Amanegeka yo muri Gasabo ashobora guhindurwamo imidugudu ya ‘Ntuye Neza’.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwagaragarije Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ko guhora bwimura abaturage batuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga cyangwa abasenyewe n’ibiza bidashobora kuba igisubizo kirambye, busaba ubuvugizi kugira ngo imisozi ituweho itunganywe neza abaturage bayitureho mu buryo burambye.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Mudaheranwa Regis, yavuze ko imiterere y’Umujyi wa Kigali ituma ubutaka bubereye guturwa buba ahanini ku misozi, kuko ahatari ku misozi usanga ari ibishanga.

Yagize ati: “Iyo urebye Kigali usanga ahatari ku musozi haba ari mu gishanga. Icyakoroha ni ugutunganya imisozi abaturage bakayituraho neza, aho gukomeza gukoresha amafaranga menshi mu kwimura abaturage bahunga ibiza.”

Yagaragaje ko muri Gasabo honyine hari ibikorwaremezo byinshi bikenewe kugira ngo hakumirwe ibiza, birimo ruhurura 24 zikeneye kubakwa ndetse n’ibiraro 82 bisaba kuvugururwa cyangwa kubakwa, ashimangira ko ibyo ari bimwe mu bibazo byihutirwa akarere gahanganye na byo.

Imibare y’Urwego rushinzwe Imicungire y’Ibiza mu Karere ka Gasabo igaragaza ko hagati ya 2023 na 2026 hamaze kwimurwa imiryango 2.869 yari ituye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Icyakora, ubuyobozi bw’akarere bwagaragaje impungenge z’uko bamwe mu bimuwe bakomeje kubarurwaho imitungo no gusoreshwa, nyamara badafite ubushobozi bwo kuyikoresha cyangwa kuyibyaza umusaruro.

Abakozi b’inzego z’ibanze batanze urugero rw’abaturage bimuwe ku Musozi wa Gatsata, bavuga ko hari abamaze imyaka myinshi barimuwe ariko bakomeje kugaragaraho imisoro y’imitungo batagifite cyangwa batakibyaza inyungu.

Iki kibazo cyateye impaka mu basenateri, aho Senateri Charles Murigande yagaragaje ko bidakwiye ko abaturage bamara imyaka myinshi barimuwe ariko bagakomeza guhangayikishwa n’imisoro ndetse n’ibibazo by’imiturire.

Ubuyobozi bwa Gasabo bwavuze ko ikibazo gifitanye isano n’amategeko agenga imisoro n’imitungo, ariko bwizeza ko kiri gukurikiranwa kugira ngo haboneke igisubizo kirambye.

Mu bindi byagarutsweho harimo ikibazo cy’inzu zubakirwa abatishoboye cyangwa abimuwe n’ibiza, aho bamwe bavuga ko hari izubakwa mu buryo budahagije zikangirika vuba.

Akarere ka Gasabo kavuga ko kari gushyira imbaraga mu kubaka inzu zirambye kandi zifite ubuziranenge, zubakishijwe amatafari ahiye kandi zifite imusingi ikomeye, kugira ngo abaturage bahabwe amacumbi atekanye kandi arambye.

Ibi biganiro byabaye mu rwego rwo gusuzuma uko ingamba zo gukumira no guhangana n’ibiza zishyirwa mu bikorwa muri aka karere, hagamijwe gushaka ibisubizo birambye byafasha abaturage batuye mu bice byugarijwe n’ibiza kubona imiturire itekanye kandi ihamye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *