Bebe Cool akomeje gushinja Mutesi Jolly ubutubuzi, asaba ko hakorwa iperereza


Bebe Cool yashyize hanze ubutumwa avuga ko yagiranye n’uwo yaterezaga ko ari Mutesi Jolly


Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, yakomeje kuvuga ku kibazo cy’umuntu avuga ko yamutuburiye yiyita Mutesi Jolly, ndetse asaba inzego zibishinzwe gukora iperereza kuri iki kibazo.


Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Bebe Cool yavuze ko ibyabaye byatangiye muri Mutarama 2025 ubwo yari yagiye kureba umukino wa Arsenal kuri Stade ya Emirates mu Bwongereza. Yavuze ko ari ho yahuriye n’umugore yatekerezaga ko ari Mutesi Jolly, nyuma bagatangira kugirana ibiganiro.


Uko Bebe Cool avuga ko yamenyanye n’uwo yitaga Mutesi Jolly


Bebe Cool yavuze ko yabonye uwo mugore hafi y’urwambariro rw’abakinnyi ba Arsenal, nyuma bakagirana ikiganiro. Nk’uko abivuga, uwo muntu yamubwiye ko yari mu Bwongereza mu kazi ka Leta kandi ko ari umwe mu bahagarariye gahunda ya Visit Rwanda.


Nyuma y’iyo nama, ngo bakomeje kuganira bifashishije WhatsApp, aho baganiriye ku buryo uwo muntu yafasha umwana wa Bebe Cool guteza imbere impano ye mu mupira w’amaguru.


Mu minsi yashize, Bebe Cool yatangiye gushyira hanze ubutumwa avuga ko yagiranye n’uwo muntu, agaragaza ko yizeraga ko ari Mutesi Jolly.


Mutesi Jolly yavuze ko hari umuntu uri kumwiyitirira


Ku rundi ruhande, Mutesi Jolly yamaze gutangaza ko nta ruhare afite muri ibyo birego. Yavuze ko umuntu Bebe Cool ari kuvuga atari we, ahubwo ko hari umuntu wamwiyitiriye akoresha amazina ye mu gutuburira abantu.


Ibi byatumye habaho kutavuga rumwe hagati y’impande zombi, aho Bebe Cool akomeje gushimangira ko yashutswe n’umuntu wamugaragarijwe nka Mutesi Jolly, mu gihe Jolly we avuga ko na we ari umwe mu bagizweho ingaruka n’uwo muntu wamwiyitiriye.


Haracyategerejwe ibisubizo by’iperereza


Kugeza ubu, nta rwego ruratangaza umwanzuro ku birego Bebe Cool akomeje gutanga. Umuhanzi akomeje gusaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri ku muntu wamwitiriye Mutesi Jolly cyangwa se niba koko hari undi muntu uri inyuma y’iki kibazo.
Iyi nkuru ikomeje gukurikiranwa cyane ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda no muri Uganda, aho benshi bategereje kumenya ukuri ku makuru atangwa n’impande zombi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *