RSSB Tigers yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda itwaye BAL.

Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda yatwaye igikombe cya Basketball Africa League (BAL) 2026 nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88 mu mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena i Kigali kuri iki cyumweru tariki 31 Gicurasi 2026.Ni intsinzi yahesheje iyi kipe igikombe cya mbere cya BAL.

Uyu mukino waranzwe n’ishyaka n’ihangana rikomeye kuva utangiye kugeza ku munota wa nyuma. RSSB Tigers yatangiye yotsa igitutu Petro de Luanda, gusa iyi kipe yo muri Angola yagarukanye imbaraga mu duce twa nyuma tw’umukino bituma amanota agenda yegerana cyane.

Abafana bari buzuye BK Arena bakomeje gushyigikira RSSB Tigers, ibintu byafashije iyi kipe gukomeza kugumana icyizere no gukina ifite imbaraga nyinshi. Mu masegonda ya nyuma, Tigers yashoboye kurinda ikinyuranyo cy’amanota abiri, bituma umukino urangira yegukanye intsinzi ya 90-88.

Iki gikombe ni amateka akomeye kuri RSSB Tigers ndetse na Basketball y’u Rwanda muri rusange, kuko kuba ikipe nyarwanda yegukanye BAL bishimangira iterambere rya basketball mu gihugu. Umunyamerika Craig Randall ll ukinira RSSB Tigers niwe watsinze amanota menshi mu mukino aho yatsinze amanita 37, akuramo imipira 4 (Rebound) ndetse atanga imipira 7 yavuyemo amanota.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *