Gate of Wise

HE Paul Kagame arakira mugenzi we Mamadi Doubouya wa Guinea Conakry a Guinea Conav

Perezida wa Guinea-Conakry Mamadi Doumbouya, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rutangira kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Gicurasi 2025. Ibiro bya Perezida wa Guinea- Conakry byatangaje ko Doumbouya azaca i Kigali yerekeza mu irahira rya Perezida mushya wa Gabon Brice Clotaire Oligui Nguema. Perezida Doumbouya yaherukaga mu Rwanda muri Mutarama 2024, aho yagiranye…

Soma inkuru yose

Ingaruka 5 zishobora guterwa no gukoresha VPN, burya ushobora no gufungwa.

VPN (Virtual Private Network) ni bumwe mu buryo bukoreshwa nabakora ibyaha birimo gucuruza abantu (Human Trafficking), Gucuruza ibiyobyabwenge, ndetse n’andi mabi yose akorerwa kuri internet. Bakoresha VPN kugira ngo bahishe aho baherereye VPN cyangwa se kugira ngo bahishe umurongo wa Internet barimo gukoresha (IP address) Muri iyi nkuru tugiye kukubwira ingaruka 5 zikomeye zo gukoresha…

Soma inkuru yose

Abantu bakeka ko ari umwana Kandi afite imyaka 43, amateka ya Osita Iheme “Baby Police”

Amateka ya Osita Iheme wamamaye nka “Baby Police” Osita Iheme yavutse kuwa 20 Gashyantare 1982, avukira mu gihugu cya Nigeria, avuka kuri se witwa Herbert Iheme naho nyina umubyara yitwa Augustine Iheme, ni bucura bw’aba babyeyi . Osita yize ate? Amashuri abanza n’ayisumbuye yayigiye mu rusisiro rwa Mbaitoli iwabo muri Nigeria, akirangiza ayisumbuye yahise akomereza…

Soma inkuru yose

Abamotari bijejwe kutazangera gucibwa amande arenze ibihumbi 10 Frw.

Nyuma y’igihe abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu biciye kuri moto, abakora uyu mwuga bijejwe ko amande bacibwaga yagabanyijwe ndetse ku buryo atazongera kurenga ibihumbi 10 Frw. Kuri uyu wa Gatatu, ni bwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Olivier Kabera ari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda,…

Soma inkuru yose

Ubu ushobora gutunga virtual master card, nawe ugatangira guhahira ku masoko nka Amazon, Alibaba n’andi mpuzamahanga.

Kuba mu kinyejana cya 21 bisaba kujyana n’iterambere! Ntabwo bikiri ngombwa kwitwaza umuba w’inoti cyangwa ibiceri kuko ushobora gutwara mafaranga muri telephone yawe, ariko wa mugani w’umunyarwanda wagize ati: “Isi yabaye umudugudu” Ushobora gukenera guhahira iyo mu mahanga ya kure, kugira ngo uhahire iyo muri ayo mahanga bizagusaba kuba ufite ikarita ya Banki (Bank Card)….

Soma inkuru yose

Nawe ushobora kurya ku mafaranga ya youtube! Abanyarwanda bagiye gutangira kwinjiza agatubutse kuri YouTube.

Abahanzi, abanyamakuru, na bakora amashusho azwi nka Vlog bagiye gutangira kwinjiza amafaranga kuri YouTube bidasabye ko bahindura aho baherereye (location). Ibi byatangajwe na Minisitiri w’urubyiruko (Minister of Youth and Art) UTUMATWISHIMA Jean Nèpo Abdallah, aho yavuze ko Leta irikuganira na ba nyiri YouTube kugira ngo abanyarwanda nabo bashyirwe ku rutonde rwabemerewe guhembwa nayo binyuze mu…

Soma inkuru yose

Abaturage ni abakire, batanze miliyari zirenga 40 Frw.

