Abazatangira muri TTC baziga imyaka itanu basohoke bafite A1

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko guhera mu mwaka w’amashuri wa 2026/2027, hazatangira gushyirwa mu bikorwa impinduka mu mashuri atoza abarimu bigisha mu mashuri abanza (TTC), aho abanyeshuri bazajya bamara imyaka itanu biga, barangize bahabwe impamyabumenyi ya A1.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Gatandatu cyagarutse ku ishusho y’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 warangiye n’imyiteguro y’umwaka mushya wa 2026/2027.

“Uhereye mu mwaka w’amashuri wa 2026/2027, abanyeshuri biga mu mashuri atoza abarimu bigisha mu mashuri abanza (TTC), bazajya biga imyaka itanu bagasohoka bafite Impamyabumenyi ya A1.”

Minisitiri Nsengimana yavuze ko iri vugurura rigamije gutegura abarimu bafite ubumenyi n’ubushobozi bujyanye n’ibikenewe mu rwego rw’uburezi, kugira ngo bazabashe gutanga amasomo afite ireme kuva ku rwego rw’amashuri abanza.

Yakomeje avuga ko izi mpinduka ziri mu ngamba za Guverinoma zo kuzamura ireme ry’uburezi no kubaka abarimu bazafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo cyo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Biteganyijwe ko iyi gahunda izatangirana n’abanyeshuri bazinjira muri TTC mu mwaka w’amashuri wa 2026/2027, ikaba ari imwe mu mpinduka zikomeje gukorwa mu rwego rwo kongera ireme ry’uburezi mu Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *