Ubwiyongere bw’abanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo bwatumye umubare w’abamaze kuyandura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugera ku 1708, mu gihe abamaze guhitanwa na yo bageze kuri 580 kuva iki cyorezo cyatangazwa muri Gicurasi 2026.
Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki cyorezo, aho uturere twa Mongbwalu, Rwampara, Bunia, Mambasa na Nyankunde twibasiwe kurusha ahandi. Ebola kandi iracyagaragara mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane muri Beni, Butembo, Katwa, Oicha na Musienene, mu gihe Umujyi wa Goma umaze igihe utagaragaramo abarwayi bashya.

Hari kandi ibice bimwe bya Kivu y’Amajyepfo byigeze kugaragaramo abanduye, ariko kuva mu mpera za Gicurasi nta bandi barwayi bashya bahabonetse. Mu Ntara za Tshopo na Haut-Uélé na ho hagaragaye abantu bafite aho bahuriye n’iki cyorezo, gusa bakaba baraturutse mu duce twari dusanzwe twaracyugaragayemo.
Nubwo Ebola ya Bundibugyo itarabonerwa urukingo cyangwa umuti wemejwe burundu, abaganga bakomeje kuvura ibimenyetso byayo birimo umuriro ukabije, kuruka, gucibwamo no kuva amaraso. Abaganga bavuga ko kwihutira kujya kwivuza byongera amahirwe yo gukira.
Kugeza kuwa 6 Nyakanga 2026, abantu 280 bari bamaze gukira iki cyorezo, harimo 27 bakize mu masaha 24 yabanje.
Hagati aho, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko ryatangiye kugerageza umuti wa Remdesivir ku barwayi ba Ebola ya Bundibugyo. Iri gerageza ryatangiriye mu Ntara ya Ituri ku wa 1 Nyakanga, rikazakorwa ku barwayi barenga 1000 kugira ngo harebwe niba uyu muti ushobora kwemezwa nk’umwe mu wavura iki cyorezo.










