Perezida Kagame, Clare Akamanzi, na Amadou Gallo baganiriye ku iterambere rya BAL

Perezida Paul Kagame yahuye n’abayobozi ba NBA baganira ku iterambere rya Shampiyona Nyafurika ya Basketball (Basketball Africa League) rikomeje kuba ubukombe muri Afurika. Mu bo yakiriye harimo Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa Clare Akamanzi, Perezida w’Irushanwa Nyafurika rya Basketball (BAL) Amadou Gallo Fall n’Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa Mpuzamahanga muri NBA Leah McNab. Perezida Kagame na Madamu…

Soma inkuru yose

Yakoze amahano- Boris Johnson kuri Starmer wahagaritse gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuva mu 2019 kugeza mu 2022, yatangaje ko Keir Starmer uyoboye Guverinoma y’igihugu cyabo kuva muri Nyakanga 2024 yakoze ikosa rikomeye ryo guhagarika gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira batemewe n’amategeko. Guverinoma yayoborwaga na Boris muri Mata 2022 yagiranye n’iy’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye mu gukemura ikibazo cy’abimukira no…

Soma inkuru yose

Kicukiro: Umugabo yamize inyama nk’umira ibinini iramuhitana

Mu Karere ka Kicukiro Umurenge wa Gahanga Akagari ka Kagasa, umugabo witwa Habiyambere Abdou uri mu kigero cy’imyaka 48, yagiye muri kantine kugura isambusa zishyushye bamubwira ko izihari zidashyushye. Yahise abona bagenzi be barimo barya ibiryo biriho inyama nawe ahita abyaka nyuma y’akanya gato abaryaga byabiryo baje gusigaza inyama ni uko arayibasaba ngo ayirire itaza…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME ati: ” Ntabwo dufite byinshi byatuma duteta”

Perezida Paul Kagame yakiriye abanyeshuri biga muri ishami ry’ubucuruzi rya Kaminuza ya Havard yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abasobanurira ko uko Abanyarwanda babayeho, badashobora guteta kuko badafite byinshi byatuma bitwara batyo. Umukuru w’Igihugu yagize ati “Nko mu kindi gihugu cyangwa indi sosiyete, Abanyarwanda bafite uburyo bwabo, bafite ibibazo byabo, bafite uko bahangana na…

Soma inkuru yose

Umuhungu wa perizida wa Uganda Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yasariye Beyonce

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda (UPDF), Muhoozi Kainerugaba akaba umuhungu wa perizida wa Uganda Yoweri MUSEVENI, ntahwema gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ko yasariye umukobwa w’umuririmbyi akaba umugore wa Jay-Z ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Beyonce. Abanyujije mu ruhererekane rwa post asangiza abamukurikirana kuri X Muhoozi avuga ko yatanga ibyo afite byose kugira ngo yegukane…

Soma inkuru yose

Mexique: Umukobwa yarashwe ari ‘live’ kuri TikTok

Umukobwa w’imyaka 23 wo muri Mexique witwa Valeria Marquez, uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, yishwe arashwe ubwo yasusurutsaga abakunzi be imbonankubone ku rubuga rwe rwa TikTok (TikTok live). Marquez wari ufite abamukurikira ku mbuga nkorambaga barenga 113.000, yagabweho igitero ku wa Kabiri w’iki cyumweru ubwo yari ari kuganira n’inshuti ze. Iperereza ku rupfu rwe riracyakomeje…

Soma inkuru yose

Inkura 70 zivuye muri Afurika y’Epfo zigiye kuzanwa muri parike y’Akagera

Pariki y’Igihugu y’Akagera irateganya kwakira inkura 70 ziturutse muri Afurika y’Epfo, mu gikorwa kinini cyo kwimura inyamaswa kizaba kibaye ku nshuro ya mbere gifite umubare munini w’inyamaswa zinjizwa icya rimwe mu Rwanda Izi nkura zishobora kugira ibiro bishobora kugera kuri toni ebyiri, zikazakora urugendo rwa kirometero 3,400 zigana mu Burasirazuba bw’u Rwanda. Mu itangazo abashinzwe…

Soma inkuru yose

Uruganda rutunganya urumogi rugeze kuri 83%

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko ibikorwa remezo by’icyiciro cya mbere cyo gutunganya urumogi rwifashishwa mu buvuzi bimaze kugerwaho ku kigero cya 83%. Urwo rwego ruherutse kubibwira Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo rwasobanuraga ibijyanye n’imikoreshereze y’ingongo y’imari ya 2024/2025. Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imari muri RDB Joseph Cedrick Nsengiyumva, yagize ati: “Imirimo imaze kugerwaho ku…

Soma inkuru yose

Musanze: Abagabo 2 bari gukekwaho kwica umukecuru w’imyaka 55

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze burimo gukurikirana abagabo babiri bakekwaho icyaha gikomeye cyo kwica umukecuru w’imyaka 55, bamutemesheje umuhoro ndetse bakanamuca ukuboko. Ubu bwicanyi bukaba bwarabaye ku wa 29 Mata 2025 mu Mudugudu wa Nyakazenga, Akagari ka Rutenderi, Umurenge wa Mugunga, mu Karere ka Gakenke. Nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha, nyakwigendera yari yagiye mu murima we…

Soma inkuru yose

Munyakazi Sadate : Nigeze gukena kugera ku rwego ngurisha intebe zo mu nzu

Umunyemari akaba n’umuherwe Munyakazi Sadate yatangaje ko hari ibihe bibi yagize mu buzima bwe kugera ku rwego yakennye bikaba ngombwa ko agurisha intebe zo mu nzu kugirango abashe kuba yabona amafaranga. Ibi Munyakazi Sadate yabigarutseho mu kiganiro kihariye aheruka kugirana n’ikinyamakuru IGIHE, Muri iiki kiganiro yagarutse kuri byinshi abantu batazi cyangwa bajya bibeshyaho ku buzima…

Soma inkuru yose

Dore ibyiza byo kurarana amasogisi

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kurara wambaye amasogisi byongerera umuntu amahirwe yo gusinzira vuba ugereranyije n’umuntu uryamye atayambaye, ndetse bikanongera igihe umuntu amara asinziriye. Inzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe zishingiye ku bitotsi mu bitaro bya Cleverland, yashimangiye ko kwambara amasogisi ugiye kuryama bituma umubiri ugira ubushyuhe ibitotsi bikihuta kuza. Asobanura ko mu masaha y’amanywa umubiri…

Soma inkuru yose

Umwuka mubi uracyatutumba hagati y’u Rwanda na Congo

Nubwo ibihugu byombi bigaragaza ko biri mu nzira nziza yo gukemura amakimbirane bifitanye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, yagaragaje ko agifitiye u Rwanda akangononwa. Inkuru nziza yatashye i Kigali n’i Kinshasa tariki ya 25 Mata 2025, ubwo u Rwanda na RDC, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika,…

Soma inkuru yose

Chris Eazy yashimiye Diez Dola

Abinyujije mu ndirimbo “Folomiana” Chris Eazy yashimiye umuhanzi Diez Dola uri mu bagezweho muri iki gihe, iyi ni indirimbo yahuriyemo aba star bafite amazina akomeye mu Rwanda aribo Chris Eazy, The Ben ukunze kwiyita Tiger na Kevin Kade. Iyi ni indirimbo yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu, imaze kugira abarenga 100K bamaze kuyireba ku rubuga…

Soma inkuru yose

Basketball: U Rwanda mu itsinda rikomeye mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’abagabo yisanze mu itsinda rya Gatatu hamwe na Nigeria, Guinea na Tunisia mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2027 iteganyijwe mu kwezi k’Ugushyingo 2025. Tombola igaragaza uko amakipe azahura mu matsinda yabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 13 Gicurasi 2025, muri Al Hazm Mall i Doha…

Soma inkuru yose

Koreya y’Epfo: Abayobozi barashinjwa uburangare kubera indege yahitanye abantu 179

Bamwe mu bagize imiryango y’abaguye mu mpanuka y’indege yaguyemo abantu 179 bajyanye mu nkiko 15 barimo Minisitiri w’Ubwikorezi wa Koreya Y’Epfo, Park Sang-woo, n’Umuyobozi wa Jeju Air, Kim E-bae, babashinja uburangare.  Bavuga ko uburangare bw’abo bayobozi bwatumye benshi bahasiga ubuzima ndetse abatanze ikirego barasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kuri iyo mpanuka yahitanye abantu 179 mu bantu 181…

Soma inkuru yose

M23/AFC ikomeje guhiga abahungabanya umutekano i Goma

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze iminsi bagaragara ku ngo z’abaturage mu bice bitandukanye by’umujyi wa Goma, bashakisha abahungabanya umutekano wawo ndetse n’abandi babitse intwaro. Ni ibikorwa byakangaranyije abaturage bamwe na bamwe, cyane cyane abacumbikiye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ingabo za RDC zahunze ndetse n’imitwe ya Wazalendo. Hari…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa imikorere y’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi

N’ubwo u Rwanda ari igihugu kidakora ku nyanja, gifite ibiyaga, inzuzi n’imigezi biri hirya no hino, bigizwe n’amazi yifashishwa mu buryo butandukanye burimo ingendo, uburobyi, ubukerarugendo, ubushakashatsi n’ibindi, bikenera ingamba zihoraho kugira ngo bikorwe mu ituze n’umutekano.  Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (Rwanda Water Resources Board) gitangaza ko ubuso bw’igihugu bungana na kilometero…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Guinea bemeranyije kongera ubufatanye mu ishoramari

U Rwanda n’igihugu cya Guinea bashyize umukono ku masezerano agamije kuzamura ubufatanye mu rwego rw’ishoramari. Amasezerano yasinywe na Jean-Guy K. Afrika, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’lgihugu rw’Iterambere (RDB), na Oliano Diana Kouyate, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cyigenga gishinzwe guteza imbere ishoramari muri Guinea. Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gicurasi 2025, RDB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yahoze…

Soma inkuru yose

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Abashoramari bo muri Hongiriya bagaragarijwe amahirwe menshi y’ishoramari ari mu Rwanda. Ni amakuru bahawe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda, Amb Nduhungirehe Jean Patrick na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Mukazayire Nelly. Babagaragarije ko u Rwanda ari igihugu gifite amahirwe menshi y’ishoramari ndetse abyara inyungu nyinshi ku bashoramari. Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rw’akazi…

Soma inkuru yose

Kirehe: Miliyoni 4.2$ nizo ziri guhabwa abaturage

U Rwanda ruri kubakira inzu abaturage batuye mu Karere ka Kirehe mu ntara y’Uburasirazuba, izi ni inzu zizahabwa abangiririjwe n’iyubakwa ry’urugomero rutanga amashanyarazi mu bihugu 3 aribyo U Rwanda, Tanzania n’u Burundi. Uyu ni umushinga uriguterwa inkunga na Banki y’Isi binyuze mu mushinga wa Nile Equatorial Lakes Subsidiary Action Programe binyuze na none mu mushinga…

Soma inkuru yose

APR FC yaseshe amasezero n’uwari umutoza wayo Darko Novic

Ikipe y’ingabo z’igihugu, yamaze gutandukana n’umutoza wayo mukuru, Darko Nović, n’abamwungirije. Aya makuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko aba batoza batagaragaye mu myitozo y’ikipe yabereye i Shyorongi, aho basimbuwe n’abatoza baturutse muri Intare FC – ishami ry’abatoza n’abakinnyi bato rya APR FC – barimo Mugisha Ndoli, Ngabo Albert na Bizimana…

Soma inkuru yose

The Ben agiye guhurira ku rubyiniro na Green P

Nyuma y’iminsi 137 yari ishize badahurira ku rubyiniro, umuraperi Green P yatangaje ko agiye kongera gutaramana n’umuvandimwe we The Ben mu gitaramo cy’imbaturamugabo kizabera i Kampala muri Uganda, kikaba kigamije kumenyekanisha Album nshya yise ‘Plenty Love’. Ni inkuru yagaragaje amarangamutima menshi mu bakunzi b’aba bahanzi bombi, bitewe n’uburyo ubusabane bwabo bwagiye bugaragarira benshi mu ndirimbo,…

Soma inkuru yose

Gicumbi: Ubworozi bw’amasazi bwamugize umukungu

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 31, avuga ko mbere yari mu batishoboye bo mu Murenge wa Byumba, ariko ingurube ebyiri yahawe ku nkunga y’Umushinga PRISM zamuhinduriye ubuzima nyuma yo kuzororana n’amasazi. PRISM ni umushinga w’imyaka itanu watangijwe na Guverinoma ifatanyije n’Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu 2021, ari na cyo cyawuteye inkunga ya…

Soma inkuru yose

Polisi yabaguye gitumo bafite udupfunyika 93 tw’urumogi

Habimana Djuma w’imyaka 49 na Ntirenganya Felecien ufite imyaka 51 batawe muri yombi nyuma yo gusanganywa udupfunyika 93 tw’urumogi, nk’uko byatangajwe n’umukuru wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Gahonzayire, yagize ati: “Uyu yafashwe afite urumogi udupfunyika 89 naho Uwitwa Ntirenganya Félicien w’imyaka 51 yafatanywe udupfunyika 4. Ifatwa ry’aba bagabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.”…

Soma inkuru yose

Papa Leo XIV yategetse ko abanyamakuru bafunzwe bafungurwa

Papa Leo XIV yahuye n’itangazamakuru ryo muri Rome kugira ngo barebere hamwe imigendekere y’amatora yamusize atorewe kuyobora kiliziya Gatorika. Iminsi 4 irirenze nyuma y’uko habayeho utorwa rya Papa mushya, Papa Leo XIV niwe wegukanye uyu mwanya wo kuyobora Kiliziya mu myaka iri imbere. Ku wa mbere taliki 12 Gicurasi 2025, nibwo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru rya…

Soma inkuru yose

Perezida Ramaphosa yahumurije abibazaga ku mubano we na Perezida Kagame, yemeza ko nta kibazo bafitanye

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko we na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, nta kibazo bafitanye, n’ubwo hari abibazaga ko hagati yabo hashobora kuba hari umwuka mubi. Ibi yabivugiye mu nama yiga ku iterambere ry’ubucuruzi ku mugabane wa Afurika, Africa CEO Forum, iri kubera i Abidjan muri Côte d’Ivoire Mu kiganiro cyayobowe n’Umunyamakuru…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yagiranye ibiganiro na mugenzi we Alassane Ouattara

Perezida Paul Kagame uri i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama y’Ihuriro ry’abayobozi bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika (Africa CEO Forum), yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara. Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kwagura umubano usanzweho mu nzego zitandukanye hagati y’u Rwanda na Côte…

Soma inkuru yose

Icyogajuru cy’Abarusiya cyaguye mu nyanja y’Abahinde nyuma y’imyaka 50

Icyogajuru cy’Abarusiya cyari cyaraheze mu kirere  kuva mu 1972 byamaze kwemezwa ko mu mpera z’icyumeru gishize byaje kurangira kigarutse ku Isi. Icyogajuru kitwa Kosmos 482 cyoherejwe mu isanzure mu myaka irenga 50  byari byarateganyijwe ko kigomba kugera ku mubumbe wa Venus, gusa uru rugendo rwahagaritswe n’uko iki cyogajuru cyagize ikibazo muri moteri. Uko imyaka yagendaga…

Soma inkuru yose

Musanze: Umusore w’imyaka 23 afungiwe gusambanya umwana w’imyaka 5

Ndayambaje Idrisa w’imyaka 23 yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka itanu y’amavuko, kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze. Bivugwa ko Ndayambaje yadukiriye uyu mwana ubwo nyirakuru yari amutumye kuri santeri ngo ajye kumugurirayo ibintu byoroheje, ashoboye gutwara. Byabereye Mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka…

Soma inkuru yose

Umunyamakuru yabajije impamvu u Rwanda na Congo bijya kuganirira muri America na Quatar

Kuri uyu wa 12 Gicurasi 2025 abakuru b’ihugu bya Africa bahuriye mu nama ya “CEO Forum” yabereye i Abidjan muri Côte D’Ivoire, muri iyi nama abayobozi batandukanye bikije ku ntambara ishyamiranyije M23/AFC na DRC, nibwo umunyamakuru Larry Madowo yabajije HE Paul KAGAME niba gushakira igisubizo mu biganiro bya Doha atari ukudaha agaciro inzira yo kwishakamo…

Soma inkuru yose

M23/AFC yerekanye abarwanyi ba Congo yafashe

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ryeretse itangazamakuru abarwanyi bakekwaho guhungabanya umutekano w’abaturage i Goma no muri Kivu y’Amajyepfo barimo ab’umutwe wa FDLR, Ingabo za Congo FARDC ndetse n’aba Wazalendo. Abo barwanyi bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gicurasi, bashinjwa guhohotera abaturage b’abasivile i Goma no kubakorera ibikorwa by’urugomo….

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya ko ikoranabuhanga rizagabanya ubushomeri ku kigero cyo hejuru

U Rwanda rwiteguye korohereza abari mu rwego rw’ikoranabuhanga kwinjira ku masoko yo mu gihugu Abahanga mu by’ikoranabuhanga basanga uru rwego rufite uruhare runini mu guhanga imirimo mishya kuri benshi, mu gihe leta ivuga ko izakomeza korohereza abari muri uru rwego rw’ikoranabuhanga kwinjira ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Muri 2016 nibwo Umunya-Kenyakazi, Joanna…

Soma inkuru yose

Umwana w’imyaka 16 yiyahuriye Kwa Pasiteri

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari ka Vugangoma, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, aho yabaga nk’umwana mu rugo anabafasha mu mirimp. Uwo musore yasanzwe anagana muri mushipiri bikekwa ko yimanitse, ariko intandaro yo kwiyahura ntiyahise imenyekana. Amakuru dukesha Invaho Nshya…

Soma inkuru yose