Kwituma ni kimwe mu bikorwa bisanzwe umubiri ukora buri munsi, ariko inshuro umuntu ajya ku musarane zishobora gutandukana bitewe n’imikorere y’umubiri we. Abahanga basobanura ko icy’ingenzi atari umubare w’inshuro gusa, ahubwo ari ukumenya uko amara asanzwe akora no kwitondera impinduka zidasanzwe.
Amara ni igice cy’ingenzi mu mikorere y’umubiri, cyane cyane mu igogora no mu gusohora ibisigazwa by’ibiribwa. Iyo imikorere yayo ihindutse, umuntu ashobora kugira ibibazo birimo kwituma nabi, kubyimba mu nda, kugira imyuka myinshi cyangwa kuribwa mu nda.
Nta mubare umwe w’inshuro zo kwituma ureba abantu bose
Inzobere mu ndwara z’igifu n’amara zigaragaza ko nta mubare wihariye w’inshuro umuntu wese agomba kujya ku musarane.
Hari umuntu ushobora kwituma inshuro eshatu ku munsi kandi bikaba ari ibisanzwe kuri we, mu gihe undi ashobora kwituma inshuro eshatu mu cyumweru na byo bikaba ibisanzwe, igihe cyose nta bindi bimenyetso bidasanzwe afite.
Icy’ingenzi ni ukumenya gahunda umubiri wawe usanzwe ukurikiza. Iyo umuntu abonye impinduka itunguranye cyangwa ikomeza igihe kirekire, bishobora kuba ikimenyetso cy’uko hakenewe kugisha inama inzobere mu by’ubuzima.
Fibre zifasha amara gukora neza
Indyo umuntu arya igira uruhare runini mu mikorere y’igifu n’amara. Ibiribwa bikungahaye kuri fibre, birimo imbuto, imboga, ibishyimbo, amashaza n’ibinyampeke bidatunganijwe cyane, bifasha igogora.
Umuntu mukuru asabwa kubona nibura garama 30 za fibre ku munsi. Izi ntungamubiri zifasha koroshya igogora, kugabanya ikibazo cyo kwituma nabi no kugira uruhare mu kugabanya ibyago by’indwara zimwe na zimwe zifata amara.
Imyuka myinshi mu nda ishobora guterwa n’ibyo urya
Kugira imyuka mu nda no gusohora umwuka kenshi ni ibintu abantu benshi bahura na byo. Nubwo hari abagira isoni zo kubivugaho, akenshi bishobora guterwa n’ibiribwa umuntu yariye, kurya vuba cyangwa ibindi bituma igogora ritagenda neza.
Umuntu ufite ikibazo cyo kubyimba mu nda, kuribwa cyangwa kugira imyuka myinshi ashobora kugerageza kumenya ibiribwa bimuzanira ibyo bibazo, akabigabanya cyangwa akabihinduranya n’ibindi bimworohereza.
Kugabanya ibinyobwa bisembuye byinshi n’ibinyobwa birimo gaz na byo bishobora gufasha bamwe mu bafite ibi bibazo.
Amazi, siporo n’umutuzo bifasha igogoraKugira amara akora neza ntibishingira ku mafunguro gusa. Kunywa amazi ahagije, gukora imyitozo ngororamubiri, kugenda n’amaguru ndetse no gusinzira bihagije bishobora kugira uruhare mu mikorere myiza y’igogora.
Umuhangayiko na wo ushobora kugira ingaruka ku mikorere y’igifu n’amara. Ushobora gutuma igogora ryihuta cyangwa rigatinda, ndetse ukongera ibibazo byo kubyimba no kuribwa mu nda.
Irinde kumara igihe kinini ku musarane
Inzobere zigira abantu inama yo kutamara igihe kirekire bicaye ku musarane, cyane cyane iyo bakoresha telefoni.
Kumara igihe kinini muri uwo mwanya bishobora kongera umuvuduko ku gice cyo hasi cy’amara kandi bikaba byagira uruhare mu bibazo bimwe by’ubuzima bifata icyo gice cy’umubiri.
Isuku yo mu kanwa na yo ifite uruhare mu igogoraIgogora ritangirira mu kanwa, bityo kwita ku isuku y’amenyo n’umunwa ni ingenzi mu buzima bw’igogora.
Abantu kandi bagirwa inama yo kugabanya ibiribwa bitunganyijwe cyane no guhitamo indyo irimo imbuto, imboga, ibinyampeke, ibishyimbo n’ibindi biribwa bifasha umubiri kubona intungamubiri zikenewe.
Icyo wakwitaho cyane
Kwituma inshuro nyinshi cyangwa nke si cyo cyonyine kigaragaza ko umuntu afite ikibazo. Icy’ingenzi ni ukureba niba ibyo umuntu akora bihuye na gahunda umubiri we usanzwe ufite kandi nta bimenyetso bidasanzwe bihari.
Impinduka zikomeye cyangwa zimara igihe mu mikorere y’amara, cyane cyane iyo ziherekejwe n’uburibwe bukomeye cyangwa ibindi bimenyetso bidasanzwe, zikwiye gutuma umuntu agisha inama umukozi w’ubuzima.











