Ku bantu benshi bahanganye n’ikibazo cy’ubugumba, kubura umwana si byo byonyine bibatera agahinda. Ikibabaza kurushaho ni uko buri gihe batangira urugendo rushya bafite icyizere ko bazasama, ariko nyuma bakongera guhura n’inkuru ibaca intege. Iyo ibi bisubiwemo inshuro nyinshi, umutima ugenda unanirwa, ku buryo bamwe bagera aho batinya kongera kugira icyizere.
Ni urugendo rurerure rurimo gutegereza, kwizera, gutinya no kongera gucika intege. Iyo ibi bibaye inshuro nyinshi, ntabwo bigira ingaruka ku mubiri gusa, ahubwo bishobora no gukomeretsa ubwonko n’ubuzima bwo mu mutwe ku buryo umuntu agera aho atinya kongera kwizera.
Abahanga mu buzima bwo mu mutwe bavuga ko ibi ari imwe mu ngaruka zikomeye z’ubugumba zidakunze kuvugwaho cyane, nyamara zishobora guhindura ubuzima bw’umuntu mu buryo bukomeye.
Ubugumba si ikibazo cyo kubura umwana gusa
Abantu benshi batekereza ko ububabare bw’ubugumba bushingiye gusa ku kuba umuntu adasama cyangwa adashobora kubyara. Mu by’ukuri, ikibazo kirenze aho.
Ku muntu uri mu rugendo rwo kuvurwa ubugumba, buri kwezi cyangwa buri cyiciro cy’ubuvuzi kiba ari intangiriro y’ibyiringiro bishya. Yitegura ko bishobora kuba ari bwo bwa mbere agiye kubona ibisubizo yifuje imyaka myinshi.
Iyo hakozwe isuzuma, haterwa intanga cyangwa hakorwa ubundi buryo bwo gufasha gusama nka IVF, umutima uba wuzuye ibyiringiro. Umuntu atangira gutekereza ku buzima bushya, uko azabwira umuryango we inkuru nziza ndetse n’uko inzozi ze zigiye gusohora.
Ariko iyo ibisubizo bitagenze neza, icyo cyizere gihita gihinduka agahinda gakomeye.Ikibabaza kurushaho ni uko iyo nzira idahagararira aho.
Nyuma y’igihe gito, umuntu aba agomba kongera gutangira indi gahunda y’ubuvuzi, akongera kubaka icyizere, kandi azi neza ko ashobora kongera kubabara
Igikomere gihora cyongera gufunguka
Bitandukanye n’ibindi bihombo umuntu ashobora kunyuramo rimwe cyangwa kabiri, ubugumba bukunda kuba urugendo rusubiramo.
Buri cyiciro gishya kiba kirimo:
- Gutangira kongera kwizera.
- Gutegereza ibisubizo.
- Gutinya ko bitazagenda neza.
- Kubabara iyo byanze.
- Kongera gutegura ikindi cyiciro.
Ibi bishobora kumara amezi menshi cyangwa imyaka, bigatuma umuntu ahora mu buzima bwo gutegereza ikintu kitazi igihe kizaza.
Abahanga bavuga ko iyo umuntu adahabwa umwanya uhagije wo kwakira igihombo cya mbere, aba atangira ikindi cyiciro agifite ibikomere bitarakira.
Ni yo mpamvu hari abantu bavuga ko bumva batakibasha kwishimira ibyiringiro nk’uko byari bimeze mbere.
Ubwonko butangira kubona icyizere nk’ikintu giteje ibyago
Ubwonko bw’umuntu bufite ubushobozi bwo kwiga binyuze mu byo umuntu ahora ahura na byo.Iyo ikintu runaka gihora gikurikirwa n’ububabare, ubwonko butangira kukibonamo ikimenyetso cy’ibyago.
Mu rugendo rw’ubugumba, iyo umuntu amaze kunyura mu byiciro byinshi byaranze gutsindwa, ubwonko butangira kubwira umuntu ko kongera kugira icyizere bishobora kongera kumubabaza.
Ni yo mpamvu hari abantu bavuga bati:
“Sinshaka kongera kwishima nkiri gutegereza ibisubizo.”
“Sinshaka kongera kubwira abantu ko nkiri mu buvuzi.”
“Ndashaka kubanza kubona ibisubizo mbere yo kongera kugira ibyiringiro.”
Ibi si uko baba batakifuza kuba ababyeyi, ahubwo ni uburyo ubwonko bwabo buba bwize bwo kubarinda ubundi bubabare.
Kuki umuntu atangira gutegereza inkuru mbi?
Mu ntangiriro z’urugendo rwo gushaka umwana, umuntu aba yizera ko bizagenda neza.
Ariko nyuma yo gutsindwa inshuro nyinshi, ibintu birahinduka.
N’ubwo ibisubizo bitarasohoka, umutima uba waratangiye kwitegura kwakira inkuru mbi.
Hari abavuga ko batangira kubona ibimenyetso byose nk’ibibabwira ko bitazagenda neza, kabone n’iyo nta gihamya yabyo ihari.
Abahanga bavuga ko ubwonko bushingira ku byo bwanyuzemo mbere kugira ngo butegure uko umuntu azitwara mu gihe kizaza. Iyo ububabare bwasubiwemo inshuro nyinshi, gutegereza ibibi biba uburyo bwo kwirwanaho.
Hari abo bigiraho ingaruka ku mubano n’abandi
Uko ibihe byo kuvurwa bikomeza, hari abantu batangira kwikura mu bandi.Hari abatinya kujya mu birori by’abana, iminsi mikuru y’imiryango cyangwa gusura inshuti zibarutse, kuko bibibutsa icyo bifuza ariko batarabona.
Hari n’abumva bagowe no kwakira ibibazo nk’ibi:
“Muzabyara ryari?”
“Muracyategereje iki?”
“Mwakwihutisha.”
N’ubwo ababibabaza baba babivuga nta mugambi mubi bafite, ku muntu uri mu rugendo rw’ubugumba ayo magambo ashobora kongera igitutu n’agahinda.
Kwiyambura amarangamutima si ukubura urukundo
Ubushakashatsi bwerekana ko abantu banyura mu byiciro byinshi byo kuvurwa batangira kugabanya uburyo berekanamo amarangamutima.
Ntibiterwa n’uko batakifuza umwana, ahubwo ni uburyo bwo kugabanya ububabare bashobora kongera guhura na bwo.
Ni uburyo busanzwe ubwonko bukoresha mu kwirinda gukomeza gukomereka.
Abahanga mu buzima bwo mu mutwe bavuga ko ubufasha bwo mu mitekerereze bukwiye kujyana n’ubuvuzi bw’ubugumba.
Kuganira n’umujyanama mu by’imitekerereze, gufashwa kwakira amarangamutima no kugira abantu bumva icyo umuntu arimo bishobora kugabanya umutwaro.
Nanone kandi, ni ingenzi kwemera ko umuntu ashobora gukomeza kugira icyizere ariko atagishyira ku gisubizo kimwe gusa.
Ahubwo ashobora kwibwira ati:”N’iyo bitagenda nk’uko nabyifuzaga uyu munsi, nzakomeza gushaka uburyo bwo kubaho no kwiyubaka.”
Iyo mitekerereze ifasha umuntu gukomeza urugendo rwe atikoreye umutwaro wose w’ibishobora kuba.
UmwanzuroUbugumba ni urugendo rutagira ingaruka ku mubiri gusa, ahubwo runakora ku mutima, ku mitekerereze no ku buryo umuntu yiyumva.
Iyo umuntu ahora yubaka icyizere buri gihe kikongera gusenyuka, ashobora kugera aho atinya kongera kwizera. Ibyo ntibisobanura ko yataye inzozi ze, ahubwo ni uburyo ubwonko bwe bugerageza kumurinda kongera gukomereka.
Ni yo mpamvu ubuvuzi bw’ubugumba budakwiye kwibanda gusa ku miti n’ikoranabuhanga, ahubwo bukwiye no guha agaciro ubuzima bwo mu mutwe bw’ababunyuramo. Iyo umuntu afashijwe kwakira amarangamutima ye no kubona ubufasha bukwiye, ashobora gukomeza urugendo rwe afite imbaraga n’icyizere gishingiye ku kuri.











