Abanyeshuri 1,097 bakopeye ibizamini bya Leta bahawe igihano gikomeye

Abanyeshuri 1,097 bakopeye ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026, ntibazahabwa andi mahirwe yo kongera gukora ibyo bizamini. Amakuru dukesha IGIHE avuga ko ibi byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, ubwo hatangazwaga amanota y’abanyeshuri 108,405 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye. Minisitiri Nsengimana yavuze…

Soma inkuru yose

Ijoro ry’amarira i Bukavu: Inkongi y’umuriro ihitana abantu 24, amashuri n’ingo birakongoka

Abantu 24, biganjemo abanyeshuri bigaga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye agace ka Chimpunda mu Mujyi wa Bukavu, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi nkongi yatangiye mu masaha ya saa mbili za mu gitondo ku wa 10 Nzeri 2026, ikwira mu ngo z’abaturage ndetse igera ku Ishuri Ribanza rya Ujamaa n’Ishuri…

Soma inkuru yose

Amanota y’ibizamini bya Leta arasohoka uyu munsi

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko kuri uyu wa 11 Nzeri 2026 ari bwo hasohoka amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, ndetse n’ay’abanyeshuri basubiyemo ibizamini bisoza amashuri abanza. NESA yatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 aratangazwa saa Munani z’amanywa. Ibi bizazana igisubizo ku banyeshuri…

Soma inkuru yose

Umunyeshuri wabaye uwa mbere mu gihugu yabuze amanota 0.4% ngo abone 100%

Rwego Mutijima Bruno, umunyeshuri wigaga muri Ecole Internationale La Racine mu Karere ka Bugesera, ni we wabaye uwa mbere mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026. Rwego Mutijima Bruno yatsinze ku rwego rwo hejuru, aho yasigaje amanota 0.4% ngo agere kuri 100%. Umunyeshuri wamukurikiye we yabonye 99.4%, mu gihe uwa…

Soma inkuru yose

AI n’ingaruka zayo ku bushobozi bwo gutekereza no guhanga udushya ku banyeshuri

Mu gihe ubwenge buhangano (AI) bukomeje kwinjira mu nzego zitandukanye z’ubuzima, harimo n’uburezi, impuguke mu gutegura abanyeshuri bajya kwiga muri kaminuza zikomeye ku Isi ziraburira ko gukoresha AI mu kwandika inyandiko y’ubusabe (Personal Statement cyangwa College Essay) bishobora kugabanya amahirwe yo kwakirwa. Ibi bibaye mu gihe impaka ku ikoreshwa rya AI mu burezi zikomeje kwiyongera…

Soma inkuru yose

Kaminuza ya Wits yamuritse imishinga itanu ihuza AI n’umuziki wa Afurika

Kaminuza ya University of the Witwatersrand (Wits University) yo muri Afurika y’Epfo yamuritse imishinga itanu ikoresha Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI) mu guteza imbere no kubungabunga umuziki wa Afurika, mu gikorwa cyagaragaje ko abanyafurika bashobora kugira uruhare rukomeye mu kugena ejo hazaza h’ikoranabuhanga rikoreshwa mu muziki. Iki gikorwa cyateguwe na Wits Innovation Centre ku…

Soma inkuru yose

Inama 5 zafasha abanyeshuri gukoresha internet n’ubwenge buhangano (AI) mu buryo bwizewe

Google isaba abanyeshuri, ababyeyi n’abarimu gukorera hamwe mu guteza imbere umutekano kuri internet Mu gihe ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) bugenda burushaho kwinjira mu buzima bwa buri munsi, Google yavuze ko abantu benshi batangiye kubukoresha cyane cyane mu kwiga, aho kubukoresha nk’uburyo bwo kwidagadura gusa. Ibi byagarutsweho mu kwizihiza Safer Internet Day, umunsi ugamije…

Soma inkuru yose

Impungenge ku bana b’Abanyarwanda badasobanukirwa ibyo basoma nubwo bazi gusoma neza

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwagaragaje ikibazo gikomeye mu burezi bw’u Rwanda, aho abana benshi bashobora gusoma amagambo n’interuro ariko bakagira ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basoma. Ni ikibazo impuguke zigaragaza ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku myigire y’abana, kuko gusoma bidahagije iyo umunyeshuri adashoboye kumva no gusobanura ubutumwa buri mu…

Soma inkuru yose

Impungenge ku bana b’Abanyarwanda badasobanukirwa ibyo basoma nubwo bazi gusoma neza

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwagaragaje ikibazo gikomeye mu burezi bw’u Rwanda, aho abana benshi bashobora gusoma amagambo n’interuro ariko bakagira ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basoma. Ni ikibazo impuguke zigaragaza ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku myigire y’abana, kuko gusoma bidahagije iyo umunyeshuri adashoboye kumva no gusobanura ubutumwa buri mu…

Soma inkuru yose

Kaminuza zo muri Afurika zikomeje kuyoboka AI, iza Leta ziri imbere mu kuyikoresha

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (AI) muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko kaminuza za Leta ari zo zikomeje gukoresha iri koranabuhanga ku rwego rwo hejuru kurusha iza private, cyane cyane mu bikorwa byo kwigisha no kuyobora ibigo. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byatangajwe mu nama ya ELITE Africa Workshop, yahuje ibigo bitandukanye by’amashuri makuru…

Soma inkuru yose

Kim Kardashian yagaragaje uko gukoresha ChatGPT byamugizeho ingaruka mu masomo y’amategeko

Umunyamideri w’icyamamare Kim Kardashian aherutse gutangaza ko gukoresha ikoranabuhanga rya ChatGPT mu masomo ye y’amategeko bitamugiriye akamaro nk’uko yabitekerezaga, ahubwo byatumye atsindwa ibizamini inshuro nyinshi. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Teyana Taylor mu gice cya Vanity Fair Lie Detector Test, aho yabajijwe niba akoresha ChatGPT mu kwiga amategeko. Mu gusubiza, Kardashian yavuze ko ayifashisha…

Soma inkuru yose