Mu gihe Isi ikomeje kuyogozwa n’impinduramatwara z’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence), Abanyarwanda akenshi basigaye inyuma kubera inzitizi z’ururimi. Iki ni cyo kigero cyateye itsinda ry’inzobere eshanu z’Abanyarwanda gukora ‘Ejochat’, urubuga rwa mbere rw’ubwenge buhangano rwashyiriweho korohereza abavuga Ikinyarwanda guhangana ku isoko ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Ubusanzwe, iyo ukoresheje imbuga nka ChatGPT, Gemini cyangwa Claude mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ubona ko zishobora gusubiza ariko zikaza zirimo amakosa menshi y’imyandikire n’isanisha, rimwe na rimwe zikanagoreka ubusobanuro bw’ijambo. Ibi biterwa n’uko izo porogaramu ziba zaratojwe cyane ku ndimi z’amahanga nka n’Icyongereza n’Igifaransa.
Uyu mushinga utangaje ni igitekerezo cy’abasore batanu b’Abanyarwanda baminuje mu bijyanye n’ubwenge buhangano muri kaminuza zikomeye mu Burayi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Barimo Hahirwabayo Protogène na Kalinijabo Bosco (wigaga mu Budage), baje kwiyegeranya n’abandi barimo Gashugi Hugues kugira ngo batangize ikigo Ejo Labs.
Aba basore biyemeje ko ubumenyi bahashye mu bihugu byateye imbere batabugumana, ahubwo babukoresha mu gukemura ibibazo byo mu gihugu cyabo. Bakoze Ejochat nk’urubuga ‘ruganira’ n’umuntu (Chatbot), ariko rwarajijutse mu Kinyarwanda ku buryo rwasobanura ibintu bikomeye mu rurimi umubyeyi w’i Rubavu cyangwa umunyeshuri w’i Nyagatare asobanukiwe neza.
Aba basore biyemeje ko ubumenyi bahashye mu bihugu byateye imbere batabugumana, ahubwo babukoresha mu gukemura ibibazo byo mu gihugu cyabo. Bakoze Ejochat nk’urubuga ‘ruganira’ n’umuntu (Chatbot), ariko rwaratojwe mu Kinyarwanda ku buryo rwasobanura ibintu bikomeye mu rurimi umubyeyi w’i Rubavu cyangwa umunyeshuri w’i Nyagatare asobanukiwe neza.
Ejochat ntabwo ije ari umukino, ahubwo ije ari igikoresho cy’akazi. Protogène Hahirwabayo asobanura ko intego yabo ari uko nta Munyarwanda uzigera asigara inyuma mu ikoranabuhanga rigezweho.
“Umuntu yakwinjiramo akayibaza niba ashaka kujya muri Amerika uko yasaba Visa, na yo ikamwereka ibisabwa. Umuhinzi usanzwe uhinga ibijumba azajya yinjiramo ayibaze uko yakongera umusaruro na yo imuhe ibisubizo byiza byamufasha,” – Hahirwabayo Protogène.
Ibi bivuze ko Ejochat ishobora gufasha:
Abahinzi: kumenya igihe cyo gutera, indwara z’ibihingwa n’uko bakoresha ifumbire mu Kinyarwanda.
Abanyeshuri: Gufashwa gusobanukirwa amasomo agoye (nk’imibare cyangwa ubugenge) basobanurirwa mu rurimi rwabo rwitange.
Abacuruzi: Kwandika amabaruwa y’akazi, gutegura imishinga cyangwa gusubiza imeyili (emails) mu buryo bw’uburyo bwihuse.
Gashugi Hugues we ashimangira ko Ejochat idakora gusa nk’imashini isubiza, ahubwo ishingiye ku bumenyi n’umuco by’Abanyarwanda. Ibi birinda ko amakuru atangwa n’ubwenge buhangano ahuranya n’indangagaciro z’u Rwanda. Icyakora, nk’ikoranabuhanga rishya ry’ubwenge buhangano, abaryubatse bagaragaza ko amakuru rihabwa n’abantu (interaction) ari yo atuma rirushaho kujijuka. Barasaba Abanyarwanda kuyikoresha cyane, bayandikira, bayibaza, kuko uko bayikoresha ari ko igenda ikosora amakosa y’intandaro ikarushaho gutyaza ubwenge mu Kinyarwanda.
Ejochat ni intambwe ya mbere gusa. Ikigo Ejo Labs gifite intego yo gukora izindi serivisi nyinshi z’ubwenge buhangano mu burezi, mu buvuzi no mu bucuruzi. Ni icyizere gishya cy’uko u Rwanda rutazaba umuguzi w’ikoranabuhanga ryo hanze gusa, ahubwo ruzaba n’umuremyi w’ikoranabuhanga rikemura ibibazo by’Abanyarwanda mu rurimi rwabo. Ku bifuza kuyikoresha, ubu buryo buje ari igisubizo cyo kuva mu gushakisha kure muri ChatGPT, ukiyambaza ‘Ejochat’ yawe, ikakubwira amakuru mu rurimi rwawe bwite.