Mu minsi ishize BNR yashyize hanze impapuro mpeshamwenda zihwanye na miliyari 10. Umuyobozi wa Rwanda Stock Exchange, RWABUKUMBA Celestin yatangaje ko izi mpapuro zaguzwe ku kigero cya 400% . Leta ivuga ko yasubije miliyali 30 Frw zarengaga ko yarakenewe. Ibi byakozwe n’abaturage byagaragaje ko abaturage bafite amafaranga.   RWABUKUMBA ati: “Buriya bwitabire icya mbere buvuze…

Soma inkuru yose

Abadepite batoye itegeko rigena igifungo ku bacuruzi banyereza umusoro.

Ku wa 29 Mata 2025, nibwo abadepite batoye itegeko rishyiraho umusoro ku bicuruzwa bigiye bitandukanye. Mu mategeko yatowe harimo nk’iryo kwishyuza umusoro wa 40% abafite ibigo by’imikino y’amahirwe, n’umusoro wa 40% kubafite imodoka za Hybrid. Muri iyi nama Kandi, abadepite bagiye impaka ku itegeko ryo gukatira igifungo abacuruzi bateye bakerewe kwishyura umusoro. Depite UWAMARIYA Odette…

Soma inkuru yose

Ese u Rwanda na Congo byaba bigiye kwiyunga? Ni ki twakitega kuri Trump?

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu minsi iri imbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza amahoro ibihugu byombi. Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata, mu kiganiro n’itangazamakuru. Mu minsi ibiri ishize Trump yari yanditse ku rubuga nkoranyambaga…

Soma inkuru yose

Dufite ubushobozi bwo kwirinda Kandi ubuzima buruta amafaranga” Amagambo ya Brig Gen RWIVANGA.

U Rwanda dufite ubushobozi bwo kwirinda, kurinda umupaka wacu, tukarinda n’ibindi bihugu – Brig Gen Rwivanga Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko uyu munsi u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwirinda, kurinda umupaka warwo no kurinda ibindi bihugu byahuye n’ibibazo. Mu kiganiro yahaye abakozi b’ibigo 8 bifite aho bihuriye n’ingendo zo mu…

Soma inkuru yose

Rwanda: Abatunganya ibikoresho bituruka ku mpu barasaba uruganda rutunganya impu.leta k

Aborozi hamwe n’abakora ibikoresho bitandukanye mu mpu, barasaba ko Leta yagira icyo ikora hagashyirwaho uruganda rugezweho mu gutunganya impu mu rwego rwo kongerera agaciro ibizikomokaho ndetse n’ingano yabyo ikarushaho kwiyongera ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Ni amajwi y’aborozi bumvikanisha ikibazo cyo kutabona isoko ry’impu z’amatungo yabo, bikarangira bubitsweho urusyo n’abamamyi bazigura amafaranga…

Soma inkuru yose

Nyagatare: Bujuje Ibiro by’akarere bigezweho, abayobozi bitwezweho gutanga umusaruro ufatika.

Nyuma y’imyaka myinshi Ibiro by’Akarere ka Nyagatare bibarizwa mu nyubako nto kandi itajyanye n’igihe, abakozi n’abakenera serivisi baravuga imyato inyubako nshya y’ibiro yuzuye itwaye miliyoni 677 z’amafaranga y’u Rwanda. Bishimira ko kuri ubu serivisi zinoze zirimo gutangirwa ahantu hisanzuye, hatekanye kandi hari ibikorwa remezo n’ibikoresho bigezweho byatwaye miliyoni zirenga 91 z’amafaranga y’u Rwanda. Ikindi bishimira…

Soma inkuru yose

Rwanda: Hagiye kubakwa urukuta ruzashyirwaho amazina y’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Biciye mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), hagiye kubakwa urukuta rwanditseho amazina y’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ndetse igikorwa cyo gukusanya ayo mazina, cyaratangiye. Ibi byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Munyantwari Alphonse, ubwo yabitangarizaga mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, cyateguwe n’Umuryango w’abahoze…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Umaro Embaló wa Guinea-Bissau.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko Perezida Kagame na Umaro baganiriye muri Village Urugwiro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025. Bagiranye ibiganiro byibanze ku bibazo byugarije Afurika n’Isi muri rusange…

Soma inkuru yose

RIB igiye gukurikirana uwise Pasiteri umukozi wa Satani.

Hashize umunsi umwe Uwiyita Bakame Incakura kuri X, yanditse amagambo yibasira Pasiteri Kabanda Julliene Kabiligi. Aho yavuze Pasiteri Kabanda Julliene Kabiligi ari intumwa ya Satani ku Isi, mama w’ikinyoma ndetse akanongeraho ko yifuza guhura nawe maze akamubaza ikibazo kimwe cyo muri Bibiliya. Bakame yagize ati: “Reka mwite intumwa ya Satani kuw’Isi, Mama w’ikinyoma, uyu ni…

Soma inkuru yose

Abafite amazu acumbikamo abakerarugendo bashyiriweho umusoro.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata 2025, Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yemeje Itegeko rishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi. Itegeko ryatowe n’abadepite 70 bose bitabiriye Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, bikaba bitaeganywa ko iri tegeko rizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku ya 1 Nyakanga 2025. Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yari mu Nteko Ishinga…

Soma inkuru yose

Rwanda: Abadepite batoye itegeko rireba abanyarwanda bose batunze imodoka.

Iyi ni myanzuro ireba abatunze ibinyabiziga by’amapine 4 (Imodoka), aho mu nama iheruka guhuza abadepite, bemeje ko buri muntu wese ufite imodoka azajya atanga umusoro bitewe n’ubwoko bw’ikinyabiziga atunze. Aya mafaranga azajya yakwa abatunze imodoka azakoreshwa iki? Abadepite basobanura impamvu batoye iri tegeko, batangaje ko aya mafaranga agiye kwaka abatunze imodoka azajya ashorwa mu bikorwa…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwashimwe n’ishami rishinzwe ubuzima ku isi (WHO).

Mu mwaka ushize u Rwanda rwahuye n’icyorezo kiri mu bihatana abantu benshi ku Isi. Aya makuru yiki cyorezo yatangajwe ku mugaragaro ku wa 27-09-2024, ibi byabaye nyuma y’ipfu zidasobanutse zari zimaze iminsi zigaragara muri Kigali. Ibicishije mu nkuru yanditswe k’urubuga rwayo World Health Organization (WHO) yishimiye uko u Rwanda rwitaye muri iki gihe ki cyorezo…

Soma inkuru yose

Amasezerano America yagiranye na Congo yatitije u Bushinwa.

Ibiganiro hagati ya Congo na America birakomeje. Muri ibi biganiro Congo yiteguye gutanga ibirombe by’amabuye y’agaciro, Amerika nayo ikarinda umutekano wa Congo igihe cyose izaba ihawe ibi birombe. Aya masezerano ashobora kubangamira inyungu z’Abashinwa muri Congo. Bisa nk’aho bitazashoboka ko amahoro agerwaho muri Congo hatabayeho imbaraga z’amahanga. Amahanga nayo ntiyeteguye kwishora mu ntambara adafitemo inyungu….

Soma inkuru yose

Bahujwe n’urupfu rwa Papa, Trump na Zelensky byarangiye baganiriye.

Ku wa 26 Mata 2025, perezida Donald Trump na mugenzi we Volodymyl Zelensky baganiririye i Vatican, aho bari bagiye gushyingura Papa. White house yatangaje ko ari ibiganiro byatanze umusaruro. Aba baherutse kugirana ibiganiro byamaze iminota 15 gusa. Nyuma y’ibi biganiro abayobozi bemeranyije gukomeza kuganira. Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo bari i Vatican ntibigeze buhurira hanze,…

Soma inkuru yose

Ese u Bubiligi burashaka kongera kwiyunga n’u Rwanda?

Prévot yagaragaje Museveni nk’umuntu wingenzi ushobora guhuza ibihugu bitandukanye. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi Prévot ari kugirira uruzinduko rw’akazi muri DRC, Uganda na Congo, rwamaze gucana umubano n’u Bubiligi. Ibi byavugiwe i Kampala muri Uganda ubwo Prévot yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru. Prévot yavuze ko yahuye na Museveni akamubona nk’umuntu ufite ubushobozi bwo gukemura amakimbirane ari muri…

Soma inkuru yose

Inguge zafashwe ziri kwinywera agahiye (Inzoga).

Itsinda ry’abashakashatsi bo mu Bwongereza batangaje ko bafite amashusho y’inguge ziri gusangira agahiye (Inzoga). Abashakashatsi ba Kaminuza ya Exeter, batangaje ko camera zabo zashyizwe muri pariki ya Cantanhez iherereye muri Guinea Bissau zafashe amashusho y’inguge zisangira ibiribwa birimo ethanol. Aba bashakashatsi bagaragaje ko impamvu inguge zinywa Inzoga ntaho itandukaniye ni y’umuntu unywa Inzoga. Ubusanzwe, tuziko…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Congo baganiriye iki? Soma amakuru yose.

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 25 Mata 2025 byasinyiye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amasezerano agena amahame y’ibanze yo gukemura mu buryo burambye ikibazo cy’umutekano muke mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari. Aya masezerano yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na…

Soma inkuru yose

U Rwanda mu ngamba zo guhangana n’ingaruka z’ihagarikwa ry’amasezerano ya AGOA

U Rwanda rwatangiye gufata ingamba zo guhangana n’ingaruka zishobora guturuka ku guhagarika amasezerano azwi nka AGOA y’ubuhahirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bya Afurika, ashobora guhagarara muri uyu mwaka. Ni ingamba zirimo kwihutisha no kongera imbaraga mu buhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika ubwabyo no kwagura amasoko y’ibicuruzwa mu bindi bihugu byo hirya…

Soma inkuru yose

Ikigo cya Google kiri mu mazi abira, baragishinja kwikubira isoko.

Google ni kimwe mu bigo bikunzwe gukoreshwa cyane ku Isi, ubushakashatsi bwagaragaje ko 66% by’abakoresha internet bakoresha Google. Ibi biterwa n’uko byoroshye gushaka amakuru ukoresheje iri shakiro. Kugira ngo google ibe ishakiro rya mbere ibifashwamo n’ikindi kigo cyayo kitwa “Chrome”. Urukiko rwa New York rurashinja uru rubuga rwa google gukusanya amakuru y’ibanga yabakoresha urubuga shakiro…

Soma inkuru yose

Ingufu mukoresha mu kazi mwanazikoresha murwanya Jenoside Col Migambi.

Col Migambi Desire yakanguriye abakora muri Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) n’ab’Ikigo gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC Group) ko ingufu bakoresha ngo akazi kabo kagende neza, bagomba no kuzikoresha bimakaza ubumwe no guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Mata 2025, ubwo Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe…

Soma inkuru yose

Amasezerano hagati ya DRC n’u Rwanda yasinywe! intambwe iganisha ku mahoro arambye.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier NDUHUNGIREHE na mugenzi we Therese Kayikwamba Waganer wa DRC (Congo), bamaze gusinya amasezerano yitezweho kuzana amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari. Babifashijwemo na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa America Marco Rubio, abaminisitire b’u Rwanda na DRC bamaze gusinya amasezerano kuri uyu Gatanu, taliki 25 Mata 2025. Marco Rubio yishimiye intambwe…

Soma inkuru yose

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko kuko nubwo rutahisemo amateka u Rwanda rwanyuzemo ariko rukwiye kwishimira ko rwaruvukiyemo kandi ari rwo Gihugu rudafite undi rukiburanaho.

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko kuko nubwo rutahisemo amateka u Rwanda rwanyuzemo ariko rukwiye kwishimira ko rwaruvukiyemo kandi ari rwo Gihugu rudafite undi rukiburanaho. Ni ubutumwa yahaye abasaga 2000 bitabiriye Ihuriro Igihango cy’Urungano, ryabereye ku Intare Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Mata 2025. Iri huriro ryo…

Soma inkuru yose

Amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC agiye gusinyirwa imbere ya Amerika.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier NDUHUNGIREHE na mugenzi we Therese Kayikwamba Waganer bagiye gushyira umukono ku masezerano ahuriweho n’ibihugu byombi [u Rwanda na Congo]. Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’ububanyi n’amahanga bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Aya masezerano arasinywa kuri uyu wa Gatanu ku wa 25 Mata 2025, saa munani za manywa. Ibikubiye muri aya masezerano…

Soma inkuru yose

Niyo Bosco ari mugahinda ko kubura umubyeyi we.

Umuhanzi NIYOKWIZERWA Bosco wamamaye nka NIYOBOSCO mu muziki nyarwanda yatangaje ko Papa we [NGAYABANYAGA Augusin] yamaze kwitaba Imana, ibi byabaye kuwa 23 Mata 2025 azize uburyayi. Abinyujuje kuri Instagram yanditse ati: “Muruhukire mu mahoro Papa. Umunsi umwe w’agahinda uruta umwaka w’ibyishimo”. Uyu mubyeyi yavutse kuwa 01 Mutarama 1962 yitabye Imana Ku wa 23 Mata 2025….

Soma inkuru yose

“Miliyari 9$ zigenewe urubyiruko” u Rwanda muri gahunda yo kurwanya ubushomeri.

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo Mpuzamahanga mu gihugu cya Korea y’Epfo (KOICA) batangije umushinga w’agaciro k’asaga miliyari 9 z’amafaranga (miliyoni 6.5 z’amadolari ya Amerika) wo gufasha urubyiko kugira ubumenyi bw’ikoranabuhanga hagamijwe guteza imbere umurimo no guhanga udushya. Ni umushinga watangirijwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mata 2025, aho inzego za Leta…

Soma inkuru yose

Kenny Sol mu miryango isohoka muri 1:55 Am, Coach Gael yamaze gusohora ibaruwa.

Inzu iri muzikomeye zitunganya umuziki mu Rwanda 1:55 Am, yamaze kugaragaza ko itagishaka gukorana n’umuhanzi Kenny Sol. Ibi byatagajwe mu itangazo CEO MUGARURA Kenny yageneye abanyamakuru. Tugenekereje mu Kinyarwanda yanditse ati: “Kubera ibimaze iminsi bizenguruka mu itangazamakuru ndetse n’amakuru y’ibanga yagiye hanze kubw’amakosa, 1:55 Am yifuza gushyira umucyo kubishyiraho umucyo: 1. 1:55 Am irakomeza gukora…

Soma inkuru yose

“Aho kubana n’umugabo cyangwa umugore wabana n’imbwa” Ibyavuye mu bushakashatsi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 717 bwagaragaje imbwa nk’inyamaswa irenze uko tuyibona ahubwo ni umufatanyabikorwa wizewe wa muntu. “Imbwa ntabwo ari inyamaswa cyangwa se inshuti yawe gusa ahubwo ni byose” Ibi ni Ibyavuye mu bushakashatsi” Abitabiriye ubu bushakashatsi bagaragaza ko kubana n’imbwa bishobora kunezeza kurusha kubana n’ikiremwamuntu. Nubwo bwose ubu bushakashakatsi butagaragaje ko isano y’umuntu n’imbwa…

Soma inkuru yose

Amerika n’u Rwanda mu biganiro by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Amarika n’u Rwanda barikuganira ku mikoreshereze nimitunganyirize y’ibirombe bicukurwamo “Worflum” yifashishwa mu gukora imodoka. Ubwo aherutse mu Rwanda, umuvugizi wa Amerika muri Africa Massad Boulos yagiranye ikiganiro na HE Paul KAGAME anatemberezwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu Rwanda. Mu byo yasuye harimo ikirombe cya Nyakabingo gicukurwamo “Wolfram” iki kirombe nicyo cyonyine rukumbi gicukurwamo “Wolflum”…

Soma inkuru yose