Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Senate, yemeje Todd Blanche nk’Umushinjacyaha Mukuru wa Leta (Attorney General) mu matora ryabaye mu gitondo cya kare cyo kuwa Gatandatu. Yemejwe ku majwi 50 kuri 49, bituma aba umuyobozi wemewe w’Urwego rushinzwe Ubutabera rwa Amerika (Department of Justice).
Blanche wahoze ari umwunganizi bwite wa Perezida Donald Trump, yari asanzwe ayobora uru rwego by’agateganyo. Kwemezwa kwe kumuhaye ububasha busesuye bwo kuyobora ibikorwa by’Urwego rushinzwe Ubutabera no gushyira mu bikorwa gahunda z’ubutegetsi bwa Trump.
Trump amaze igihe agaragaza ko ashaka ko Urwego rushinzwe Ubutabera rukora iperereza ku bantu cyangwa abanyapolitiki afata nk’abamurwanya. Ibi byatumye kwemeza Blanche kuri uyu mwanya guteza impaka, kubera umubano wa hafi afitanye na Trump.
Itora ryabaye nyuma y’ibiganiro bikomeye byo kwemeza Blanche, aho aba-Demokarate ndetse na bamwe mu ba-Republican bagaragaje impungenge ku kuba umufatanyabikorwa wa hafi wa Perezida Trump ayobora urwego rw’ubutabera, ubusanzwe rwagiye rushimangira ko rugomba kwigenga kuri White House.
Blanche abaye Umushinjacyaha Mukuru wa kabiri wemejwe kuva Trump yongera gutorerwa kuyobora Amerika umwaka ushize.










