Iran yatangaje ko yiteguye guhangana n’ibihano bishya kandi byagutse by’ubukungu yashyizweho na Amerika.

Iran yatangaje ko yiteguye bihagije guhangana n’ibihano by’ubukungu Amerika yongereye, nyuma y’uko Washington itangaje gahunda nshya igamije kuyitandukanya n’ubukungu bw’isi.

Minisitiri w’Ubukungu wa Iran, Ali Madanizadeh, yavuze ko Tehran yiteguye guhangana n’ibyo bihano kandi ko abona bishobora kuvamo “indi ntsinzi nke kuri Amerika.”

Ku ruhande rwa Amerika, Minisitiri w’Imari Scott Bessent yatangaje ingamba nshya zikomeye. Yavuze ko igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana na Iran mu by’imari na cyo gishobora gutandukanywa n’ubukungu bw’isi. Amabanki n’ibigo bikomeje gukorana na Tehran na byo bishobora guhura n’ibihano nibanga guhagarika imikoranire na Iran.

Bessent yavuze ko izo ngamba ari igitero gikomeye cyane cy’imari Amerika itigeze igaba kuri Iran, kigamije kugabanya cyane ubushobozi bw’igihugu bwo kubona amafaranga no gukumira inzira zose gishobora gukoresha mu kwinjiza imari.

Icyakora, bamwe mu bahanga mu by’ubukungu baribaza niba ibyo bihano bizatanga umusaruro, kuko byinshi bizaterwa n’uko ibihugu bikorana n’Iran bizabyitwaramo.

Muri ibyo bihugu harimo Ubushinwa, igihugu kigura peteroli nyinshi ya Iran. Beijing ntiyigeze yubahiriza bimwe mu bihano bya Amerika byabanje, ahubwo yakomeje ubucuruzi na Tehran.

Mu cyumweru gishize, United Arab Emirates (UAE) na yo yatangaje ko ihagaritse ibikorwa bimwe by’imari ikorana na Iran. Nubwo bimeze bityo, nyuma y’itangazo rya Amerika, Iran yavuze ko yizeye gukomeza ubucuruzi n’ibindi bihugu.

Madanizadeh yavuze ko Ubushinwa n’u Burusiya bitigeze byemera ibihano bya Amerika, kandi ko yizera ko n’ibindi bihugu bishobora kubirwanya. Yavuze ko guverinoma ya Iran yari imaze igihe yitegura iki kibazo ndetse ko ifite gahunda y’imyaka ibiri yo guhangana n’ingaruka z’ibihano.

Ubushinwa na bwo bwamaganye ibyo bihano, buvuga ko burwanya ibihano Amerika ifatira ibihugu ku bushake bwayo. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Lin Jiang, yavuze ko gushyira igitutu ku bukungu bitazakemura ibibazo kandi ko Beijing izarengera inyungu zayo.

Intambara imaze gutuma ibiciro bya peteroli ku isi bizamuka. Iran yaburiye ko niba intambara ikomeje, ishobora guhagarika ibicuruzwa byose bya peteroli biva muri ako karere.

Iran kandi yongeye kuburira amato ko atagomba kunyura mu Nyanja ya Hormuz atabiherewe uburenganzira. Iyo nzira y’amazi iri mu majyepfo ya Iran ni ingenzi cyane ku bucuruzi bw’ingufu, kuko ubusanzwe inyuramo hafi kimwe cya gatanu cya peteroli na gaze bitwarwa ku isi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa Mbere, Bessent yasobanuye gahunda yiswe “Operation Economic Outcast”, avuga ko Amerika itangiye igikorwa gikomeye cyo guhagarika imikoranire y’imari Iran ifitanye n’ibindi bihugu ku isi.

Yavuze ko Iran ifite amahitamo abiri: kwigunga burundu ku rwego mpuzamahanga, cyangwa guhindura politiki yayo igasubira mu mikoranire isanzwe n’ubukungu bw’isi.

Bessent yavuze ko Amerika itakiri mu bikorwa byo kugenzura gusa icyo yise “iterabwoba rya Iran,” ahubwo ko ishaka kurirangiza burundu.

Minisiteri y’Imari ya Amerika yavuze ko yamaze gukurikirana imiyoboro y’amafaranga, abantu n’ibigo bifasha Iran kuzenguruka ibihano no gukomeza kugurisha peteroli.

Amerika yashyize ingamba ku nzego eshanu zirimo umutungo wo kuri murandasi, ikoranabuhanga, zahabu, ubwikorezi bwo mu kirere n’ubwikorezi bwo mu mazi. Yanashyiriyeho ibihano ibigo, abantu n’amato bigera hafi kuri 60.

Bessent yaburiye kandi guverinoma n’ibigo bikomeza gufasha cyangwa gukorana na Iran ko bitazashobora kuvuga ko bitari bibizi.

Nubwo atavuze amazina y’ibihugu byihariye, yavuze ko Trump azahamagara abayobozi b’ibihugu bitandukanye, akabasaba guhagarika imikoranire n’ubutegetsi bwa Iran. Yongeyeho ko nubwo ibihugu bizahabwa igihe cyo gusobanukirwa n’ibihano bishya, Amerika iteguye kubishyira mu bikorwa vuba kandi ikomeye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *