Gufata inkari igihe kirekire bishobora kwangiza uruhago n’impyiko: Dore ibyo ugomba kumenya

Abahanga mu buzima baraburira abantu bafite akamenyero ko gufata inkari igihe kirekire, kuko bishobora kongera ibyago byo kwandura indwara zo mu nzira y’inkari ndetse bikagira n’ingaruka ku mikorere y’uruhago n’impyiko.

Gufata inkari rimwe na rimwe ntibisanzwe bifatwa nk’ikibazo gikomeye, ariko kubigira akamenyero bishobora gutuma umuntu ahura n’ibibazo bitandukanye by’ubuzima.

Gufata inkari bishobora kongera ibyago bya UTI (ubwandu bwo mu nzira z’inkari)

Iyo inkari zimaze igihe kirekire mu ruhago, bishobora gutuma bagiteri zibona umwanya wo kororoka, bikongera ibyago byo kwandura indwara zo mu nzira y’inkari zizwi nka UTI (ubwandu bwo mu nzira z’inkari)

Mu bimenyetso bishobora kugaragaza ko umuntu afite ubu bwandu harimo kubabara cyangwa gushya igihe yihagarika, kumva ashaka kujya ku bwiherero kenshi ndetse no kubona impinduka mu mpumuro y’inkari.

Ubushakashatsi bwakozwe mu 2022 bwagaragaje ko abantu bamwe bakunze gutinza kujya kwihagarika bitewe n’ibyo baba bahugiyemo. Iyi myitwarire ishobora kuba imwe mu mpamvu zituma umuntu ahura n’ibibazo by’inzira y’inkari.

Uruhago rushobora gutakaza ubushobozi bwo gukora neza

Uruhago ni rwo rugenewe kubika inkari mbere y’uko zisohoka.

Iyo umuntu ahora azifata igihe kirekire, uruhago rushobora kurambuka bikabije, bikagira ingaruka ku bushobozi bwarwo bwo kwiyegeranya no gusohora inkari neza.

Ibi bishobora kandi kugira ingaruka ku mitsi igenzura gusohora inkari, bigatuma umuntu atangira kugira ikibazo cyo kutazifata neza.

Bishobora no kugira ingaruka ku mpyiko

Mu bihe bimwe, inkari zimaze igihe kirekire mu ruhago zishobora gusubira inyuma zerekeza mu mpyiko, ibintu bizwi nka urinary reflux.

Nubwo ibi bidakunze kubaho ku bantu benshi, iyo bibaye kenshi bishobora guteza ibibazo ku mpyiko ndetse bikangiza imikorere yazo mu gihe kirekire.

Ni yo mpamvu abantu bafite akamenyero ko gufata inkari igihe kirekire bagirwa inama yo kugahindura.

Umuntu ashobora kumva ububabare n’uruhago rwuzuye cyane

Gufata inkari igihe kirekire bishobora gutuma umuntu yumva uruhago rwuzuye cyane, akagira ububabare mu nda yo hasi cyangwa akumva atameze neza.

Ibi bimenyetso akenshi bishobora kugabanuka umuntu amaze kwihagarika, ariko bishobora kongera kugaruka iyo akomeje kugira iyo ngeso.

Ni ryari umuntu akwiriye kujya kwa muganga?

Abaganga bagira abantu inama yo kutirengagiza ibimenyetso bidasanzwe bifitanye isano no kwihagarika.

Umuntu akwiriye gushaka ubufasha bw’abaganga igihe agira ububabare cyangwa gushya igihe yihagarika, abonye amaraso mu nkari, cyangwa akumva adashobora kuzisohora neza.

Kwihagarika igihe umuntu yumvise abikeneye ni imwe mu ngamba zoroshye zo kwita ku buzima bw’uruhago n’impyiko.

Nubwo gufata inkari rimwe na rimwe bidakunze guteza ikibazo gikomeye, kubigira akamenyero bishobora kugira ingaruka zitandukanye. Abahanga bashishikariza abantu kumvira ibimenyetso by’umubiri no kwirinda gutinza kwihagarika igihe kirekire.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *