Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yijeje ubufasha busesuye igihugu cy’u Buyapani ndetse n’umuyobozi mushya wacyo, Minisitiri w’Intebe Sanae Takaichi, uheruka gushyirwaho.
Trump yagaragaje ko agiye gukomeza imikoranire ikomeye hagati ya Amerika n’u Buyapani, mu gihe umubano w’Amerika n’u Bushinwa ndetse n’ibindi bihugu byo muri Aziya y’Uburasirazuba ukomeje kuba mubi.
Mu ruzinduko rw’akazi yagiriye i Tokyo, Trump yavuze ko u Buyapani bufite gahunda yo kugura intwaro za Amerika, ndetse ashimangira ko ubufatanye bw’ibihugu byombi bugiye kurushaho gukomera.
“Ndashaka ko umenya ko igihe cyose waba ufite ikibazo cyangwa icyifuzo icyo ari cyo cyose, nzaba niteguye gutanga ubufasha bwose bushoboka ku Buyapani,”
— Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Na we, Minisitiri w’Intebe Sanae Takaichi yashimiye Trump ku ruhare yagize mu guhuza Thailand na Cambodia zari zimaze iminsi mu mirwano.
“Ndagushimira kubera uruhare wagize mu kugarura amahoro no guhagarika imirwano hagati ya Thailand na Cambodia,”
— Sanae Takaichi, Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani.
Abayobozi b’ibihugu byombi kandi bemeranyije gukomeza ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi, cyane cyane ku mabuye y’agaciro n’inganda z’imodoka.
U Buyapani ni umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Amerika, kuko kimwe cya kane cy’ibyo bwohereza mu mahanga bijya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyane cyane imodoka n’ibikoresho bijyanye na zo.






















Your article helped me a lot, is there any more related content? Thanks! https://accounts.binance.com/register-person?ref=IXBIAFVY