Ni impanuka uteye ubwoba aho bivugwako Nibura abantu 14 bahasize ubuzima, ni mu muhanda wa Kampala–Masaka mu gihugu cya Uganda, mu ijoro ryo ku wa 3 Kanama 2026.
Iyi mpanuka yabaye ahagana saa tanu z’ijoro, nyuma y’uko imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace (Taxi) igonganye n’ikamyo yari itwaye umucanga.
Amakuru agaragaza ko abantu 14 bose bapfuye bari abagenzi bari muri taxi, mu gihe abandi bane bakomerekeye muri iyo mpanuka, Muri bo harimo babiri bari muri taxi n’abandi babiri bari mu ikamyo, bahita bajyanwa kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Masaka.
nzego zishinzwe umutekano zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi Impanuka, mu gihe impanuka zo mu muhanda zikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake muri Uganda. Ni amakuru dukesha ikinyamakuru IGIHE.











