Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gufata umwanya munini mu buzima bwa buri munsi, abahanga mu buzima n’uburezi barahamya ko gukina no gukora imyitozo ngororamubiri bikomeje kuba inkingi ya mwamba mu kubungabunga ubuzima bwiza n’ibyishimo by’abana.
Abana benshi ntibagikora imyitozo ihagije
Mu myaka yashize, abana bakoreshaga igihe kinini bakina hanze, biruka cyangwa bitabira ibikorwa bitandukanye bya siporo. ariko, ubu ibintu byarahindutse. Telefone zigezweho, mudasobwa, imikino yo kuri internet na televiziyo biri mu bituma abana benshi bamara igihe kinini bicaye.
Abashakashatsi bavuga ko uku kugabanuka kw’imyitozo ngororamubiri kwatumye habaho ubwiyongere bw’abana bafite umubyibuho ukabije ndetse n’ibindi bibazo by’ubuzima. Ku rwego rw’isi, umubare munini w’abana ntubasha kugera ku rugero rusabwa rw’imyitozo ngororamubiri ya buri munsi.
Imyitozo ngororamubiri ifasha umubiri gukura neza
Abahanga mu buzima bagaragaza ko umwana akwiye gukora nibura iminota 60 y’imyitozo ngororamubiri buri munsi. Ibi bishobora gukorwa binyuze mu mikino itandukanye irimo umupira w’amaguru, gusiganwa, gutwara igare cyangwa indi mikino isaba gukoresha imbaraga z’umubiri.
Gukina no gukora imyitozo bituma amagufwa n’imikaya bikomera, umutima ugakora neza ndetse bigafasha umubiri guhangana n’indwara zitandukanye. Byongeye kandi, bigabanya ibyago byo kugira umubyibuho ukabije ushobora guteza izindi ndwara zidakira.
Gukina bifasha ubuzima bwo mu mutwe
Akamaro ko gukina ntikagarukira ku mubiri gusa. Abahanga bavuga ko bifasha abana kugira ubuzima bwiza bwo mu mutwe. Iyo abana bakina, bagabanya umunaniro n’agahinda, bakagira ibyishimo kandi bakarushaho kwigirira icyizere.
Imikino kandi ifasha abana kwiga kubana n’abandi, gukorera hamwe no kubahana. Ni uburyo bubafasha guteza imbere ubuhanga bwo gukemura ibibazo no guhangana n’ibibazo bahura na byo mu buzima bwa buri munsi.
Siporo ifasha abana gutsinda amasomo
Ubushakashatsi butandukanye bwerekanye ko abana bakora imyitozo ngororamubiri kenshi bagira ubushobozi bwo kwibanda ku masomo no gufata mu mutwe neza ibyo biga.
Imyitozo ituma amaraso atembera neza mu bwonko, bigafasha gukora neza. Ibi bituma abana bagira ubushake bwo kwiga, bakumva neza amasomo kandi bakagira umusaruro mwiza mu ishuri.
Ibyo abana bamenyera bakiri bato bibagirira akamaro bakuze
Abashakashatsi bagaragaza ko imyitwarire yo gukora imyitozo ngororamubiri ikiri mu bwana ishobora gukomeza no mu gihe umuntu amaze gukura.
Ubushakashatsi bwakurikiranye abantu benshi mu gihe kirekire bwagaragaje ko abitabiraga siporo bakiri bato bakomeje kugira ubuzima bwiza bageze mu zabukuru. Bagaragayeho kandi gusura abaganga inshuro nke ugereranyije n’abatarakundaga gukora imyitozo.
Uruhare rw’ababyeyi n’amashuri
Ababyeyi n’amashuri bafite uruhare rukomeye mu gushishikariza abana gukina no gukora imyitozo. Gutegura igihe cyo gukina, gushyiraho ibikorwa bya siporo no kugabanya igihe abana bamara ku bikoresho by’ikoranabuhanga bishobora gutuma barushaho gukora imyitozo.
Amashuri na yo asabwa gushyira imbaraga mu masomo ya siporo no gutegura amarushanwa y’imikino afasha abana kwitabira ibikorwa ngororamubiri.
Gukina ni ishoramari ry’ejo hazaza
Nubwo isi igenda ihinduka kandi ikoranabuhanga rikagenda rifata indi ntera, gukina bikomeje kuba kimwe mu bintu by’ingenzi mu buzima bw’umwana. Bituma akura afite ubuzima bwiza, ubwenge bukora neza ndetse n’imibanire myiza n’abamukikije.
Gushora imbaraga mu gushishikariza abana gukina no gukora imyitozo ngororamubiri ni ugushora imari mu hazaza habo, kuko bibafasha kuba abantu bafite ubuzima bwiza, ibyishimo n’umusaruro mwiza mu mibereho yabo y’igihe kizaza.











