Kigali: Mu bishanga hagiye kubakwa inzira zifite kilometero zisaga 58

Kigali: Mu bishanga hagiye kubakwa inzira zifite kilometero zisaga 58

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko ibishanga 5 birimo gutanywa mu Mujyi wa Kigali, bizashyirwamo inzira za kilometero 58,5 zagenewe abanyamaguru n’abagendera ku magare, hagamijwe guteza imbere imyidagaduro n’imikino mu Murwa Mukuru Kigali. Umukozi wa REMA ushinzwe Porogaramu yo gucengeza ibikorwa by’ibidukikije muri gahunda za Leta no kurengera urusobe bw’ibinyabuzima, yagaragaje ko inzira…

Soma inkuru yose
Kigali: Polisi yataye muri yombi abakoraga ikwirakwizwa ry’urumogi rupima ibiro 36

Kigali: Polisi yataye muri yombi abakoraga ikwirakwizwa ry’urumogi rupima ibiro 36

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), muri iki cyumweru yaburijemo igikorwa cyo gukwirakwiza ikiyobyabwenge cy’urumogi rupima Kg 36, rwafatiwe mu Karere ka Nyarugenge rutwawe mu modoka n’abagabo babiri, batawe muri yombi mbere y’uko barushyikiriza abakiriya babo bakorera mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali no mu nkengero zawo. Aba bagabo umwe ufite imyaka 53…

Soma inkuru yose
UR-CAVM abanyeshuri banze gukora ibizamini

UR-CAVM abanyeshuri banze gukora ibizamini

Nyuma y’uko abanyeshuri biga ibijyanye n’Ubuhinzi Bugezweho (Agriculture engineering) muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (UR-CAVM) riri i Busogo, banze gukora ikizamini kubera kutajyanwa mu rugendoshuri, ubuyobozi bw’iyo kaminuza bwavuze ko byatewe n’uko banze kujya aho bari batoranyirijwe. Icyo kibazo cy’abanyeshuri banze gukora ikizamini cyabaye ku wa 30 Gicurasi 2025, ubwo bari bahawe ingengabihe…

Soma inkuru yose
Diamond Platnumz agiye gukora ubukwe

Diamond Platnumz agiye gukora ubukwe

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack uzwi nka Diamond Platnumz yatangaje ko agiye gukorana ubukwe n’umukobwa yihebeye.   Kuri ubu Diamond Platnumz afite imyaka 35. Kugeza ubu uyu mugabo ni umubyeyi w’abana 5 yabyaranye n’abagore 3 batandukanye. Abicishije ku mbugankoranyambaga Diamond Platnumz yatangaje ko agiye gukora ubukwe aho yanditse ubutumwa burebure bugaragaza ko yagiye aca mu…

Soma inkuru yose
Qatar n’u Rwanda bongeye kuganira ku gukemura  ibibazo bya DRC

Qatar n’u Rwanda bongeye kuganira ku gukemura ibibazo bya DRC

U Rwanda rwongeye guhurira na Qatar mu biganiro bigamije kurushaho kwimakaza ubutwererane no gukemura ibibazo by’umutekano birangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bigira ingaruka ku Karere k’Ibiyaga Bigari. Ni biganiro byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar Sheikh…

Soma inkuru yose
Kwita Izina abana b’ingagi byasubukuwe

Kwita Izina abana b’ingagi byasubukuwe

Igikorwa cyo Kwita Izina ku nshuro ya 20, cyari cyarasubitswe cyasubukuwe, kizaba ku wa 5 Nzeri 2025 nk’uko byatangajwe n’abategura uyu muhango kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Gicurasi 2025.  Uyu ni umuhango ngarukamwaka wo kwita amazina abana b’ingagi, ugamije kwishimira uruhare u Rwanda rugira mu kubungabunga ibidukikije. Uwo muhango biteganyijwe ko uzabera muri…

Soma inkuru yose
M23/AFC yahaye gasopo ingabo z’Abarundi

M23/AFC yahaye gasopo ingabo z’Abarundi

Umuyobozi w’Umutwe wa M23 mu rwego rwa Politiki, Bertrand Bisiimwa, yaburiye Ingabo z’u Burundi ziri muri RDC ko zikwiriye gutaha, azibutsa ko iyo abantu barwanira uburenganzira bwabo, nta kintu na kimwe cyo guhomba baba bafite. Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru ku Cyumweru mu Mujyi wa Goma, cyagarutse ku ishusho rusange y’ibice M23 imaze gufata kuva…

Soma inkuru yose
Hari ahazishyurwa miliyoni 17 Frw ku ijoro: Imaramatsiko kuri hoteli igiye gushyirwa muri Pariki y’Akagera

Hari ahazishyurwa miliyoni 17 Frw ku ijoro: Imaramatsiko kuri hoteli igiye gushyirwa muri Pariki y’Akagera

Ikigo Wilderness gisanzwe gikora ishoramari mu bijyanye n’ubukerarugendo cyatangaje ko gifite umushinga wo kubaka hoteli yo ku rwego rwo hejuru muri Pariki y’Igihugu y’Akagera. Iyi hoteli yahawe izina rya Wilderness Magashi Peninsula izaba yubatse muri Pariki y’Akagera hafi n’ikiyaga cya Rwanyakazinga. Agace iyi hoteli izaba yubatsemo kazwi nka Magashi gaherereye mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa…

Soma inkuru yose
Jose Chameleone azagaragara mu birori byo kwishimira ibikombe cya APR FC

Jose Chameleone azagaragara mu birori byo kwishimira ibikombe cya APR FC

Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Jose Chameleone, uri mu bakomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yatumiwe mu birori byo kwishimira ibikombe APR FC yegukanye muri uyu mwaka w’imikino. Iki gikorwa giteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 28 Gicurasi 2025 kuri Stade Amahoro, aho kizakurikira umukino wa nyuma wa Shampiyona, APR FC izakiramo Musanze FC saa 18:00. Jose Chameleone…

Soma inkuru yose
Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo gihagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo gihagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa, PNAT, rwatangaje ko rwamaze gutanga ubujurire ku cyemezo giherutse gufatwa n’umucamanza ku rwego rw’iperereza mu Bufaransa, watangaje ko bahagaritse iperereza ku ruhare rwa Agathe Kanziga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umucamanza wo mu Bufaransa yari aherutse gutangaza ko ahagaritse gukora iperereza kuri Agathe Kanziga wahoze…

Soma inkuru yose
Dore uko NESA izajya ibara amanota

Dore uko NESA izajya ibara amanota

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, cyatangaje ko hagiye kujya hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta ku ijana (%) kugira ngo hamenyekane impamvu ituma abana boherezwa mu mashuri atandukanye. Byagarutsweho kuri iki Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025, mu kiganiro cyagarukaga kuri gahunda ‘Nzamurabushobozi n’imyiteguro y’ibizamini bya Leta’ cyatambutse kuri RBA. Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr…

Soma inkuru yose
Menya by’inshi ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga

Menya by’inshi ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga

Guverinoma y’u Rwanda irateganya gushora miliyari 12.2 z’amafaranga y’u Rwanda mu mushinga w’indangamuntu y’ikoranabuhanga urimo gufata ibikumwe n’imboni, mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026. Mu yandi makuru azagaragara kuri iyo ndangamuntu, hazaba harimo izina rya nyirayo, igitsina, itariki y’amavuko, aho yavukiye, ubwenegihugu, n’izina ry’uwo bashakanye (abaye ahari), nomero ya telefoni, email (niba ihari), aderesi yo…

Soma inkuru yose
NESA yatangajwe igihe abanyeshuri bazakorera ibizamini bya Leta

NESA yatangajwe igihe abanyeshuri bazakorera ibizamini bya Leta

Kuri iki Cyumweru Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizami n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ko ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bizatangira ku wa 30 Kemena bigasozwa ku wa 03 Nyakanga 2025. Ni mu gihe ibizamini bisoza Icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye bizakorerwa rimwe n’ibisoza umwaka wa gatandatu w’ayisumbuye kuva wa 09 Nyakanga bigasozwa ku wa 18 Nyakanga 2025….

Soma inkuru yose
Sukhoi, Kajugujugu n’ibifaru ku Kibuga cy’Indege cya Goma, nibura umuturage abarirwa imbunda ebyiri

Sukhoi, Kajugujugu n’ibifaru ku Kibuga cy’Indege cya Goma, nibura umuturage abarirwa imbunda ebyiri

Kuva mu mpera za Mutarama, ubutaka bungana na kilometero kare 75,72, ni ukuvuga ko burutwa na Kigali inshuro hafi 10 bwavugishije Isi yose. Ni umujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru, Goma, urimo umupaka uri mu igendwa cyane muri Afurika. Intambara y’iminsi ibiri yarangiye tariki 27 Mutarama, ubwo Umutwe wa M23 wafataga Umujyi wa Goma…

Soma inkuru yose