OMS Yatangaje ko Icyorezo cya Ebola muri RDC Giteye Impungenge ku Isi

Ebola yongeye gukaza umurego muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (OMS/WHO), ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyibasiye intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Democratic Republic of the Congo ari ikibazo gikomeye cy’ubuzima ku rwego mpuzamahanga.

OMS yavuze ko kugeza ubu habaruwe abantu bagera kuri 246 bakekwaho kwandura Ebola, mu gihe abantu 80 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Nubwo bimeze bityo, OMS yavuze ko iki cyorezo kitari ku rwego rwa “pandemi” ku isi hose.

Ubwoko bwa Ebola bwagaragaye nta rukingo cyangwa umuti bifitiwe

Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko hakiri urujijo ku mubare nyakuri w’abanduye ndetse n’aho iki cyorezo cyamaze kugera.OMS yatangaje ko ubu bwandu bwa Ebola buterwa na virusi ya “Bundibugyo”, ubwoko bwa Ebola butarabonera umuti cyangwa urukingo byemewe ku rwego mpuzamahanga.

Kugeza ubu, abantu umunani ni bo bamaze gupimwa bagasanganwa iyi virusi mu buryo bwemewe na laboratwari, mu gihe hari abandi benshi bakekwaho kuyandura cyangwa kuyicwa na yo.

Ebola yamaze kugera muri Uganda.

Iki cyorezo cyagaragaye mu bice bitandukanye birimo Bunia, umurwa mukuru wa Ituri, ndetse no mu mijyi icukurwamo zahabu ya Mongwalu na Rwampara.OMS kandi yatangaje ko Ebola yamaze kurenga imbibi za Congo, aho abantu babiri bamaze kuyisangwamo muri Uganda. Abayobozi ba Uganda bavuze ko umugabo w’imyaka 59 wapfuye ku wa Kane yasanze yaranduye iyi virusi.

Impungenge ku bihugu bihana imbibi na RDC.

OMS yavuze ko ibihugu bihana imbibi na RDC biri mu kaga gakomeye kubera urujya n’uruza rw’abantu, ubucuruzi ndetse n’ingendo zihoraho hagati y’ibihugu.Yasabye RDC na Uganda gushyiraho ibigo byihutirwa bikurikirana uko icyorezo gihagaze, gushakisha abanduye ndetse no gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo.

Abanduye bagomba guhita bashyirwa mu kato no kuvurwa kugeza igihe ibisubizo bibiri by’isuzuma bikorwa nyuma y’amasaha 48 bigaragaza ko nta virusi igaragara.

Ibimenyetso bya Ebola n’uburyo yandura

Ebola yandurira mu gukora ku matembabuzi y’umubiri w’uwanduye cyangwa binyuze ku ruhu rwakomerekejwe. Ishobora gutera kuva amaraso imbere no hanze y’umubiri ndetse no kwangirika kw’ingingo z’ingenzi.

Mu bimenyetso by’ibanze harimo umuriro mwinshi, kubabara imikaya, gucika intege, kubabara umutwe ndetse no kubabara mu muhogo. Nyuma bishobora gukurikirwa no kuruka, impiswi, uduheri ku mubiri ndetse no kuva amaraso.OMS ivuga ko Ebola nta muti wizewe ifite kugeza ubu, kandi impuzandengo y’abahitanwa na yo iri hafi ya 50%.

RDC imaze guhura n’ibyorezo byinshi bya Ebola.

Ebola yabonetse bwa mbere mu mwaka wa 1976 ahahoze hitwa Zaire, ubu ni RDC, bikekwa ko yaturutse ku ducurama.

Iki ni icyorezo cya 17 cya Ebola kigaragaye muri RDC. Icyahitanye abantu benshi kurusha ibindi ni icyabaye hagati ya 2018 na 2020, aho abantu hafi 2,300 bapfuye.Ikigo cya Afurika gishinzwe gukumira indwara, Africa Centres for Disease Control and Prevention, cyatangaje ko gihangayikishijwe cyane n’ukuntu abaturage benshi bagenda hagati y’uduce twibasiwe ndetse n’ibihugu bituranye, cyane cyane kubera ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *