Elon Musk yaciye agahigo ko kuzuza tiriyoni imwe y’Amadorali y’Amerika.

Umuherwe w’umunyamerika ukomoka muri Afurika y’Epfo, Elon Musk, akomeje kwandika amateka mu bukungu bw’isi. Kuri ubu afite imyaka 54 y’amavuko, akaba ari we muntu wa mbere ku isi waciye agahigo ko gutunga umutungo urengeje  tiriyoni 1 y’amadolari ya Amerika. Amakuru yatanzwe n’ikinyamakuru Bloomburg kuri uyu wa 12 Kamena 2026.

Ikinyamakuru Forbes nicyo cyatangaje ko Elon Musk yinjiye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku isi mu mwaka wa 2012, yari afite umutungo ubarirwa muri miliyari 2 z’amadorali y’Amerika.

Muri Mutarama 2021, Elon Musk yabaye umuntu ukize kurusha abandi bose ku isi, ahigitse Jeff Bezos. Icyo gihe agaciro k’imigabane ye muri Tesla kari kazamutse cyane. 

Impamvu ubutunzi bwe bwiyongereye cyane?

Ubutunzi bwa Elon Musk bwazamutse bitewe ahanini n’amasosiyete akomeye afitemo imigabane myinshi nka:

  • Spax x ishinzwe ingendo zo mu isanzure)
  • Tesla (imodoka zikoresha amashanyarazi)
  • X AI (ubwenge bw’ubukorano)
  • Neutralink
  • N’izindi

Impamvu nyamukuru y’izamuka rikomeye ryabaye muri Kamena 2026 ubwo SpaceX yashyiraga imigabane yayo ku isoko ry’imari (IPO), bituma agaciro kiyi sosiyete karenga tiriyoni 2 z’amadolari. Kubera ko Musk afite umugabane munini muri SpaceX, umutungo we wahise uzamuka ukarenga tiriyoni imwe y’amadolari. 

Uko ubutunzi bwe bwagiye bwiyongera

  • 2012: Miliyari 2 z’amadorali y’Amerika
  • 2021: Arenga miliyari 300 z’amadorali y’Amerika
  • 2024: Arenga miliyari 400 z’amadorali y’Amerika
  • 2025: Arenga miliyari 700 z’amadorali y’Amerika
  • Gashyantare 2026: Arenga miliyari 800 z’amadorali y’Amerika
  • Kamena 2026: Arenga tiriyoni 1 y’amadorali y’Amerika, aba umuherwe wa mbere ubigezeho ku isi. 

Elon Musk ni umwe mu banyemari bagize ingaruka zikomeye ku ikoranabuhanga rigezweho. Ubutunzi bwe bwiyongereye cyane kubera ishoramari rye muri Tesla, SpaceX n’andi ma sosiyete y’ikoranabuhanga. Kugeza ubu, afite imyaka 54 kandi ni we muntu wa mbere ku isi ugeze ku mutungo urenga tiriyoni imwe y’amadolari. 

Umukire wa mbere ku isi (Elon Musk) yujuje tiriyoni y’Amadorali y’Amerika

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *