Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko Guverinoma ya Afurika y’Epfo itashyizeho itegeko isaba abanyamahanga bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kuhava, ahubwo ko iri gukora ku ngamba z’igihe kirekire zigamije gukemura iki kibazo mu buryo burambye.
Ibi yabivuze nyuma y’aho imiryango imwe n’imwe irwanya abanyamahanga badafite ibyangombwa, harimo March and March Movement, yatanze tariki ya 30 Kamena 2026 nk’igihe ntarengwa cyo kuba abo bimukira bavuye muri Afurika y’Epfo, ikanaburira ko hashobora gukurikiraho izindi ngamba mu gihe ibyo yasabye bitubahirijwe.
Mu muhango wo kwizihiza Umunsi w’urubyiruko wabereye i Nasrec, Ramaphosa yavuze ko Guverinoma isanzwe ifite gahunda n’ingamba zo gukemura ibibazo bijyanye n’abimukira, bityo ko nta mpamvu yo kwishyiriraho amategeko cyangwa kwifatira ibyemezo byagakwiye gufatwa n’inzego za Leta.
Yagize ati: “Njye mbona ibyiswe ‘itariki ya 30 Kamena’ atari ibintu bikenewe, kuko turi gukemura ibibazo abaturage bacu bahura na byo.”
Guverinoma ya Afurika y’Epfo yamaganye icyo cyemezo cyafashwe n’iyo miryango, ishimangira ko kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko agenga abinjira n’abasohoka mu gihugu ari inshingano z’inzego za Leta gusa.
Ramaphosa yasabye abaturage kutihanira no kutishyiriraho inshingano zo gukurikirana cyangwa gufatira abanyamahanga ibyemezo, ashimangira ko abaturage bakomoka mu bindi bihugu bya Afurika bakwiye kubahwa no kurengerwa nk’abandi bose.
Yagize ati: “Nta Munyafurika y’Epfo ukwiye kugira icyo akorera umuntu uwo ari we wese ukomoka muri kimwe mu bihugu bya Afurika. Ibyo ni inshingano z’abayobozi muri Guverinoma.”
Perezida wa Afurika y’Epfo yanaburiye ko inzego z’umutekano zizakumira ibikorwa byose bishobora guhungabanya ituze ry’igihugu cyangwa gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Yashimangiye ko ikibazo cy’abimukira kidakwiye guhinduka urwitwazo rwo guteza imvururu cyangwa urugomo.
Ku bijyanye n’impamvu zituma abantu benshi bimukira muri Afurika y’Epfo, Ramaphosa yavuze ko ahanini zishingiye ku bukungu, kuko benshi baba bashaka akazi, imibereho myiza cyangwa bahunga ibibazo biri mu bihugu byabo.
Yongeye kwamagana imvugo zigaragaza ko Abanyafurika y’Epfo bose banga abanyamahanga, avuga ko hari amakuru ayobya akwirakwizwa ku bibera muri icyo gihugu.
Ibi bibaye mu gihe mu myaka ishize hagiye humvikana ibikorwa by’urugomo byibasira abanyamahanga muri Afurika y’Epfo, aho bamwe mu baturage babashinja kubatwara imirimo no kongera ibibazo by’ubukungu. Ibyo byanatumye ibihugu birimo Ghana na Nigeria bifasha abaturage babyo bifuzaga gutaha kubera impungenge z’umutekano.










