Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko Ingabo za Amerika zo mu mazi zamaze gukuraho cyangwa guturitsa ibibombe byose byari byashyizwe muri Strait of Hormuz, inzira y’amazi ifite akamaro kanini ku bucuruzi bw’ingufu ku isi. Iran imaze igihe kinini ibuza amato kunyura muri iyo nzira kuva intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati yatangira.
Trump yanditse ku rubuga rwa Truth Social ko Iran yaburiwe ko ubwato cyangwa amato bizongera gushyira ibirombe muri Strait of Hormuz bizahita bisenywa n’ingabo za Amerika. Kugeza ubu, Iran nta cyo iratangaza kuri ayo magambo.
Gufunga iyo nzira y’amazi byateje ihindagurika rikomeye ry’ibiciro bya peteroli ku masoko mpuzamahanga. Trump amaze igihe avuga ko Amerika igenzura ako gace, mu gihe Iran yo yarashe ku mato yavuze ko yagerageje kunyura muri iyo nzira atabiherewe uburenganzira.
Mbere y’uko intambara itangira, hafi 20% bya peteroli na gaze gasanzwe itwarwa mu mazi (LNG) ku isi byanyuraga muri Strait of Hormuz. Intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare, nyuma y’ibitero by’indege Amerika na Israel byagabye kuri Iran.

Nyuma y’ibyo bitero, Iran yasubije igaba ibitero kuri Israel, ku birindiro by’ingabo za Amerika byo muri ako karere ndetse no ku bihugu by’Abarabu bifatanyije na Amerika byo mu karere ka Gulf.
Amasezerano yo guhagarika imirwano yari agamije gutuma habaho ibiganiro byo kurangiza intambara yarasenyutse, maze Amerika na Iran bikomeza guhana ibitero rimwe na rimwe.
Muri iki cyumweru kandi, Amerika yatangaje ibihano bishya kandi bikomeye by’ubukungu kuri Iran. Minisitiri w’Imari wa Amerika, Scott Bessent, yaburiye ko igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana na Iran mu by’imari gishobora na cyo gushyirwa mu kato k’ubukungu.
Muri Kamena, Iran na Amerika byari byasinye Memorandum of Understanding (MoU) yari igizwe n’ingingo 14. Iyo nyandiko yari yashyizeho igihe cy’iminsi 60 cyo kugera ku bwumvikane ku micungire ya Strait of Hormuz, mbere y’uko ibiganiro birambuye ku kibazo cy’intwaro za kirimbuzi bitangira.
Icyo gihe ntarengwa cyarangiye, ariko ibiganiro birahagarara, bituma Amerika ifata izindi ngamba z’ibihano Trump yizera ko zishobora gutuma ubutegetsi bwa Iran bugwa.
Ku ruhande rwa Iran, abayobozi bayo bagaragaje ko bashaka kugira ububasha busesuye kuri Strait of Hormuz. Amerika n’ibihugu byinshi byo ku isi birabirwanya, kuko bifata iyo nzira nk’amazi mpuzamahanga, aho amato akwiye kugira uburenganzira bwo kunyuramo nta nkomyi.
Mbere yaho, hashingiwe kuri MoU, Iran yari iri mu biganiro na Oman, igihugu gifitanye umubano na Amerika, kugira ngo bashake uburyo bwo gucunga iyo nzira y’amazi. Ariko ibyo biganiro kugeza ubu ntibyigeze bivamo amasezerano.
Mu cyumweru gishize, Trump yanaburiye Oman ko ashobora kugiterera ibisasu “niba kibangamiye” ibiganiro ubutegetsi bwe bugirana na Iran kuri iki kibazo.
Kugeza ubu, ntibiramenyekana neza niba ibiganiro hagati ya Iran na Oman bikomeje, cyane cyane nyuma y’uko Amerika ihinduye icyiciro cy’ibikorwa byayo muri iyi ntambara.










