“Reka kunywa icyuma ahubwo terura icyuma!” Minisitiri Mukazayire agira inama urubyiruko

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kwirinda kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nk’“ibyuma”, ahubwo rugahitamo gukora siporo kuko ari kimwe mu bifasha kubaka umubiri n’ubwonko bifite imbaraga. Ubu butumwa Minisitiri Mukazayire yabutanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 18 Nzeri 2026, abinyujije ku rubuga rwa X. “Reka kunywa icyuma…

Soma inkuru yose

Amajyepfo: Polisi ivuga ko ibyaha byagabanutse nyuma yo guca ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibikorwa byo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, birimo ibizwi cyane ku izina ry“ibyuma”, byagize uruhare mu kugabanya ibyaha n’imyitwarire ibangamira umutekano mu Ntara y’Amajyepfo. Ibi byagarutsweho ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026, mu bukangurambaga bukomeje gukorerwa mu bice bitandukanye by’Intara y’Amajyepfo, bugamije kurandura ibinyobwa bitujuje ubuziranenge no gukumira ingaruka…

Soma inkuru yose

Ibyuma biragatsindwa n’Imana: Musenyeri Sinayobye agira icyo asaba urubyiruko

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Musenyeri Sinayobye Edouard, yasabye urubyiruko kugira inyota yo kumenya Imana no kuyegera, aho gukururwa n’ibisindisha, cyane cyane ibinyobwa bitemewe kandi bitujuje ubuziranenge bizwi nka ‘ibyuma’. Amakuru dukesha IGIHE avuga ko Musenyeri Sinayobye yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Kanama 2026, ubwo yaganirizaga urubyiruko Gatolika rwitabiriye ihuriro ryo…

Soma inkuru yose

RIB yataye muri yombi abantu 16 barimo Umuyobozi wa Inguvu Gin Ltd bakekwaho gukora inzoga zitujuje ubuziranenge

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rumaze gufata abantu barenga 80 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukora inzoga zitujuje ubuziranenge hirya no hino mu gihugu. Muri abo bafashwe harimo abantu 16 bafatiwe mu Mujyi wa Kigali, barimo ba nyir’inganda n’abakozi bazo. Muri bo harimo n’Umuyobozi wa Inguvu Gin Ltd, Ntihanabose Samuel uzwi ku izina rya…

Soma inkuru yose

Iburasirazuba: Polisi yafashe abantu 43 bakekwaho guhisha inzoga zabujijwe ku isoko

Abantu 43 bo mu Ntara y’Iburasirazuba bafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho gukomeza kubika no gucuruza inzoga zari zarakuwe ku isoko kubera kutujuje ubuziranenge. Nk’uko Polisi y’u Rwanda ibitangaza, aba bantu bafashwe mu gikorwa kimaze iminsi itatu kigamije gukura ku isoko ibinyobwa byagaragajwe nk’ibishobora guteza ibibazo ku buzima bw’ababinywa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba,…

Soma inkuru yose

Amajyepfo: Litiro zirenga ibihumbi 31 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge zamenwe

Mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego za Leta, yakoze igikorwa cyo kumena ibinyobwa byafatiwe mu bihe bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo. Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kanama 2026 kigamije gukumira ikwirakwizwa ry’ibinyobwa bishobora guteza ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage, no guca…

Soma inkuru yose

Abaturage bishimiye ikurwa ku isoko ry’‘ibyuma’, basaba ko urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rwakomeza

Nk’uko IGIHE yabitangaje, abaturage bo hirya no hino mu Rwanda bakomeje kwakira neza icyemezo cyo gukura ku isoko inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nka “ibyuma”, bavuga ko zari zimaze imyaka ziteza ibibazo bikomeye birimo uburwayi, gusenya imiryango no gushyira ubuzima bw’urubyiruko mu kaga. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) gifunze…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’ubuzima yasobanuye impamvu yihishe inyuma y’inkubiri yo gufunga inzoga zitujuje ubuziranenge.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko isuzuma ryakozwe ku nzoga zimwe zitujuje ubuziranenge ryagaragaje ibintu biteye inkeke, birimo kuba hari izari zifite 90% bya alcool ndetse zikarimo n’ibinyabutabire by’uburozi nka methanol, bidakwiye kunyobwa na gato. Yabitangaje kuru uyu wa 3 Kanama 2026 mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu cyagarukaga ku ngamba zafashwe zo kurwanya…

Soma inkuru yose

MINALOC yasabye abazategura ibirori kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yasabye abaturage bose bifuza gutegura ibirori mu ngo zabo kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo bubafashe kugenzura ko amafunguro n’ibinyobwa bizatangwa byujuje ubuziranenge, bityo hirindwe ibibazo bishobora gushyira ubuzima bw’ababyitabira mu kaga. Yabitangaje ku wa 25 Nyakanga 2026 ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Kamonyi mu Muganda…

Soma inkuru yose