuhanga Riri Guhindura Ubuhinzi mu Rwanda

Ubuhinzi n’ ingenzi mu bukungu bw’u Rwanda, kuko rutunze benshi mu baturage, cyane cyane abatuye mu byaro. Mu myaka ishize, ikoranabuhanga ryatangiye kugera mu buhinzi, rikaba rifasha mu gukemura ibibazo byabaye karande no guteza imbere umusaruro. Ikoranabuhanga ryahinduye uburyo bwo gukora ubuhinzi mu buryo butandukanye, ryongereye umusaruro, rigabanya ibihombo, kandi rinafasha abahinzi kubona amasoko. Tugiye…

Soma inkuru yose

U Rwanda na RDC byemeranyije ku ngingo zigize amasezerano y’amahoro

Itsinda rya tekiniki ry’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ku ngingo ngari zigize amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’iminsi hari ibiganiro byaberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa 18 Kamena ni bwo Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Amerika byatangaje ko impande zombi zemeranyije ibikubiye mu masezerano agomba kuzashyirwaho umukono…

Soma inkuru yose
Amateka ya Fireman

Umuhanzi Fireman yinjiye mu kazi k’ubukomisiyoneri

Umuhanzi w’umuraperi Uwimana Francis uzwi nka Fireman, yamaze kwinjira mu kazi ko kurangira abifuza kugura cyangwa kugurisha ubutaka kazwi nk’ubukomisiyoneri, aho avuga ko yabitewe n’inshingano zagiye zimwagukana, agashaka icyamwunganira mu mibereho. Uyu muhanzi wamamaye mu Rwanda mu njyana ya Hip Hop, avuga ko uko agenda akura, inshingano zigenda zimubana nyinshi, ku buryo na we yagura…

Soma inkuru yose

PSG yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda yatangije irerero i Los Angeles

Ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda yatangije ku mugaragaro Irerero ryigisha ruhago mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California. Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko ibirori byo gufungura ku mugaragaro iri rerero byitabiriwe na Valliere Sheja, ushinzwe itumanaho muri RDB ndetse binitabirwa n’Umunyabigwi wa PSG, Grégory Van…

Soma inkuru yose

Gakenke: Ikamyo ikoze impanuka ikomeye

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda uva Kigali werekeza mu Gakenke utakiri nyabagendwa kubera impanuka yabereye ahitwa Buranga. Ubuyobozi bwa Polisi bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga za Polisi, bwasabye abakoresha uwo muhanda kwihangana mu gihe imirimo yo gukuramo ikamyo yaguye mu muhanda ikomeje. Polisi yagize iti: “Turabamenyesha ko kubera impanuka y’ikamyo yabereye ahitwa Buranga, mu kagari…

Soma inkuru yose

Elon Musk yaba akoresha ibiyobyabwenge?

Umuherwe Elon Musk yifatishije ibizamini byo muri Laboratwari agamije guhinyuza abavuze ko akoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa cocaine, ketamine n’ibindi. Donald Trump ni we wabanje kuzamura ingingo y’uko Musk yaba anywa ibiyobyabwenge, anasaba ko niba bakeka ko akoresha ibiyobyabwenge hakorwa igenzura ryimbitse. Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyasohoye inkuru ihamya ko Elon Musk…

Soma inkuru yose

Kwitegura neza ikizamini cy’akazi ni intambwe y’ingenzi ku rubyiruko rushaka gutangira urugendo rwo gukora mu buryo bw’umwuga. Mu gihe witeguye neza bishobora kugufasha kurusha abandi bakandida. Dore inama ngufi zagufasha kuba umunyamwuga uhatanira akazi kandi wizeye neza ibyo ukora: 1. Menya Akazi Wifuza Gusaba Shakisha amakuru ahagije ku kigo cyangwa urwego ushaka gukoramo: Soma ibijyanye…

Soma inkuru yose

Agashya: Mu Rwanda hageze imodoka ikorapa ikanakubura imihanda

Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka idasanzwe ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda ya kaburimbo. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, yavuze ko iyo modoka yifashisha ibiroso n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu gusukura, kandi ikaba idateza ivumbi cyangwa indi myanda mu gihe iri mu kazi. Ati: “Iyi modoka ifite ikigega gikusanyirizwamo umwanda, ikawujyana aho…

Soma inkuru yose

Babiri batambutsa ibiganiro kuri YouTube bafunzwe

Abagabo babiri batambutsa ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’, usanzwe unyuzwaho inyigisho zitandukanye z’idini ya Islam, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). RIB yatangaje ko bakurikiranyweho ibyaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha, bakoresheje imvugo zigamije gukurura amacakubiri no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry,…

Soma inkuru yose

Izajya ihabwa n’impinja- Ibyo wamenya ku ndangamuntu nshya

Nk’uko byatangajwe n’ikigo k’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), mu minsi iri imbere izi ndangamuntu dufite zizasimburwa n’indangamuntu y’ikoranabuhanga. Biragaragara ko iki ari cyo gihe kugira ngo uwo mushinga ushyirwe mu bikorwa, inkuru dukesha Umuryango.rw iravuga ko NIDA yamaze kwemeza ko igeragezwa ryo gushyira mu bikorwa uyu mushinga rizatangira muri Nyakanga uyu mwaka wa 2025. Ni irihe…

Soma inkuru yose

Imirimo igeze kuri 60%: Ibyo wamenya ku nyubako ya Equity Bank igiye guhindura isura ya Kigali

U Rwanda rufite intego yo guhinduka igicumbi cy’imari, nka rumwe mu nzego z’ingenzi zizagira uruhare mu kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ibikuye mu ntego z’u Rwanda kugera mu 2050. Icyakora kuba igicumbi cy’imari ntabwo ari ibintu byikora kuko bikenera ibintu byinshi birimo ibikorwaremezo, ubumenyi n’ibindi. Mu cyiciro cy’ibikorwaremezo, inyubako zigezweho ni ingenzi cyane ko u…

Soma inkuru yose

Kora ibi bintu 7 mbere yo gukoresha laptop yawe nshya

Congratulations, umaze kubona laptop nshya! Hakurikiye kuyifungura maze ugatangira kuyikoresha mu kazi kawe ka buri munsi. Ariko buretse gato! Mbere yo kuyifungura hari ibintu by’ingenzi ugomba gukora kugira ngo bizakurinde guhora urwaye umutwe wa buri gihe kubera ibibazo laptop yawe ihura na byo. Dore icyo ubanza gukorera laptop yawe: 1. Suzuma Ubuzima bwa laptop yawe….

Soma inkuru yose

U Rwanda rwiyemeje kongera ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare

Guverinoma yiyemejeje kongera ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuyobozi rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuko rifite umumaro mu gutyaza ubumenyi bw’abayobozi mu nzego z’umutekano z’u Rwanda ndetse n’ibihugu by’inshuti. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Kamena, muri iri shuri riherereye mu…

Soma inkuru yose

Abofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 barangirije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yasabye abasirikare bakuru 108 bo mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi barangije amasomo ajyanye n’imiyoborere mu bya gisirikare (Senior Command and staff Course) mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, gukomeza gushyira imbaraga mu kurinda ubusugire bw’ibihugu byabo no kurangwa n’indangagaciro nzima. Abo basirikare bari bamaze umwaka…

Soma inkuru yose

Afurika y’Epfo yasobanuye impamvu kunyuza ingabo za SADC ku kibuga cy’indege cya Goma bitashobotse

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Gen Rudzani Maphwanya, yasobanuye ko ingabo z’Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere rya Afurika y’amajyepfo (SADC) zitanyura ku kibuga cy’indege cya Goma bitewe n’uko kugisana bitari gushoboka ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo butabigizemo uruhare. Mu biganiro byahuje abahagarariye SADC na AFC/M23 tariki ya 28 Werurwe 2025, impande zombi zemeranyije gusana…

Soma inkuru yose
Akamaro k'igitunguru

Impamvu 10 ukwiye kurya igitunguru buri munsi

Impuguke mu mirire ziti: “Ifunguro ryuje intungamubiri rinarinda indwara” Muri rusange, ibitunguru ni ibirungo bisanzwe mu gikoni, ariko se wari uzi ko bifite ubushobozi budasanzwe bwo kurinda no gukomeza ubuzima bwawe? Waba ubirya bidatetse cyangwa ubitetse (Ubikaranze), ibi bimera biciriritse bifite ububasha bwo kukurinda indwara z’umutima, gutuma igogora rigenda neza, utibagiwe no kongera ubudahangarwa bw’umubiri….

Soma inkuru yose
Yampano n'umukunzi we

Umuhanzi Yampano yavuze amagambo akomeye k’umugore we

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano yongeye kugaragaza ko aryohewe n’urukundo, ashyira ahagaragara amafoto yishimanye n’umukunzi we, ndetse amwibutsa ko urwo amukunda ruhebuje byose. Ni amafoto uyu muhanzi yanyujije ku rubuga rwa Instagram kuri iki Cyumweru tariki 15 Kamena 2025, agaragaza umukunzi we nyuma y’igihe abantu benshi bagaragaza ko bafite amatsiko menshi yo kumubona, ndetse…

Soma inkuru yose

Nyabugogo – Imodoka yagonze inzu ikatirwamo amatike

Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Youtong yagonze inzu ikatirwamo amatike igikuta kigwira abantu barimo barakomereka. Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa sita n’igice (12h30) z’amanywa, mu Murenge wa Kimisagara mu kagari ka Kimisagara, mu Mudugudu wa Nyabugogo,mu  karere ka Nyarugenge. Imodoka yavaga mu Mujyi yekeza muri gare mpuzamahanga ya Nyabugogo, igonga urukuta rw’inzu ikatirwamo…

Soma inkuru yose

Amakuru Mashya: Ibitero Bikomeye hagati ya Israel na Iran Byakajije Umurego – Abantu Bapfuye, Ibikorwa Remezo Birasenyuka

Ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru ryari iry’umutekano muke muri Israel na Iran, aho ibihugu byombi byasubiranyemo bikomeye. Iran yohereje ibisasu bikomeye ku mijyi ya Tel Aviv na Haifa, aho igisasu kinini cyagwiriye inyubako ndende zicumbikira abaturage mu gace ka Bat Yam muri Tel Aviv, gihitana abantu 6, abandi barenga 200 barakomereka. Mu…

Soma inkuru yose

APR FC yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Ubuyobozi bw’ikipe y’Ingabo, bwatangaje ko iyi kipe itazakomezanya n’abakinnyi batandatu barimo Victor Mbaoma na Taddeo Lwanga. Mbere yo kwinjiza abakinnyi bashya, APR FC, yatangiye gutandukana n’abo itazakomezanya na bo. Ikipe y’Ingabo ibicishije ku rukuta rwa X, yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi batandatu. Aba barimo Taddeo Lwanga, Victor Mbaoma, Ndayishimiye Dieudonne, Kwitonda Alain Bacca, Nshimirimana Ismail Pitchou…

Soma inkuru yose