Ntarindwa Aimable, wahoze akinira Rayon Sports ndetse ubu akaba yarerekeje muri AS Kigali, yavuze ko nta kintu na kimwe yicuza ku gihe yamaze muri iyi kipe.
Uyu mukinnyi ukina hagati, wageze muri Rayon Sports mu 2025 avuye muri Mukura VS, yavuze ko iyo harebwe ibyo yayihaye, ahubwo Rayon Sports ari yo yaba imufitiye ideni.
Ibi Ntarindwa Aimable yabivuze mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, nyuma yo gutandukana na Rayon Sports akerekeza muri AS Kigali.










