Benoit Iradukunda

Bruce Melodie na The Ben basabye abafana gushyigikira ubumwe mu muziki nyarwanda

Abahanzi bakomeye mu Rwanda, Bruce Melodie na The Ben, basabye abakunzi b’umuziki gushyigikira ubumwe n’imikoranire hagati y’abahanzi, mu gihe bitegura gutangira ibitaramo bizenguruka igihugu byiswe “Summer Country Tour”. Ibi babigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Camp Kigali, aho bagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo amarushanwa hagati y’abahanzi abe ayubaka uruganda rw’umuziki aho kuba ayarusenya. The…

Soma inkuru yose

Putin yavuze ko intambara itazarangira u Burusiya butaragera ku ntego zabwo

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye gushimangira ko igihugu cye kitazahagarika ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine kugeza igihe intego zacyo zose zizaba zagezweho, nubwo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yakomeje gusaba ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zombi. Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ihuriro ry’ubukungu ryabereye i Saint Petersburg ku wa 5 Kamena 2026, Putin yavuze ko…

Soma inkuru yose

Mazutu yazamutseho 722 Frw, RURA itangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli bizatangira gukurikizwa guhera ku wa 6 Kamena 2026 Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo, aho litiro ya mazutu yiyongereyeho amafaranga 722 Frw mu gihe iya lisansi yagumye ku giciro yari isanzweho. Nk’uko byatangajwe na RURA, litiro ya lisansi izakomeza kugurishwa 2.938 Frw, mu gihe litiro ya…

Soma inkuru yose

The Ben yateguje indirimbo nshya ‘Inshallah’ mbere ya Summer Country Tour

Umuhanzi nyarwanda The Ben yatangaje ko mu cyumweru gitaha azashyira hanze indirimbo nshya yise “Inshallah”, mu rwego rwo gutegura abakunzi b’umuziki we mbere y’uruhererekane rw’ibitaramo bya Summer Country Tour 2026 azahuriramo na Bruce Melodie. Iyi ndirimbo nshya izaba ari imwe mu mishinga mishya The Ben agejeje ku bakunzi be muri uyu mwaka wa 2026, nyuma…

Soma inkuru yose

Amavubi akomereje imyiteguro muri Misiri nyuma y’ihagarikwa ry’imikino ya gicuti yari kubera muri Maroc

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yakomereje umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga yari iteganyijwe kubera muri Maroc ihagaritswe ku mpamvu z’umutekano n’iz’ubuzima. Amavubi yari yateganyijwe gukina n’Ikipe y’Igihugu ya Comores ku wa 6 Kamena 2026 ndetse na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026, mu mikino yari kubera mu…

Soma inkuru yose

Kabuga Félicien agiye gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’imyaka myinshi ari mu maboko y’ubutabera mpuzamahanga

Kabuga Félicien, umwe mu bantu bakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ategerejwe gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’urupfu rwe rwabereye mu Buholandi ku wa 16 Gicurasi 2026. Amakuru aturuka ku bantu bakurikiranira hafi iki kibazo agaragaza ko imyiteguro yo kumushyingura igeze kure, aho biteganyijwe ko umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma ushobora kubera mu…

Soma inkuru yose

Muhanga: Umusore akurikiranyweho kwica nyina

Umusore witwa Nzayisenga Onesphore wo mu Karere ka Muhanga ari mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho kwica nyina, Mukampfizi Béatha w’imyaka 66 y’amavuko. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Kanyinya, Umurenge wa Muhanga, aho amakuru y’ibanze agaragaza ko amakimbirane yo mu muryango ashobora kuba yarabaye intandaro y’icyo gikorwa. Bamwe mu baturage bavuga…

Soma inkuru yose

Menya impamvu zituma umuntu yavugira hejuru undi akavugira hasi?

Uburyo abantu bavuga ntibuba bumwe. Hari abavuga ijwi riranguruye ku buryo bumvikanira kure, mu gihe abandi bavuga buhoro bigasaba ko ubegera cyangwa ukabatega amatwi cyane kugira ngo wumve ibyo bavuga. Abahanga bavuga ko ibi biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo imiterere y’umuntu, ubuzima bwe ndetse n’aho yakuriye. Imiterere n’imico by’umuntu Hari abantu bavukana cyangwa bakakura bafite imiterere…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League yongera gushimangira ubufatanye na Visit Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Paris Saint-Germain nyuma yo kwegukana Igikombe cya UEFA Champions League cya 2025/26, anashimangira akamaro k’ubufatanye iyi kipe ifitanye na gahunda ya Visit Rwanda. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X nyuma y’umukino wa nyuma wabereye muri Puskás Aréna, aho PSG yatsinze…

Soma inkuru yose

RIB isabwe gukurikirana TMP mbere y’uko abaturage benshi bahomba

Mu gihe hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana ubucuruzi bw’ikoranabuhanga buzwi nka TMP (The Market Practice), abaturage barasaba inzego zibishinzwe zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) gukurikirana imikorere yabwo mbere y’uko abaturage benshi bahomba amafaranga yabo. TMP ikomeje kwamamara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu matsinda atandukanye, aho abantu bashishikarizwa gushora amafaranga babwirwa ko…

Soma inkuru yose

Kenneth Law yemeye ibyaha byo gufasha abantu kwiyahura

Kenneth Law, umugabo w’Umunya-Canada ukurikiranyweho kugurisha uburozi ku bantu bo mu bihugu bitandukanye, yemeye ibyaha 14 byo gufasha abantu kwiyahura mu rubanza rwabereye mu Ntara ya Ontario. Uyu mugabo w’imyaka 60 yemeye ibi byaha mu masezerano yagiranye n’Ubushinjacyaha, aho yemeye uruhare rwe mu rupfu rw’abantu batandukanye bo muri Canada. Nyuma y’ayo masezerano, ibirego by’ubwicanyi yari…

Soma inkuru yose

RwandAir yongeye gusubukura ingendo zo muri Qatar na UAE nyuma y’amezi atatu zihagaze

Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yatangaje ko guhera tariki ya 1 Kamena 2026 izongera gukora ingendo zayo zerekeza ndetse ziva mu Mujyi wa Doha muri Qatar no mu Mujyi wa Dubai muri United Arab Emirates, nyuma y’igihe zari zarahagaritswe kubera umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati. Izi ngendo zari zarahagaritswe kuva tariki…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Abaturage babiri bafungiwe gutera amazirantoki mu rugo rwa mudugudu

Abaturage babiri bo mu Karere ka Gatsibo, barimo umusore na nyina, batawe muri yombi bakekwaho gutera amazirantoki mu rugo rw’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kinunga, uherereye mu Kagari ka Rwimitereri, Umurenge wa Murambi. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Gicurasi 2026, aho abo bakekwa bivugwa ko bageze kwa Mudugudu bakamena amazirantoki ku muryango w’inzu ndetse…

Soma inkuru yose

Akarere ka Rulindo kavuze ku makimbirane y’umuryango wa Habimana n’umugore we

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangaje ko buri gukurikirana ikibazo cy’amakimbirane amaze igihe hagati ya Habimana Vincent n’umugore we, buhamya ko hari amakuru yatangajwe adafite ishingiro arimo ayo gufungira abaturage mu biro by’umurenge. Iki kibazo cyakuruye impaka nyuma y’uko Habimana Vincent avuze ko ubuyobozi bw’Akagari ka Karengeri mu Murenge wa Burega bwifatanyije n’umugore we kugurisha imwe…

Soma inkuru yose

Teng Teng yasabye gusubizwa imbuga nkoranyambaga ze nyuma yo gutandukana na ‘manager’ we

Umwana w’umunyarwenya akaba n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Teng Teng, ari kumwe n’umuryango we, batangaje ko bafite impungenge zikomeye nyuma y’uko bavuga ko uwari ushinzwe kureberera inyungu ze, Michael, yigaruriye imbuga nkoranyambaga z’uyu mwana ndetse akamwambura ububasha bwo kuzigenzura. Mu byo batangaje, bavuga ko izo mbuga zafunguwe mu mazina ya Teng Teng kandi zikaba zarubatswe hashingiwe…

Soma inkuru yose

Benzoo yavuze ko yiteguye guha Abanyarwandakazi n’Abanyarwanda ibirori bitazibagirana

Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Epfo mu njyana ya Amapiano, Benzoo, yavuze ko yiteguye gutanga igitaramo cyihariye mu Rwanda ubwo azaba yitabiriye iserukiramuco rya Ivy Summer Fest riteganyijwe kubera mu Karere ka Rubavu. Uyu muhanzi uri mu bagezweho muri Afurika y’Epfo no mu bindi bihugu bya Afurika, azataramira bwa mbere mu Rwanda ku wa 4 Nyakanga…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abaturage basabwe gukaza amarondo nyuma y’ikorwa ry’ubujura bw’Ibendera ry’Igihugu

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro bwongeye gusaba abaturage gukaza amarondo no kurushaho kwita ku mutekano, nyuma y’uko Ibendera ry’Igihugu ryari rimaze iminsi ryibwe ribonetse rirambuye mu ishyamba hafi y’umugezi wa Rutsiro. Iri bendera ryari ryaribwe ku biro by’Akagari ka Muyira, mu Murenge wa Manihira, aho amakuru y’ikorwa ry’ubujura yamenyekanye mu gitondo cyo…

Soma inkuru yose

Abayisilamu basabwe gukomeza kwimakaza urukundo n’ubufatanye mu kwizihiza Eid Al-Adha

Abayisilamu bo hirya no hino mu Rwanda bizihije Eid Al-Adha, umwe mu minsi mikuru ikomeye mu Idini ya Islam, basabwa gukomeza kwimakaza urukundo, gufashanya no gusangira n’abatishoboye Uyu munsi ku rwego rw’igihugu byabereye kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, aho hateraniye ibihumbi by’Abayisilamu mu isengesho ryayobowe n’abayobozi b’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda. Mu nyigisho zatangiwe muri…

Soma inkuru yose

Miss Rwanda 2020, Nishimwe Naomi n’umugabo we bakomeje kunezererwa i Bali

Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomi hamwe n’umugabo we Michael Tesfay bakomeje kuryoherwa n’urugendo rwabo rw’ubukerarugendo ku Kirwa cya Bali, kimwe mu bice bikurura ba mukerarugendo benshi ku Isi. Aba bombi bamaze iminsi basangiza abakunzi babo amafoto n’amashusho binyuze ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaza uburyo bakomeje kunezezwa n’ubwiza bw’iki kirwa kizwiho imico gakondo, inyanja nziza ndetse…

Soma inkuru yose

Uganda: Urupfu rw’umufana wa Arsenal rwongeye kuzamura impungenge ku makimbirane y’abafana b’amakipe

Urupfu rw’umumotari Denis wari uzwi nk’umufana wa Arsenal mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, rwongeye gutuma abantu benshi bagaruka ku kibazo cy’amakimbirane hagati y’abafana b’amakipe y’umupira w’amaguru, cyane cyane iyo amarangamutima yarenze urugero. Uyu mugabo w’imyaka 34 yapfuye nyuma y’impaka bivugwa ko yagiranye n’undi mugabo bivugwa ko ari umufana wa Manchester United. Polisi ya Uganda…

Soma inkuru yose

Karongi: Urupfu rw’umwarimu warohamye mu Kivu rwasigiye icyuho gikomeye GS Sainte Marie Kibuye

Urupfu rwa Nahimana Ernest wari umwarimu w’ikoranabuhanga muri GS Sainte Marie Kibuye, warohamye mu kiyaga cya Kivu ku wa 23 Gicurasi 2026, rwateye agahinda gakomeye abo bakoranaga, abanyeshuri ndetse n’umuryango we, cyane ko yari amaze igihe gito agaragaza ubuhanga mu kazi ke. Uyu mwarimu wari ufite imyaka 30 y’amavuko, yarohamye ku mugoroba wo ku wa…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abakozi bane ba SACCO ya Kigeyo bakekwaho kunyereza miliyoni zisaga 88 Frw batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu bane bakoreraga SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bakekwaho kunyereza umutungo wa miliyoni zisaga 88 Frw no gukoresha inyandiko mpimbano. Aba batawe muri yombi barimo Havugimana James wahoze ari Umuyobozi wa SACCO, Nishimwe Espérance wari ushinzwe kwakira no kubika amafaranga, Uwanyirijuru André ushinzwe ibaruramari, ndetse…

Soma inkuru yose

Ivugururwa rishya rya mudasobwa rigiye koroshya akazi no kongera umutekano w’abayikoresha.

Sosiyete zikomeye zikora porogaramu za mudasobwa zikomeje gushyira hanze amavugurura mashya agamije korohereza abakoresha mudasobwa no kongera umutekano w’amakuru yabo. Mu mavugurura aheruka gushyirwa hanze harimo ayakozwe na Microsoft kuri sisiteme ya Windows 11 ndetse n’ikorwa na Apple kuri macOS. Aya mavugurura mashya azanye uburyo bwihuse bwo gukoresha mudasobwa, kunoza imikorere ya internet, gukemura ibibazo…

Soma inkuru yose

U Bushinwa bwakomeje kwagura ubushobozi mu by’isanzure nyuma yo kohereza Shenzhou-23

U Bushinwa bwongeye kwerekana ubushake bwo gukomeza kuba kimwe mu bihugu bikomeye mu bushakashatsi bwo mu isanzure, nyuma yo kohereza icyogajuru cya Shenzhou-23 gitwaye aba astronaut batatu bafite inshingano zikomeye zirimo gukora ubushakashatsi bwihariye no gutegura ingendo zizagera ku Kwezi. Iki cyogajuru cyahagurutse mu ijoro ryo ku wa 24 Gicurasi 2026 kivuye muri Jiuquan Satellite…

Soma inkuru yose

Chris Brown yahawe impamyabumenyi y’icyubahiro na Harvest Christian University

Umuhanzi w’icyamamare muri muzika ya R&B, Chris Brown, yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (Honorary PhD) na Harvest Christian University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kubera uruhare rwe rukomeye mu guteza imbere umuziki n’ubugeni ku rwego mpuzamahanga. Iyi mpamyabumenyi yahawe Chris Brown ku wa 23 Gicurasi 2026, mu birori byitabiriwe n’abanyeshuri barangije amasomo atandukanye muri…

Soma inkuru yose

MINISANTE yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitwararika nyuma y’ikwirakwira rya Ebola mu karere

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta cyorezo cya Ebola kiragaragara mu gihugu, ariko isaba abaturage gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda nyuma y’uko iyi ndwara ikomeje gukwirakwira mu bihugu bituranye n’u Rwanda. Ubu butumwa bwatanzwe mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Uganda bikomeje kugaragaramo abarwayi ba Ebola, ibintu byatumye…

Soma inkuru yose

DJ Toxxyk yakatiwe gufungwa umwaka n’amezi atandatu nyuma yo guhamywa ibyaha bine

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse rumuca ihazabu ya 1.050.000 Frw nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’impanuka yahitanye umupolisi. Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026 nyuma y’uko Ubushinjacyaha bujuririye icyemezo cyari cyafashwe mbere n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro. DJ Toxxyk…

Soma inkuru yose

Ibanga ryatumye Arsenal yongera kwegukana igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22

Nyuma y’imyaka 22 yose itegereje, Arsenal yongeye kugaruka ku ntebe y’icyubahiro y’umupira w’amaguru mu Bwongereza, yegukana igikombe cya shampiyona ya Premier League. Iyi ntsinzi yabaye nyuma y’uko Manchester City inganyije na Bournemouth igitego 1-1, bituma Arsenal ihita iba iya mbere yegukana igikombe mbere y’umunsi wa nyuma wa shampiyona. Uyu mwaka wabaye udasanzwe kuri Mikel Arteta,…

Soma inkuru yose

RDC: Abarwayi ba Ebola batorotse ibitaro bya Rampara

Abaturage bo mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kugira ubwoba nyuma y’uko abarwayi ba Ebola n’abari bayikekwaho batorotse ibitaro bya Rampara biherereye hafi y’Umujyi wa Bunia. Amakuru yatangajwe n’urubuga Actualite.cd avuga ko aba barwayi bari batandatu, barimo batatu byari byamaze kwemezwa ko banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, ndetse…

Soma inkuru yose

Sky2 dosiye ye yagejejwe mu Bushinjacyaha nyuma yo gutabwa muri yombi

Dosiye ya Hahirwabasenga Thimotee uzwi ku izina rya Sky2 yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Gicurasi 2026, nyuma y’uko yari yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitandukanye. Umuvugizi wa Rwanda Investigation Bureau, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko dosiye y’uyu mugabo yashyikirijwe Ubushinjacyaha nyuma y’iperereza. Sky2 akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse no…

Soma inkuru yose

Israel Mbonyi ategerejwe mu bitaramo bikomeye i Burayi no muri Afurika y’Iburasirazuba

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, agiye gutangira uruhererekane rw’ibitaramo bizenguruka ibihugu bitandukanye byo ku Mugabane w’u Burayi mbere yo gukomereza ibikorwa bye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Uyu muhanzi ukunzwe na benshi ategerejwe muri Belgium ku wa 13 Kamena 2026, aho azataramira abakunzi be mu gitaramo kizabera muri Hotel Dolce La…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yashimye Arsenal nyuma yo kwegukana Premier League

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Arsenal F.C. nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza cya 2025/2026. Arsenal yegukanye iki gikombe ku wa 19 Gicurasi 2026, nyuma y’uko Manchester City F.C. inganyije na AFC Bournemouth igitego kimwe kuri kimwe, ibintu byahise biha Arsenal amahirwe yo kwisubiza igikombe yari imaze imyaka…

Soma inkuru yose

RCS yahakanye indwara y’Iseru mu Igororero rya Nyarugenge

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda RCS rwanyomoje amakuru yavugaga ko mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere haba haragaragaye indwara y’Iseru. RCS ivuga ko ayo makuru atari yo, igasaba abantu kutagira impungenge, kuko nta murwayi w’iseru ubarizwa muri iryo gororero ndetse no mu bindi bigo by’igorora hirya no hino mu gihugu. Ubuyobozi bwa RCS bwagize…

Soma inkuru yose

José Mourinho agiye gusubira muri Real Madrid.

Umunya-Portugal José Mourinho ari mu batoza bafite ibigwi byinshi ku Isi, ari kuvugwa cyane mu itangazamakuru ryo ku mugabane w’u Burayi ko ashobora gusubira gutoza ikipe ya Real Madrid nyuma y’imyaka 13 ayivuyemo. Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bitandukanye birimo Sky Sports na Reuters avuga ko ubuyobozi bwa Real Madrid buri mu biganiro bya nyuma n’uyu mutoza…

Soma inkuru yose

Impamvu zituma umuntu ahorana stress atazi impamvu yazo

Hari abantu benshi bavuga ko bahorana guhangayika cyangwa stress, nyamara iyo ubabajije ikibazo kibibatera bakabura icyo bavuga. Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko stress itava gusa ku bibazo bikomeye umuntu aba ahanganye na byo, ahubwo ishobora guterwa n’imibereho ya buri munsi, uburyo umuntu atekereza, ndetse n’imihindagurikire y’ubuzima. Guhora utekereza cyane Imwe mu mpamvu zikunze…

Soma inkuru yose