Gate of Wise

Koreya y’Epfo: Abayobozi barashinjwa uburangare kubera indege yahitanye abantu 179

Bamwe mu bagize imiryango y’abaguye mu mpanuka y’indege yaguyemo abantu 179 bajyanye mu nkiko 15 barimo Minisitiri w’Ubwikorezi wa Koreya Y’Epfo, Park Sang-woo, n’Umuyobozi wa Jeju Air, Kim E-bae, babashinja uburangare.  Bavuga ko uburangare bw’abo bayobozi bwatumye benshi bahasiga ubuzima ndetse abatanze ikirego barasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kuri iyo mpanuka yahitanye abantu 179 mu bantu 181…

Soma inkuru yose

M23/AFC ikomeje guhiga abahungabanya umutekano i Goma

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze iminsi bagaragara ku ngo z’abaturage mu bice bitandukanye by’umujyi wa Goma, bashakisha abahungabanya umutekano wawo ndetse n’abandi babitse intwaro. Ni ibikorwa byakangaranyije abaturage bamwe na bamwe, cyane cyane abacumbikiye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ingabo za RDC zahunze ndetse n’imitwe ya Wazalendo. Hari…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa imikorere y’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi

N’ubwo u Rwanda ari igihugu kidakora ku nyanja, gifite ibiyaga, inzuzi n’imigezi biri hirya no hino, bigizwe n’amazi yifashishwa mu buryo butandukanye burimo ingendo, uburobyi, ubukerarugendo, ubushakashatsi n’ibindi, bikenera ingamba zihoraho kugira ngo bikorwe mu ituze n’umutekano.  Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (Rwanda Water Resources Board) gitangaza ko ubuso bw’igihugu bungana na kilometero…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Guinea bemeranyije kongera ubufatanye mu ishoramari

U Rwanda n’igihugu cya Guinea bashyize umukono ku masezerano agamije kuzamura ubufatanye mu rwego rw’ishoramari. Amasezerano yasinywe na Jean-Guy K. Afrika, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’lgihugu rw’Iterambere (RDB), na Oliano Diana Kouyate, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cyigenga gishinzwe guteza imbere ishoramari muri Guinea. Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gicurasi 2025, RDB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yahoze…

Soma inkuru yose

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Abashoramari bo muri Hongiriya bagaragarijwe amahirwe menshi y’ishoramari ari mu Rwanda. Ni amakuru bahawe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda, Amb Nduhungirehe Jean Patrick na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Mukazayire Nelly. Babagaragarije ko u Rwanda ari igihugu gifite amahirwe menshi y’ishoramari ndetse abyara inyungu nyinshi ku bashoramari. Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rw’akazi…

Soma inkuru yose

Kirehe: Miliyoni 4.2$ nizo ziri guhabwa abaturage

U Rwanda ruri kubakira inzu abaturage batuye mu Karere ka Kirehe mu ntara y’Uburasirazuba, izi ni inzu zizahabwa abangiririjwe n’iyubakwa ry’urugomero rutanga amashanyarazi mu bihugu 3 aribyo U Rwanda, Tanzania n’u Burundi. Uyu ni umushinga uriguterwa inkunga na Banki y’Isi binyuze mu mushinga wa Nile Equatorial Lakes Subsidiary Action Programe binyuze na none mu mushinga…

Soma inkuru yose

The Ben agiye guhurira ku rubyiniro na Green P

Nyuma y’iminsi 137 yari ishize badahurira ku rubyiniro, umuraperi Green P yatangaje ko agiye kongera gutaramana n’umuvandimwe we The Ben mu gitaramo cy’imbaturamugabo kizabera i Kampala muri Uganda, kikaba kigamije kumenyekanisha Album nshya yise ‘Plenty Love’. Ni inkuru yagaragaje amarangamutima menshi mu bakunzi b’aba bahanzi bombi, bitewe n’uburyo ubusabane bwabo bwagiye bugaragarira benshi mu ndirimbo,…

Soma inkuru yose

Gicumbi: Ubworozi bw’amasazi bwamugize umukungu

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 31, avuga ko mbere yari mu batishoboye bo mu Murenge wa Byumba, ariko ingurube ebyiri yahawe ku nkunga y’Umushinga PRISM zamuhinduriye ubuzima nyuma yo kuzororana n’amasazi. PRISM ni umushinga w’imyaka itanu watangijwe na Guverinoma ifatanyije n’Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu 2021, ari na cyo cyawuteye inkunga ya…

Soma inkuru yose

Polisi yabaguye gitumo bafite udupfunyika 93 tw’urumogi

Habimana Djuma w’imyaka 49 na Ntirenganya Felecien ufite imyaka 51 batawe muri yombi nyuma yo gusanganywa udupfunyika 93 tw’urumogi, nk’uko byatangajwe n’umukuru wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Gahonzayire, yagize ati: “Uyu yafashwe afite urumogi udupfunyika 89 naho Uwitwa Ntirenganya Félicien w’imyaka 51 yafatanywe udupfunyika 4. Ifatwa ry’aba bagabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.”…

Soma inkuru yose

Papa Leo XIV yategetse ko abanyamakuru bafunzwe bafungurwa

Papa Leo XIV yahuye n’itangazamakuru ryo muri Rome kugira ngo barebere hamwe imigendekere y’amatora yamusize atorewe kuyobora kiliziya Gatorika. Iminsi 4 irirenze nyuma y’uko habayeho utorwa rya Papa mushya, Papa Leo XIV niwe wegukanye uyu mwanya wo kuyobora Kiliziya mu myaka iri imbere. Ku wa mbere taliki 12 Gicurasi 2025, nibwo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru rya…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yagiranye ibiganiro na mugenzi we Alassane Ouattara

Perezida Paul Kagame uri i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama y’Ihuriro ry’abayobozi bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika (Africa CEO Forum), yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara. Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kwagura umubano usanzweho mu nzego zitandukanye hagati y’u Rwanda na Côte…

Soma inkuru yose

Icyogajuru cy’Abarusiya cyaguye mu nyanja y’Abahinde nyuma y’imyaka 50

Icyogajuru cy’Abarusiya cyari cyaraheze mu kirere  kuva mu 1972 byamaze kwemezwa ko mu mpera z’icyumeru gishize byaje kurangira kigarutse ku Isi. Icyogajuru kitwa Kosmos 482 cyoherejwe mu isanzure mu myaka irenga 50  byari byarateganyijwe ko kigomba kugera ku mubumbe wa Venus, gusa uru rugendo rwahagaritswe n’uko iki cyogajuru cyagize ikibazo muri moteri. Uko imyaka yagendaga…

Soma inkuru yose

Musanze: Umusore w’imyaka 23 afungiwe gusambanya umwana w’imyaka 5

Ndayambaje Idrisa w’imyaka 23 yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka itanu y’amavuko, kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze. Bivugwa ko Ndayambaje yadukiriye uyu mwana ubwo nyirakuru yari amutumye kuri santeri ngo ajye kumugurirayo ibintu byoroheje, ashoboye gutwara. Byabereye Mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka…

Soma inkuru yose

Umunyamakuru yabajije impamvu u Rwanda na Congo bijya kuganirira muri America na Quatar

Kuri uyu wa 12 Gicurasi 2025 abakuru b’ihugu bya Africa bahuriye mu nama ya “CEO Forum” yabereye i Abidjan muri Côte D’Ivoire, muri iyi nama abayobozi batandukanye bikije ku ntambara ishyamiranyije M23/AFC na DRC, nibwo umunyamakuru Larry Madowo yabajije HE Paul KAGAME niba gushakira igisubizo mu biganiro bya Doha atari ukudaha agaciro inzira yo kwishakamo…

Soma inkuru yose

UBUTABERA: “ESE MUGANGA YAMWANDIKIYE UMUTI WO KUNYWA URUMUGI?” TURAHIRWA MOSES ASUBIZA IMPAMVU ANYWA IBIYOBYABWENGE.

Imbere y’ubutabera TURAHIRWA Moses yaburanye yemera icyaha cyo kunywa urumogi ashijwa. Umucamanza yamubajije impamvu anywa ibiyobyabwenge, Moses yasubije ko anywa ibiyobyabwenge kubera ko ari umuti umuvura uburwayi afite ndetse ukanamurinda agahinda gakabije afite, nubwo uyu muti atawandikiwe n’amuganga. Yongeyeho ko asaba kuburanishwa adafunze kugira ngo yitabweho n’abaganga, dore ko ngo yari yaramaze no kugura itike…

Soma inkuru yose

Imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za M23/AFC na Wazalendo.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, biravugwa ko inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo ba CMC / FDP bagiye bashyamirana mu duce twinshi, nka Lubwe Sud, Businene, Kabizo na Mutanga.   Mu gihe hari amakuru yatangajwe mu mpera z’iki cyumweru gishize ko Abawazalendo bashoboye gusubiza inyuma inyeshyamba za M23, ibintu byahindutse mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIRA MURI POLISI Y’U RWANDA (RNP).

Nkuko isanzwe ibigenza, Rwanda National Police (RNP) yatangaje ko guhera tariki 07/07 kugeza tariki 17/05/2025 izatangira kwandika abifuza kwinjira muri Police ku rwego rw’aba ofisiye bato (Cardet course), kwiyandikisha bizabera ku karere uwiyandikisha atuyemo. Iyi serivisi izajya itangwa kuva saa 8:00 z’amanywa kugeza saa 05:00 z’ijoro. Dore ibyangombwa ugomba kuba ufite wowe wifuza kwinjira muri…

Soma inkuru yose

Donald Trump yatangaje ko amahoro agiye kuboneka muri Congo.

Kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025, leta y’u Rwanda na leta ya Congo zashyikirije leta ya Amerika umushinga w’amahoro uhuriweho n’ibi bihugu byombi. Ni amasezerano asinywe nyuma y’ibiganiro byabereye n’ubundi muri America. Umunjyanama wa America muri Africa Massad yemeje aya makuru anaboneraho gutangaza ko yishimiye intambwe yatewe n’ibi bihugu byombi. Aho yagize ati: “Nakiriye neza inyandiko y’umushinga…

Soma inkuru yose

M23/AFC yongeye kuganira n’abahagarariye Congo (DRC).

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, n’itsinda ayoboye bageze muri Qatar mu mpera z’icyumweru gishize, basangayo abahagarariye Leta ya RDC bari bamazeyo iminsi ibiri. Abahagarariye AFC/M23 baherukaga guhura n’aba RDC tariki ya 23 Mata 2025 ubwo basinyaga amasezerano yo guhagarika imirwano, babifashijwemo na Qatar, kugira ngo ibiganiro bikomeze mu mwuka mwiza. Bivugwa ko abahagarariye impande…

Soma inkuru yose

Kigali: Abakekwaho kwiba amabuye y’agaciro batawe muri yombi.

Abiyita Imparata baherereye mu karere ka Nyarugenge, batawe muri yombi na Polisi yako karere bakekwaho kwiba amabuye y’agaciro mu birombe. Inkuru dukesha ikinyamakuru Umuryango ivuga ko aba bakekwaho ubu bujura bafashwe kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025. CIP Wellars yatangaje ko hashize iminsi abafite ibirombe by’amabuye barigutaka kwibwa. Bavugaga ko aba bajura bitwaza ibyuma, bityo bakaba bashobora…

Soma inkuru yose

“Harifunzwa Leta y’inzibacyuho muri Congo (DRC)” Iki ni ikifuzo cy’umuhuza washyizeho na SADEC na EAC.

Obasanjo wayoboye Nigeria aherutse guhura n’umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, banoza umushinga uzafasha Abanye-Congo kugera ku mahoro arambye. Ni umushinga uzahuza abanyapolitiki bo muri RDC, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro, abahagarariye za sosiyete sivile, kandi nibiba ngombwa abanyapolitiki bahunze RDC na bo bashobora kubyitabira. Uyu mushinga ufite…

Soma inkuru yose

Perezida Ruto wa Kenya yakubiswe urukweto n’abaturage, batatu bamaze gutabwa muri yombi.

Umwe muri abo bashinzwe umutekano wasabye ko amazina ye adatangazwa, kubera uburemere bw’iyo dosiye akurikiranye, yemeje ko iperereza rikomeje kugira ngo niba hari n’abandi bafite aho bahuriye n’icyo gikorwa kigayitse, cyo guhungabanya umutekano w’Umukuru w’igihugu nabo bafatwe. Yongeyeho ko icyo gikorwa hagendewe ku byavuye mu iperereza ry’ibanze, gishobora kuba cyakozwe n’abafana b’Abadepite babiri batavuga rumwe…

Soma inkuru yose

USA: Trump yatangaje umusoro wi 100% kuri filime zatunganyirijwe hanze y’Amerika.

Trump yavuze ko filime zibangamiye umutekano w’igihugu, ahita asaba ikigo cy’ubucuruzi gutangira gusoresha izi filime. Abicishije ku rubuga rwe”trust” yavuze ko Amerika izashyiraho umusoro wi 100% kuri filime zose zatunganyirijwe ku butaka butari ubw’Amerika. Trump yasobanuye ko uyu musoro yawushyizeho mu rwego rwo kurokora uruganda rwa filime muri America rwari rugeze mu mwobo. Abinyujije muri…

Soma inkuru yose

“Igihe cyo kwiyunga n’Ububiligi ntikiragera” Minister NDUHUNGIREHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kugeza ubu nta biganiro bihari bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi, ndetse ashimangira ko icyo gihe kitaragera. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, aherutse kugirira uruzinduko mu bihugu byo mu karere birimo Uganda, u Burundi na RDC. Ubwo yari muri Uganda yagiranye ibiganiro na…

Soma inkuru yose

“U Rwanda rushobora kwakira abarikunywe muri Leta zunze ubumwe z’Amerika” Amagambo ya Minister NDUHUNGIREHE.

Ni ingingo yagarutsweho kuri iki Cyumweru mu kiganiro Inkuru mu Makuru cya RBA. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwinjiye mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rugamije gukomeza gutanga amahirwe mu gukemura ikibazo cy’abimukira. Ati “Ayo makuru niyo turi mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, murabizi ko na mbere twari mu…

Soma inkuru yose

Nyuma yo gukubitwa inshuro na M23/AFC, Ingabo z’Afurika y’epfo zishimiye umusaruro zakuye muri Congo (DRC).

Mu ntambara Congo (DRC) yari ihanganyemo na M23/AFC yahuruje ingabo z’amahanga kugira ngo ziyifashe kurwana uru rugamba. Kwikubitiro Congo yiyambaje ingabo z’Afurika y’Uburasirazuba (EAC). Gusa budakeye kabiri, ubuyobozi bwa Congo (DRC) bwahise bwirukana izi ngabo za (EAC) ku butaka bwazo. Ntibyarangiriye aho kuko yahise yirukanyira muri SADEC. Mu 2023 izi ngabo za SADEC zari mu…

Soma inkuru yose

Amafoto: Dore ibitego byiza APR inyagiye Rayon sport.

APR FC yahiritse Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro urugendo rw’imyaka 8 rurahagarara. APR FC yahiritse Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro urugendo rw’imyaka 8 rurahagarara APR FC yatsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ihita yegukana iki gikombe cya 2025 ku nshuro cya 14 nyuma y’imyaka 8 itazi uko gisa. Ni mu mukino wakinwe…

Soma inkuru yose

FCC yasabye abaturage ba Congo kurwanirira Joseph Kabila.

Ubwo Joseph Kabila aherutse gusura Goma, leta ya Congo yatangiye gushaka impamvu kuri uyu wahoze ari perizida wa Congo. Ubu ikigezweho ni uko ari gushijwa kugambanira igihugu ndetse no kuyobora M23/AFC. Minisiter w’ubutabera Matamba aherutse gusaba ko Kabila yakamburwa ubudahangarwa kugira ngo akurikiranwe, Perizida wa Sena Michel Sama Lukonde yahise atangaza ko iki kifuzo cya…

Soma inkuru yose

Donald Trump ashobora gufatira ibindi bihano bishya Uburusiya.

Amakuru avuga ko ibihano bishya by’ubukungu bizaba bikakaye cyane, bikazibasira ibigo bikora mu bijyanye n’ingufu, cyane cyane ibicuruza gaz na peteroli ku isoko mpuzamahanga, birimo n’ikigo cya Leta kizwi nka Gazprom. Ku rundi ruhande, bivugwa ko banki nyinshi zirimo n’izari zarahawe umwihariko ntizishyirirweho ibihano by’ubukungu, nazo zizagirwaho ingaruka. Amakuru avuga ko ibi bihano bishingiye ku…

Soma inkuru yose

Abangavu bashobora kwemerewa Kuboneza urabyaro bitabye ngombwa ko baherekezwa n’ababyeyi.

Imiryango itari iya Leta yabwiye Abadepite ko kwemerera abangavu gukoresha serivisi zo kuboneza urubyaro badaherekejwe n’ababyeyi bifite inyungu nyinshi mu kwita ku buzima bw’imyororokere. Byagarutsweho ubwo Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Mutwe w’Abadepite yakomezaga gusuzuma umushinga w’itegeko rigenga serivisi z’ubuvuzi. Ingingo yemerera abana bafite kuva ku myaka 15 kuzamura guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro bidasabye ko…

Soma inkuru yose

Musanze: Umugore bamwishe bamutemye mu ijosi.

AKIMANAZANYE Vesitine wari utuye mu karere ka Musanze, umurenge wa Muhoza, Akagari ka Mpenge, yasanzwe ku muhanda kuri uyu wa 03-Gicurasi-2025 yitabye Imana. Uyu AKIMANIZANYE apfuye afite imyaka 51. Abaturanyi banyakwigendera batangaje ko batunguwe no kubyuka bagasanga uyu mucecuru aryamye ku muhanda afite ibikomere mu ijosi, abaturage barakeka ko yishwe n’abagizi ba nabi. Uyu mucecuru…

Soma inkuru yose

Telephone za iPhone zikorerwa mu Bushinwa ntizizongera gucuruzwa ku isoko ry’America.

Bitewe n’umwanzuro Donald Trump aherutse gufata wo kongerera umusoro ibicuruzwa biva mu Bushinwa, byatumye uruganda rukora telephone za iPhone rutangaza ko rutazongera gucuruza izi telephone ku isoko ry’America. Apple isanzwe ifite inganda nyinshi mu bihugu bitandukanye byo ku Isi harimo n’Ubushinwa, umuyobozi wa Apple Tim yatangaje ko uru ruganda ruri kureba uko inganda zayo ziri…

Soma inkuru yose

Ntibamenye uko M23 yageze muri Goma, umwe mu barwanyi ba FARDC na FDRL avuga uko bakubiswe inshuro.

UKWISHAKA Saddam yagaragaje ko batigize bamenya uko M23 yageze muri Goma, yatangaje ko ifatwa ry’umugi wa Goma ryagaragayemo amayeri n’imbaraga bidasazwe. Ibi akaba ari byo byatamye M23 ibasha gutsinda ingabo zari zaturutse imihanda yose zije kurwanirira Congo (DRC). Abasirikare ba FARDC na FDRL bahinze umushyitsi bamwe bahitamo kumanika amaboko, Saddam yagize ati: “Intambara yo gufata…

Soma inkuru yose

Rwanda: Hagiye gutorwa itegeko ryo gutera abantu intanga no gutwitira undi muntu..

Abadepite bari kujya impaka ku mushinga w’itegeko riteganya kuzashyiraho serivise zo kororoka hakoreshwejwe Ikoranabuhanga ndetse no gutwitira undi muntu. Ikibazo k’ingutu kiri kwibazwa ni uburyo intanga zizajya zikusanywa, kuko bishobora gutera kubura ubuntu bamwe bakabikora nk’ubucuruzi. Abantu 2 bashakanye byemewe n’amategeko bakabura urubyaro ni bo bakemererwa iyi service igihe iri tegeko ryaba ryemejwe. Abandi bari…

Soma inkuru yose

Dore abagwizatungo muri 2025, umunyamerika Elon Musk aracyayoboje inkoni y’icyuma.

Mu gihe bamwe barwana no kubona ibyo kurya ku manywa na n’ijoro, abandi bararwana no kuyobora urutonde rw’abadamareye ku Isi ya Rurema. Ikinyamakuru Forbes kizobereye mu gutara inkuru z’ubukungu cyashyize hanze urutonde rw’abakimaze batunze akayabo muri 2025, uru rutonde ruyobowe n’umuherwe Elon musk ufite mu biganza ikigo cya X cyahozwe kitwa Twitter. Dore uko bakurikirana:…

Soma inkuru yose

Igihugu cya Chile kibasiwe n’umutingito, Leta yabwiye abaturage ko bagomba guhunga ikindi kiza cya Tsunami gishobora kwibasira iki gihugu.

Umutingito wo ku gipimo cya 7.4 wibasiye igihugu cya Chile, ni umutingito wahereye mu majyepfo y’iki gihugu ku mupaka gihuriyeho na Argentina. Perezida wa Chile Gabriel Boric yategetse abaturage guhunga vuba na bwagu bataragerwaho n’ikindi kiza kizakurikira uyu mutingito (Tsunami). Abicishije ku rubuga rwe rwa X perezida wa Chile yagize ati: “Turasaba abantu bose batuye…

Soma inkuru yose

U Rwanda rugiye kujya rutunganya amabuye acukurwa muri Congo (DRC).

Ni ibiganiro bimaze iminsi biba hagati y’u Rwanda na Congo, aho abaminisitire bombi bahurira muri America (USA) bakaganira uko haradurwa ikibazo cy’amakimbirane ari hagati y’ibi bihugu. Amakuru ya hafi avuga ko u Rwanda na Congo bigiye gusinyana amasezerano y’amahoro nyuma bikanasinyana andi y’ubukungu na America. Ni amasezerano akubiyemo ingingo nyinshi, twavugamo ayo kubaka urugomero rw’amashanyarazi,…

Soma inkuru yose

Ubumenyi abanyeshuri bahabwa ntibwatuma babona akazi, MIFOTRA irashaka ko system y’imyigishirize ihinduka.

Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta, (MIFOTRA) yagaragaje ko hari kwigwa uburyo abanyeshuri bakwiga ariko bakongererwa ubushobozi ku buryo ubumenyi bahabwa bujyanishwa n’ubukenewe ku isoko ry’umurimo. Ibyo byagarutsweho kuri uyu wa 01 Gicurasi 2025, ubwo u Rwanda rwizihazaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo  ku nsangayamatsiko igira iti: ”Ihangwa ry’umurimo intego dusangiye.” Minisitiri wa MIFOTRA, Amb. Christine Nkulikiyinka yagaragaje…

Soma inkuru yose