Inama Mpuzamahanga y’Ubukungu ya St. Petersburg, ifatwa nk’iy’ingenzi kurusha izindi mu Burusiya, yafunguwe kuri uyu wa Gatatu mu gihe umujyi wari ukiriho umwotsi mwinshi nyuma y’ibitero bya Ukraine byibasiye ibikorwa by’ingufu n’ibya gisirikare, ibintu byahungabanyije isura i Kremlin yashakaga kugaragaza y’ubukungu bwihagazeho nubwo igihugu gifatiwe ibihano.
Ibi byabaye mu gihe Umunyamabanga wa Leta wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaga ibitekerezo bikomeye ku ntambara y’u Burusiya muri Ukraine imbere ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika.
Rubio yavuze ko igitero cy’u Burusiya kuri Ukraine cyabaye “amakosa akomeye mu rwego rw’ingamba za gisirikare n’iza politiki” ku Burusiya, ashimangira ko nta gushidikanya ko Moscow itazagera ku ntego z’ingenzi yari yarihaye igihe yatangizaga intambara yeruye kuri Ukraine.

Marco Rubio yagize ati: “Ntekereza ko muri iki gihe nta gushidikanya gukiriho, haba mu bitekerezo by’indorerezi nyinshi ku isi ndetse no mu bya bamwe bari imbere mu Burusiya ubwabwo, ko igitero cyagabwe kuri Ukraine cyabaye igihombo gikomeye ndetse n’ikosa rikomeye mu rwego rw’ingamba ku Burusiya.”
Mu yandi magambo, Rubio yashimangiraga ko intambara u Burusiya bwatangije muri Ukraine itageze ku ntego zabwo nyamukuru kandi ko yagize ingaruka zikomeye ku gihugu mu rwego rwa gisirikare, ubukungu n’imibanire mpuzamahanga.
Rubio yakomeje avuga ati:
“Nta buryo bazagera ku ntego bari bihaye ku munsi wa mbere batangiza iyi ntambara. Kandi birashoboka ko batazashobora no kugera ku byo basaba ubu mu biganiro by’amahoro, kabone n’iyo bakoresha imbaraga za gisirikare.”
Ibi yabivuze mu gihe ibitero bya Ukraine byo kure byagabwaga ku bikorwa by’ingenzi byo mu Burusiya, mu gihe abagera ku 20.000 baturutse mu bihugu 130 bari bateraniye i St. Petersburg mu Nama Mpuzamahanga y’Ubukungu ya St. Petersburg (SPIEF), izwi cyane nka “Davos y’u Burusiya.”
Nk’uko Ibiro Ntaramakuru AFP byabitangaje, umwotsi mwinshi wirabura watewe n’ibi bitero wari ugaragara uvuye aho iyo nama yaberaga, mu gihe ibiganiro byo kuyifungura byari bitangiye kuri uyu wa Gatatu.
Abayobozi ba Ukraine batangaje ko ibyo bitero byari bigamije kwibasira ububiko bwa peteroli buri i St. Petersburg ndetse n’ibirindiro bya gisirikare bya Kronstadt.
Sergiy Sternenko, umwe mu bajyanama ba Minisitiri w’Ingabo wa Ukraine, yavuze ko “Inama ya St. Petersburg yafunguwe inyuma hari umwotsi mwinshi wirabura nyuma y’ibitero bya Ukraine.”
Nubwo ibyo bitero byabayeho, Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin aracyategerejwe gutanga ijambo rikuru muri iyo nama ku wa Gatanu.
Ukraine ivuga ko ibi bitero biri mu rwego rwo kwihimura no gusubiza ku bitero u Burusiya bumaze igihe bugaba ku mijyi yayo n’ibikorwaremezo by’ingufu.
Kiev ishimangira ko ibikorwa byo kwibasira ibirindiro bya gisirikare, ububiko bwa peteroli n’ibindi bikorwa byifashishwa mu ntambara biri mu rwego rwo gusubiza ku bitero bikomeje kugabwa n’u Burusiya ku baturage n’ibikorwaremezo bya Ukraine.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kyiv hamwe n’Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko igihugu cye kiri gusubiza ku bitero by’u Burusiya “mu buryo bukwiye”, anagaragaza ko ubushobozi bwa Ukraine bwo kwirwanaho no gukora intwaro imbere mu gihugu bukomeje kwiyongera.

Yagize ati: “Ni ikibazo cy’igihe gusa mbere y’uko twongera ubukana bw’ibisubizo dutanga ku bitero by’u Burusiya.”
Mu bihe bya vuba, Ukraine yakajije umurego mu gukoresha drones n’intwaro zishobora kurasa kure, yibasira ububiko bwa peteroli, inganda zitunganya peteroli, ibigega bya lisansi, ibirindiro bya gisirikare n’ibindi bikorwaremezo byifashishwa mu gutanga ubufasha ku ngabo z’u Burusiya.
Umuyobozi wa Politiki y’Ububanyi n’Amahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Kaja Kallas, yabwiye AFP ko ubushobozi bwa Ukraine bwo kugaba ibitero kure imbere mu Burusiya buri gutera impungenge Kremlin.
Yagize ati: “Ibi bigaragaza neza ko ku ruhande rw’u Burusiya hari ubwoba n’ihungabana. Kuba bakomeje kongera ibitero byibasira abaturage muri Ukraine ni uko batakizi uko bahangana n’ibi bikorwa.”
Kallas yongeyeho ko “Putin ari gutakaza amafaranga, abasirikare ndetse n’umuvuduko yari afite mu ntambara, ari na yo mpamvu ari kongera ibitero byibasira abasivili.”
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kyiv ari kumwe na Perezida Volodymyr Zelensky, Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, yanenze u Burusiya mu buryo bw’ubushotoranyi, avuga ko Perezida Vladimir Putin ageze aho asaba cyangwa agategereza ko Ukraine imwemerera gutegura ibikorwa bikomeye bya Leta bitabangamiwe.

Rutte yifashishije urugero rw’umunsi w’Intsinzi (Victory Day) wizihijwe i Moscow ku wa 9 Gicurasi, avuga ko uwo muhango wabaye nyuma y’uko Zelensky atangaje agahenge k’igihe gito.
Agaragaza Zelensky, Rutte yagize ati: “Ukraine imaze kugira ubushobozi ku buryo Putin ashobora gutegura parade yo ku wa 9 Gicurasi gusa nyuma y’iteka rya Perezida uyu nguyu.”
Yakomeje aseka ati: “Ntekereza ko wamwemereye kuyikora amasaha abiri gusa, si byo? Ariko yarangiye nyuma y’isaha n’iminota 55, kuko atashakaga gufata ibyago.”
Aya magambo ya Rutte yari agamije gushimangira ko Ukraine imaze kongera ubushobozi bwayo bwo kugera ku ntego ziri kure imbere mu Burusiya, ibintu abasesenguzi bamwe babona nk’ibyatumye Moscow irushaho kwitwararika mu gutegura ibikorwa bikomeye bihuriza hamwe abantu benshi.










