Ukuri ku ifoto y’umukozi wa Croix Rouge n’umukinnyi w’amagare byavugishije benshi

Ukuri ku ifoto y’umukozi wa Croix Rouge n’umukinnyi w’amagare byavugishije benshi

Mu gihe Shampiyona y’Isi y’Amagare ikomeje kubera i Kigali, hari amafoto atandukanye ari gusakara ku mbuga nkoranyambaga. Rumwe mu rwavugishije abantu ni urufotowe na B&B Fm Kigali, rwerekana umukinnyi w’amagare ufite telefoni mu ntoki, asa n’uvugana n’umukozi wa Croix Rouge y’u Rwanda. Abenshi mu babonye iyo foto bibwirije ko uwo mukinnyi yasabaga nimero y’uwo mukobwa…

Soma inkuru yose
Imihanda ya Kigali yanditse amateka Chapman yafashije Australia gutwara Zahabu

Imihanda ya Kigali yanditse amateka Chapman yafashije Australia gutwara Zahabu

Umunya-Australia Chapman Brodie yatangaje ko imihanda ya Kigali yari ingorabahizi ku bakinnyi mu gihe Australia yegukana umudali wa Zahabu mu isiganwa rya Team Time Trial Mixed Relay muri Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, aho abagabo n’abagore bakinira hamwe nk’ikipe basiganwa n’igihe. Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, Chapman yagaragaje ko iri siganwa ryari rigoye…

Soma inkuru yose
Kigali: David Lappartient yongeye gutorwa kuyobora UCI kugeza 2029

Kigali: David Lappartient yongeye gutorwa kuyobora UCI kugeza 2029

Umufaransa David Lappartient yatorewe kongera kuyobora Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) mu gihe cy’imyaka ine, manda ye nshya izarangira mu 2029. Amatora yabereye mu nama ya 194 ya UCI muri Kigali Convention Centre ku wa Kane, tariki 25 Nzeri 2025, mu gihe Umujyi wa Kigali wakiraga Shampiyona y’Isi y’Amagare yitabiriwe n’ibihugu 108 kuva tariki…

Soma inkuru yose
Mugisha Moïse yasezeye muri Shampiyona y’Isi y’Amagare kubera uburwayi

Mugisha Moïse yasezeye muri Shampiyona y’Isi y’Amagare kubera uburwayi

Mugisha Moïse, wari mu bakinnyi b’u Rwanda bagombaga kwitabira isiganwa ryo mu muhanda [Road Race] mu bagabo muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, yasohotse mu marushanwa nyuma yo gufatwa n’“infection” mu menyo itamwemereraga no kwitoza. Ku wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, byemejwe ko Byukusenge Patrick azamusimbura mu bakinnyi b’u Rwanda bazahagararira igihugu ku Cyumweru, tariki…

Soma inkuru yose
U Rwanda rwashimye ubwitabire bw’abafana muri Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025

U Rwanda rwashimye ubwitabire bw’abafana muri Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yanyuzwe n’ubwitabire bugaragara bw’Abanyarwanda mu gukurikirana Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, ndetse inashimira abakinnyi bamaze kwitwara neza. Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, hateganyijwe icyiciro cya Team Time Trial Mixed Relay (gusiganwa n’ibihe mu makipe avanze y’abagabo n’abagore). Mbere y’uko iryo rushanwa ritangira, Guverinoma yohereje ubutumwa…

Soma inkuru yose
Kasia Niewiadoma, wegukanye Tour de France 2024, yanyuzwe n’urukundo yahawe n’Abanyarwanda

Kasia Niewiadoma, wegukanye Tour de France 2024, yanyuzwe n’urukundo yahawe n’Abanyarwanda

Umunya-Pologne Katarzyna Niewiadoma-Phinney, wegukanye Tour de France Femmes ya 2024, yashimangiye ko yatangajwe n’uburyo abana b’Abanyarwanda bamwakiranye urugwiro ubwo yari mu myitozo yitegura Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera i Kigali. Uyu mukinnyi ukinira Canyon–SRAM ari mu bakinnyi batatu bazahagararira igihugu cye mu isiganwa ryo mu muhanda mu bagore [Women Road Race] rizaba ku wa Gatandatu, tariki…

Soma inkuru yose
Umutoza w’u Bufaransa y’Amagare ashimira u Rwanda, nta na kimwe anenga

Umutoza w’u Bufaransa y’Amagare ashimira u Rwanda, nta na kimwe anenga

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa y’Amagare, Thomas Voeckler, yatangaje ko we n’abakinnyi be bakiriwe neza cyane mu Rwanda, ku buryo nta kintu kibi bashobora kunenga. Avuga ko intego yabo ari ukurushaho kwitwara neza muri Shampiyona y’Isi iri kubera i Kigali. Iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 igeze ku munsi wa gatandatu, aho Umujyi wa Kigali…

Soma inkuru yose
Abatishoboye barafashwa kwiga: ASG yatangijwe na Perezida Kagame yamaze gufungura imiryango

Abatishoboye barafashwa kwiga: ASG yatangijwe na Perezida Kagame yamaze gufungura imiryango

Icyari igitekerezo cya Perezida Paul Kagame na Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia cyo gushinga ishuri rigamije kurera abayobozi b’ejo hazaza ba Afurika cyabaye impamo. Ku wa 25 Nzeri 2025, batangije ku mugaragaro amasomo y’Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere (ASG), ritangiranye n’abanyeshuri 51 baturutse mu bihugu 14 bya Afurika birimo u Rwanda, Ethiopia, Kenya, Uganda,…

Soma inkuru yose
Rwanda: Afurika ikwiye umwanya uhoraho mu Kanama k’Umutekano ka Loni

Rwanda: Afurika ikwiye umwanya uhoraho mu Kanama k’Umutekano ka Loni

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yashimangiye ko Umuryango w’Abibumbye ukeneye amavugurura agamije kuwufasha gusohoza inshingano zawo, cyane cyane mu gutuma Afurika ihabwa umwanya uhoraho mu Kanama gashinzwe Umutekano, kuko ari ho higanjemo ibikorwa byinshi byo kugarura amahoro. Ibi yabivugiye mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange ya 80 ya Loni yabaye ku wa 25…

Soma inkuru yose
Pi yashize hanze amapiganwa y’imishinga koranabuhanga

Pi yashize hanze amapiganwa y’imishinga koranabuhanga

Pi hackaton 2025 amapiganwa mashya muri ecosystem ya Pi blockchain aho abakora iyi mining bashobora gutangira gushira pi coin zawe kuri uwo mushinga ibyo bikazaba bimwe mu bigenderwaho bagena umushinga watsinze nubwo ataribyo birebwaho Dore imwe mu mishinga yatangiye aya mapiganwa azaranngira azasoza tariki 15 10 2025 Ubyifuza wese nawe yakomeza amapiganwa akazana imishinga afite…

Soma inkuru yose
Muganga Chantal wareze Minister ko yamubeshye urukundo yatsinzwe anacibwa miliyoni

Muganga Chantal wareze Minister ko yamubeshye urukundo yatsinzwe anacibwa miliyoni

Muganga Chantal uherutse kurega Dr Nsabimana wabaye minisitire amushinja ko yamubeshye urukundo yatsindiwe mu rukiko rwa Nyarugenge anacibwa miliyoni y’amanyarwanda Mu minsi yashize ku mbuga nkoranyambaga hagarutswe cyane ku kirego cyatanzwe na muganga Chantal aho yamushinjaga ko yamubeshye ko azamugira umugore nyuma akaza kumutenguha ibyateje abantu gucika ururondogoro kuko bwari ubwa mbere bene icyo kirego…

Soma inkuru yose
Umufaransa Ousmane Dembere niwe wegukanye Ballon d’or ku nshuro ya mbere

Umufaransa Ousmane Dembere niwe wegukanye Ballon d’or ku nshuro ya mbere

Umufaransa Ousmane Dembere niwe wegukanye Ballon d’or ya 2025 akaba ari ku nshuro ya mbere uyu mufaransa ufite amamoko muri Africa atwaye iki gihembo kiruta ibindi ku is. Kuri uyu wa mbere mu gihugu cy’ubufaransa hatangiwe igihembo cya balloon d’or aho cyegukanywe n’umufaransa Ousmane Dembere ukinira Paris Saint- Germain akaba yari ahanganye na Yamini Yamali…

Soma inkuru yose
Umunya-Suède niwe wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 23

Umunya-Suède niwe wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 23

Ku wa Mbere tariki ya 22 Nzeri 2025, hakomeje isiganwa ry’amagare rya Shampiyona y’Isi ribera i Kigali, aho abasore n’inkumi batarengeje imyaka 23 bari mu kibuga. Mu cyiciro cy’abasore, Jakob Soderqvist ukomoka muri Suède ni we wigaranzuye bagenzi be maze yegukana intsinzi, asoza urugendo rw’ibilometero 31,2 akoresheje iminota 38, amasegonda 24 n’ibinyarushyi 43. Ku mwanya…

Soma inkuru yose
Abakora mining ya Pi bashiriweho uburyo bushya bwa KYC bwihuta

Abakora mining ya Pi bashiriweho uburyo bushya bwa KYC bwihuta

Pi coreteam yatanze iangazo ko hari FAST KYC Truck aho abakora iyi mining batazonera gutegereza inshuro mirongo itatu bakora mining ihoraho Ni nyuma y’uko buri mntu wese byamusabaga gukora mining nibura iminsi mirongo itatu akora ubudasiba kugira yemererwe kubona KYc ( Know your customer), ubu uru rukuta ntirukiriho ukundi kuko Pi Coreteam bashize hanze feature…

Soma inkuru yose
Intambwe nshya mu ruganda rw’ubuhanzi: Ibarura rizagaragaza abahanzi n’impano nshya mu gihugu

Intambwe nshya mu ruganda rw’ubuhanzi: Ibarura rizagaragaza abahanzi n’impano nshya mu gihugu

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’Ishami rya LONI rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), yatangije umushinga witwa “Guha imbaraga Inganda ndangamuco mu Rwanda, hubakwa inzego zihamye”. Umushinga ufite intego nyamukuru yo guteza imbere uruganda ndangamuco n’ubuhanzi mu Rwanda binyuze mu: Kimwe mu bikorwa by’ingenzi bigize uyu mushinga ni ugukora ibarura…

Soma inkuru yose
Abasirikare 8 b’u Burundi batorokeye mu Burusiya mbere yo koherezwa kurwana muri RDC

Abasirikare 8 b’u Burundi batorokeye mu Burusiya mbere yo koherezwa kurwana muri RDC

Amakuru aturuka i Moscow avuga ko abasirikare umunani b’u Burundi bari baroherejwe mu myitozo ya gisirikare mu Burusiya, batorotse batinya koherezwa mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ibi byerekana ko hari benshi mu ngabo z’u Burundi batifuza kurwana muri Kivu y’Amajyaruguru, aho bamwe muri bagenzi babo bamaze gufungwa kubera…

Soma inkuru yose
Amagare: Remco Evenepoel “Imana y’Urumuri rw’Igare” yageze i Kigali n’igare ry’agatangaza

Amagare: Remco Evenepoel “Imana y’Urumuri rw’Igare” yageze i Kigali n’igare ry’agatangaza

GATEOFWISE.COM Mbere yo gusohoka mu ruganda, Remco Evenepoel, Umunya-Belgique uzwi nk’umwirukanka wa mbere mu gusiganwa ku magare mu nzira ngufi wenyine (Individual Time Trial), yahawe igare ryihariye ryakozwe bihuye neza n’uburyo bwe bwo gutwara no ku byifuzo bye bwite. Ni Specialized S-Works Shiv TT 2025, rimwe mu magare ahenze ku Isi rifite agaciro gasaga 30,000…

Soma inkuru yose
Amagare: Umukinnyi wa mbere ku Isi, Tadej Pogačar, yageze i Kigali kwitabira Shampiyona y’Isi

Amagare: Umukinnyi wa mbere ku Isi, Tadej Pogačar, yageze i Kigali kwitabira Shampiyona y’Isi

GATEOFWISE.COM Umunya-Slovenia Tadej Pogačar, umaze igihe ari nimero ya mbere ku rutonde rw’Isi mu gusiganwa ku magare, yageze i Kigali ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki ya 18 Nzeri 2025. Uyu musore w’imyaka 26 aje kwitabira Shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda ku wa 21-28 Nzeri, ikaba ari ubwa mbere ibereye muri Afurika. Pogačar asanzwe…

Soma inkuru yose
Kigali yiteguye kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare: Abakinnyi 917 baturutse mu bihugu 110, abantu barenga miliyoni 330 ku Isi biteganyijwe kuyikurikirana

Kigali yiteguye kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare: Abakinnyi 917 baturutse mu bihugu 110, abantu barenga miliyoni 330 ku Isi biteganyijwe kuyikurikirana

GATEOFWISE.COM Abatuye Isi barenga miliyoni 330 biteganyijwe ko bazakurikira Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izabera i Kigali, bikaba ari bwo bwa mbere iri siganwa rikomeye ribereye muri Afurika. Uyu ni umwanya w’amateka u Rwanda rugiye kubona kuko ruri mu murongo w’ibihugu bike byahawe icyizere cyo kwakira igikorwa mpuzamahanga cy’uru rwego. Imyiteguro iri kugana ku…

Soma inkuru yose
Uko Imbuga Nkoranyambaga Zihindura Ubuzima bw’Abantu n’Imibanire yabo

Uko Imbuga Nkoranyambaga Zihindura Ubuzima bw’Abantu n’Imibanire yabo

Mu myaka 20 ishize, isi yahindutse mu buryo budasanzwe kubera imbuga nkoranyambaga. Ubu, hafi ya buri muntu wese uri munsi y’imyaka 35 usanga afite konti nibura kuri Facebook, WhatsApp, Instagram cyangwa TikTok. Mu Rwanda, nk’uko imibare ya RURA yabigaragaje mu 2024, abarenga miliyoni 4,5 bakoresha murandasi buri munsi. Iki kintu cyazanye inyungu nyinshi, kikoroshya ubucuruzi,…

Soma inkuru yose