Abafana benshi b’umupira w’amaguru ku isi bakomeje kuganira ku cyemezo cya FIFA n’abasifuzi nyuma y’uko kapiteni Lionel Messi adahanwe ku ikosa ryavuzwe ko yakoreye myugariro wa Algeria, Aïssa Mandi, mu mukino Argentina yatsinzemo ibitego 3-0.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Messi akandagira Mandi inyuma ku kaguru mu gihe cy’umukino.
Nubwo icyo gikorwa cyateje impaka, umusifuzi Szymon Marciniak ntiyigeze amuha ikarita y’umuhondo cyangwa itukura, ndetse n’ikoranabuhanga rya VAR ntiryigeze ritanga ubundi busobanuro kuri icyo kibazo.
Ibi byatumye bamwe mu bakunzi b’umupira bavuga ko habayeho kubogama, bavuga ko iyo icyo gikorwa gikorwa n’undi mukinnyi ashobora kuba yarahawe igihano gikomeye.
Ku mbuga nkoranyambaga, abatari bake bagaragaje kutishimira uburyo icyo kibazo cyafashwe, bavuga ko amategeko yagakwiye gukurikizwa kimwe ku bakinnyi bose.
Hari kandi abandi bafana bagaragaje ko icyo gikorwa kitari gikwiye gufatwa nk’ikosa rikomeye ryatuma umukinnyi ahabwa ikarita itukura, bavuga ko umusifuzi ari we ufite ububasha bwo gusuzuma uburemere bw’ibyabereye mu kibuga.
Nubwo impaka zakomeje gufata intera, Messi yakomeje kwitwara neza muri uwo mukino aho yatsinze ibitego bitatu (hat-trick), afasha Argentina kubona intsinzi y’ibitego 3-0.
Ibyo bitego byatumye Messi ageza ku bitego 16 mu mateka y’Igikombe cy’Isi, ahita anganya umubare w’ibitego na Miroslav Klose, umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri iri rushanwa.
Mu gihe impaka ku cyemezo cyafashwe zikomeje, abafana n’abasesenguzi b’umupira bakomeje gutegereza niba FIFA cyangwa inzego zishinzwe gusifura zizagira icyo zitangaza kuri iki kibazo cyakuruye ibitekerezo byinshi mu bakurikiranira hafi umupira w’amaguru ku isi.









