Ebola nta gahenge itanga muri RDC, abanduye barenga 2.180.

Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira ku muvuduko uteye impungenge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara ya Ituri ifatwa nk’izingiro ryacyo.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yatangaje ko kugeza kuwa 17 Nyakanga 2026, abantu 2.181 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola, barimo 864 bamaze guhitanwa na yo, mu gihe 412 bamaze gukira.

Intara ya Ituri ikomeje kuba iyugarijwe cyane n’iki cyorezo, aho mu masaha 24 gusa hagaragaye abantu bashya 44 banduye. Nubwo bimeze bityo, hari inkuru nziza y’uko abandi 20 bakize muri icyo gihe.

No mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hakomeje kugaragara abanduye bashya, aho abantu umunani banduye mu munsi umwe. Ubwandu bwibasiye cyane uturere twa Butembo, Katwa, Beni na Kyondo. Gukurikirana abantu bahuye n’abanduye biri gukorwa ku rugero rwa 87%.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryagaragaje ko hakenewe kongerwa imbaraga mu guhangana n’iki cyorezo, kuko umuvuduko wacyo uri kurusha ubushobozi buri gukoreshwa mu kugikumira.

OMS ivuga ko imwe mu mbogamizi zikomeye ari uko abaturage benshi batarasobanukirwa uburemere bw’iki cyorezo. Hari abahitamo kuguma mu ngo barwaye aho kujya kwa muganga, mu gihe abandi babangamira abaganga n’abakozi b’ubutabazi baba baje gukurikirana abanduye cyangwa abahuye na bo.

Inzobere mu buzima kandi zifite impungenge ko umubare nyakuri w’abanduye ushobora kuba urenze kure imibare yatangajwe, ukaba ushobora kuba wikubye inshuro ebyiri kugeza kuri enye. Mu Mujyi wa Bunia wo mu Ntara ya Ituri, imibare igaragaza ko mu bantu babiri bapimwa, umwe aba yanduye Ebola, ibintu byerekana ubukana bw’iki cyorezo muri ako gace.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *